Abaturage biganjemo abanyamuryango ba FPR Inkotanyi ndetse n’ab’indi mitwe ya Politiki ishyigikiye umukandida Paul Kagame ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Nyakanga 2024 baje mu bikorwa byo kwamamaza no gushyigikira uwo mukandida.
Umuryango RPF-Inkotanyi watangaje ibyagezweho mu myaka irindwi ishize u Rwanda igaragaza ko rwakomeje gutera imbere ku buryo bushimishije nubwo icyorezo cya COVID-19 cyahungabanyije isi yose bigatuma umuvuduko w’iterambere ry’ubukungu ugabanuka.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Gatenga mu Karere ka Kicukiro bavuga ko batindiwe n’itariki ya 15 Nyakanga ngo batore umukandida wabo Paul Kagame mu rwego rwo kumwitura ibyiza yabagejejeho mu gihe cya manda y’imyaka 7 ishize ayobora Abanyarwanda.
Abanyamuryango ba RPF Inkotanyi bo mu Murenge wa Masaka kuwa Gatandatu tariki 29 Kamena 2024 bamamaje umukandida wabo Paul Kagame bamushimira ko yabegereje ibikorwaremezo muri uyu Murenge birimo n’ibyubuvuzi.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro kuwa Gatanu tariki 28 Kamena bahuriye mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wabo ku mwanya wa Perezida bishimira ibyo bagezeho birimo no kunga ubumwe bw’Abanyarwanda ndetse no gukura amoko mu ndangamuntu.
Abanya-Rusizi mu gikorwa cyo kwakira umukandida wa RPF Inkotanyi Paul Kagame wahiyamamarije kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Kamena 2024 Abanyarusizi bamwakiriye mu mvugo y’Amashi ‘Kagame enyanya enyanya’ bisobanuye ngo ‘Kagame ku Isonga’.
Umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 28 Kamena 2024, ubwo yiyamarizaga mu karere ka Rusizi yabijeje ko ntawabasha guhungabanya umutekano w’Igihugu kuko u Rwanda rurinzwe.
Umuryango wa RPF Inkotanyi wasobanuye inkomoko y’izina “Inkotanyi” ndetse unavuga uburyo ryawubereye imbaraga zo kugera ku ntsinzi mu gihe cy’urugamba rwo kubohora igihugu.
Ibikorwa byo kwiyamamaza ku mukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Kamena 2024, byakomereje mu Karere ka Rusizi aho imbaga y’abantu yazindutse ijya kumwakira.
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Kamena 2024, ibikorwa byo kwiyamamaza ku bakandida Depite mu cyiciro cy’abagore mu Mujyi wa Kigali, byakomereje mu Karere ka Kicukiro, i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Kamena 2024 mu karere ka Huye, Umurenge wa Ngoma, Akagari ka Matyazo, Umudugudu wa Kabeza habereye impanuka y’imodoka ya Bus Yutong ya Sositeye itwara abagenzi ya Horizon abantu bane bahita bapfa abandi batatu barakomereka.
Abantu batanu muri Kenya ni bo bimaze kumenyekana ko bapfuye barashwe n’abapolisi ubwo bari mu myigaragambyo yo kwamagana izamuka ry’imisoro mu gihugu.
Hashingiwe ku ngengabihe y’umwaka w’amashuri yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), kiramenyesha abayobozi b’amashuri, abarezi ndetse n’ababyeyi, ko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira mu miryango yabo mu biruhuko, guhera tariki 05 Nyakanga (…)
Ikiganiro EdTech Monday gikorwa ku bufatanye na Mastercard Foundation kikagaruka ku iterambere mu burezi bushingiye ku ikoranabuhanga, cyatambutse kuri KT Radio Tariki 24 Kamena 2024 cyagarutse ku ‘Kwinjiza mu Burezi ikoranabuhanga rifasha kwiga binyuze mu mikino no mu masomo nyunguranabitekerezo’.
Ku munsi wa Kane w’ibikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame kuri uyu wa kabiri tariki 25 Kamena 2024, aho yiyamamarije mu Karere ka Nyarugenge kuri Site ya Rugarama i Nyamirambo yabwiye abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari bahateraniye ko mu gihe cy’urugamba rwo kubohora igihugu bari bafite ingabo (…)
Ibikorwa byo kwiyamamaza ku mukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 25 Kamena 2024, birakomereza mu karere ka Nyarugenge kuri Site ya Rugarama i Nyamirambo.
Umuryango FPR-Inkotanyi ubabajwe cyane kandi wifatanyije n’umuryango wabuze uwabo bitewe n’umuvundo wabaye kuri site yabereyeho kwamamaza umukandida wa RPF Inkotanyi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu mu Karere ka Rubavu.
Ku munsi wa Gatatu yiyamamaza ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, umukandida wa FPR Inkota, Paul Kagame kuri uyu wa mbere tariki 24 Kamena 2024 aho yari mu Karere ka Ngororero mu bikorwa byo kwiyamama yashimiye abaturage baje muri iki gikorwa n’abanyamuryango ba RPF Inkotanyi ndetse n’imitwe ya Politiki yemeye kwifatanya (…)
Mukarere ka Nyamagabe kuri iki cyumweru tariki 23 Kamena 2024 habereye impanuka y’imodoka y’Imbangukiragutabara yari itwaye umurwayi irenga umuhanda umushoferi ahita apfa abandi 4 barakomereka.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’lgihugu yasohoye itangazo rivuga ko nta muganda rusange w’ukwezi kwa Kamena 2024 uzaba nkuko byari bisanzwe.
Nyuma y’inama nyunguranabitekerezo yahuje Abanditsi bakuru, inzego zihagarariye itangazamakuru ndetse na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora NEC yabaye tariki 20 Kamena 2024, Urwego rw’Abanyamakuru bigenzura (RMC) rwasabye abanyamakuru bose ko bagomba gukora inkuru zabo bya kinyamwuga ndetse bakirinda kubogama.
Nsengiyumva Eric umuturage witabiriye ibikorwa byo kwiyamamaza mu karere ka Musanze ku mukandida w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Paul Kagame byatangiye kuri uyu wa gatandatu tariki 22 Kamena 2024 yashimangiye ko imiyoborere myiza ye yatumye areka igicugutu yagendagaho ubu akaba asigaye agenda kuri Moto.
Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye n’ikinyamakuru France 24 cyo mu gihugu cy’Ubufaransa tariki 20 Kamena 2024 abajijwe niba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) iramutse ishoje intambara ku Rwanda habaho kurwana hagati y’Ibihugu byombi yasubije ko uretse na Congo, u Rwanda rwiteguye kurwanya uwo ari we wese (…)
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’akazi mu Bufaransa, yahuye na Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, bagirana ikiganiro.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Gasamagera Wellars, kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Kamena 2024 yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru cy’aho imyiteguro igeze yo kwamamaza abakandida bawo n’impamvu hahujwe Uturere tumwe na tumwe. Yasobanuye ko ari mu rwego rwo kugira ngo umukandida wabo azabone n’umwanya wo gukora (…)
Perezida Paul Kagame, uri i Paris mu Bufaransa, kuri uyu wa Kane tariki 20 Kamena 2024 yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Sénégal, Bassirou Diomaye Faye, aho baganiriye ku ruzinduko Perezida Faye ateganya kugirira mu Rwanda mu gukomeza gusangizanya ubunararibonye mu nzego zitandukanye zirimo imiyoborere n’ubufatanye (…)
Mu Karere ka Gakenke mu Murenge wa Muhondo, Akagari ka Bwenda, Umudugudu wa Nketsi, abagizi ba nabi bataramenyekana, mu ijoro ryo ku wa Gatatu rishyira ku wa Kane tariki 20 Kamena 2024, binjiye mu rugo rw’umuturage biba moto ya Birege Malachie, Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Muhondo barangije baranayitwika irakongoka irashira.
Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, NEC Odda Gasinzigwa mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru kigaruka ku myiteguro y’amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite yagarutse ku bikorwa bibujijwe mu gihe cyo kwiyamamaza cyangwa kwamamaza.
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko icyorezo cya Covid-19 cyerekanye ubusumbane bukomeye hagati y’ibihugu byateye imbere n’ibiri mu nzira y’amajyambere by’umwihariko mu kubona inkingo n’ubundi buryo bw’ubwirinzi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Padiri Nkomejegusaba Alexandre, ushinzwe Umutungo ndetse na Padiri Mbonigaba Jean Bosco ushinzwe Imyitwarire y’abanyeshuri, muri Seminari Nto ya Zaza n’abanyeshuri barimo Tuyizere Egide w’imyaka 20 na Murenzi Armel w’imyaka 18, kubera urupfu rw’umunyeshuri witwa (…)