Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Ukwakira 2024 abantu babiri bakize icyorezo cya Marburg, hapimwa abantu 104, nta wanduye mushya wabonetse, nta n’uwapfuye azize Marburg.
														
													
													Leta ya Florida muri leta zunze ubumwe z’amerika kugeza ubu, abantu 10 ni bo bamaze kumenyekana ko bahitanywe n’inkubi y’umuyaga, ndetse wangiza ibikorwaremezo.
														
													
													Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Ukwakira 2024 yakiriye Intumwa yihariye y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Johan Borgstam, baganira ku bijyanye n’umusanzu w’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ndetse n’umutekano w’Akarere.
														
													
													Umuryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’Akarere ka Kamonyi wamaze gushyikiriza inzu wubakiye Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ mu rwego rwo kumushimira ku gihangano cyiza yakoze, indirimbo ye ikaba yararirimbwe mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame cyane cyane muri Nyakanga 2024.
														
													
													Mukwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kwita ku buzima bwo mu mutwe, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), kuri uyu wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024, cyageneye ubutumwa abakoresha ku kwita ku bakozi babo no kubarinda ibibazo byabatera ihungabana.
														
													
													Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Guinnée-Conakry, Morissanda Kouyaté, wanamushyikirije ubutumwa bw’Umukuru w’Igihugu, Mamadi Doumbouya.
														
													
													Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya, yatoye umwanzuro wo kweguza Visi Perezida w’icyo gihugu, Dr Rigathi Gachagua. Ni umwanzuro watowe n’Abadepite 281 mu gihe abandi 44 batoye oya.
														
													
													Kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukwakira 2024 abaturage bo muri Mozambique babyukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Haratorwa usimbura Perezida Filipe Nyusi umaze manda ebyiri ari Perezida wa Mozambique, uyu mwanya ukaba urimo uhatanirwa n’abakandida bane.
														
													
													Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buzima RBC cyatangaje ko umurwayi wagaragayeho icyorezo cya Marburg agakira abanza gukorerwa ubujyanama ku ihungabana hamwe n’umuryango we kugira ngo afashwe kudahabwa akato.
														
													
													Ahitwa Ku Mavubiro i Gasabo ni mu Mudugudu wa Vugavuge, Akagari ka Gasabo, Umurenge wa Rutunga, mu Karere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali. Ni ahantu hateze neza, ngo hahoze amavubiro y’Umwami Kigeri IV Rwabugiri.
														
													
													Mu Rwanda usanga buri hantu hafite uko hitwa, kandi ayo mazina akaba afite inkomoko n’impamvu yayo. Nk’uko Kigali Today igenda ibagezaho inyito z’ahantu hatandukanye uyu munsi yabakusanyirije amateka y’ahitwa Ryamurari maze iganira n’Inteko y’Umuco iyibwira amateka yaho.
														
													
													Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byagabanutse, aho Lisansi yavuye ku mafaranga 1,629 kuri litiro igashyirwa ku 1,574 Frw ikaba yagabanutseho amafaranga 55 kuri litiro imwe, naho mazutu litiro iva ku mafaranga 1,652 ishyirwa ku 1,576 ikaba yagabanutseho amafaranga 76 kuri litiro imwe.
														
													
													Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yageze mu Budage aho yitabiriye inama yiga ku iterambere rirambye, agaragariza abitabiriye iyi nama uburyo u Rwanda rwashoboye kwihaza mu bijyanye n’ingufu z’amashanyarazi.
														
													
													Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwatangaje amabwiriza mashya ajyanye no gukumira virusi ya Marburg mu nsengero no mu misigiti arimo gushyiraho uburyo bwo gukaraba intoki, gutanga ifunguro ryera mu buryo butuma abantu batagira ibyago byo kwandura n’ibindi.
														
													
													Perezida Paul Kagame uri i Paris yabonanye na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, baganira ku mubano w’ibihugu byombi n’inzego z’imikoranire bisanzwe bifatanyamo ndetse n’icyakorwa mu kurandura burundu ibibazo biteza umutekano muke mu Karere.
														
													
													Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macro, i Paris mu Bufaransa, ubwo yatangizaga inama ya 19 y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma z’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa yavuze ko ururimi rw’igifaransa rufasha mu guhahirana no gukorana ubucuruzi.
														
													
													Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yageze mu gihugu cya Lesotho kuri uyu wa gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, ahagarariye Perezida Paul Kagame mu birori byo kwizihiza imyaka 200 Lesotho imaze ari Ubwami ndetse n’imyaka 58 ishize ubwo bwami bubonye ubwigenge.
														
													
													Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko mu Bufaransa ku mugoroba wo ku itariki 3 Ukwakira 2024, yabonanye na Charles Michel, Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU).
														
													
													Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko abantu batanu bari baranduye Virusi ya Marburg bakize, abakirimo kuvurwa ni 21, kuri uyu wa Kane ntawapfuye azize icyo cyorezo.
														
													
													Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Paris mu Bufaransa aho bitabiriye Inama ya 19 ya OIF ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma mu muryango w’Ibihugu bikoresha Ururimi rw’Igifaransa, La Francophonie.
														
													
													Perezida Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu muri Latvia yakiriwe ku meza na mugenzi we, Edgars Rinkēvičs.
														
													
													Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje iteganyagihe riburira, aho kivuga ko hateganyijwe umuyaga mwinshi hagati y’itariki ya 3 n’itariki ya 4 Ukwakira 2024.
														
													
													Perezida wa Repubulika Paul Kagame, uri mu ruzinduko mu gihugu cya Latvia yakiriwe na mugenzi we w’iki gihugu, Edgars Rinkēvičs, bagirana ibiganiro byabereye mu muhezo.
														
													
													Minisiteri y’Uburezi yabaye ihagaritse gahunda zo gusura abanyeshuri biga bacumbikirwa ku mashuri mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Marburg.
														
													
													Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yageze mu gihugu cya Latvia mu uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu, akazagirana ibiganiro bizabera mu muhezo na mugenzi we, Edgars Rinkēvičs.
														
													
													Nyuma y’uko mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kabiri tariki 01 Ukwakira 2024 muri Santere ya Musenyi, mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Ngamba, Akagari ka Kabuga, insoresore zateje umutekano mucye zitema abantu 12 zikoresheje imihoro, Polisi ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano ndetse n’abaturage bakoze igikorwa cyo kubashaka (…)
														
													
													Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko mu gice cya mbere cy’ukwezi k’Ukwakira 2024 kuva tariki ya 1 kugeza tariki ya 10, hateganyijwe ko imvura iziyongera ugereranyije n’ibice bishize by’ukwezi kwa Nzeri, ikazaba iri hagati ya milimetero 20 na milimetero 140.
														
													
													Mu gihugu cya Nigeria mu kigo cyororerwamo inyamaswa cy’uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu Olusegun Obasanjo i Abeokuta, mu murwa mukuru w’intara ya Ogun intare yishe umukozi wari ugiye kugaburira inyamaswa.
														
													
													Perezida Paul Kagame ategerejwe muri Latvia aho agiye kugirira uruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu kuva tariki ya 1 kugera tariki 3 Ukwakira 2024.
														
													
													Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko abantu babiri mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, bishwe n’icyorezo cya Marburg, buzuza umubare w’abantu umunani bamaze gupfa bazize icyo cyorezo.