Nubwo gukora siporo ari ingenzi mu buzima, abahanga mu kwigisha imikino ngororamubiri bavuga ko iyo utayikoze neza ishobora kukumugaza burundu.
Kazoza Justin watumije ibirori byo kumwimika nk’Umutware w’Abakono tariki ya 9 Nyakanga 2023, yasabye imbabazi ku makosa yakoze we na bagenzi be bitabiriye ibyo birori.
Inteko y’umuco ivuga ko ababyeyi bakwiye kwigisha abana babo imwe mu mikino yo hambere muri ibi bihe by’ibiruhuko kuko bibafasha kumenya gukora ubugeni n’ubukorikori muri iyo mikino.
Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou-Nguesso yashimye Perezida Kagame kubera uburyo yagaruye amahoro mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 ndetse akagira n’uruhare mu ruhando rw’amahanga mu kubungabunga amahoro no kuyagarura mu bindi bihugu bya Afurika.
Ubwo yageraga ku Kibuga cy’Indege cya Kanombe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 21 Nyakanga 2023, Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso, yakiranywe urugwiro na Perezida Paul Kagame ari kumwe n’abayobozi bo mu nzego zitandukanye z’Igihugu, ndetse yakirwa n’itorero ry’Igihugu, Urukerereza mu kumuha ikaze.
Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Nyakanga 2023 mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.
Leta y’u Rwanda n’igihugu cy’u Budage byatangije ikigega cya Miliyoni 16 z’Amayero (asaga Miliyari 20Frw), kigamije kuzamura imibereho y’abaturage bakennye cyane bo mu turere 16 two mu ntara zose.
Kuri uyu wa Kane, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yazamuye mu ntera Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda DCG Felix Namuhoranye amuha ipeti rya CG (Commissioner General).
Madamu Jeanette Kagame yaganiriye na mugenzi we w’u Burundi, Angeline Ndayishimiye watumiwe mu nama Mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’abagore mu Iterambere (Women Deliver), irimo kubera mu Rwanda.
Abantu b’ingeri z’itandukanye bagenda mu muhanda n’amaguru mu mujyi wa Kigali bavuga ko ubukangurambaga bwakozwe n’umuvugizi wa Polisi y’igihugu CP John Bosco Kabera asaba abatwara ibinyabiziga kubahiriza uburenganzira bw’abanyamaguru igihe bageze ahabugenewe kwambuka umuhanda “Zebra crossing” bwatumye nta muntu ukigongwa (...)
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, yakiriye mu biro bye intumwa z’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye bwari busanzweho, banaganira uko iki kigega kizunganira u Rwanda mu gusana ibyangijwe n’ibiza.
Mu buryo bw’ikoranabuhanga, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yahagarariye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, mu nama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bihuriye muri Komisiyo ishinzwe guhangana n’ihindagurika ry’ikirere mu bihugu bituriye ikibaya cya Congo, abisaba ubufatanye mu gukomeza kukibungabunga.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rwamagana yirukanye mu mirimo Nyirabihogo Jeanne D’Arc, wari Umuyobozi w’ako Karere wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu.
Ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye inama Mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’abagore mu Iterambere (Women Deliver), irimo kubera mu Rwanda yatangiye ku wa Mbere tariki 17 Nyakanga mu 2023, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko abagore n’abakobwa bakeneye serivisi z’ubuvuzi zubatse neza, no guhabwa uburezi bufite ireme bagafashwa (...)
Antoine Cardinal Kambanda, Arikiyepiskopi wa Kigali, mu biganiro yagiranye na Perezida wa Hongiriya, Katalin Novák uri mu ruzinduko mu Rwanda, yatangaje ko yashimishijwe n’uburyo iki gihugu cyita ku muryango.
Abahanga mu by’imirire bavuga ko kudafatira ifunguro ku masaha amwe bitera zimwe mu ndwara zirimo izibasira igifu ndetse bigatera n’umubyibuho ukabije.
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye ku meza Perezida wa Hongiriya, Katalin Novak n’abandi bayobozi bari kumwe mu ruzinduko bagiriye mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Katalin Novák, Perezida wa Hongiriya, umaze iminsi mu Rwanda mu bikorwa bitandukanye bigamije gutsura umubano hagati y’Ibihugu byombi bashyira n’umukono ku masezerano y’ubutwererane mu nzego ebyiri zirimo urw’uburezi, n’amahugurwa ku mikoreshereze y’ingufu za Nikereyeri (...)
Amazina y’ibice bitandukanye bigize Igihugu cy’u Rwanda, agenda yitirirwa ibintu ndetse n’imiterere hamwe n’ibikorwa byagiye bihakorerwa.
Perezida Kagame ku wa Gatanu tariki 14 Nyakanga 2023, yakiriye Rt Hon. Patrice Trovoada, Minisitiri w’Intebe wa São Tomé na Príncipe uri mu Rwanda hamwe na Madamu we, Nana Trovoada, mu ruzinduko rw’akazi rwo gushimangira umubano w’Ibihugu byombi, mu nzego zirimo ubucuruzi n’ishoramari.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu muri Village Urugwiro, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye itsinda ryo mu muryango Segal Family Foundation, nyuma yo gusoza inama rusange yawo yaberaga i Kigali.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gicumbi, yagaruje ibikoresho bitandukanye byibwe abarimu b’abanyamahanga bakomoka mu gihugu cya Nigeria, bigisha muri kaminuza ya UTAB, birimo telefone ngendanwa na za mudasobwa.
Nkuko Kigali Today igenda ibagezaho amwe mu mateka y’inkomoko y’inyito z’ahantu hatandukanye kugira ngo abantu barusheho gusobanukirwa n’amateka y’igihugu cy’u Rwanda yabakusanyirije inyito y’amateka y’izina “Kitabi”, aho abazi amateka y’iri zina bahamya ko ryiswe ako gace biturutse ku itabi ryaheraga, rikahacururizwa.
Madamu Jeannette Kagame yatangaje ko ibikorwa by’umuryango Segal Family Foundation, byatumye benshi bagera ku nzozi zabo, bagashobora gukora ibikorwa bifatika bibateza imbere.
Mu Karere ka Gicumbi Umurenge wa Byumba Akagari ka Nyarutarama Umudugudu wa Rugarama kuri uyu wa kane tariki ya 13 Nyakanga 2023 inkongi y’umuriro yibasiye ikigo cy’amahugurwa cy’idini ya Islam Gicumbi yangiza ibintu bifite agaciro ka miliyoni 3.
Gutwara amatungo nabi igihe agiye kubagwa biri mu bituma inyama zitakaza ubuzirange, bikagira ingaruka ku buzima bw’umuntu waziriye.
Leta ya ya Kenya igiye gukurikirana mu nkiko abakomeje kwigaragambya bagateza imvururu mu gihugu bigatuma hari bamwe basiga ubuzima muri iyi myigaragambyo.
U Rwanda rurimo kubaka ibigega bya gaz yo gutekesha biherereye mu murenge wa Rusororo mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali, bizaba bifite ubushobozi bwo guhunikwamo litiro miliyoni 17 n’ibihumbi 100 bya gaz.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko tariki 12 Nyakanga 2023, ku bufatanye na Polisi y’u Rwanda, bafatiye mu cyuho abarimu bane (4) barimo gukuriramo inda umunyeshuri bigishaga, mu Kigo cy’amashuri ya Sainte Trinity de Nyanza, giherereye mu Murenge wa Kigoma, Akagali ka Butansinda, umudugudu wa Butansinda.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amashyamba (RFA) gitangaza ko mu mwaka wa 2020-2021 gahunda yo kwegurira amashyamba ya leta abikorera, amaze kuyinjiriza arenga Miliyari 649.