Ntawavuga amateka yo ku Macukiro adahereye ku ya Nyamirundi muri rusange kuko ariho ku Macukiro haherereye. Nyamirundi ni umwigimbakirwa mugari uri mu kiyaga cya Kivu, mu cyahoze ari Kinyaga ahitwaga mu Mpara. Ubu ni mu murenge wa Nyabitekeri, mu karere ka Nyamasheke, mu ntara y’Iburengerazuba.
														
													
													Amateka avuga uko igihingwa cya kawa cyatangiye guhingwa mu Rwanda yanditswe n’Ikigo cy’Ubuyapani Gishinzwe Ububanyi n’Amahanga « Japan International Cooperation Agency ‘JICA’ mu nyandiko yacyo ‘The socio-economic impact of Rwandan indigenous coffee variety (Bourbon Mibirizi)”.
														
													
													Ikiganiro EdTech Monday cyatambutse kuri uyu wa Mbere tariki 29 Nyakanga 2024 kuri KT Radio no ku muyoboro wa YouTube wa Kigali Today cyagarutse ku iterambere ry’uburezi kuri bose n’ikoranabuhanga rinogeye buri wese.
														
													
													Nyiransengiyumva Valentine uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Vava wagaragaye ku mbuga nkoranyambaga mu ndirimbo ye ‘Dore imbogo dore impala, yashyinguwe. Tariki 27 Nyakanga 2024, nibwo amakuru yamenyekanye ko Nyiransengiyumva Valentine uzwi ‘Dore Imbogo’ yitabye Imana.
														
													
													Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Gasamagera Wellars, kuri iki Cyumweu tariki 28 Nyakanga 2024 yagiranye ikiganiro n’urubyiruko 50 rw’Abanyarwanda baba mu mahanga aho baje mu Rwanda kwiga no gusobanurirwa amateka y’Igihugu cyabo.
														
													
													Urwego rw’Igihugu rushinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB) rwamenyesheje ababyeyi bose bafite abana biga mu mwaka wa mbere, mu mwaka wa kabiri, no mu mwaka wa Gatatu w’amashuri abanza mu mashuri ya Leta n’afatanya na Leta ku bw’amasezerano batashoboye kwimuka muri uyu mwaka w’amashuri ko hari gahunda nzamurabushobozi yabateganyirijwe.
														
													
													Kuri uyu wa Gatanu tariki 26 Nyakanga 2024 mbere y’ibirori byo gufungura Imikino Olimpike, Perezida Paul Kagame yahuye n’umuyobozi w’Impuzamashyirahamwe y’ Umupira w’Amaguru ku Isi, Gianni Infantino, baganira ku buryo bwo gukomeza kwagura ubutwererane n’amahirwe mashya yo guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda.
														
													
													Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wa 44, yatangaje ko ashyigikiye kandidatire ya Kamala Harris ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu.
														
													
													Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwasobanuye ko Hon. Mujawamariya Jeanne d’Arc n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibidukikije, Karera Patrick, bari gukorwaho iperereza ku byaha bakekwaho bakoreye muri iyi Minisiteri.
														
													
													Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), kuri uyu wa Kane tariki 25 Nyakanga 2024 rweretse itangazamakuru abantu barindwi barimo Abanyarwanda n’abanyamahanga bakurikiranyweho kwiba muri Banki Miliyoni ijana z’Amafaranga y’u Rwanda, baciye mu ishami ryayo rikorera hanze y’Igihugu.
														
													
													Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, yongeye gutangaza abandi ba Minisitiri icumi bagize Guverinoma ye barimo bane bari mu ruhande rw’abatavuga rumwe na we.
														
													
													Mu karere ka Nyarugenge mu Murenge wa Nyarugenge Akagari ka Kiyovu, Umudugudu wa Nyarurembo kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Nyakanga 2024, imodoka y’ivatiri (Voiture) yaritwawe n’umudamu yamanukaga umuhanda uva T2000 yerekeza kuri CHIC habereye impanuka y’imodoka yakomerekeyemo abantu batanu yangiza n’ibindi binyabiziga birimo (…)
														
													
													Perezida Paul Kagame yashimiye abayobozi n’abantu batandukanye bo hirya no hino ku Isi bamwifurije ishya n’ihirwe, nyuma yo gutorerwa kongera kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri imbere.
														
													
													Perezida Kagame yakiriye mu biro bye, Village Urugwiro, Umujyanama wihariye w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye mu bijyanye no kurwanya Jenoside, Alice Wairimu Nderitu.
														
													
													Mutumwinka Bertine ni umubyeyi w’abana batatu, ubu atwara imodoka y’ikamyo yo mu bwoko bwa ‘Man’ itwara amavuta na lisansi abivana muri Tanzaniya abizana mu Rwanda.
														
													
													Mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge haraye habereye impanuka y’imodoka itwara abagenzi yavaga i Rubavu ijya i Kigali, abagenzi babiri barakomereka.
														
													
													Nk’uko Kigali Today igenda ibagezaho amateka y’ibice bitanukanye byo hirya no hino mu Gihugu, kuri iyi nshuro yabakusanyirije amateka y’ahitwa Ku Mugina w’Imvuzo.
														
													
													Perezida wa Kenya, Dr William Ruto, kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Nyakanga 2024 yashyizeho Guverinoma nshya irimo Abaminisitiri 11 barimo batandatu abahoze muri Guverinoma yari aherutse gusesa.
														
													
													Abanyarwanda nubwo bamaze kwihitiramo uzabayobora muri manda y’imyaka itanu iri imbere ku Mukuru w’Igihugu gusa ariko hari bamwe bashobora kuba batazi ibikorwa bikurikira itorwa rya Perezida na nyuma yo kurahirira inshingano nshya.
														
													
													Mu mujyi wa Kigali ahazwi nko kuri Payage hepfo y’ahakorera Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) kuri uyu wa Kane tariki 18 Nyakanga 2024 habereye impanuka y’imodoka.
														
													
													Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Gasamagera Wellars, yakiriye intumwa z’ishyaka riri ku butegetsi muri Santrafurika, Mouvement Coeurs-Unis (CMU) bagirana ibiganiro ku mikoranire ndetse bashyira umukono ku masezerano y’ubufatanye.
														
													
													Mu Murenge wa Kigabiro, mu Kagari ka Sibagire, mu gasantere kazwi nko kwa Shyaka kuri uyu wa Gatatu tariki 17 Nyakanga 2024, inkongi y’umuriro yafashe inzu y’umuturage yangiza ibintu by’agaciro k’amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 12 n’ibihumbi 700.
														
													
													Mu ijoro ryo ku itariki ya 15 Nyakanga 2024 Chairman akaba n’Umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi, Paul Kagame yashimiye Abanyarwanda bongeye kumugirira icyizere ndetse n’abagize imitwe ya Politiki yemeye kumutangaho umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, nyuma y’uko iby’ibanze byatangajwe na Komisiyo y’Igihugu (…)
														
													
													Komisiyo y’Igihugu y’Amatora imaze gutangaza ko ibyibanze byavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika by’agateganyo umukandida Paul Kagame afite amajwi 99.15%.
														
													
													Umukandida wa FPR Inkotanyi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, hamwe n’umuryango we, kuri uyu wa Mbere tariki 15 Nyakanga 2024 bitabiriye amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite.
														
													
													Polisi y’igihugu yatangaje ko ahazatorerwa (Sites) ndetse n’ibikoresho byose bicungiwe umutekano neza mu gihe igikorwa cyo gutora nyirizina kizaba tariki 15 Nyakanga 2024.
														
													
													Umukandida wa RPF-Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ubwo yiyamamarizaga kuri Site ya Gahanga mu karere ka Kicukiro kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2024 yasabye abitabiriye iki gikorwa gukomeza guhitamo neza umuyobozi ubabereye kuko Abanyarwanda bagomba kubaho uko bashaka batagomba kubaho uko (…)
														
													
													Umushumba mukuru wa Bethesda Holy Church Bishop Rugamba Albert yatawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB akurikiranyweho gutanga sheki itazigamiye.
														
													
													Mu karere ka Kamonyi mu Murenge wa Runda mu kagari ka Muganza mu mudugudu wa Nyagacyamo kuri uyu wa gatanu tariki 12 Nyakanga 2024, habereye impanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Howo imodoka irangirika cyane.
														
													
													Kuri uyu wa Gatanu tariki 12 Nyakanga 2024 nibwo umukandida ku mwanya wa Perezida, Paul Kagame yiyamamarije mu murenge wa Bumbogo mu Karere ka Gasabo abasezeranya ko nibatora neza tariki 15 Nyakanga ku munsi nyirizina w’amatora umuhanda ujya Bumbogo uzashyirwamo kaburimbo.