Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko rigiye gufatanya n’u Rwanda gukumira ikwirakwira ry’icyorezo cya Marburg.
														
													
													Umuyobozi w’Umutwe w’Iterabwoba wa Hezbollah, Hassan Nasrallah, yiciwe mu gitero cyagabwe n’Ingabo za Israel. Nasrallah yapfanye n’abandi basirikare bakuru bo muri Hezbollah nk’uko byatangajwe n’Igisirikare cya Israel, IDF.
														
													
													Muri Paruwasi Katederali ya Dedougou, Diyosezi ya Dédougou, muri Burkina Faso hashyizwe Ubusitani bwitiriwe Bikira Mariya wa Kibeho. Ubu busitani bwashyizwemo ishusho ya Bikira Mariya Nyina wa Jambo, izafasha Abakirisitu b’iyi Paruwasi n’abayigenderera kumenya amateka ya Kibeho no kuzirikana ku butumwa bwa Kibeho.
														
													
													Perezida Paul Kagame yasabye Abasenateri n’abandi bayobozi muri rusange kujya bamenya ibibazo by’abaturage hakiri kare, kuruta uko abaturage babinyuza ku mbuga nkoranyambaga basa n’abatabaza kuko babuze ubakemurira ibibazo. Ibi yabigarutseho kuri uyu wa Kane tariki 26 Nzeri 2024, ubwo yakiraga indahiro z’Abasenateri bagize (…)
														
													
													Abagabo batatu barimo Oswald Homeky wahoze ari Minisitiri w’imikino, Col. Djimon Dieudonné Tévoédjrè umukuru w’umutwe w’abasirikare barinda Umukuru w’Igihugu n’umucuruzi Olivier Boko wari inshuti ya Perezida Talon, batawe muri yombi nyuma yo gukekwaho umugambi wo kumuhirika ku butegetsi.
														
													
													Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB ruraburira umuntu wese ushyira amashusho y’urukozasoni n’ibiganiro ku mbuga nkoranyambaga ko azabihanirwa kuko hari itegeko ribihana kandi ko aba yatandukiriye umuco nyarwanda.
														
													
													Nk’uko Kigali Today igenda ibagezaho amateka y’ahantu hatandukanye n’ibisobanuro by’inyito y’amazina y’ahantu, yabakusanyirije inkomoko y’izina Ijuru rya Kamonyi.
														
													
													Ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB), cyatangaje ko abana b’Ingagi 22 ari bo bazitwa amazina ku nshuro ya 20 mu muhango uteganyijwe tariki 18 Ukwakira 2024.
														
													
													Abayobozi baturutse mu bihugu bitandatu bigize Umuhora wa Ruguru ari byo u Rwanda, Uganda, Kenya, Sudani y’Epfo, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bamaze iminsi itatu bakora ubukangurambaga bwa Gerayo Amahoro, mu Ntara zitandukanye mu rwego rwo gukangurira Abanyarwanda kwirinda impanuka zo mu muhanda.
														
													
													Sosiyete ikora ubwikorezi bwo mu kirere ya Kenya Airways, yatangaje ko imyigaragambyo y’abakozi bayo yabaye tariki 11 Nzeri 2024, yayihombeje arenga miliyoni 80 z’amashilingi bitewe nuko hari abagenzi basubijwe amatike y’ingendo zabo.
														
													
													Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 24 Nzeri 2024, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, CG Felix Namuhoranye, yakiriye mugenzi we wa Seychelles, Commissioner Ted Barbe ku Cyicaro Gikuru cya Polisi giherereye ku Kacyiru mu Mujyi wa Kigali.
														
													
													Mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Nyakiriba mu kagari ka Gikombe mu mudugudu wa Rugerero, kuri uyu wa mbere tariki ya 23 Nzeri 2024, habereye impanuka y’imodoka yavaga kuri Bralirwa yerekeza Musanze inzoga yari yikoreye zirameneka zose.
														
													
													Perezida Kagame yavuze ko we n’abandi Banyarwanda benshi, amateka mabi yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabigishije, kandi amasomo yavanyemo amufasha iyo ashyira mu bikorwa inshingano ze nk’Umukuru w’Igihugu.
														
													
													Mukabalisa Donatille hamwe na Murangwa Ndangiza Hadija ni bo batorewe kuba abasenateri bahagarariye ihuriro ry’imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda. Kigali Today yabegeranyirije amateka yabo n’imwe mu mirimo bakoze mu gihe cyahise.
														
													
													Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Singapore, yatangaje ko Perezida Paul Kagame ari bugirire uruzinduko rw’akazi muri iki gihugu, kuva kuri uyu wa Gatatu tariki 18 kugeza tariki 23 Nzeri 2024.
														
													
													Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Nzeri 2024 rweretse itangazamakuru agatsiko k’abantu batandatu bafashwe, bakurikiranyweho ubujura bw’imodoka, ndetse n’imodoka enye bari bibye zisubizwa ba nyirazo.
														
													
													Muri Nigeria, Umwuzure waturutse ku mvura nyinshi yaguye mu Majyaruguru y’iki gihugu yasenye urukuta rwa Gereza imfungwa 281 ziratoroka.
														
													
													Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima RBC kivuga ko abarwayi bose bari banduye ubushita bw’inkende (Mpox) ubu bamaze gukira ariko abantu bagasabwa gukomeza ingamba z’isuku kugira ngo bakirinde.
														
													
													Mu gihugu cya Nigeria hakomeje ibikorwa byo gushakisha imibiri y’abantu 40 barohamye mu mugezi bari mu bwato ku wa gatandatu w’icyumweru gishize ubwo bajyaga guhinga mu mirima yabo mu Majyaruguru y’Uburengerazuba bw’iki gihugu.
														
													
													Umuyobozi mukuru wa Ellel Ministries Rwanda, Lambert Bariho yavuze ko gushima Imana bifitiye akamaro Igihugu n’abantu muri rusange bikaba ariyo mpamvu hategurwa amasengesho atumirwamo n’Umukuru w’Igihugu ndetse n’abayobozi batandukanye.
														
													
													Mu masengesho yo gusabira Igihugu no gushima Imana yabaye kuri iki Cyumweru tariki 15 Nzeri 2024 muri Kigali Convention Centre, Perezida Kagame yasabye Abanyamadini n’abahagarariye amatorero kujya bashima Imana ariko bakabikora badashyira ubuzima bw’abandi mu kaga kubera imyizerere yabo.
														
													
													Abantu benshi bakoresha Gaze mu guteka amafunguro atandukanye ariko ntibamenya bimwe mu bintu by’ingenzi bakwiye kwitwararika igihe batetse.
														
													
													Ikigo cy’Igihugu cy’iteganyagihe, Meteo Rwanda cyatangaje ko mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Nzeri 2024 kuva taliki ya 11 kugeza taliki ya 20 2024, hateganyijwe ingano y’imvura iri hagati ya milimetero 0 na milimetero 40.
														
													
													Nyuma y’inama yahuje uruhande rwa leta ruhagarariwe n’umukuru w’ikigo cy’indege za gisivile cya Kenya n’abakuru ba kompanyi ya Kenya Airways hamwe n’abahagarariye ihuriro ry’abakozi, hafatiwemo imyanzuro y’agateganyo yuko abakozi basubira mu kazi ku bibuga by’indege.
														
													
													Nk’uko Kigali Today igenda ibakusanyiriza ahantu habumbatiye amateka atandukanye yabegeranyirije ayo ku Isoko rya Rukira ryacururizwagamo abacakara babaga bafashwe bunyago bakajyanwa gucuruzwa mu bihugu by’Abaturanyi.
														
													
													Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, mu Karere ka Kicukiro hafi y’Ibiro by’Akarere, habereye impanuka.
														
													
													Umukandida ku mwanya wa Perezida Kamala Harris w’Umudemokrate na Donald Trump w’Umurepubulikani bahuriye mu kiganiro mpaka cyabereye mu mujyi wa Philadelphia muri Leta ya Pennyslvaniya cyayobowe n’abanyamakuru ba televiziyo mu nzu yitiriwe itegeko nshinga, Kamala Harris ashinja Donald Trump kuba yarasize yubitse ubukungu (…)
														
													
													Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Nzeri 2024 abagenzi bari ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya kiri mu murwa mukuru wa Nairobi babuze uko bagenda kubera imyigaragambyo y’abakozi yamagana ko leta ya Kenya igiye kugikodesha na kompanyi yo mu Buhinde.
														
													
													Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard, kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Nzeri 2024, yatangije ku mugaragaro imirimo y’iyubakwa rya Kigali Innovation City, uyu ukaba ari umushinga wo kubaka urusisiro rw’ibikorwa by’ikoranabuhanga no guhanga ibishya ruherereye mu cyanya cyahariwe inganda cya Kigali kiri i Masoro mu Karere ka (…)
														
													
													Polisi y’u Rwanda yatangaje ko impanuka yaraye ibereye mu Karere ka Kicukiro ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 9 Nzeri 2024 ahazwi nka Kicukiro Centre uvuye ku muhanda ugerekeranye umanuka werekeza i Gikondo, yaguyemo abantu batatu barimo motari umwe n’abakobwa babiri bose bari kuri za moto.