Ubushinjacyaha bw’u Bufaransa bwasabiye Urukiko rwa Rubanda rw’i Paris Umunyarwanda Dr Eugène Rwamucyo ukurikiranyweho ibyaha ashinjwa bifitanye isano na jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gufungwa imyaka 30.
														
													
													Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko Ngirinshuti Ezechiel uzwi nka ‘Mpanoyimana’ ku mbuga nkoranyambaga yatawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha byo gusambanya ku gahato no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
														
													
													Kuri uyu wa mbere, tariki 28 Ukwakira 2024 itsinda ry’Abadepite umunani baturutse muri Ghana basuye Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe w’Abadepite, aho bari mu rugendo rugamije gusangira ubunararibonye.
														
													
													Minisitiri w’ubuzima Dr. Sabin Nsanzimana asaba Abanyarwanda gukomeza ingamba zo kwirinda icyorezo cya Marburg, no kwirinda uducurama haba kutwegera no kudukoraho kuko ari two twagaragaye ko twazanye icyorezo cya Marburg.
														
													
													Akarere ka Gakenke kagabiye Umurinzi w’Igihango witwa Nsengimana Alfred Inka mu rwego rwo kumushimira uburyo yimakaje gahunda y’Ubumwe n’Ubudaheranwa.
														
													
													Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu Dr Vincent Biruta kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2024 i Gishari mu Karere ka Rwamagana asoza cy’amahugurwa y’Abapolisi bato icyiciro cya 20 yabasabye kuzashyire umuturage ku isonga muri gahunda zose bazakora.
														
													
													Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2024 yatangaje ko gahunda yo Gusura abanyeshuri bacumbikirwa ku mashuri byasubukuwe.
														
													
													Musenyeri Paskalis Bruno Syukur, Umwepiskopi wa Bogor muri Indoneziya yivanye mu mubare w’abazashyirwa mu rwego rwa Karidinali, mu muhango wari uteganyijwe tariki 7 Ukuboza 2024.
														
													
													Inteko Rusange ya Sena, kuri uyu wa Kane tariki 24 Ukwakira 2024, yemeje Kayinamura Ulrich ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund, Munyangaju Aurore Mimosa nka Ambasaderi w’u Rwanda muri Luxembourg na Uwase Patricie, Umuyobozi Mukuru wa Rwanda Cooperation Initiative (RCI).
														
													
													Imvura yaguye mu rukerera rwo ku itariki 24 Ukwakira 2024 mu Mudugudu wa Nyakanunga, Akagari ka Nyamabuye, Umurenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, yatumye umukingo ugwira inzu, abantu bane barimo n’umuturanyi umwe barakomereka bikomeye.
														
													
													Kuri uyu wa 23 Ukwakira 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri mu ruzinduko mu birwa bya Samoa, yizihirije isabukuru y’amavuko muri icyo gihugu, nk’uko bigaragara ku mafoto, aho yizihije ibyo birori ari kumwe n’itsinda ry’abayobozi bamuherekeje mu nama ya CHOGM 2024 irimo kubera aho muri Samoa.
														
													
													Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abantu icumi barimo batatu bakurikiranyweho kwigana inzoga zo mu bwoko bwa likeri (Liquor), naho abandi barindwi bakaba ibyitso kuko bababikiraga ibikoresho bifashishaga. Ibyafatiriwe byose bifite agaciro kangana na Miliyoni zisaga 31 z’Amafaranga y’u Rwanda (…)
														
													
													Polisi yo mu gihugu cya Mozambique yahanganye n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bigaragambya bamagana uburyo amatora y’umukuru w’Igihugu yagenze.
														
													
													Senateri Bideri John Bonds na Senateri Uwera Pélagie kuri uyu wa kabiri tariki 22 Ukwakira 2024, batowe na bagenzi babo ngo bahagararire u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko Nyafurika.
														
													
													Nyuma y’amakuru y’ibihuha yatangajwe ku mbuga nkoranyambaga ndetse agatambuka mu binyamakuru bitandukanye avuga ko Perezida wa Cameroun, Paul Biya yitabye Imana, yongeye kugaragara mu ruhame mu gihugu cye.
														
													
													Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima OMS, ryatangaje ko Igihugu cya Misiri cyahanganye n’indwara ya malariya aho nta muturage w’iki gihugu ukiyirwara.
														
													
													Ku Cyicaro Gikuru cya MINAGRI ku Kacyiru, kuri uyu wa Mbere tariki 21 Ukwakira 2024, Dr. Ildephonse Musafiri wari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi yahererekanyije ububasha na Dr. Mark Cyubahiro Bagabe, uheruka kumusimbura.
														
													
													Iteka rya Perezida Nº 075/01 ryo ku wa 18/10/2024, ritanga imbabazi risobanura ibyo uwahawe imbabazi aba agomba kubahiriza.
														
													
													Perezida Kagame yahaye imbabazi abantu 32 barimo Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko na CG (Rtd) Emmanuel Gasana wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda akaba na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo n’iy’Iburasirazuba.
														
													
													Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko mu gihe cy’iminsi ine hagiye kugwa imvura nyinshi ugereranyije ni isanzwe igwa mu bice bitandukanye by’Igihugu.
														
													
													Perezida wa Kenya, Dr William Samoei Ruto, kuri uyu wa 18 Ukwakira 2024 yagennye Prof Kindiki Kithure ku mwanya wa Visi Perezida asimbura Gachaguwa Rigathi.
														
													
													Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel, yatangaje ko umuyobozi mushya w’umutwe wa Hamas, Yahya Sinwar yaguye mu bitero bya Israel yagabye muri Gaza.
														
													
													Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yajyanywe mu bitaro igitaraganya, mu gihe Sena ya Kenya yarimo itora umwanzuro wo kumweguza.
														
													
													U Butaliyani bwafunguye ibigo bibiri mu gihugu cya Albania, byo kujya byoherezwamo abimukira binjira muri iki gihugu mu buryo butubahirije amategeko.
														
													
													Mu muhango wo guherekeza mu cyubahiro Amb Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024 mu Nteko Ishinga Amategeko, Perezida Paul Kagame yavuze uburyo Ambasaderi Colonel (Rtd) Joseph Karemera yitangaga muri byose ndetse akaba ari umwe mu bazanye igitekerezo cyo gutangiza urugamba rwo (…)
														
													
													Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), ndetse n’Umujyi wa Kigali bafatiye mu makosa imodoka 34 ziri gutwara abagenzi mu buryo butubahirije amategeko.
														
													
													Muri Sudani y’Epfo, imvura nyinshi yateje umwuzure wibasiye igice cya Leta ya Jonglei, bituma imiryango 375 isenyerwa abandi bava mu byabo ndetse abenshi ntibafite aho kuba.
														
													
													Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yagize Maj. Gen. Alex Kagame, Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, na ho Maj. Gen. Andrew Kagame agirwa Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere muri RDF.
														
													
													Polisi y’u Rwanda irasaba abagenzi kugira uruhare mu kwirinda impanuka zo mu muhanda kuko zituruka ku tubahiriza amategeko y’umuhanda no kuwugendamo nabi.
														
													
													Mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Musambira mu Kagari ka Karengera mu Mudugudu wa Nyarusange habereye impanuka y’imodoka ebyiri zari zitwaye abagenzi zagonganye bitewe n’umuvuduko, abantu batatu bahita bahasiga ubuzima abandi 6 barakomereka bikomeye, 31 barakomereka byoroheje.