Kuri iki Cyumweru tariki ya 01 Nzeri 2024 mu Gihugu cya Uganda ahitwa i Masaka-Bugonzi habereye impanuka ikomeye y’imodoka ya Jaguar yaguyemo abantu umunani barimo n’Umunyarwanda abandi 30 barakomereka bikabije.
Kuri iki Cyumweru tariki ya 01 Nzeri 2024, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yitabiriye Inama ya 2 ihuza Indonesia na Afurika, iba kuva tariki ya 1-3 Nzeri 2024. Iyi nama igamije gushimangira umubano hagati ya Afurika na Indonesia, iribanda cyane ku ngingo zirimo guteza imbere ingufu, ubuzima, kwihaza mu biribwa n’ubucukuzi (…)
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente yagiranye ibiganiro n’itsinda ryita ku burezi mu Muryango Mpuzamahanga w’Ubukungu n’iterambere (OECD) riyobowe na Andreas Schleicher, Umuyobozi ushinzwe uburezi muri uyu muryango.
Nyirabiyoro yari atuye mu birwa biri mu Kiyaga cy’Ihema, ahitwa mu Mazinga. Kigeri III Ndabarasa ajya gutera Umubari abaho barabimenye, umwami waho atuma kuri Ndagara ya Ruhinda wategekaga Karagwe amusaba kuzahisha Nyirabiyoro ndetse n’umwana we kugira ngo ingabo za Ndabarasa zitabica.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu murenge wa Mbazi mu karere ka Nyamagabe barashima ko bahawe ubutabera ababiciye imiryango muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 bakajyanwa mu nkiko bagakurikiranwa.
Mu nama y’iminsi ibiri yateraniye ku kicaro gikuru cya Polisi ku Kacyiru kuva tariki 30 kugera 31 Kanama 2024 ihuza abakobwa n’abagore bari muri Polisi y’Igihugu, ku nshuro ya 13 hatangajwe ko Polisi y’u Rwanda ifite intego yo kongera umubare w’abakobwa n’abagore binjira muri uyu mwuga ukagera kuri 30%.
Perezida Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yirukanye abasirikare bakuru barimo Gen Major Martin Nzaramba, Col Dr Etienne Uwimana n’abandi ba Ofisiye 19. Na ho abandi bagera mu 195 amasezerano yabo araseswa.
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Eduard kuri uyu wa Kane taraiki 29 Kanama 2024 yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi y’Ikigega Agaciro, Bwana Scott T. Ford hamwe n’abagize Inama y’Ubutegetsi.
Mu Karere aa Kicukiro mu Murenge wa Gahanga hafi ya sitasiyo y’ibikomoka kuri peteroli ya Oryx, imodoka yo mu bwoko bwa Taxi Hiace yafashwe n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka.
Mu rwego rwo gukomeza kumenya amwe mu mateka yaranze igihugu cy’u Rwanda Kigali Today igenda ibagezaho amateka y’ahantu hatandukanye mu bihe byo ha mbere.
Kuri uyu wa Gatatu, tariki 28 Kanama 2024, muri Village Urugwiro, Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba Ambasaderi bashya umunani guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Musenyeri wa Diyosezi ya Butare Philippe Rukamba uherutse kujya mu kiruhuko cy’izabukuru yatangaje ko azahita akomereza ubutumwa mu mashuri abanza aho azajya yigisha abanyeshuri Gatigisimu.
Mukarusine Console warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 kuri uyu wa kabiri tariki 27 Kanama2024 yatanze ubuhamya bw’uko yababariye Hatunguramye Joseph wishe umubyeyi we muri Jenoside nyuma yo kwiyunga anabyara umwana we muri Batisimu.
Mu Gakenyeri ni mu mujyi wa Nyanza ahari hubatse umurwa w’Umwami Yuhi V Musinga ndetse n’umugabekazi Nyirayuhi V Kanjogera. Ubu ni mu Mudugudu wa Gakenyeri, Akagari ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana, mu Karere ka Nyanza, Intara y’Amajyepfo.
Nyiricyubahiro Antoine Cardinal Kambanda, Arikiyepisikopi wa Kigali akaba na Perezida w’Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda yagaragaje ko gufasha abandi gukira ibikomere bisaba ko umuntu ukiza abandi akwiye kubanza gukira mbere.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), cyatangaje ko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira kujya ku masomo y’igihembwe cya mbere guhera ku wa 06 Nzeri 2024.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga muri Repuburika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), Thérèse Kayikwamba yavuze ko bashima intambwe yatewe mu kubahiriza agahenge.
Kuri uyu wa Kabiri tariki 13 Kanam 2024 muri Village u Rwanda na Eswatini byasinyanye amasezerano y’imikoranire mu nzego zitandukanye. Aya masezerano yasinywe nyuma yo kwakirwa k’Umwami Mswati III n’Umwamikazi Inkhosikati LaMashwama na Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.
Igishanga cy’Urugezi giherereye mu Karere ka Burera, ahahoze ari agace k’u Buberuka kari gakikijwe na Ndorwa, kagahana imbibi n’ u Rukiga ndetse n’u Bufumbira byombi ubu biherereye mu gihugu cya Uganda.
Papa Fransisiko kuri uyu wa 12 Kanama 2024 yatoreye Padiri Ntagungira Jean Bosco kuba umwepiskopi wa Diyosezi ya Butare.
Mu gihe abashyitsi bamwe bamaze kugera mu Rwanda aho bitabiriye ibirori by’irahira rya Perezida wa Repubulika Paul Kagame biba kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024, abaturage bakoresha umuhanda uva i Kanombe ku kibuga cy’indege kugera mu mujyi basabwe korohera abashyitsi kugira ngo badahura n’umuvundo w’ibinyabiziga byinshi.
Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir Mayardit, ari mu bakuru b’ibihugu ndetse n’abandi banyacyubahiro ba mbere bageze i Kigali aho bitabiriye irahira rya Perezida Paul Kagame, riba kuri iki Cyumweru tariki 11 Kanama 2024.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu, tariki 9 Kanama 2024 yakiriye mu biro bye Umugaba Mukuru wungirije w’Ingabo z’u Bushinwa, Lt Gen Huang Xucong, ari kumwe n’itsinda ayoboye, bari mu ruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda.
Remera y’Abaforongo iherereye ahahoze ari mu Buriza, ahateganye n’u Busigi. Ubu iri mu Ntara y’Amajyaruguru, Akarere ka Rulindo, Umurenge wa Cyinzuzi, Akagari ka Migendezo, Umudugudu wa Remera. Forongo uvugwa aho ni mwene Mibambwe I Sekarongoro I Mutabazi I. Azwiho kuba yarambitsweho na se Sekarongoro umucengeri wo gutsinda (…)
Imurikagurisha mpuzamahanga ry’uyu mwaka, Expo 2024, ryajemo udushya dutandukanye aho ririmo umunyabugeni uri kumurika ibihangano avana mu mabuye.
Mu karere ka Huye mu Murenge wa Maraba aho bita mu ikorosi ryo kwa Rugiga, kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Kanama 2024 habereye impanuka y’imodoka ya Fuso yavaga Rusumo ijya Rusizi ipakiye inyanya n’ikamyo yari ipakiye Lisansi yavaga Rusizi ijya i Kigali hakomereka abantu babiri.
Umuryango IBUKA uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, wavuze ko mu karere ka Karongi mu murenge wa Bwishyura habonetse imibiri 18 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside.
Imurikagurisha mpuzamahanga ry’uyu mwaka riri kuba ku nshuro ya 27, Umujyi wa Kigali nawo wararyitabiriye aho urimo kumurika ibyo ukorera umuturage birimo na serivise bakenera mu by’imyubakire n’ubutaka kugira ngo n’ufite ikibazo afashwe guhabwa umurongo wo kugikemura.
Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Dusengiyumva Samuel mu kiganiro yagiranye na KT Radio kuri uyu wa kabiri tariki 6 Kamena 2024 yavuze ko mu myaka itanu iri imbere hazaba hamaze guhinduka byinshi mu mujyi wa Kigali abereye umuyobozi birimo gutunganya ibikorwaremezo no kuvugurura inyubako.