Umuyobozi mukuru wa Ellel Ministries Rwanda, Lambert Bariho yavuze ko gushima Imana bifitiye akamaro Igihugu n’abantu muri rusange bikaba ariyo mpamvu hategurwa amasengesho atumirwamo n’Umukuru w’Igihugu ndetse n’abayobozi batandukanye.
Mu masengesho yo gusabira Igihugu no gushima Imana yabaye kuri iki Cyumweru tariki 15 Nzeri 2024 muri Kigali Convention Centre, Perezida Kagame yasabye Abanyamadini n’abahagarariye amatorero kujya bashima Imana ariko bakabikora badashyira ubuzima bw’abandi mu kaga kubera imyizerere yabo.
Abantu benshi bakoresha Gaze mu guteka amafunguro atandukanye ariko ntibamenya bimwe mu bintu by’ingenzi bakwiye kwitwararika igihe batetse.
Ikigo cy’Igihugu cy’iteganyagihe, Meteo Rwanda cyatangaje ko mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Nzeri 2024 kuva taliki ya 11 kugeza taliki ya 20 2024, hateganyijwe ingano y’imvura iri hagati ya milimetero 0 na milimetero 40.
Nyuma y’inama yahuje uruhande rwa leta ruhagarariwe n’umukuru w’ikigo cy’indege za gisivile cya Kenya n’abakuru ba kompanyi ya Kenya Airways hamwe n’abahagarariye ihuriro ry’abakozi, hafatiwemo imyanzuro y’agateganyo yuko abakozi basubira mu kazi ku bibuga by’indege.
Nk’uko Kigali Today igenda ibakusanyiriza ahantu habumbatiye amateka atandukanye yabegeranyirije ayo ku Isoko rya Rukira ryacururizwagamo abacakara babaga bafashwe bunyago bakajyanwa gucuruzwa mu bihugu by’Abaturanyi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 12 Nzeri 2024, mu Karere ka Kicukiro hafi y’Ibiro by’Akarere, habereye impanuka.
Umukandida ku mwanya wa Perezida Kamala Harris w’Umudemokrate na Donald Trump w’Umurepubulikani bahuriye mu kiganiro mpaka cyabereye mu mujyi wa Philadelphia muri Leta ya Pennyslvaniya cyayobowe n’abanyamakuru ba televiziyo mu nzu yitiriwe itegeko nshinga, Kamala Harris ashinja Donald Trump kuba yarasize yubitse ubukungu (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 11 Nzeri 2024 abagenzi bari ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya kiri mu murwa mukuru wa Nairobi babuze uko bagenda kubera imyigaragambyo y’abakozi yamagana ko leta ya Kenya igiye kugikodesha na kompanyi yo mu Buhinde.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Ngirente Edouard, kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Nzeri 2024, yatangije ku mugaragaro imirimo y’iyubakwa rya Kigali Innovation City, uyu ukaba ari umushinga wo kubaka urusisiro rw’ibikorwa by’ikoranabuhanga no guhanga ibishya ruherereye mu cyanya cyahariwe inganda cya Kigali kiri i Masoro mu Karere ka (…)
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko impanuka yaraye ibereye mu Karere ka Kicukiro ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 9 Nzeri 2024 ahazwi nka Kicukiro Centre uvuye ku muhanda ugerekeranye umanuka werekeza i Gikondo, yaguyemo abantu batatu barimo motari umwe n’abakobwa babiri bose bari kuri za moto.
Hafi saa moya z’umugoroba kuri uyu wa mbere tariki ya 9 Nzeri 2024, Kicukiro Centre uvuye ku muhanda ugerekeranye umanuka werekeza i Gikondo, ikamyo yo mu bwoko bwa Fuso yagonze imodoka na moto abantu babiri bahasiga ubuzima abandi barakomereka ndetse n’ibinyabiziga birangirika.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abantu 45 biyita ‘Abameni’ bakaba bakurikiranyweho gukoresha ubushukanyi bakiba abantu amafaranga cyane cyane kuri Mobile Money.
Muri gahunda y’iterambere ry’u Rwanda yiswe NST2 intego y’u Rwanda mu Cyerekezo 2050, ni ukuba igihugu gifite ubukungu buteye imbere ku rugero ruringaniye mu 2035 no kuba igihugu gifite ubukungu buteye imbere cyane mu 2050.
Polisi y’u Rwanda iributsa abatwara ibinyabiziga kwirinda no kwitwarararika ku makosa bakora mu muhanda byumwihariko igihe bageze mu masangano y’imihanda n’ahagenewe kwambukira abanyamaguru ‘Zebra cross’.
Nk’uko Kigali Today ikomeza kubakusanyiriza amateka y’ahantu hatandukanye hafite amateka yihariye mu bihe byo hambere, yabegeranyirije n’amateka yo ‘Ku cya Rudahigwa’ mu Karere ka Nyagatare.
Perezida Paul Kagame yunamiye, Araya Assefa witabye Imana afite myaka 89, uyu akaba yaramuhagarariye nk’umubyeyi we (Se), mu bukwe bwe na Jeannette Kagame.
Kuri uyu wa Gatanu, tariki 6 Nzeri 2024, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Minisitiri w’u Bwongereza ushinzwe Afurika, Lord Ray Collins, baganira ku gukomeza ubufatanye busanzweho hagati y’ibihugu byombi.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 6 Nzeri 2024 mu ishyamba rya Nyungwe, mu Murenge wa Kitabi, Akagari ka Kagano, habereye impanuka y’imodoka yari itwaye ibikoresho byo kwa muganga yavaga i Kigali yerekeza i Rusizi.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa kane tariki 5 Nzeri 2024 yatanze ikiganiro ku bakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bateraniye mu nama ihuza u Bushinwa na Afurika (FOCAC) iri kubera i Beijing kuva tariki 4 kugera tariki 6 Nzeri 2024 agaragaza ko imiyoborere ihamye ari ingenzi mu kubaka iterambere rishyira umuturage ku isonga.
Ishami rya Polisi y’u Rwanda, rishinzwe ibizamini n’impushya zo gutwara ibinyabiziga ryatangaje ko gukorera impushya zo gutwara ibinyabiziga bya ‘Automatique’ bizatangira kuva tariki 09 Nzeri 2024.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa byo kugarura umutekano zibarizwa muri Batayo ya 3 (Task Force Battle Group 3) ikorera mu Karere ka Ancuabe, Intara ya Cabo Delgado, muri Mozambique bashyikirije ubuyobozi ibyumba bitanu zavugururiye ishuri ribanza rya Nacololo.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 4 Nzeri 2024, inkongi y’umuriro yibasiye ishuri ryitiriwe Mutagatifu Berenadeta (ESB Kamonyi).
Akarwa k’Abakobwa gaherereye mu kiyaga cya Kivu hagati kakaba gafite amateka yihare mu Rwanda rwo hambere kubera imiziro n’imiziririzo yarangaga Abanyarwanda.
Umushumba wa Kiliziya ku Isi, Papa Francis tariki ya 2 Nzeri 2024 yatangiye urugendo rw’iminsi 12 aho azanyura mu bihugu bitandukanye byo ku mugabane wa Aziya na Oseyaniya mu rwego rw’ivugabutumwa.
Minisitiri w’Intebe akaba na Minisitiri w’umutekano imbere mu gihugu muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, yatangaje ko imfungwa 129 zari zifungiye muri gereza ya Makala mu mujyi wa Kinshasa zapfuye nyuma yo gushaka gutoroka gereza.
Perezida Paul Kagame yageze i Beijing mu Bushinwa, aho yitabiriye mu nama ihuza Abayobozi b’ibihugu bya Afurika n’u Bushinwa (FOCAC).
Uruzinduko rw’iminsi ibiri rw’umukuru w’igihugu cy’u Rwanda Perezida Paul Kagame rusize abikorera bo mu Rwanda no muri Indonesia basinye amasezerano y’ubufatanye hagati y’Urugaga rw’abikorera mu Rwanda, (PSF), n’urw’abikorera muri Indonesia, (KADIN), mu guteza imbere ubucuruzi, inganda, ikoranabuhanga, ubukerarugendo no (…)
Mu gikorwa cyo gutangiza Umwaka w’Ubucamanza wa 2024-2025 cyabaye kuri uyu wa mbere tariki 2 Nzeri 2024 ku Cyicaro cy’Urukiko rw’Ikirenga Umushinjacyaha Mukuru, Angelique Habyarimana, yagaragaje ko hakenewe ingamba mu kugabanya umubare w’urubyiruko rukora ibyaha kuko ibyaha cyo gukubita no gukomeretsa byihariye 57% by’imanza (…)
Kuri uyu wa Mbere, tariki 2 Nzeri 2024 Perezida Paul Kagame witabiriye inama ya kabiri ya 2 ihuza Indonesia na Afurika, yagaragaje mu gihe hashyirwaho ingamba zihamye nta gushidikanya ko gukorera hamwe bizatanga igisubizo gishimishije ku iterambere rirambye.