Iteka rya Perezida Nº 075/01 ryo ku wa 18/10/2024, ritanga imbabazi risobanura ibyo uwahawe imbabazi aba agomba kubahiriza.
Perezida Kagame yahaye imbabazi abantu 32 barimo Bamporiki Edouard wabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko na CG (Rtd) Emmanuel Gasana wabaye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda akaba na Guverineri w’Intara y’Amajyepfo n’iy’Iburasirazuba.
Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko mu gihe cy’iminsi ine hagiye kugwa imvura nyinshi ugereranyije ni isanzwe igwa mu bice bitandukanye by’Igihugu.
Perezida wa Kenya, Dr William Samoei Ruto, kuri uyu wa 18 Ukwakira 2024 yagennye Prof Kindiki Kithure ku mwanya wa Visi Perezida asimbura Gachaguwa Rigathi.
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Israel, yatangaje ko umuyobozi mushya w’umutwe wa Hamas, Yahya Sinwar yaguye mu bitero bya Israel yagabye muri Gaza.
Visi Perezida wa Kenya, Rigathi Gachagua, yajyanywe mu bitaro igitaraganya, mu gihe Sena ya Kenya yarimo itora umwanzuro wo kumweguza.
U Butaliyani bwafunguye ibigo bibiri mu gihugu cya Albania, byo kujya byoherezwamo abimukira binjira muri iki gihugu mu buryo butubahirije amategeko.
Mu muhango wo guherekeza mu cyubahiro Amb Col (Rtd) Dr. Joseph Karemera wabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Ukwakira 2024 mu Nteko Ishinga Amategeko, Perezida Paul Kagame yavuze uburyo Ambasaderi Colonel (Rtd) Joseph Karemera yitangaga muri byose ndetse akaba ari umwe mu bazanye igitekerezo cyo gutangiza urugamba rwo (…)
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), ndetse n’Umujyi wa Kigali bafatiye mu makosa imodoka 34 ziri gutwara abagenzi mu buryo butubahirije amategeko.
Muri Sudani y’Epfo, imvura nyinshi yateje umwuzure wibasiye igice cya Leta ya Jonglei, bituma imiryango 375 isenyerwa abandi bava mu byabo ndetse abenshi ntibafite aho kuba.
Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yagize Maj. Gen. Alex Kagame, Umugaba Mukuru w’Inkeragutabara, na ho Maj. Gen. Andrew Kagame agirwa Umuyobozi wa Diviziyo ya Mbere muri RDF.
Polisi y’u Rwanda irasaba abagenzi kugira uruhare mu kwirinda impanuka zo mu muhanda kuko zituruka ku tubahiriza amategeko y’umuhanda no kuwugendamo nabi.
Mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Musambira mu Kagari ka Karengera mu Mudugudu wa Nyarusange habereye impanuka y’imodoka ebyiri zari zitwaye abagenzi zagonganye bitewe n’umuvuduko, abantu batatu bahita bahasiga ubuzima abandi 6 barakomereka bikomeye, 31 barakomereka byoroheje.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Ukwakira 2024 abantu babiri bakize icyorezo cya Marburg, hapimwa abantu 104, nta wanduye mushya wabonetse, nta n’uwapfuye azize Marburg.
Leta ya Florida muri leta zunze ubumwe z’amerika kugeza ubu, abantu 10 ni bo bamaze kumenyekana ko bahitanywe n’inkubi y’umuyaga, ndetse wangiza ibikorwaremezo.
Minisitiri w’Ingabo, Juvenal Marizamunda, kuri uyu wa Gatanu tariki 11 Ukwakira 2024 yakiriye Intumwa yihariye y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi mu Karere k’Ibiyaga Bigari, Johan Borgstam, baganira ku bijyanye n’umusanzu w’u Rwanda mu kubungabunga amahoro ndetse n’umutekano w’Akarere.
Umuryango FPR Inkotanyi ku rwego rw’Akarere ka Kamonyi wamaze gushyikiriza inzu wubakiye Musengamana Béatha waririmbye indirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ mu rwego rwo kumushimira ku gihangano cyiza yakoze, indirimbo ye ikaba yararirimbwe mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi Paul Kagame cyane cyane muri Nyakanga 2024.
Mukwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kwita ku buzima bwo mu mutwe, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), kuri uyu wa Kane tariki 10 Ukwakira 2024, cyageneye ubutumwa abakoresha ku kwita ku bakozi babo no kubarinda ibibazo byabatera ihungabana.
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Guinnée-Conakry, Morissanda Kouyaté, wanamushyikirije ubutumwa bw’Umukuru w’Igihugu, Mamadi Doumbouya.
Inteko Ishinga Amategeko ya Kenya, yatoye umwanzuro wo kweguza Visi Perezida w’icyo gihugu, Dr Rigathi Gachagua. Ni umwanzuro watowe n’Abadepite 281 mu gihe abandi 44 batoye oya.
Kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Ukwakira 2024 abaturage bo muri Mozambique babyukiye mu matora y’Umukuru w’Igihugu. Haratorwa usimbura Perezida Filipe Nyusi umaze manda ebyiri ari Perezida wa Mozambique, uyu mwanya ukaba urimo uhatanirwa n’abakandida bane.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku buzima RBC cyatangaje ko umurwayi wagaragayeho icyorezo cya Marburg agakira abanza gukorerwa ubujyanama ku ihungabana hamwe n’umuryango we kugira ngo afashwe kudahabwa akato.
Ahitwa Ku Mavubiro i Gasabo ni mu Mudugudu wa Vugavuge, Akagari ka Gasabo, Umurenge wa Rutunga, mu Karere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali. Ni ahantu hateze neza, ngo hahoze amavubiro y’Umwami Kigeri IV Rwabugiri.
Mu Rwanda usanga buri hantu hafite uko hitwa, kandi ayo mazina akaba afite inkomoko n’impamvu yayo. Nk’uko Kigali Today igenda ibagezaho inyito z’ahantu hatandukanye uyu munsi yabakusanyirije amateka y’ahitwa Ryamurari maze iganira n’Inteko y’Umuco iyibwira amateka yaho.
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byagabanutse, aho Lisansi yavuye ku mafaranga 1,629 kuri litiro igashyirwa ku 1,574 Frw ikaba yagabanutseho amafaranga 55 kuri litiro imwe, naho mazutu litiro iva ku mafaranga 1,652 ishyirwa ku 1,576 ikaba yagabanutseho amafaranga 76 kuri litiro imwe.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente yageze mu Budage aho yitabiriye inama yiga ku iterambere rirambye, agaragariza abitabiriye iyi nama uburyo u Rwanda rwashoboye kwihaza mu bijyanye n’ingufu z’amashanyarazi.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwatangaje amabwiriza mashya ajyanye no gukumira virusi ya Marburg mu nsengero no mu misigiti arimo gushyiraho uburyo bwo gukaraba intoki, gutanga ifunguro ryera mu buryo butuma abantu batagira ibyago byo kwandura n’ibindi.
Perezida Paul Kagame uri i Paris yabonanye na mugenzi we w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, baganira ku mubano w’ibihugu byombi n’inzego z’imikoranire bisanzwe bifatanyamo ndetse n’icyakorwa mu kurandura burundu ibibazo biteza umutekano muke mu Karere.
Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macro, i Paris mu Bufaransa, ubwo yatangizaga inama ya 19 y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma z’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa yavuze ko ururimi rw’igifaransa rufasha mu guhahirana no gukorana ubucuruzi.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, yageze mu gihugu cya Lesotho kuri uyu wa gatanu tariki 4 Ukwakira 2024, ahagarariye Perezida Paul Kagame mu birori byo kwizihiza imyaka 200 Lesotho imaze ari Ubwami ndetse n’imyaka 58 ishize ubwo bwami bubonye ubwigenge.