• Dream Boys yerekeje mu gihugu cya Uganda mu gitaramo cya "Uganda Night"

    Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 02/03/2012, itsinda rya Dream Boys ryahagurutse i Kigali ryerekeza muri Uganda, aho rizagaragara mu gitaramo cya “Uganda Night” no gukora indirimbo zizagaragara kuri Album yabo ya Gatatu.



  • Emmy arateganya gukora amashusho y’indirimbo “Ese Uri nde?”

    Nubwo ari mu marushanywa ya PGGSS II na Salax Awards, umuhanzi Emmy ntibimubuza gutegura amwe mu mashusho y’indirimbo ziri kuri alubumu azamurikira abakunzi muri uyu mwaka.



  • Gutora abahanzi bazahatanira PGGSS II bizatangira tariki 20/02/2012

    Igikorwa cyo gutora abahanzi 10 bazahatanira PGGSS II kizatangira kuri uyu wa mbere tariki 20/02/2012 kirangire tariki 14/03/2012. Abazaza mu icumi ba mbere baza tangazwa tariki 17/03/2012 muri Serena Hotel i Kigali.



  • KGB yagarutse muri muzika

    Nyuma y’igihe kirekire cyane itsinda KGB (Kigali Boyz) ritagaragara mu ruhando rwa Muzika, ubu ryagarutse.



  • Miss Jojo azamurika alubumu ye yise “Woman”

    Umuhanzikazi, Josiane Uwineza, uzwi ku izina rya Miss Jojo, aritegura gushyira ahagaragara alubumu ye nshya yitwa woman ku itariki 09/03/2012 haraye habaye umunsi w’abagore.



  • Huye: Groupe Trezzor iracurangira live abakundana

    Itsinda Trezzor rigizwe n’abaririmbyi biga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda riratangaza ko ryiyemeje gushimisha abatuye muri uyu mujyi no mu nkengero zawo mu kirori kiba kuri uyu munsi mukuru w’abakundana babacurangira umuziki ‘Live’.



  • Ikirori kidasanzwe ku munsi w’abakundanye

    Urubuga rwa interineti rushya rutanga inama ku rukundo n’inkuru zinyuranye zivuga ku rukundo www.gukunda.com , kuri uyu munsi w’abakundana tariki 14/02/2012, rwateguriye abakunzi ikirori gishyushye aho baganira na benshi mu batanga ibiganiro by’urukundo ku maradiyo anyuranye ndete no kuri televiziyo.



  • Kitoko yagaragaye mu nama yahuje Bralirwa n

    Kwitabirwa PGGSS II kwa Kitoko bikomeje kuba urujijo

    Mu gihe umuhanzi Kitoko Bibarwa yari yemeje ko yisubiyeho azitabira amarushanwa ya Primus Guma Guma Super Star season 2 yongeye kwemeza ko atazayitabira. Yemeye ko yavuze ko azitabira iri rushanwa ariko ngo yari atarabona amasezerano. Ntabwo yabashije kutubwira icyo yagaye mu masezerano.



  • Ibihembo bizahabwa abahanzi 10 bazahatana muri PGGSS II byamenyekanye

    Abahanzi 10 bazatoranwa ngo barushanwe muri Primus Guma Guma Super Star season 2 (PGGSS II) bazahita bahabwa amafaranga ibihumbi 500 ako kanya kandi buri kwezi bajye bahabwa miliyoni imwe mu gihe cy’amezi ane bazamara muri iri rushanwa.



  • Kitoko ntazitabira PGGSS season 2

    Kitoko yagiriwe ikizere cyo gutorwa mu bahanzi 20 bazatorwamo icumi bazahatana muri PGGSS season 2 ariko nk’uko ubushize byagenze, uyu mwaka nabwo ntazitabira aya marushanwa.



  • Ubwo yahamagarwaga muri PGGSS tariki 03/02/2012 ibyishimo byari byose.

    Danny Nanone yatunguwe no kuba yarahamagawe muri PGGSS season 2

    Ubwo batangazaga amazina y’abahanzi 20 bazatorwamo icumi bazahatanira gutsindira PGGSS season 2, abantu benshi batunguwe no kumvamo Danny Nanone ariko sio bonyine kuko nawe ubwe byamutunguye.



  • Hari ababyeyi batishimiye ko abana babo bajya ku rutonde rw’abakobwa bishimirwa kurusha abandi muri ISPG

    Bamwe mu babyeyi bafite abana bagaragaye ku rutonde rw’abakobwa bishimirwa kurusha abandi mu ishuri rikuru ry’uburezi (ISPG), ntibishimiye uburyo abana babo bagaragaye kuri uru rutonde rwasohotse kuri Kigalitoday.com. Byatumye batangira kugeza ibirego byabo kubuyobozi bw’ikigo.



  • Abahanzi 20 bazatoranywamo 10 bazitabira PGGSS season 2 bamenyekanye

    Ku mugoroba wa tariki 03/02/2012 muri Serena Hotel, hashyizwe ahagaragara urutonde rw’abahanzi 20 bazatoranywamo 10 bazitabira irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) season 2.



  • Claude ateruye umwana we Liam

    Jean Claude Ndayishimiye yibarutse umwana w’umuhungu

    Umuhanzi, umunyamakuru akaba n’umunyamideli, Claude Ndayishimiye, n’umufasha we Courtney Alisha Cole bibarutse umwana w’umuhungu mu bitaro bya Example Good Samarithan mu mujyi wa Denver muri Colorado muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika tariki 01/02/2012.



  • Rafiki avuga ko muri PGGSS season 2 hari ibyakosowe ku buryo izagenda neza

    Nyuma yo kutishimira uko Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) y’umwaka ushize yagenze, umuhanzi Rafiki aravuga ko iy’uyu mwaka hari byinshi byakosowe ku buryo yumva nta kabuza izagenda neza.



  • “Umuhanzi afata ikintu gisanzwe akagihinduramo ikintu gishya” - Uncle Austin

    Umuhanzi Uncle Austin ni umuhanzi umenyereweho udushya twinshi cyane cyane kubijyanye n’ibihangano bye aho akora indirimbo ugasanga abantu benshi amagambo ayirimo basigaye bayakoresha cyane mu buzima bwa buri munsi.



  • Abayobozi ba Bralirwa basobanura uko irushanwa rizagenda.

    PGGSS season 2 yatangiye

    Tariki 30/01/2012, Bralirwa yatangije ku nshuro ya kabiri igikorwa cyiswe Primus Guma Guma Super Star (PGGSS) kigamije guteza imbere abahanzi nyarwanda n’umuzika nyarwanda.



  • Amafoto anyuranye Kjohn ari kumwe na Young Grace

    Kalisa John yatangaje ko nta bucuti budasanzwe afitanye na Young Grace

    Kalisa John a.k.a Kjohn azwi cyane muri Entertainment nk’umuntu uteza imbere abahanzi (promotion). Mu minsi ishize yaragaragaweho cyane kwibanda ku makuru y’umuhanzi Young Grace bityo bituma abantu benshi babyibazaho cyane.



  • Urutonde rw’abakobwa 10 bakunzwe muri Kaminuza ya Gitwe (ISPG) muri 2011-2012

    Umuryango w’abanyeshuri ba ISPG, ubarizwamo abanyeshuri 1.226, abakobwa 809 n’abahungu 418, usanga hari abakunzwe kandi bishimiwe cyane na bagenzi babo. Ni muri urwo rwego buri mwaka muri iki kigo hatorwa abakobwa 10 ba mbere bishimirwa cyane kurusha abandi.



  • Film UBUZIMA NI GATEBE GATO ifite inyigisho zubaka umuryango nyarwanda

    Umukinnyi wa film uzwi ku izina rya Tina muri filme ye yise “Ubuzima ni Gatebe Gatoki” aratangaza ko iyi filime izasohoka mu cyumweru gitaha, tariki 30/01/2012, yuzuye inyigisho zigamije kubaka umuryango nyarwanda.



  • Miss NUR 2012 ni umukobwa w’umuvugabutumwa Antoine Rutayisire

    Isimbi Deborah Abiella umukobwa w’Umuvugabutumwa Antoine Rutayisire, niwe waraye atowe nk’umukobwa uhiga abandi mu bwiza muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda mu mwaka wa 2012 (Miss NUR 2012).



  • Rihanna ni we wagurishije indirimbo nyinshi kuri internet

    Umuririmbyi Robin Rihanna wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika ni we wesheje agahigo ko kugira umubare munini w’abantu baguze indirimbo kuri internet mu gihe byose nk’uko ikinyamakuru Ninapeople cyabitangaje. Rihanna yagurishije indirimbo kuri internet abantu bagera kuri miliyoni 47,5.



  • Dream Boys yatandukanye na Muyoboke wari manager wayo

    Kuri uyu wa Gatanu tariki 06/01/2012, ahagana ku isaha ya saa kumi n’imwe nibwo Alexis Muyoboke yatangaje ku mugaragaro ko yatandukanye n’itsinda Dream Boys, nyuma y’umwaka umwe bari bamaranye.



  • Mc Anita ari guteguriza Flavour kuza kuri stage

    I Gikondo byari ibicika mu birori bisoza umwaka

    Ku mugoroba ku itariki ya 31/12 2011 i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha, habereye ibirori byo kwiziza impera z’umwaka, ahagaragayemo abahanzi batandukanye uhereye ku Banyarwanda n’abanyamahanga.



  • Imyiteguro ya East African Party igeze kure

    Mu gihe hasigaye icyumweru kimwe gusa ngo ikirori gusoza umwaka gitegerejwe n’abenshi, East African Party, ngo kibe, imyiteguro yacyo igeze kure nk’uko twabitangarijwe na Babou, umwe mu bateza imbere umuziki wo muri ibi bihugu bya Afurika y’iburasirazuba (East African Promotors).



  • Itsinda rya TUFF GANGZ ntirizibagirana Iwawa

    Mu gihe hatangwaga impamyabumenyi ku rubyiruko rurangije amasomo y’imyuga mu kigo kiri ku kirwa cya Iwawa, abasore bagize itsinda rya TUFF GANG bataramiye abitabiriye uwo muhango karahava.



  • Bariga uburyo filime nyarwanda yakorwa mu buryo bw’umwuga

    Mu gikorwa cyo gusoza icyumweru kiswe “Rwanda Movie Week” cyabaye tariki 23/12/2011kuri sitade Amahoro i Remera mu mujyi wa Kigali, abakinnyi ba filime mu Rwanda biyemeje guteza imbere umwuga wabo ndetse na bo ubwabo.



  • Inyarwanda Fans Hangout izabera Passadena

    Ibirori byiswe Inyarwanda Fans Hangout bihuza abahanzi n’ibyamamare byo mu Rwanda hamwe n’abafana babo bizabera i Gikondo muri Passadena Snack Bar ahasanzwe hazwi nko kwa Virgile aho kuba muri Car Wash.



  • Muri KIE bazatora Miss na Mister ejo

    Harabura umunsi umwe ngo abahatanira umwanya wa Nyampinga (Miss) n’Ingenzi (Mister) mu ishuri rikuru ry’uburezi rya Kigali (KIE) ngo batorwe. Ibi birori biteganijwe kubera mu nzu mberabyombi y’iryo shuri tariki 22/12/2011.



  • Inyarwanda Ltd igiye guhuza ibyamamare mu Rwanda n’abafana babo

    Sosiyete Inyarwanda Ltd ifite urubuga rwa internet www.inyarwanda.com yateguye ibirori byitwa Inyarwanda fans hangout bifite intego yo guhuza ibyamamare muri muzika n’ubundi buhanzi mu Rwanda hamwe n’abakunzi babo.



Izindi nkuru: