Abayobozi b’utugari dukora ku ishyamba ry’Ibisi bya Huye mu Karere ka Huye barasabwa guhagurukira abaturage baryangiza.
Abagize Koperative Uburumbuke ikorera i Kirehe basanga kuba babungabunga ibidukikije nta gihembo bihaye umwanya wo kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gicumbi batagira igikoni cyo gutekamo bavuga ko ari yo mpamvu batabungabunga ibidukikije bubaka rondereza.
Ikigo cy’iteganyagihe, Meteo-Rwanda, kiratangaza ko nta Rugaryi ruzabaho, ariko ko bitazahungabanya Itumba nubwo ibihe bidasanzwe bya El-Nino bikomeje.
Ikigega cy’igihugu cyita ku bidukikije (FONERWA) cyatangiye gutera ibiti mu mabanga y’imisozi ya Ndiza iherereye mu Karere ka Muhanga.
Inyamaswa yari imaze umwaka yibwe mu gihugu cya Congo yasubijwe aho ikomoka nyuma y’aho yari imaze iminsi habungwabugwa ubuzima bwayo
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) cyamurikiye imiryango 34 yo mu Karere ka Rusizi, amazu asimbura amanegeka babagamo yasenywaga n’ibiza.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije mu Rwanda (REMA) cyatangiye ibikorwa byo kurengera icyogogo cya Nyabarongo, bafatanya n’uturere Nyabarongo inyuramo kuyibungabunga.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije abaturage bo mu Karere ka Gicumbi batangiye guteka kuri canarumwe kuko idasaba ibicanwa byinshi.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, yitabiriye inama mpuzamahanga yatumiwemo ibihugu 150 ku isi yiga ku mihindagurikire y’ikirere no kuyifatira ingamba.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije mu turere tw’ishyamba rya Gishwati, byasabye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibidukikije (REMA) gukoreshwa amafaranga asaga miliyari 2.58Frw.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara burahamagarira abaturage kudahagarika ibikorwa birwanya isuri kuko ari gahunda ihoraho, bakanabungabunga ibikorwa remezo bamaze kugeraho birinda ibiza.
Abavumvu bo mu mirenge ya Ruheru na Busanze mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko amashyamba baturiye bayabyaza umusaruro kandi batayatemye.
Nyuma y’aho abahingaga muri metero 10 zikikije Mwogo bahagarikiwe kuhahinga ngo haterwe ibyatsi birinda inkombe, ngo bagiye gufashwa mu buhinzi n’ubworozi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buvuga ko uzafatwa yangiza cyangwa acukura mu mugezi wa Giciye azabihanirwa kuko byangiza amazi yawo bigateza isuri.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku Bidukikije (REMA) kiraburira abacukuzi b’amabuye y’agaciro ko n’ubwo badateganya kubabuza gucukura uzabikora nabi we azahagarikwa.
Gusana ishyamba rya Gishwati n’irya Mukura bigiye kugirwa pariki z’igihugu ngo bishobora kuzajyana no guhagarika abacukura amabuye y’agaciro muri Gishwati.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe buravuga ko ba rushimusi muri iyi parike bamaze kwica inyamaswa 87 mu mezi umunani.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara burashishikariza abaturage kwitabira gukoresha biogas ngo iborohereza imirimo kandi banabungabunge ibidukikije.
Impunzi z’Abanyekongo ziba mu nkambi ya Gihembe mu karere ka Gicumbi zigiye guhabwa Imbabura za “Canamake” zizabafasha kubungabunga ibidukikije.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije REMA, kirakangurira Abanyarwanda kumva ko kurengera ibidukikije ari inshingano za buri wese.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru burihanangiriza abaturage bakomeje gutwika imisozi bitwaje gushaka ubwatsi bw’amatungo.
Abatoza b’abakobwa bahatanira inkamba rya Nyampinga w’ibidukikije babasaba kutajenjeka, kuko ngo batari abo guhabwa ibihembo gusa.
Abaturage bo mu mirenge Kaduha, Musange na Mugano, barashinjwa kwangiza ibidukikije batwika amashyamba ya leta, bikavugwa ko abenshi bakabikorera urugomo.
Abatuye akarere ka Ngoma basanga nta mbaraga nyinshi zigishyirwa mu gukumira ba rutwitsi, Nyuma yuko umusozi usaga hegitari 12 ukongotse n’ababigizemo uruhare bakaba bataramenyekana.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije(REMA), kiratangaza ko filime yiswe “Isonga” cyamuritse, ari amahirwe abantu babonye yo kumenya uburyo babaho neza mu buryo burambye no guteza imbere ubukungu bw’igihugu.
Impuguke mu bihugu bikikije pariki y’ibirunga bahagurukijwe no kuganira ku kibazo cy’amazi make ku baturage baturiye Pariki y’ibirunga, bigatuma bajya kuyashakira muri pariki kandi bishobora gutera ikibazo.
Umushinga LVEMP II w’ikigo cy’igihugu cyita ku bidukikije (REMA) ugiye gutera imigano ku nkombe z’umugezi wa Nyabarongo. Ikazaterwa ku burebure bwa kilometero 74, hagamijwe kubungabunga amazi y’uyu mugezi akomeje kwanduzwa n’isuri ituruka mu misozi iwukikije.
Minisiteri y’Umutungo Kamere yahagurukiye ikibazo cy’ubutwarwa n’inzuzi n’imigezi muri tumwe mu turere two mu ntara y’Amajyepfo, isaba abayobozi bireba gufata ingamba zirimo no kuba hatangwa ibihano kubabigiramo uruhare bateza isuri.
Kuva ku wa 15 Nyakanga 2015, abantu 4 bo mu Murenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero barimo umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kibanda, umwungiriza we, umukuru w’umudugudu wa Ruhuha wo muri ako kagari hamwe na rwiyemezamirimo bari mu maboko ya Polisi bashinjwa kwangiza nkana inshyamba kimeza rya Mukura.