Ubuyobozi bw’akarere ka Nyaruguru burihanangiriza abaturage bakomeje gutwika imisozi bitwaje gushaka ubwatsi bw’amatungo.
Abatoza b’abakobwa bahatanira inkamba rya Nyampinga w’ibidukikije babasaba kutajenjeka, kuko ngo batari abo guhabwa ibihembo gusa.
Abaturage bo mu mirenge Kaduha, Musange na Mugano, barashinjwa kwangiza ibidukikije batwika amashyamba ya leta, bikavugwa ko abenshi bakabikorera urugomo.
Abatuye akarere ka Ngoma basanga nta mbaraga nyinshi zigishyirwa mu gukumira ba rutwitsi, Nyuma yuko umusozi usaga hegitari 12 ukongotse n’ababigizemo uruhare bakaba bataramenyekana.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije(REMA), kiratangaza ko filime yiswe “Isonga” cyamuritse, ari amahirwe abantu babonye yo kumenya uburyo babaho neza mu buryo burambye no guteza imbere ubukungu bw’igihugu.
Impuguke mu bihugu bikikije pariki y’ibirunga bahagurukijwe no kuganira ku kibazo cy’amazi make ku baturage baturiye Pariki y’ibirunga, bigatuma bajya kuyashakira muri pariki kandi bishobora gutera ikibazo.
Umushinga LVEMP II w’ikigo cy’igihugu cyita ku bidukikije (REMA) ugiye gutera imigano ku nkombe z’umugezi wa Nyabarongo. Ikazaterwa ku burebure bwa kilometero 74, hagamijwe kubungabunga amazi y’uyu mugezi akomeje kwanduzwa n’isuri ituruka mu misozi iwukikije.
Minisiteri y’Umutungo Kamere yahagurukiye ikibazo cy’ubutwarwa n’inzuzi n’imigezi muri tumwe mu turere two mu ntara y’Amajyepfo, isaba abayobozi bireba gufata ingamba zirimo no kuba hatangwa ibihano kubabigiramo uruhare bateza isuri.
Kuva ku wa 15 Nyakanga 2015, abantu 4 bo mu Murenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero barimo umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kibanda, umwungiriza we, umukuru w’umudugudu wa Ruhuha wo muri ako kagari hamwe na rwiyemezamirimo bari mu maboko ya Polisi bashinjwa kwangiza nkana inshyamba kimeza rya Mukura.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwihutisha Iterambere (RDB) buratangaza ko kuva tariki 30 Kamena 2015 muri Pariki y’Akagera hazaba hagezemo intare zirindwi, zikuwe mu gihugu cy’Afurika y’Epfo zitezweho kurushaho guteza imbere ubukerarugendo mu Rwanda.
Mu gutangiza icyiciro cya kabiri cy’umushinga ubungabunga amashyamba (PAREF) mu karere ka Nyamasheke, abaturage basabwe kwitabira gufata neza amashyamba yabo mu kubungabunga ibidukikije no kuhakura amafaranga ashobora kubateza imbere azanywe n’uyu mushinga.
Abaturage batuye mu murenge wa Kageyo wo mu karere ka Gicumbi cyane cyane abatuye mu kagari ka Gihembe gaherereyemo inkambi y’impunzi z’abanyekongo, baravuga ko batewe inkeke n’ingaruka zitandukanye zituruka ku mikoki iterwa n’amazi aturuka muri iyi nkambi.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Ibirunga bwihanangirije abaturage bo mu Kagari ka Butaka mu Murenge wa Bugeshi kubera ibikorwa byo kwangiza pariki bamwe muri bo bakoramo.
Minisiteri y’Umutungo kamere (MINERENA) iratangaza ko yamaze guhagurukira abantu bose bangiza umutungo kamere cyangwa bakawukoresha nabi, ariko inabibutsa ko ibyo bakora byose baba bahemukira abandi batisize.
Haracyari imbogamizi ko ibihugu byo mu karere ka Afurika y’Uburasirazuba (EAC) bitarahuza ubufatanye mu kubungabunga ibishanga biri mu karere, hagakubitiraho ikibazo cy’ubumenyi bukiri buke mu banyagihugu bwo kumenya uko bikoreshwa n’uko bibungwabungwa.
Umushinga wo guhangana n’ingaruka z’imihindagurikire y’ikirere (RV3CBA) uterwa inkunga n’ikigega Adaptation Fund umaze gutanga umusaruro mu Karere ka Musanze na Nyabihu hakorwa amaterasi ku misozi ihanamye, ndetse hanatunganywa ikibaya cya Mugogo cyabaye ikiyaga kubera amazi amanuka mu misozi ihakikije.
Minisitiri w’umutungokamere, Dr Vincent Biruta asaba abaturarwanda gukomeza kwirinda ikoreshwa ry’amashashi, aho bidashoboka kubikumira ngo bagomba kuyashyikiriza inganda ziyatunganya agakomeza gukoreshwa aho gutabwa.
Ubwitabire mu gukoresha Biogaz mu Karere ka Kayonza bugenda busubira inyuma bitewe n’uko zimwe muri Biogaz abaturage bubakiwe zitagikora, bigaca intege abandi baturage bifuza kuzubakirwa.
Bamwe mu baturage b’imudugudu wa Ryabega na Rwarucura akagali ka Mbare umurenge wa Karangazi akarere ka Nyagatare, bishimira ko rondereza zikoresha ingufu z’izuba zatumye babasha kurondereza ibicanwa kandi ibiryo bigashyana isuku.
Imiryango 102 ituye mu birwa byo Kiyaga cya Ruhondo igiye kwimurwa kugira ngo ibashe kwegerezwa ibikorwaremezo by’ibanze, bityo n’ikiyaga kibashe kubungabungwa kuko iyo bahinze isuri imanukana ubutaka bukajya mu kiyaga.
Mu rwego rwo gufata no gukoresha neza amazi y’imvura,umushinga wo gufata no gukoresha neza amazi y’imvura wo mu Kigo cy’Igihugu cy’Umutungo Kamere, urateganya kubakira inyubako rusange 70 ibigega binini bifata amazi.
Ubuyobozi bwa Pariki y’igihugu y’Ibirunga butangaza ko mu rwego rwo kuyibungabunga birushijeho bafite intego yo kongera ihanahanamakuru ajyanye n’umutekano wayo, ndetse no gusobanurira byimazeyo abayituriye akamaro kayo kuri bo ndetse no ku gihugu muri rusange.
Nubwo amakoperative abyaza umusaruro ikiyaga gihangano cya Cyabayaga avuga ko yatangiye kugikuramo amarebe yabujije umusaruro abororegamo amafi abashinzwe ibidukikije mu Karere ka Nyagatare barabibutsa ko bidahagije gukuramo amarebe ahubwo hakenewe guhangana n’ibituma azamo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza ngo bugiye gushyiraho ingamba zo kubungabunga ibikorwa by’umushinga “Lake Victoria Water Supply and Sanitation”w’isuku n’isukura no gukwirakwiza amazi kugira ngo bizagirire akamaro abaturage.
Abayobozi b’ibigo bishinzwe ubukerarugendo n’abayobora pariki y’Ibirunga mu bihugu by’u Rwanda, Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) na Uganda bavuga ko ibikorwa by’imitwe yitwaza intwaro n’abakora ubushimusi babangamiye urusobe rw’ibinyabuzima.
Abaturage 20 batuye mu Mudugudu wa Bikingi mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu,kuri uyu wa 02 Werurwe 2015 basoje amahugurwa y’icyumweru yo gukora amakara mu byatsi bahabwaga na Croix rouge y’u Rwanda.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi baravuga ko nta bushobozi bafite bwo kubona amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 300 basabwa ngo babashe kubaka ibigega bya Biyogazi.
Ikigega gishinzwe kwita ku bidukikije mu Rwanda (FONERWA) cyatanze miliyari n’igice z’amafaranga y’u Rwanda ngo azakoreshwa mu bikorwa bitandukanye birimo ahanini kwita ku nkengero z’Umugezi wa Nyabarongo.
Ubuyobozi bw’umuryango wita ku mbabare (CICR) bushinzwe amazi n’isuku bwamurikiye gereza ya Rubavu ikigega cya biyogazi (biogas) izajya ikoreshwa mu gutekera abagororwa no kongera isuku n’isukura muri iyi gereza, kuko abagororwa bazajya bahabwa amazi ashyushye yo gukaraba bidahenze gereza.
Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga mu by’ikirere bugatangazwa n’ikinyamakuru La Libération, bugaragaraza ko kugira ngo gahunda yo kurinda isi guhura n’ubushyuhe bukabije izasaba ibihugu bicukura peteroli nyinnshi kuyigabanya.