Abayobozi b’ Ishami ry’Ikigo cy’igihugu gishinzwe isuku n’isukura (WASAC) rikorera mu Karere ka Nyagatare, baravuga ko inkangu yangije imiyoboro y’amazi ituma imirenge 8 ku 14 igize akarere ka Nyagatare ibura amazi meza.
Umugezi wa Sebeya umenyereweho kuzura ugasenyera abaturage watangiye gukorerwa inzira ndetse no no gushyirwaho inkuta zituma itongera kuzura ngo yirare mu baturage ibasenyere.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi n’amashyamba (RWFA) cyahawe inkunga ingana na miliyari 3.5Frw azagifasha kubungabunga no gusubiranya Pariki ya Gishwati-Mukura yari yarangijwe n’ibikorwa bya bamwe mu bayituriye.
Umugore wa Ellen Degeneres agiye kumwubakira ikigo kita ku ngagi binyuze mu mushinga wiswe “Ellen Degeneres Campus of the Diana Fossey Gorilla Fund.
Guverinoma y’u Rwanda yeguriye uruganda rwa Enviroserve uburenganzira bwo kugenzura igice cyo mu Bugesera cyahariwe kubyaza umusaruro ibikoresho by’ikoranabuhanga bishaje kizwi nka "Bugesera E-Waste management facility."
Benjamin Mkapa wahoze ari Perezida wa Tanzania avuga ko ashimishijwe n’uburyo u Rwanda ruri kuza ku isonga mu kurengera ibidukikije, mu gihe ibindi bihugu bisubira inyuma.
Ishuri rya Kigali Parents School na Hoteli izwi nka La Palisse bigiye kwimurwa aho byakoreraga mu Karere ka Gasabo kubera ko aho byubatswe hafatwa nko mu gishanga.
Diana Fossey yari Umunyamerika weguriye ubuzima bwe kubana n’ingagi no kuzirinda ba rushimusi,gusa intambara yatangiye yapfuye atayitsinze kuko yaje kwicwa n’abataramenyekana kugeza uyu munsi.
Minisiteri y’ubutaka n’amashyamba (MINILAF) ivuga ko u Rwanda rwugarijwe n’ikibazo kirukomereye cy’ibura ry’ibikomoka ku mashyamba.
Umuyobozi w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe amazi n’amashyamba (RWFA), Ngabonziza Prime, avuga ko amashyamba y’abaturage n’ay’ibigo byigenda ari yo menshi ariko afashwe nabi.
Mu kwezi kwa Gicurasi 2017, nibwo Inkura z’umukara zigera kuri 18 zagaruwe muri Parike y’Akagera, nyuma y’imyaka 10 zari zimaze zaracitse mu Rwanda.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije (REMA) ku bufatanye na Minisiteri y’ibidukikije, Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu n’Umujyi wa Kigali batangiye gufunga ibikorwa byose byubatse cyangwa bikorerwa mu bishanga.
Mu myaka 13 ishize mu Rwanda hatangijwe gahunda Ngarukamwaka yo Kwita Izina abana b’ingagi, imiryango y’ingagi zo mu birunga yariyongereye iva ku munani, igera kuri 20.
Perezida Paul Kagame yasabye Abanyarwanda cyane cyane abaturiye pariki kongera umurego mu kubungabunga inyamaswa zibaturiye, kuko inyungu zitanga ari bo zigeraho mbere.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, avuga ko ikoranabuhanga rituma ibiza bizaba bimenyekana kare, ntihabeho gutungurana bityo gutabara bikihuta.
Minisitiri w’Intebe, Anastase Murekezi arakangurira Abanyarwanda bose gutinyuka uburyo bushya bwo guteka hakoreshejwe Gaz kuko Leta yamaze gukuraho imisoro yayo.
Ikigo nyarwanda cy’abakora ibishushanyo by’inyubako (RIA) kigiye gutangiza ku mugaragaro ihuriro ry’abubatsi b’inyubako zujuje ubuziranenge (RWAGBO).
Kaminuza y’Abadivantiste b’Abalayiki ya Kigali (UNILAK) ku bufatanye n’Ikigo cyo mu Bushinwa cyigisha siyansi (XIEG), batangije ikigo cy’ubushakashatsi ku bidukikije.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buraburira abo bwise “Ba ntibindeba” bangiza ibidukikije birimo ibyatewe ku nkengero z’imigezi, kuko uzafatwa ngo atazihanganirwa.
Minisiteri y’umutungo kamere iratangaza ko Leta itazongera gutera amashyamba ahubwo bizajya bikorwa na ba rwiyemezamirimo Leta iyakire yakuze.
Perezida Paul Kagame yasabye abayobozi b’isi kuzuza inshingano biyemeje, bubahiriza amabwiriza yo kurengera akayunguruzo k’isi, kugira ngo ingaruka ku mihinagurikire y’ikirere igabanuke.
Abarimu bigisha mu mashuri yegereye pariki y’Ibirunga mu Karere ka Nyabibu, bavuga ko kwigisha abana akamaro k’ibidukikije n’ubukerarugendo, byatumye birushaho kwitabwaho.
Minisiteri ishinzwe imicungire y’Ibiza no gucyura Impunzi (MIDIMAR) itangaza ko hari umushinga mugari uhuriweho n’inzego nyinshi uzafasha mu kubonera ibisubizo amazi y’imyuzi ava mu birunga akangiza.
Impuguke mpuzamahanga zaje ’kwita izina’ abana b’ingagi, zisaba ibihugu guca ubukene n’inzara mu baturage, kugira ngo urusobe rw’ibinyabuzima rudakomeza gukendera.
Abaturiye Umugezi wa Mashyiga mu Karere ka Karongi barasabwa kumva ko ibikorwa byawushyizweho mu rwego rwo kuwubungabunga ari inyungu zabo, bakabyitaho.
Gukoresha urumuri ruturuka ku mirasire y’izuba bizafasha abaturage mu kubungabunga ibidukikije n’ubuzima kuko ibindi bicanwa bihumanya kandi bikaba byakwangiza ikirere.
Ngezahayo Cassien wahoze atega inyamaswa mu ishyamba rya Nyungwe avuga ko yicuza imyaka 15 yamaze ahiga inyamaswa yangiza ibidukikije.
Buri mwaka miliyoni hafi 400 zitangwaho ingurane ku bantu baba bangirijwe n’inyamaswa zo muri Pariki z’igihugu.
Kuwa 18/08/2016 Minisiteri ifite imicungire y’ibiza mu nshingano (MIDIMAR) yahaye inkunga y’amabati ya miliyoni enye imiryango 23 yasenyewe n’imvura idasanzwe.
Abaturage begereye pariki y’Akagera barakangurirwa kutarya inyamanswa zo muri pariki ahubwo bakwiye kuzirindira umutekano.