Abaturage begereye pariki y’Akagera barakangurirwa kutarya inyamanswa zo muri pariki ahubwo bakwiye kuzirindira umutekano.
Akarere ka Nyamagabe, ku bufatanye na FONERWA, katangiye umushinga wo kubungabunga imigezi yisuka muri Nyabarongo kugira ngo amazi yayo ahinduke urubogobogo.
Karinda Venuste utuye Umurenge wa Kamabuye mu Karere ka Bugesera, aravuga ko gukoresha Bigaz byatumye agabanya amafaranga yatangaga ku nkwi ndetse bituma atanga akazi ku baturanyi be.
Abatuye ku rugabano rw’imurenge ya Gashari na Rugabano mu Karere ka Karongi bahangayikishijwe n’umuhanda ubahuza ukomeje kwangizwa n’umugezi wa Makambazi uwuca iruhande.
U Rwanda rwizihije umunsi mpuzamahanga w’ibidukikije rwamagana imyuka ihumanya ikirere, ndetse rwishimira ko itemwa ry’amashyamba no kwangiza umutungo w’amazi byagabanutse.
Guca ikoreshwa ry’amashashi mu Mujyi wa Kigali ryagabanyije umwanda wayaturukaga, nk’uko Ikigo cy’Igihugu kita ku Bidukikije (REMA) kibitangaza.
Polisi ikorera mu Ntara y’Amajyepfo by’umwihariko mu Karere ka Ruhango, irasaba abacukura bakanacuruza umucanga, ko bagomba kubikora ariko babungabunga ibidukikije.
U Rwanda rugiye kurwanya ibikoresho binyuranye bigasohora imyuka ihumanye, bigatera ihindagurika ry’ikirere, kuko ari byo nyirabayazana w’ibiza bikomeza kwiyongera.
Ubuyobozi bw’ikigo gishinzwe gukurikirana ubudahungabana bw’ikiyaga cya Kivu bwatangaje ko ubushakashatsi bwakozwe busanga guhindura ibara ku Kivu bidateye ikibazo.
Umushinga wa Clarisse Uwineza wo gutunganya imyanda ibora igakorwamo ifumbire y’imborera (Bio-organic Waste Feltilizer) urahabwa amahirwe yo kwegukana intsinzi yo kuza mu mishinga myiza mirongo itatu ku isi.
Abayobozi b’utugari dukora ku ishyamba ry’Ibisi bya Huye mu Karere ka Huye barasabwa guhagurukira abaturage baryangiza.
Abagize Koperative Uburumbuke ikorera i Kirehe basanga kuba babungabunga ibidukikije nta gihembo bihaye umwanya wo kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Gicumbi batagira igikoni cyo gutekamo bavuga ko ari yo mpamvu batabungabunga ibidukikije bubaka rondereza.
Ikigo cy’iteganyagihe, Meteo-Rwanda, kiratangaza ko nta Rugaryi ruzabaho, ariko ko bitazahungabanya Itumba nubwo ibihe bidasanzwe bya El-Nino bikomeje.
Ikigega cy’igihugu cyita ku bidukikije (FONERWA) cyatangiye gutera ibiti mu mabanga y’imisozi ya Ndiza iherereye mu Karere ka Muhanga.
Inyamaswa yari imaze umwaka yibwe mu gihugu cya Congo yasubijwe aho ikomoka nyuma y’aho yari imaze iminsi habungwabugwa ubuzima bwayo
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) cyamurikiye imiryango 34 yo mu Karere ka Rusizi, amazu asimbura amanegeka babagamo yasenywaga n’ibiza.
Ikigo gishinzwe kubungabunga ibidukikije mu Rwanda (REMA) cyatangiye ibikorwa byo kurengera icyogogo cya Nyabarongo, bafatanya n’uturere Nyabarongo inyuramo kuyibungabunga.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije abaturage bo mu Karere ka Gicumbi batangiye guteka kuri canarumwe kuko idasaba ibicanwa byinshi.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, yitabiriye inama mpuzamahanga yatumiwemo ibihugu 150 ku isi yiga ku mihindagurikire y’ikirere no kuyifatira ingamba.
Mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije mu turere tw’ishyamba rya Gishwati, byasabye Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibidukikije (REMA) gukoreshwa amafaranga asaga miliyari 2.58Frw.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gisagara burahamagarira abaturage kudahagarika ibikorwa birwanya isuri kuko ari gahunda ihoraho, bakanabungabunga ibikorwa remezo bamaze kugeraho birinda ibiza.
Abavumvu bo mu mirenge ya Ruheru na Busanze mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko amashyamba baturiye bayabyaza umusaruro kandi batayatemye.
Nyuma y’aho abahingaga muri metero 10 zikikije Mwogo bahagarikiwe kuhahinga ngo haterwe ibyatsi birinda inkombe, ngo bagiye gufashwa mu buhinzi n’ubworozi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu buvuga ko uzafatwa yangiza cyangwa acukura mu mugezi wa Giciye azabihanirwa kuko byangiza amazi yawo bigateza isuri.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku Bidukikije (REMA) kiraburira abacukuzi b’amabuye y’agaciro ko n’ubwo badateganya kubabuza gucukura uzabikora nabi we azahagarikwa.
Gusana ishyamba rya Gishwati n’irya Mukura bigiye kugirwa pariki z’igihugu ngo bishobora kuzajyana no guhagarika abacukura amabuye y’agaciro muri Gishwati.
Ubuyobozi bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe buravuga ko ba rushimusi muri iyi parike bamaze kwica inyamaswa 87 mu mezi umunani.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kansi mu Karere ka Gisagara burashishikariza abaturage kwitabira gukoresha biogas ngo iborohereza imirimo kandi banabungabunge ibidukikije.
Impunzi z’Abanyekongo ziba mu nkambi ya Gihembe mu karere ka Gicumbi zigiye guhabwa Imbabura za “Canamake” zizabafasha kubungabunga ibidukikije.