Kubera imirimo yo kubaka ikiraro gihuza Nyabugogo na Gatsata izakorwa kuva tariki 27 kugeza 28 Nyakanga 2019 guhera saa 6h00 kugeza saa 11h00 z’amanywa, ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buramenyesha abakoresha icyo kiraro bajya cyangwa bava mu bice bya Gatsata ko cyizaba kidakoreshwa haba ku binyabiziga no kubagenda n’amaguru.
Ikigo cyita ku bidukikije (Global Green Growth Institute - GGGI) cyiyemeje gufasha u Rwanda kunoza imiturire mu mijyi itangiza ibidukikije. Icyo kigo cyasabye u Rwanda kugiha imishinga isobanutse ishobora guterwa inkunga.
Mu Kagari ka Ngoma mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe hari abahinzi binubira kuba igishanga cya Miramo cyaratunganyijwe bakaburamo uturima nyamara bari bahasanganywe imirima.
Hakizimana Alphonse acuruza amazi mu majerekani akoresheje igare, mu bice bya Kabeza na Kanombe mu Karere ka Kicukiro, ku buryo ashobora kwinjiza amafaranga y’u Rwanda ari hagati ya 10,000 na 18,000 ku munsi.
Ku mugezi wa Nyabarongo iruhande rw’urutindo runini rw’ahazwi nko kuri Ruliba, ahakunze kuba imyuzure ikabuza imodoka ziva i Kigali zerekeza mu Majyepfo cyangwa zivayo gutambuka, harimo gukorwa imirimo izaca iyo myuzure.
I Gasagara mu Karere ka Gisagara, abaturiye ahayobowe amazi hakorwa umuhanda baturiye bararira ayo kwarika kuko amaze gutwara imirima itari mikeya.
Mu imurikagurisha ry’ibikomoka k’ubuhinzi n’ubworozi ryabereye ku Murindi mu Mujyi wa Kigali mu kwezi gushize kwa Kamena 2019, hagaragayemo imbabura ya ‘cana rimwe’, ishobora gukoreshwa mu kubungabunga ibidukikije, kugabanya amakara akoreshwa, ndetse no kugabanya imyuka yangiza ikirere.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere amazi n’amashyamba (RWFA) cyashyizeho umushinga uzakemura ikibazo cy’isuri mu cyogogo cya Sebeya.
Mu ruzinduko Perezida Paul Kagame aherutse kugirira mu ntara y’Amajyaruguru n’Uburengerazuba, yagaragarijwe n’abayobozi b’uturere ikibazo cy’imyuzi (amazi ava mu birunga akangiriza abaturage ibyabo), asubiza ko ari ikibazo gisaba amikoro, ariko ko baza kugihagurukira ku buryo ayo mazi yayoborwa neza cyangwa akabyazwa undi (…)
Minisitiri ufite ibidukikije mu nshingano ze, Vincent Biruta, ndetse na Eng. Coletha Ruhamya, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo REMA gishinzwe kubungabunga Ibidukikije, kuri uyu wa 22 Gicurasi 2019, bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru ku iyangirika ry’umwuka mu Rwanda, abo bayobozi basobanura ko riterwa na bimwe mu bikoresho bisohora (…)
Ikibazo cy’umwuka uhumanye abantu bahumeka kigenda kiyongera kuko kuri ubu abagera ku 9/10 bahumeka umwuka uhumanye. Nyamara ntihafatwa ingamba ngo ingaruka zidakomeza kubageraho.
Impuguke z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe Ubuhinzi n’Ibiribwa ku Isi (FAO) hamwe n’inzego zitandukanye za Leta y’u Rwanda, bagiye kwiga uburyo abaturage babona ibicanwa bigabanya ikoreshwa ry’inkwi.
I Kigali hagiye gutangizwa umushinga w’ikitegererezo wo kubaka umujyi utangiza ibidukikije, ukazubakwa mu murenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo ku butaka bwa hegitari 620.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yatangije umushinga wo gupima ubutaka (Mobile Laboratory) kugira ngo bamenye ibibugize bityo buhuzwe n’imbuto hagamijwe kongera umusaruro.
Hirya no hino mu mihanda yo mu Mujyi wa Kigali hagaragara amakosa ashobora gutera impanuka, kandi wagenzura neza ugasanga ashingiye ku buryo iyo mihanda yubatswe.
Minisitiri ufite ibidukikije mu nshingano, aravuga ko ibikoresho bya parasitike bikoreshwa rimwe nabyo bigiye guhagarikwa, kuko ukutabora kwabyo bikomeje kuba intandaro yo kwangirika k’urusobe rw’ibinyabuzima ndetse bikagira n’ingaruka ku buzima bw’amuntu.
Abaturage b’umurenge wa Gitambi n’ibindi bice biwukikije mu karere ka Rusizi baravuga ko batazi uko ubuzima bwabo buza kumera nyuma y’aho umuhanda umwe wabahuzaga n’ibindi bice wibasiwe n’inkangu zikawufunga ubu ukaba utakiri nyabagendwa yaba ku modoka n’abanyamaguru.
Impuguke mu by’amazi zigize Komisiyo y’Igihugu ikorana n’ishami ry’umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, ubumenyi n’umuco(UNESCO), zitewe impungenge n’imyuzure yigaragaza buri gihe uko imvura iguye.
Urugaga rw’abanyamwuga bakora inyigo mu bijyanye n’ibidukikije rwitwa RAPEP(Rwanda Association of Professional environmental Practitioners) rwatangijwe ku mugaragaro ku wa mbere tariki 18 Werurwe 2019. Urwo rugaga rwatangijwe ku mugaragaro na Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Vincent Biruta.
Niyonsaba Oreste umuyobozi w’ishami ry’ingufu zikomoka ku bimera na gaz muri REG, avuga ko mu mwaka wa 2024 abakoresha inkwi bazaba ari 42%.
Umujyi wa Kigali muri gahunda wihaye yo guhangana n’ibiza by’imvura, watangiye inyigo yo kwagura no gukora neza ruhurura ya Mpazi yakira amazi menshi ikayohereza mu mugezi wa Nyabugogo ugateza ibibazo by’imyuzure mu nkengero zawo.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije (REMA) kiratangaza ko ibikoresho bya pulasitike n’amasashi bikoreshwa mu Rwanda ari byinshi cyane, ku buryo uburyo bwo kubikusanya no kubibyazamo ibindi bikoresho bitoroshye.
Umuyobozi wa Kaminuza y’u Rwanda wungirije ushinzwe igenamigambi n’imiyoborere, Dr. Papias Musafiri Malimba, arasaba abatuye mu nzu za Kaminuza i Huye kudategereza isuku y’umuganda.
Oreste Niyonsaba ushinzwe ibicanwa mu kigo gishinzwe ingufu, REG-EDCL, avuga ko intego u Rwanda rwihaye kuva muri 2017 ari uko muri 2024 abazaba bagicana inkwi n’amakara bazaba ari 42% gusa.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubumenyi bw’ikirere (Meteo Rwanda) kiratangaza ko imvura y’itumba iteganyijwe izaba nyinshi mu turere hafi ya twose tw’igihugu.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Vincent Biruta, yasabye umuyobozi w’ikigo cy’igihugu cy’ubumenyi bw’ikirere (Meteo Rwanda) n’abo bakorana ko bagomba kujya batanga amakuru y’iteganyagihe yizewe, ariko bakanongeraho gusobanurira abaturage, icyo bakwiye gukora.
Nubwo umuntu ari cyo kiremwa kirusha ubwenge ibindi, kikaba kibiyobora kikabiha n’umurongo, zimwe mu nyamaswa nazo zigira ibyo zirusha umuntu nko kuba nta nyamaswa yagambirira kwica ngenzi zayo ngo izimare nk’uko mu Rwanda byagenze mu 1994, kuba nta nyamaswa yarutisha indi bidahuje imimerere ngenzi yayo, n’ibindi.
Itegeko rishya rigenga umutungo utimukanwa rivuga ko ubutaka cyane cyane ibibanza bifite ibyangombwa byo kubaka ntibyubakwe bizajya bisoreshwa inshuro ebyiri.
Hari abaturage bimuwe mu nkengero z’ishyamba rya Gishwati batangaza ko amafaranga y’ingurane bemerewe amaze imyaka icumi atarabageraho.
Sosiyete y’u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG) igaragaza ko mu mwaka wa 2030 nta shyamba na rimwe rizaba rikigaragara mu gihugu cy’u Rwanda mu gihe hakomeje kwifashishwa inkwi mu gucana.