Inzego zinyuranye zirasabwa kugira uruhare mu kubungabunga umugezi wa Sebeya kuko ufitiye runini igihugu haba mu gutanga amazi akoreshwa ahantu hatandukanye ndetse no mu gutanga umuriro w’amashanyarazi.
U Rwanda rwatangiye gushaka uburyo bwo kugera ku iterambere ritangiza ibidukikije ruhereye ku kunoza imikorere mu bice by’ubuhinzi, amazi n’ingufu, nyuma yo kubona igishushanyo mbonera gikubiyemo uburyo bwo guhuza imikorere hagamijwe kurengera ibidukikije.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi buratangaza ko abaturage bamaze kwitabira gukoresha ingufu za biyogazi (biogas) bikaba byaragize uruhare mu kubungabunga amashyamba.
N’ubwo u Rwanda rwakajije ingamba zo kubuza amashashi kwinjira mu Rwanda mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije, abaturage baturiye umukapa wa Gatuna bavuga ko inzira z’ubusamo banyuramo bajya mu gihugu cya Uganda ari imbogamizi zo guca amashashi burundu.
Abaturiye ikiyaga cya Cyohoha y’epfo bavuga ko amazi y’iki kiyaga agenda yiyongera biturutse ku ngamba zo ku kibungabunga zafashwe, kuri ubu amazi yacyo akaba amaze kwiyongeraho metero 5 mu gihe cyari cyagabanutseho metero 8 mu myaka yashize.
Koperative zitwika amatafari mu karere ka Ngoma zirasabwa kujya zifashisha nyiramugengeri mu gutwika amatafari mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije hirindwa gutema amashyamba.
Mu rwego rwo kurushaho gushishikariza abaturage gukunda no gukoresha abashyiga ya Rondereza, ubuyobozi bw’Umurenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango bwatangije igikorwa cyo kubakira aya mashyiga hirya no hino ku biro by’utugari tugize uyu murenge ndetse no ku biro by’umurenge.
Abaturage batuye ku mupaka wa Gatuna uhuza igihugu cy’u Rwanda na Uganda barasaba ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) gushyira icyapa kinini kuri uwo mupaka kandi cyanditse mu ndimi zitandukanye ko kwinjiza amashashi mu Rwanda bitemewe.
Umuryango GVTC (Greater Virunga Transboundary Collaboration) ushinzwe guhanahana amakuru ku bihugu bitatu bikora kuri Pariki y’Ibirunga urasabwa kujya ihuza abaturiye iyi pariki batuye mu biguhugu bitatu biyikoraho, kugira ngo basangire ubunararibonye mu kubungabunga pariki.
Abanyamakuru batandukanye bo mu Rwanda bahuguwe ku ruhare rwabo rwo kurengera ibidukikije bifashishije itangazamakuru nka kimwe mu byagira uruhare guhindura imyumvire y’abantu bakigaragaho ibikorwa byo kwangiza ibidukikije.
Bamwe mu bacuruzi bo mu mujyi wa Nyanza basaba ubuyobozi kubavaniraho ikimoteri kiri hagati y’inzu zabo bavuga ko umunuko igiturukamo uherekejwe n’amasazi bibangamiye n’abakiriya baza babagana.
Ubuyobozi bwa Koperative COOPERU burasaba ubufatanye bw’inzego z’ibanze mu kubungabunga ibidukikije cyane cyane inkengero z’umugezi w’akabebya, hitabwa ku bikorwa imaze gushyira kuri uyu mugezi kuko ngo hari abayica inyuma bakabyangiza.
Abaturage bo mu murenge wa Rubaya wo mu karere ka Gicumbi batuye mu mudugudu w’icyitegererezo mu kagari ka Kabeza baravuga ko kororera mu gikumba byabafashije gucana bakoresheje Biogaz.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Kiyombe mu karere ka Nyagatare bwafashe icyemezo ko nta muntu bazongera kwemerera gutwika amakara mu gihe cy’izuba kubera ko biteza impanuka z’inkongi y’umuriro yibasira amashayamba.
Kubura no kugabanuka kw’amazi y’u Rwanda ni zimwe mu ngaruka ziri kuzanwa n’iterambere igihugu kirigusatira, abahanga mu by’ibidukikije bakaburira abantu ko nihatagira igikorwa igihugu cyazisanga mu butayu cyangwa mu myuzure y’urudaca mu minsi iri imbere.
Mu gihe hahagurukiwe ko ibishanga byose byo mu Rwanda bihingwa mu rwego rwo kurwanya inzara, ubushakashatsi bwakozwe n’abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda bayobowe na Prof. Elias Bizuru, bwo busanga ibishanga bidakwiye guhingwa uko byakabaye.
Nubwo ubuyobozi bw’akarere ka Gicumbi budahwema gushishikariza abaturage kugira isuku, bamwe mu baturage baravuga ko ubwo buyobozi bugira uruhare mu gutuma ubuzima bwabo buhungabana kubera aho bamena imyanda iva mu mujyi wa Byumba.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije (REMA) kivuga ko gihangayikishijwe n’iyangizwa ry’ibidukikije ndetse n’umwanda ukigaragara hamwe na hamwe haba ku misozi n’ahantu hahurira abantu benshi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kwita ku bidukikije (REMA) gisanga kwita ku gukurikirana ishyirwa mu bikorwa ry’ibyemezo bifatwa ari kimwe mu bizihutisha gahunda yo kubungabunga ibidukikije no gusana ibyangijwe, abakozi bafite ibidukikije mu nshingano na za komite z’ibidukikije ku nzego zitandukanye bakaba basabwa kongera (…)
Umuryango Rwanda Green Initiative wiyemeje kubungabunga ibidukikije no gushaka ibisubizo byiza ku ngaruka z’ihindagurika ry’ibihe mu Rwanda wifashishije cyane cyane urubyiruko kuko ari rwo mbaraga z’igihugu.
Abaturage bo mu Kagari ka Ngaru, mu Murenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga bahana imbibi n’umurenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango baratangaza ko bafite ikibazo cyo kwangirizwa n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Ubwo kuri uyu wa kane tariki 16/10/2014, hatangizwaga umushinga PAREF igice cya Kabiri, Umuyobozi w’uwo mushinga, Habimana Claudien yatangaje ko bazatera amashyamba ku misozi ya Leta n’iy’abaturage ku buso bwa hegitare 3500 mu gihe cy’imyaka ibiri umushinga uzamara.
Bitewe n’uko umugezi w’Umukunguri wakundaga kurengera imirima, abahinzi biyemeje gutera imiseke n’imbingo ku nkengero zawo kugirango birinde isuri ibatwarira ubutaka bahingaho umuceri. Kuri ubu barishimira ko bagize uruhare mu ukumira Ibiza.
Abaturage bo mu mudugudu wa Muyebe mu kagari ka Ruhango umurenge wa Rongi mu karere ka Muhanga, baruhutse kujya kuvoma amazi bakoze urugendo rwa kilometero 3, kubera ko bafashijwe gufata no gutunganya amazi yo ku bisenge by’inzu zabo.
Kuri uyu wa 15 Ukwakira 2014, mu gihugu cya Nigeriya mu murwa wacyo Lagos, bakoze umunsi wo kugendesha ibinyabiziga batavuza amahoni mu rwego rwo gukangurira abatwara ibinyabiziga kugabanya amajwi yabyo yangiza ibidukikije n’ubuzima bw’abantu.
Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare (NISR) yavuye mu ibarura ry’abaturage riheruka igaragaza ko 93% by’abatuye akarere ka Ngororero bakoresha ibituruka ku bimera mu gucana no muyindi mirimo isaba umuriro, naho 7% gusa nibo bagerageza gukoresha ubundi buryo burimo ingufu za biyogazi, amashanyarazi n’ibindi.
Imiryango 210 ituye mu mudugudu wa Muyebe mu kagari ka Ruhango, umurenge wa Rongi mu karere ka Muhanga yagejejweho ingufu za biyogazi mu kurengera amashyamba no kwirinda indwara zituruka ku buryo gakondo bwo gucana no kubonesha munzu.
Bamwe mu baturage batuye mu murenge wa Kivuruga mu karere ka Gakenke babimburiye abandi gukoresha Biyogazi, bemeza ko nyuma yo kumenya akamaro kayo batumye barushaho kurengera ibidukikije kuko ntawugihangayikishwa no gushakisha inkwi zo guteka.
Ikigega Nyarwanda gishinzwe gutera inkunga imishinga igamije gurengera ibidukikije (Green Fund), gifite intego yo gufasha u Rwanda kuba igihugu cybahiriza amahame y’ibidukikije gifasha abaturage gukora imishinga irengera ibidukikije iakanabafasha kwiteza imbere.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe kubungabunga ibidukikije (REMA) kirasaba abaturage bo mu karere ka Burera batuye mu birwa biri mu kiyaga cya Burera kwimuka bakajya gutura hakurya y’ikiyaga kuko aribwo bazagerwaho n’iterambere mu buryo bworoshye.