Mu karere ka Nyamagabe hatashywe uruganda ruzakora amapoto y’insinga z’amashanyarazi ya kijyambere, rukazayakora mu biti byo mu ishyamba bita umukandara utandukanya pariki ya Nyungwe n’abaturage, igikorwa cyabaye kuwa gatatu tariki 26/03/2014.
Umuryango w’Urubyiruko rw’u Rwanda ruharanira guhangana n’ihinduka ry’ibihe RYACA, tariki 22/03/2014 wizihirije Umunsi Mpuzamahanga w’Amazi ku Kivu mu Karere ka Karongi hanakorwa amashusho y’indirimbo yawo “Umwuka mwiza” y’ubukangurambaga ku gufata neza ikirere habungabungwa ibidukikije.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi, arasaba abaturiye inzuzi n’ibiyaga kubifatana neza kandi ari nako barushaho kubyaza umusaruro amazi.
Binyuze mu mushinga urengera ibidukikije witwa ARECO Rwandanziza, hagiye gukorwa ibishoboka byose ngo harengerwe ishyamba rya Pariki y’Ibirunga yibasiwe n’ingaruka z’imihindagurikire y’ibihe n’iyangirika ry’ibidukikije.
Ku bufatanye n’ihuriro nyafurika rigamije kurengera ibidukikije (Réseau Africain de Forets Modèles) mu Rwanda hatangijwe ibiganiro by’iminsi itatu bigamije gusangira imyumvire kuri gahunda yiswe “Foret Modèle” ndetse no kureba uko iyi gahunda yatangizwa ku mugaragaro hirya no hino mu gihugu.
Abaturage baturiye igishanga cya Rugezi, kiri mu karere ka Burera ndetse na Gicumbi, barashishikarizwa kukibungabunga uko bikwiye kuko gifitiye akamaro gakomeye u Rwanda n’isi muri rusange.
Ikondera Company Ltd yatsindiye isoko ryo gukora isuku mu mujyi wa Kigali yaguze imodoka ebyiri izajya yifashisha mu gukubura imihanda no kuyikoropa ari nako igenda iyora iyo myanda ku buryo bworoshye byose bikozwe n’izo modoka.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiturire, ku bufatanye bw’Umuryango w’Abafaransa ushinzwe iterambere (AFD), na Ministeri y’Ibikorwa Remezo, batanze ibikoresho by’isuku n’isukura mu turere twa Karongi na Rusizi bifite agaciro ka miliyoni zisaga 460 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abakozi n’abayobozi b’umushinga wa ABAKIR (Autorite du bassin du Lac Kivu et de la Riviere Rusizi) bavuga ko ibikorwa byabo bikomeje kudindizwa no kudahura kw’abaminisitiri bashinzwe uyu mushinga mu bihugu bihuriye ku kiyaga cya Kivu n’umugezi wa Rusizi aribyo u Rwanda, u Burundi na Repubulika iharanira demokarasi ya Congo.
Inganda zo mu Rwanda zirashimirwa ubushake zigira mu gucunga neza ibizikorerwamo no kwita ku bidukikije, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwa Minisiteri y’Inganda n’Ubucuruzi (MINICOM).
Mu rwego rwo guhangana n’iyangirika ry’ibidukikije ribyara ihindagurika ry’ikirere, Leta y’u Rwanda yafashe ingamba zitandukanye zo kurengera ibidukikije zirimo kutangiza amashyamba ariko kutayitaho ngo biracyari ikibazo.
Mu ntangiriro z’umwaka wa 2012, akarere ka Karongi katangiye umushinga wo kubaka umwaro muhimbano (plage artificille), ahitwa Nyakariba, ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu ariko uwo mushinga byarangiye utabonye izuba kubera ko wari waranyuranyije n’amabwiriza y’Ikigo cy’Igihugu Kirengera Ibidukikije (REMA).
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yo muri Uganda yafatiwe mu kagali ka Gatagara mu murenge wa Mukingo mu ijoro rya tariki 14/01/2014 ipakiye ibiti by’imishikiri bivugwa ko bivamo parufe maze umushoferi wayo ariruka.
Nyuma yaho abantu bacuruza inkwi n’amakara mu mugi wa Kibungo babaye benshi bigatera impungenge ko amashyamba yaba asarurwa mu kavuyo, umuyobozi w’akarere ka Ngoma yahaye inshingano ubuyobozi bw’ibanze bwo kugenzura abantu bacuruza amakara n’abacuruza inkwi ko bafite ibyangombwa byo gusarura ishyamba.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku majyambere (UNDP) hamwe n’andi bikorana mu Rwanda, yatanze inkunga ya miliyoni 28 z’amadolari y’Amerika; agamije kubaka ubushobozi, kubahiriza amategeko agenga ibidukikije, gusubiranya urusobe rw’ibinyabuzima; hamwe no kunganira ikigega cyagenewe guhangana n’ingaruka z’ihindagurika (…)
Minisitiri w’Umutungo Kamere, Stanislas Kamanzi, arashimira abaturage b’akarere ka Nyamasheke uburyo babungabunga amashyamba ariko akabasaba kongera imbaraga mu bikorwa biyateza imbere kugira ngo yiyongere bisumbyeho.
Abantu batunze imodoka zirekura umwotsi w’umukara basabwe gutangira gusuzumisha imodoka zabo hakiri kare kuko nta modoka izogera gukandagira mu muhanda irekura bene uwo mwotsi wangiza ubuzima bw’abantu.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera Ibidukikije (REMA) kiratangaza ko ubwoko bwa gazi buzwi nka R22 bwari busanzwe bukoreshwa mu mafirigo butakemewe mu Rwanda kuko bwangiza ikirere, ahubwo Abanyarwanda bagakangurirwa gukoresha ubundi bushya buzwi nka R600A.
Ubushakatsi bwakozwe ku bijyanye n’imiterere y’ibirunga, imicikire y’imigabane ishobora kuzaba mu kiyaga cya Kivu hamwe n’ingaruka z’imitingito ikunze kugira ingaruka ku Rwanda n’akarere bugaragaza ko nta ngaruka imitingito no kuruka kw’ibirunga byagira ku Kivu.
Abakozi b’ikigo ABAKIR (Authorite du Bassin du Lac Kivu et de la Riviere Rusizi ) gihuriweho n’ibihugu by’u Rwanda, Uburundi na Congo bakoreye inama mu karere ka Rusizi mu rwego rwo kugirango bahurize hamwe ibitekerezo n’imbaraga bigamije kubungabunga umugezi wa Rusizi n’ikiyaga cya Kivu.
Nubwo bishyize hamwe bagamije guca akajagari mu bucuruzi bw’amakara, abakora uyu mwuga mu isoko rya Nyagatare batangaza ko babangamiwe n’ababavangira bayazerereza mu ngo.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe ubukerarugendo, tariki 26/09/2013 hafunguwe ishuri rikuru ryigisha ibijyanye no kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima no kurengera ibidukikije (KCCEM) mu karere ka Nyamagabe.
Mu murenge wa Bwishyura, akagari ka Nyarusazi mu karere ka Karongi hagiye gucukurwa ikimoteri kigezweho kizajya gikusanyirizwamo imyanda yose iva mu mirenge 13 igize akarere kizatwara amafaranga asaga miliyoni 26.
Ibi yabitangarije mu nama yabereye mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa Gatanu, tariki 20/09/2013 yari igamije gusobanura ibikorwa by’uyu mushinga muri ako karere.
Nyuma y’uko impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi ya Gihembe mu karere ka Gicumbi zibuze inkwi zo guteka ibyo kurya ziba zahawe n’umuryango wita ku mpunzi HCR zafashe icyemezo cyo kujya hanze kwishakira inkwi zo guteka.
Minisiteri ishinzwe gucunga Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR) ifatanije na Police bafashe ingamba zo gukumira inkangu zatewe n’amazi aturuka mu nkangu ya Gihembe iherere mu karere ka Gicumbi.
Ikibazo cy’iyangirika ry’ibidukikije mu nkengero z’inkambi ya Gihembe iri mu karere ka Gicumbi ngo kigomba gufatirwa ingamba byihuse kuko bishobora gushyira ubuzima bw’abatuye muri iyo nkambi mu kaga ndetse bikangiza n’ibikorwa remezo.
Mu gihe hamwe na hamwe mu karere ka Nyabihu hakigaragara iyangirika ry’ibidukikije mu buryo butandukanye kandi ahanini abaturage bakabigiramo uruhare rukomeye, kuri uyu wa 03/09/2013 ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukije REMA cyongeye kwibutsa abashinzwe ibidukikije muri aka karere inshingano zikomeye bafite mu (…)
Abanyamakuru bo mu Rwanda no mu Burundi barahamagarirwa gukangurira abaturage guhindura imyumvire ku mihindagurikire y’ibihe n’ihungabana ry’ibidukikije.
Impuguke mu bijyanye n’umutungo kamere ziteraniye i Kigali, kuva kuri uyu wa 21/08/2013, zarebeye hamwe uburyo hashyirwaho ikarita imwe yo kurengera no gucunga umutungo kamere.