Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne D’Arc, yashimye uruhare rw’Abanyarwanda n’Abafatanyabikorwa, bakomeje kubungabunga imigezi ibishanga n’ibiyaga kera byafatwaga nk’aho kujugunya umwanda.
Kuri uyu wa Mbere tariki 25 Gicurasi 2020 mu kibaya cya Mugogo kiri mu Kagari ka Gisesero, Umurenge wa Busogo mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru, hatangijwe umushinga wo kukibungabunga, nyuma y’uko cyari cyarangijwe n’ibiza, bituma abagihingaga n’abari bagituyemo bakurwa mu byabo.
Komisiyo y’u Rwanda ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco(UNESCO), iyi komisiyo ikaba yitwa CNRU(mu mpine), irasaba urubyiruko rw’abanyeshuri kubungabunga ibyanya bikomye bya Gishwati-Mukura n’ishyamba ry’Ibirunga.
Ikigo cy’Igihugu Kibungabunga Ibidukikije (REMA) kiravuga ko mu gihe udupfukamunwa twakoreshejwe tudacunzwe neza, ngo bishobora guhumanya ibidukikije muri rusange no gukomeza gukwirakwiza indwara zirimo icyorezo Covid-19.
Mu gihe imihanda itari gukoreshwa cyane muri ibi bihe imirimo myinshi yahagaze mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Coronavirus cyugarije isi, imihanda imwe n’imwe mu Ntara y’Amajyaruguru ikomeje kwangizwa n’ibiza by’imvura, aho imwe muri yo isaba ingengo y’imari nini ya Leta ngo ibashe gutunganywa.
Imwe mu mishanga igamije kurwanya isuri ijyana ubutaka mu Mugezi wa Sebeya, harimo guca amaterasi, no kwita ku binyabuzima biri hafi y’umugezi wa Sebeya, yatangiye kongera gukora bigarura icyizere ku baturage baturiye uwo mugezi kuko imvura yo muri uku kwezi kwa Mata ikomeje kwiyongera.
Tariki 22 Mata, ni umunsi mpuzamahanga wahariwe isi abantu batuyeho. Ubu urizihizwa ku nshuro ya 50 nubwo ibikorwa bisanzwe biwukorwaho byinshi bitabaye nk’uko bisanzwe kuko isi yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus.
Ubuyobozi bw’ikigo gikurikirana ubudahungabana bw’ikiyaga cya Kivu ‘LKMP’ butangaza ko bukomeje gukurikiranira hafi umutekano w’ikiyaga cya Kivu nubwo iki kigo kitari mu byemerewe gukora.
Ibikorwa bya muntu, biza ku isonga mu gutuma ikirere gihumana. Ikigo gishinzwe iby’ubumenyi nw’ikirere gikorera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NASA), cyerekanye ukuntu ikirere cya Wuhan, mu gihugu cy’u Bushinwa, ari naho hatangiriye icyorezo cya COVID-19, ndetse no mu Butaliyani, igihugu cyibasiwe cyane na COVID-19, (…)
Izi nyubako zari ziherereye mu gace kamwe zaramenyekanye cyane muri Kigali nk’ahantu ho kwidagadurira cyane cyane mu masaha ya nijoro mu myaka nka makumyabiri ishize. Icyakora kuri ubu aho zimwe zari ziri hasigaye amatongo kuko zakuweho, izindi zikaba zirimo gukurwaho. Intego yo kuzikuraho ni ukuhahindura ahantu hajyanye (…)
Abanyeshuri 80 bo mu rwunge rw’amashuri rwa Bisate mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, bemerewe n’umuryango wa ‘Wilderness Safaris’ inkunga ijyanye n’ibikoresho byose by’amashuri, kandi bakazarihirwa amashuri kugeza ku rwego rwa Kaminuza.
Minisiteri y’Ibidukikije itangaza ko igihe cyahawe abacuruza, abakora, n’abatumiza ibikoresho bya pulasitiki ngo babe babihagaritse cyarangiye, bityo ko abatarabireka bagiye gutangira kubihanirwa nk’uko itegeko nimero 17/2019 ryo ku wa 10 Kanama 2019 ribiteganya.
Amakuru aturuka mu buyobozi bw’Uturere twa Ngororero na Ruhango aravuga ko imvura nyinshi yaguye mu matariki ya 02-06 yangije cyane imihanda n’amateme, na hegitari nyinshi z’umuceri.
Ubushakashatsi bwongeye kugaragaza ko ubucukuzi kuri Gaz Methane mu kiyaga cya Kivu nta bibazo buri gutera, ariko busaba Leta y’u Rwanda guhoza ijisho ku bikorwa bikorerwa mu kiyaga cya Kivu.
Minisiteri y’Ibidukikije igiye guha abaturiye Pariki y’Ibirunga akazi mu mushinga wo kubungabunga amazi ava mu Birunga, uzatwara amafaranga y’u Rwanda asaga miliyari 35.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buratangaza ko abantu icyenda bapfuye mu mezi ane ashize, baguye mu birombe bicukurwamo amabuye y’agaciro n’akoreshwa mu bwubatsi, abandi bane bagakomereka.
Mu muganda rusange usoza ukwezi kwa Mutarama 2020 mu Murenge wa Rugarama mu Karere ka Burera, hashyizwe ibuye ry’ifatizo ku mushinga wo kurinda abaturage amazi aturuka mu birunga yabangiririzaga akanabasenyera.
Ikirere cyabuditse igicu cy’umwuka uhumanye muri Mutarama? Ni byo! Umwuka ubu uri guhumeka ushobora kuba uhumanye, ibizwi muri siyansi nko kuba urimo ibyitwa ‘monoxide de carbone’, dioxide de sulfire, dioxide de nitrogene n’ibindi.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) rutangaza ko rwashyize imbere kurengera ibidukikije, kuko kugeza ubu muri gereza 13 ziri mu gihugu, 3% gusa ari ho hagicanwa ibikomoka ku biti.
Abakozi ba Banki ya Kigali (BK) bazindukiye mu muganda, aho bafatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Rusororo guca amaterasi ku musozi uri mu Kagari ka Nyagahinga, mu rwego rwo kurwanya isuri yabangirizaga byinshi birimo n’umuhanda wa kaburimbo.
Abashakashatsi bahujwe na Komisiyo y’u Rwanda ikorana n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku burezi, ubumenyi n’umuco (UNESCO), bagaragaza ko amazi n’ubutaka by’u Rwanda birimo kwangirika ku rugero rukabije.
Kuva yagera ku isoko rya Afurika muri 2008, Sosiyete ya StarTimes icuruza ifatabuguzi ry’isakazamashusho n’ibikoresho bijyanye na byo, yakomeje guharanira ko buri muryango wose wo muri Afurika ushobora kugerwaho n’ibyiza byo gukoresha no kureba Televiziyo mu buryo bugezweho.
Tumutuyimana Deogratias, umaze igihe atangije ikompanyi yise “Cana rimwe Style Stove Ltd” yatangiye ikora imbabura, avuga ko zijyanye n’icyerekezo bitewe n’uko zikoresha ikara rimwe zigahisha ibyo kurya.
Nyuma y’iminsi itatu gusa atangiye imirimo nka Minisitiri mushya w’ibidukikije, Ambasaderi Dr. Jeanne d’Arc Mujawamariya, akazi ke ka mbere yagatangiriye ku nama (breakfast meeting) n’abafatanyabikorwa b’iyi minisiteri.
Abashinzwe kubungabunga ibidukikije baravuga ko bitarenze Ukuboza uyu mwaka, ba rushimusi b’imisambi banayicuruza mu buryo butemewe bazahura n’ibihano bikarishye.
Uretse ubusitani buri ku isomero rusange rya Kigali (Kigali public library) ushobora kwicaramo umunsi wose ugasoma igitabo hari na interineti itagira umugozi (Wi-Fi), umujyi wa Kigali watunganyije ubundi busitani bwihariye.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 02 Ugushyingo 2019, Banki ya Kigali yafatanyije n’Akarere ka Bugesera ndetse n’abandi bafatanyabikorwa batandukanye, batera ibiti bivangwa n’imyaka muri ako karere ka Bugesera mu murenge wa Rweru bibarirwa mu bihumbi mirongo itandatu na kimwe na magana atanu (61,500), bikaba byatewe ku buso bwa (…)
Umuyobozi uhagarariye Umuryango w’Abibumye (UN) mu Rwanda Fode Ndiaye yifatanyije n’Abaturage bo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi mu muganda udasanzwe wo gutera ibiti biribwa n’ibivangwa n’imyaka.
Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’i Burayi (EU) ugiye guha u Rwanda asaga miliyari 4.5 z’Amafaranga y’u Rwanda azifashishwa mu gukomeza kubona ibicanwa bitangiza ikirere mu rwego rwo kurengera ibidukikije.
I Nzega mu Karere ka Nyamagabe, hari abaturiye umuhanda wa kaburimbo binubira ko bawusatirijwe mu gihe cyo kuwusubiramo, none bakaba nta bwinyagamburiro bafite.