Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Tanzania, Job Ndugai, yasabye imbabazi Perezida Samia Suluhu Hassan n’Abatanzania bose kubera imbwirwaruhame aherutse kuvuga, nyuma bikavugwa ko yarimo amagambo yababaje Umukuru w’igihugu.
Perezida wa Bresil, Jair Bolsonaro, yatangaje ko yashyizwe mu bitaro ku wa Mbere tariki 3 Mutarama 2022, nyuma yo kumva amerewe nabi ku cyumweru amaze gufata amafunguro ya saa sita.
Muri Kivu y’Amajyepfo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), abarimu bo ku Ishuli Gatolika rya paruwasi ya Tangila, baherutse kwibwa imishahara yabo bigabije imihanda y’umujyi wa Kamituga mu gace ka Mwenga, basaba ko amafaranga yabo yibwe agaruzwa.
Minisitiri w’Intebe wa Sudani, Abdallah Hamdok, ku Cyumweru tariki 2 Mutarama 2022, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye, nyuma y’imyigaragambyo ikaze yongeye kubura yanaguyemo abantu babiri.
Ku wa Gatatu tariki 29 Ukuboza 2021, Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi aherekejwe na Minisitiri w’Ingabo, yagiriye uruzinduko mu Karere ka Mueda mu Ntara ya Cabo Delgado ahari Ingabo z’u Rwanda n’iza SADC.
Ikibumbano gishya cy’umukinnyi w’umupira w’amaguru, umunya-Portugal Cristiano Ronaldo cyateje impagarara mu Buhinde. Icyo kibumbano cyashyizwe mu Ntara ya Goa, ahasanzwe habarizwa abakunzi batari bake b’umupira w’amaguru, mu rwego rwo guha imbaraga abakiri bato, n’ubwo atari ko bose bacyishimiye.
Perezida Joe Biden wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, ku wa Kabiri tariki 28 Ukuboza 2021 yatangaje ko muri iki cyumweru agiye guhagarika ingingo yakumiraga abagenzi baturuka muri Afurika y’Epfo n’ibindi bihugu byo muri ako karere kwinjira muri America.
Abayobozi muri Sudani bavuze ko abantu nibura 38 bagwiriwe n’umusozi bahita bahasiga ubuzima, ubwo barimo bacukura zahabu mu Ntara ya West Kordofan.
Mu ijoro ryo ku wa kabiri tariki 28 Ukuboza 2021, i San Diego, Umujyi uherereye muri Leta ya California muri Leta zunze Ubumwe za America, habereye impanuka y’indege yahitanye abantu bane ari na bo bari bayirimo.
Guverinoma ya Mali ihagarariwe n’igisirikare muri iki gihe nyuma ya ‘Coup d’Etat’ yo muri Kanama 2020, yateguye inama y’iminsi ine, mu rwego rwo kuganira uko ubuyobozi bw’icyo gihugu bwasubira mu maboko y’abasivili.
Inyeshyamba 38 n’abasivili 12 baguye mu mirwano yari imaze iminsi ine mu majyaruguru ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), aho Ingabo z’icyo gihugu zirimo kugaba ibitero ku mitwe yitwara gisirikare, nk’uko byatangajwe n’igisirikare cy’icyo gihugu ku wa Mbere taliki 27 Ukuboza 2021.
Muri Kenya, Arikiyepiskopi Gatolika wa Nyeri, Anthony Muheria, yatangaje ko Kiliziya idashyigikiye amabwiriza ya Guverinoma yo kutemerera Abanyakenya batakingiwe Covid-19 kugera ahantu rusange.
Afrika y’Epfo igiye kumara icyumweru cyose (iminsi irindwi) iri mu bikorwa byo kunamira no kwibuka urupfu rw’uwarwanyije politiki y’ivangura ya Apartheid, Musenyeri Desmond Tutu, witabye Imana tariki 26 Ukuboza 2021 afite imyaka 90 y’amavuko.
Ku Cyumweru tariki 26 Ukuboza 2021, Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Félix-Antoine Tshisekedi yasezeranyije abaturage ba Beni ko bagiye guhiga no kumaraho burundu abaherutse kugaba igitero cyahitanye abantu batandatu ku wa Gatandatu, taliki 25 Ukuboza 2021.
Afurika y’Epfo yasabye ko cyamunara y’urufunguzo rw’icyumba cyo ku kirwa cya Robben Island, cyahoze gifungiwemo Nelson Mandela wabaye Perezida w’icyo gihugu ihagarikwa.
Kuri iki Cyumweru tariki 26 Ukuboza 2021, Ibiro bya Perezida wa Afurika y’Epfo byatangaje ko Musenyeri Desmond Tutu yitabye Imana ku myaka 90.
Papa Francis agaragaza ko hakenewe ibiganiro ku rwego rwa politiki mu gufatanyiriza hamwe kurwanya icyorezo cya Covid-19 cyateye abantu ubwigunge.
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique n’iziri mu butumwa bwa SADC muri icyo gihugu (SAMIM), zifatanyije n’Ingabo za Mozambique, zahuriye mu gitaramo cyateguwe na Guverinoma y’icyo gihugu ku kibuga cy’indege cya Mocimboa Da Praia.
Abapolisi b’u Burundi bagiye kongera gusubizwa mu bikorwa by’Umuryango w’Abibumbye (UN) byo kubungabunga amahoro n’umutekano, nyuma y’imyaka irenga itanu barabikumiriwemwo.
Muri Uganda ku wa gatanu tariki 24 Ukuboza 2021, abantu 15 barimo n’umugore utwite bagejejwe imbere y’ubutabera kubera uruhare bakekwaho mu bikorwa by’iterabwoba biherutse kugabwa muri icyo gihugu.
Leta zunze Ubumwe za Amerika kuri uyu wa Gatatu tariki 24 Ukuboza 2021, zemeje bwa mbere ikoreshwa ry’ikinini cya Paxlovid cyo kuvura Covid-19 cyakozwe n’ikigo cya Pfizer, ko gihabwa abanduye icyo cyorezo.
Depite Mary Gay Scanlon wo mu Nteko Ishinga Amategeko ya Amerika yambuwe imodoka ye n’ibyo yari afite byose nyuma yo gufatirwaho imbunda ku manywa y’ihangu. Ni ubujura bwabereye mu mujyi wa Philadelphia muri Leta ya Pennsylvania.
Komisiyo y’amatora muri Libya yasabye ko amatora ya Perezida muri icyo gihugu, yari yitezwe kuba kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Ukuboza 2021 asubikwa akongerwaho ukwezi kumwe.
Muri Madagascar indege ya Kajugujugu yari igiye gutabara abantu bagera ku 130 bari barohamye, yakoze impanuka babiri barimo umupilote baburirwa irengero, na ho Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Jandarumeri (Polisi), Serge Gelle, ararokoka, nyuma yo koga amasaha 12.
Inzego z’Ubuzima mu Bufaransa zatangajeko kuri uyu wa Gatatu taliki 22 Ukuboza 2021 abana bafite imyaka kuva kuri 5 kugeza kuri 11 batangiye gukingirwa icyorezo cya Covid-19.
Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ndetse na Macky Sall wa Senegal, bitabiriye inama itegura izahuza Ubumwe bw’Uburayi n’umugabana wa Afurika.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yabwiye itangazamakuru rikorera i Kinshasa ko nta bapolisi cyangwa abasirikare b’u Rwanda bari muri icyo gihugu, akavuga n’abagomba kujyayo igihe kitaragera.
Guverinoma ya Afurika y’Epfo yavuze ko inkingo iteganya gutanga mu bihugu bitandukanye ku Mugabane wa Afurika mu mwaka utaha wa 2022, zifite agaciro ka Miliyoni 18 z’Amadolari ya Amerika.
Perezida wa Mozambique, Filipe Nyusi, ku wa kane tariki 16 Ukuboza 2021, yavuze ko igihugu cye cyagabweho ibitero bike by’iterabwoba muri uyu mwaka ugereranyije na mbere yaho, akemeza ko ari nyuma y’aho u Rwanda n’ibindi bihugu bituranyi bafatanyije kurwanya inyeshyamba zimaze imyaka zihungabanya umutekano w’icyo gihugu.
I Dar es Salaam muri Tanzania haherutse gutangizwa ubukangurambaga bwo gusaba Leta kongera iminsi y’ikiruhuko cy’umubyeyi wabyaye umwana utagejeje igihe. Ubwo bukangurambaga busaba Guverinoma ya Tanzania ko ikiruhuko cyagera ku mezi atandatu (6), kugira ngo umubyeyi ashobore kwita ku buzima bw’umwana we. Abari muri ubwo (…)