Abahitanywe n’inkubi y’umuyaga yiswe Batsirai ivanze n’imvura nyinshi, biyongereye bagera kuri 92 muri Madagascar.
Mu ijoro ryo ku wa Kabiri tariki 08 Gashyantare 2022, nibwo hashyizwe ahagaragara itangazo riturutse muri Minisiteri y’Ingabo ya Uganda, rivuga ko Perezida Museveni akaba n’Umugaba mukuru w’Ikirenga w’Ingabo, yagize Major General Abel Kandiho, umuyobozi ushinzwe ibikorwa muri Polisi ya Uganda. Yari aherutse kumukura ku (…)
Ubushinjacyaha bwa Gisirikare muri Burkina Faso kuri uyu wa kabiri tariki 08 gashyantare 2022, rwasabiye igifungo cy’imyaka 30 uwahoze ari Perezida w’icyo gihugu, Blaise Compaoré.
Elizabeth II ni Umwamikazi wa kabiri w’Ubwami bw’u Bwongereza (United Kingdom), bugizwe n’ibihugu bine: England, Scotland, Wales na Northern Ireland.
Abantu bagera kuri 20 bapfuye mu gihe ababarirwa mu bihumbi 55 bakuwe mu byabo n’inkubi y’umuyaga yiswe Batsirai, ivanze n’imvura nyinshi mu burasirazuba bwa Madagascar, nk’uko abayobozi babitangaje.
Ku Cyumweru tariki 06 Gashyantare 2022, ubwo hasozwaga ku mugaragaro inama ya 35 y’Inteko ya Afurika yunze Ubumwe y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, yateraniye ku cyicaro gikuru cya AU i Addis Ababa muri Ethiopia, yafatiwemo icyemezo cyo gusubika guha Isiraheli umwanya wo kuba indorerezi muri AU.
Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi mu ijoro ryo ku wa Gatandatu tariki 5 Gashyantare 2022, yahagurutse vuba na bwangu ava i Addis-Abeba aho yari yitabiriye inama ya 35 y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU), asubira mu gihugu cye kubera umwuka mubi wahavugwaga.
Umwana w’umuhungu w’imyaka itanu wo muri Maroc wari waheze mu kinogo (umwobo) cy’iriba akamaramo iminsi ine yakuwemo yapfuye, n’ubwo hakozwe ibikorwa birimo kwigengesera kwinshi byo kugerageza kumurokora.
Abakuru b’ibihugu na Guverinoma bateraniye mu nama ya 35 y’Inteko ya Afurika yunze Ubumwe (AU), batoye Macky Sall, Perezida wa Senegal, nk’Umuyobozi mushya wa Afurika yunze Ubumwe mu mwaka wa 2022. Ni mu muhango wabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 5 Gashyantare 2022, ku cyicaro gikuru cya AU i Addis Abeba muri Ethiopia.
Abakora ibikorwa by’ubutabazi muri Maroc bagerageza kugera ku mwana w’umuhungu w’imyaka itanu, Rayan, waguye mu kinogo (umwobo) cy’iriba kirekire mu majyaruguru y’icyo gihugu, barimo kwinjira mu byiciro bya nyuma by’iki gikorwa.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu bikorwa by’Umuryango w’Abibumbye byo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo, zibarizwa mu Ntara ya Ekwatoriya y’Iburasirazuba, zikomeje gukora ibikorwa byo gufasha abaturage kurwanya imirire mibi ikabije mu bana.
Afrigen Biologics, uruganda rukora imiti rwo muri Afurika y’Epfo, ku wa Kane tariki 3 Gashyantare 2022, rwatangaje ko rwakoze urukingo rwa mbere rwa Covid-19 rwo mu bwoko bwa mRNA, bakaba bifashishije amwe mu makuru y’urukingo rwa Moderna.
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden, yatangaje ko umuyobozi wa Islamic State, Abu Ibrahim al-Hashimi al-Qurayshi yitabye Imana nyuma yo kugabwaho igitero n’Ingabo zidasanzwe za Amerika, aho gufatwa ari mu zima akiturikirizaho igisasu.
Muri Guinea Bissau, ku wa Gatatu tariki 2 Gashyantare 2022, hatangiye iperereza rigamije kumenya abari inyuma y’umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Umaro Sissoco Embalo, warokotse igitero cyahitanye abantu 11, nk’uko Leta y’icyo gihugu giherereye muri Afurika y’Iburengerazuba abivuga.
Abakobwa babyariye iwabo muri Tanzania basubiye mu ishuri n’abana babo, nyuma y’aho hashyizweho itegeko rishya risimbura iryari risanzwe, ryabuzaga abakobwa batwaye inda zitifujwe gukomeza kwiga.
Leta ya Mali yafashe icyemezo cyo kwirukana ambasaderi w’u Bufaransa i Bamako, bitarenze amasaha 72, nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Mbere tariki 02 Mutarama 2022.
Dr Donald Kaberuka wahoze ari Perezida wa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (AfDB), kuri iki Cyumweru tariki 30 Mutarama 2022, yahagarariye Perezida Paul Kagame mu muhango wo gushyingura uwahoze ari Guverineri wa Banki ya Uganda, Dr. Emmanuel Tumusiime Mutebile.
Amashusho yakwirakwiriye ku mbuga nkoranyambaga agaragaza umugabo ajugunya umwana ku gikuta anakubita umugore we, byatangajwe ko yari filime yakuwemo ako gace kakwirakwijwe.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Mutarama 2022, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, aherekejwe na Ambasaderi w’u Rwanda muri Africa y’Epfo no mu Bwami bwa Lesotho, Eugene Kayihura, bitabiriye umuhango wo gusoza amasomo y’abapolisi bato 294, mu ishuri ry’amahugurwa ya gipolisi mu Mujyi mukuru wa Maseru.
Umuyobozi mushya w’Ingabo za Burkina Faso, Lt Col Paul-Henri Damiba, yasezeranyije ko ubwo ibihe bizaba bisubiye kuba byiza, azasubiza ubuyobozi, igihugu kigasubira kuyoborwa hagendewe ku Itegeko Nshinga.
Ingabo za Senegal zavuze ko abasirikare babiri b’icyo gihugu bishwe abandi icyenda baburirwa irengero kandi bikavugwa ko baba bafashwe bugwate, mu gihe barwanaga n’inyeshyamba zo mu muri Gambia.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS), ryatangaje ko ritazakora ibyasabwe na Ethiopia byo gukora iperereza ku muyobozi waryo, Tedros Adhanom Gebreyesus, ku byo icyo gihugu kimushinja ko yaba akorana n’abarwanya ubutegetsi buriho, bo mu Ntara ya Tigray.
Ku wa Mbere tariki 24 Mutarama 2022, intumwa yihariye ya Leta zunze Ubumwe za Amerika ku bijyanye n’imihindagurikire y’ikirere, John Kerry, yavuze ko isi itari ku rwego rwiza mu bijyanye no guhangana n’ingaruka mbi z’imihindagurikire y’ikirere.
Abantu Umunani harimo n’Umwana w’imyaka 6 nibo bitabye Imana, naho abagera kuri 50 bakomeretse mu mubyigano wo kwinjira muri stade.
Igisirikare cya Burkina Faso cyatangaje ko cyamaze guhirika ubutegetsi bwa Perezida Roch Kaboré, gihagarika Itegeko Nshinga, gisesa Guverinoma n’Inteko Ishinga Amategeko ndetse gifunga imipaka.
Perezida Roch Kabore wa Burkina Faso yatawe muri yombi n’Igisirikare aho ubu afungiye muri kimwe mu bigo bya Gisirikare, kiri mu murwa mukuru i Ouagadougou.
Nk’uko byatangajwe na Guverinoma ya Cameroon, inkongi y’umuriro yahitanye abo bantu 16 abandi bagakomereka, yatewe n’ibishashi bituritswa mu birori bizwi nka ‘fireworks’ byakoreshejwe muri ako kabyiniro gaherereye mu Mujyi wa Yaoundé.
Umupolisi wo muri Tanzania witwa Patrick Matey Kimaro ufite imyaka 59 y’amavuko, uzwi cyane ku izina rya Sabasita, yicukuriye imva ndetse aranayubakira, kugira ngo umunsi yapfuye umuryango we utazarushywa cyane n’ibikorwa bijyanye n’ishyingurwa rye.
Ku wa Gatanu tariki 21 Mutarama 2022, Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, yasuye Ingabo zihuriweho za Mozambique n’iz’u Rwanda ziri i Palma na Afungi mu Ntara ya Cabo Delgado.
Muri Ghana, ikamyo yari itwaye intambi zituritswa mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro, yagoganye na moto maze zihita ziturika, abagera kuri 17 bahasiga ubuzima, abandi 59 barakomereka ndetse hasenyuka amazu agera kuri 500, nk’uko byatangajwe na Guverinoma y’icyo gihugu.