Umuryango w’iterambere muri Afurika y’Amajyepfo (SADC), watangaje ko uzashyigikira abatahutse basubira mu byabo mu Ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, bari barahunze kubera ibikorwa by’iterabwoba.
Ambasaderi wa Afurika y’Epfo muri Ukraine, Andre Groenewald, yavuze ko nta yandi mahitamo yari afite uretse kuva mu murwa mukuru, Kyiv, mu gihe imodoka y’Abarusiya yitwaje intwaro yerekezaga muri uwo mujyi.
Itegeko ryashyizweho umukono na Perezida w’inzibacyuho muri Burukina Faso, Lt Col Paul-Henri Sandaogo Damiba kuri uyu wa kabiri tariki 01 werurwe 2022, ryemeje ko izamara ku butegetsi amezi 36 (imyaka 3) mbere y’uko amatora aba.
Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, yasinye iteka riha ikaze umuntu wese ku Isi wifuza gutabara icyo gihugu mu ntambara kirimo kurwanamo n’u Burusiya.
Santafurika yarekuye abasirikare bane b’Abafaransa, bari mu Ngabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kubungabunga amahoro muri icyo gihugu (MINUSCA), bakaba bari batawe muri yombi bakekwaho gusha kwica Umukuru w’igihugu.
Abayobozi b’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), bavuze ko ibihano byafatiwe u Burusiya kubera ibitero bwagabye kuri Ukraine, biziyongeraho gusaba isi yose gushyira icyo gihugu mu kato gakomeye.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, abinyujije kuri Twitter, yavuze ko ibitero by’u Burusiya kuri Ukraine ari akaga kagwiriye umugabane w’u Burayi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 24 Gashyantare 2022, Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin yanditse amateka, aho yatangije urugamba ku gihugu kirinzwe n’Ingabo z’ibihugu by’u Burayi na Amerika bigize Umuryango OTAN.
Kuri uyu wa Gatatu, Perezida Kagame yageze muri Repubulika ya Kisilamu ya Mauritania mu ruzinduko rw’akazi, ku kibuga cy’indege cya Nouakchott–Oumtounsy International Airport, yakiriwe na mugenzi we Mohamed Ould Cheikh Mohamed Ahmed Ould Ghazouani.
Nyuma y’imyaka myinshi abagore n’abakobwa bo muri Arabia Sawudite batemerewe kujya mu mirimo imwe n’imwe, icyo gihugu gitsimbaraye ku muco wacyo, ubu noneho cyabemereye gukora imirimo ubusanzwe yari igenewe abagabo.
Perezida Paul Kagame hamwe n’abandi bayobozi batandukanye, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Gashyantare 2022, bakiriwe ku meza na mugenzi wabo wa Senegal Macky Sall nyuma yo gufungura ku mugaragaro Stade Olympique de Diamniadio.
Umunyemari w’Umunyamerika akaba n’inshuti ikomeye y’u Rwanda, Joe Ritchie, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Gashyantare 2022, afite imyaka 75.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 21 Gashyantare 2022, yageze i Dakar muri Senegal, aho yitabiriye umuhango wo gutaha Stade Olympique de Diamniadio.
Kenya yakajije ingamba zo kugenzura indwara y’imbasa, nyuma y’uko igaragaye muri Malawi mu cyumweru gishize.
Umuryango wa Afurika Uunze ubumwe (AU) urashaka ko ibihugu biwugize byayoboka inzira yo gukoresha imbaraga za gisirikare, mu bikorwa byo kugarura amahoro, aho gukomeza umuco umenyerewe wo kubungabunga amahoro, nk’igisubizo cyo gushyira iherezo ku bikorwa by’inyeshyamba.
Grand Ethiopian Renaissance Dam (GERD), urugomero rwateje umwuka mubi hagati y’ibihugu rwubatswe ku ruzi rwa Nile muri Ethiopia, kuri iki Cyumweru tariki 20 Gashyantare 2022, rwatangiye gutanga amashanyarazi inyuma y’imyaka icumi rumaze rwubakwa.
Ingoro ya Buckingham Palace yatangaje ko Umwamikazi w’u Bwongereza, Elizabeth II w’imyaka 95 yanduye Covid-19.
Umwe mu Banyarwandakazi batuye mu gihugu cy’u Bwongereza, Sherrie Silver, yubakiwe ikumbano mu Mujyi wa London ateze amaboko nk’urimo kubyina, mu buryo Abanyarwanda babyina bateze amaboko.
Intumwa ziyobowe na Inspector General Reonardo Mathe, Umuyobozi mukuru ushinzwe ubutasi muri Mozambique (IGISS), yasuye icyicaro cy’Ingabo z’u Rwanda i Mocimboa da Praia, mu ntara ya Cabo Delgado.
Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) na Afurika, kuva ku wa Kane tariki 17 kugeza tariki 18 Gashyantare 2022, bahuriye mu nama isanzwe ihuza iyi migabane yombi yari ibaye ku nshuro ya gatandatu, mu rwego rwo kurushaho gushimangira umubano n’ubufatanye bw’ahazaza .
Ku wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022, Guverinoma ya Mali yasabye u Bufaransa gukura Ingabo zabwo muri icyo gihugu bidatinze, kandi icyo gikorwa kigahagarikirwa n’abategetsi ba Mali.
Ku kibuga cy’indege cya Zanzibar hatangijwe uburyo bushya bwo gusuzuma Covid-19, aho abagenzi bose bashyikira kuri iki kibuga mpuzamahanga cyitiriwe Abeid Amani Karume, basuzumwa iyo virusi hifashishijwe scanner, aho gukoresha uburyo busanzwe bumenyerewe bwa Rapid test cyangwa PCR.
Perezida Paul Kagame uri mu bakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye Inama ya gatandatu, ihuza Afurika n’u Burayi irimo kubera i Buruseli mu Bubiligi, kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022, yayoboye Inama yo ku rwego rwo hejuru yiga ku by’ubuzima n’ikorwa ry’inkingo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yabitangarije mu nama ya gatandatu ihuza Afurika n’u Burayi, yatangiye kuri uyu wa Kane tariki 17 Gashyantare 2022, yahurije hamwe Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, ikaba irimo kubera i Buruseli mu Bubiligi.
Mu gihe Inama ya 35 y’Inteko rusange ya Afurika yunze Ubumwe (AU) yemeje ko 2022 ari umwaka wo kwita ku kibazo cyo kwihaza mu biribwa, mu mpera z’icyumweru gishize, Loni yatanze impuruza ko inzara ikomeje guca ibintu mu ihembe rya Afurika, aho nibura abantu miliyoni 13 bamerewe nabi.
Perezida w’igihugu cya Algeria, Abdelmadjid Tebboune, yatangaje ko Guverinoma igiye kuzashyiraho uburyo bwo gutunga abashomeri ibagenera umushahara, mu gihe igihugu kikiri guhangana n’ikibazo cy’ibura ry’akazi.
Kuri uyu wa Kane tariki 17 Kugeza tariki 18 Gashyantare 2022, i Buruseli mu Bubiligi hateganyijwe kubera inama ya gatandatu ihuza Umuryango w’ubumwe bw’ibihugu by’u Burayi (EU) na Afurika (AU), ikazahuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma ba Afurika n’u Burayi, mu rwego rwo kwigira hamwe iby’ingezi byihutirwa ku bufatanye (…)
Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yatangaje ko yakuyeho gahunda yo guhagarika ingendo za nijoro yari yarashyizweho mu kwezi k’Ukuboza 2020, mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19.
Luc Montagnier, umuhanga mu bya virusi w’Umufaransa wemejwe ko yagize uruhare mu kuvumbura virusi itera SIDA (HIV), yapfuye afite imyaka 89.
Ibyo bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umuyobozi mukuru w’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Tedros Adhanom Ghebreyesus.