Madamu Jeannette Kagame yavuze ko adakunda ko abagore biyumva nk’abashyitsi ahateraniye abagabo, akanga ko bisuzugura mu mikorere, ndetse adakunda ko imiterere y’umubiri na yo ibateza kwiyumvamo ubwo bushobozi buke.
Umugabo yafatiwe mu cyuho ataburura imbuto y’ibirayi, byari byatewe mu murima w’umuturage ahita atabwa muri yombi. Abamuzi bakaba bavuze ko basanzwe bamukekaho ubujura bw’imyaka muri ako gace.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Kamena 2023, Perezida Kagame yakiriye Ravi Menon, Umuyobozi wa Banki Nkuru ya Singapore (Monetary Authority of Singapore - MAS), akaba n’umwe mu bateguye ihuriro ‘FinTech’ baganira ku guteza imbere uburyo bw’Imari bugera kuri bose.
Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, wagiriye mu Rwanda uruzinduko rw’iminsi ibiri, yasobanuye ko ibyo yabonye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali (ku Gisozi) ari agahinda n’igisebo ku bantu, bikaba bikwiye kwibukwa mu gihugu cye, kugira ngo akumire ubugome hakiri hare.
Minisitiri w’Uburezi Uwamariya Valantine, yanenze abakobwa baherutse kugaragara bifotoje mu buryo budahesha agaciro Umunyarwanda, nyuma y’umuhango wo gushyikirizwa impamyabumenyi, wabaye mu ntangiro z’ukwezi kwa Kamena 2023.
Ubuyobozi bwa sosiyete RICO (Rubavu Investment Company) yeguriwe kubaka isoko rya Gisenyi bwatangaje ko buzishimira umwanzuro watanzwe na Minisitiri w’ibikorwaremezo Dr Nsabimana Ernest nibwakira icyangombwa cyo kubaka kuko bahagaritswe biteguye kuzuza isoko.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko ubushake bwa Politiki z’Ibihugu bya Afurika ari ingenzi mu kunoza no gushyira mu bikorwa amasezerano y’isoko rusange rya Afurika.
Abakobwa batewe inda bari munsi y’imyaka 18 mu murenge wa Kabacuzi ho mu karere ka Muhanga, basabye inzego zibishinzwe gutegura gahunda zibasobanurira ibijyanye n’imyororokere kuburyo batazajya bagwa mu bishuko.
Perezida wa Zambia Hakainde Hichilema uri mu Rwanda, yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, maze yunamira inzirakarengane zihashyinguye.
Perezida Paul Kagame yakiriye ku meza mugenzi we wa Zambia, Hakainde Hichilema, uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri mu Rwanda.
Perezida wa Sena, Dr Kalinda François Xavier, kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Kamena 2023, yagiranye ibiganiro na Ambasaderi wa Angola mu Rwanda, Octávio Filomeno Leiro Octávio, baganira ku gushimangira umubano w’ibihugu byombi ndetse no kongera imikoranire hagati y’Inteko z’ibihugu byombi.
Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yasabye abana kujya batanga amakuru ku babyeyi babo mu gihe hari abantu babatwara aho ababyeyi batazi, kuko bashobora kubashora mu ngeso mbi.
Tariki ya 20 Kamena buri mwaka, Isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kuzirikana impunzi. Kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023, u Rwanda rwifatanyije n’isi kwizihiza uyu munsi wizihijwe ku nshuro ya 22.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Kamena 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Zambia, Hakainde Hichilema muri Village Urugwiro. Ni uruzinduko rw’iminsi ibiri umukuru w’igihugu cya Zambia arimo kugirira mu Rwanda hagamijwe gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Perezida wa Zambia, Hakainde Hichilema, kuva kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri. Ni uruzinduko rugamije gushimangira umubano hagati y’u Rwanda na Zambia.
Ni umwanzuro wafashwe kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Kamena 2023 nyuma y’uko Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Nsabimana Ernest, hamwe n’Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiturire (Rwanda Housing Authority) n’abandi bayobozi batandukanye, basuye isoko rya Gisenyi, hemezwa ko rihabwa icyangombwa cyo kubaka ariko habanje (…)
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki ya 20 Kamena 2023, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze mu Karere ka Kamonyi, yafashe itsinda ry’abantu batatu bakekwaho ubujura bw’amateleviziyo n’ibindi bikoresho by’ikoranabuhanga.
Urubyiruko 48 rwarangije amasomo yo kugororwa ku kirwa cya Iwawa muri 2022, bahakomereza imirimo, bavuga ko bishimira ko bashoboye gukosorwa bagahabwa imirimo bakazasanga imiryango hari icyo bayishyiriye.
Abahagarariye inzego z’Umuryango kuva ku Karere kugera ku Rwego rw’Umudugudu mu Karere ka Kicukiro, bahuriye mu mahugurwa tariki 18 Kamena 2023, akaba ari amahugurwa yateguwe mu rwego rw’Umuryango wa FPR Inkotanyi.
Mu Kagari ka Ruyenzi, Umudugudu wa Nyagacaca, Umurenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 19 Kamena 2023, inzu y’umuturage witwa Nzaramba Jean Pierre yafashwe n’inkongi y’umuriro, ibyarimo byose birakongoka.
Abanyeshuri 202 bayobora abandi muri za Kaminuza n’amashuri makuru mu Rwanda, batangiye itorero ry’Igihugu icyiciro cya IV mu kigo cy’ubutore cya Nkumba, giherereye mu Karere ka Burera, basabwa kurwanya ingeso mbi mu rubyiruko.
U Rwanda na Pologne byasinyanye amasezerano y’ubufatanye ajyanye no guhugura abakora mu nzego za dipolomasi, ndetse hakazashyirwaho Ikigo gitanga ayo mahugurwa.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko umusaruro mbumbe w’Igihugu wazamutseho 9.2% mu gihembwe cya mbere cy’umwaka wa 2023, ugereranyije n’igihembwe cya mbere cy’umwaka ushize.
Abaturage bo mu Mirenge ya Gataraga, Shingiro na Busogo mu Karere ka Musanze, bavuga ko inzoga z’inkorano zicururizwa mu tubari twaho, ziri mu bikomeje gutiza umurindi ubusinzi bikabakururira umutekano mucye. Bakifuza ko inzego bireba zarushaho gukaza ingamba mu gutahura aho izo nzoga zengerwa no guhana abagira uruhare mu (…)
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyabihu baributswa ko aribo ba mbere bakwiye gukomera ku burere n’imikurire y’abana, baharanira kubarinda ihohoterwa, imirimo ivunanye, ibikorwa by’urukozasoni n’ibindi byose bishobora kubangamira urugendo barimo rwo kubaka ahazaza habo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba, Dr Jeanne Nyirahabimana, arasaba abayobozi b’amadini n’amatorero ko hejuru y’inyigisho za Bibiliya bakwiye no kurenzaho izindi zifasha abayoboke babo kwikura mu bukene.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Musafiri Ildephonse, yasabye abaturage bashaka gukira ko bashora imari mu buhinzi, kuko ari umwuga ushobora kuzamura imibereho y’uwukora.
Zimwe mu mpamvu zitera uburwayi bw’umugongo zirimo kuba umuntu yicara mu buryo butari bwo (position) ndetse no kumara umwanya munini umuntu yicaye no kuryama umuntu yiseguye.
Nzeyimana Jean Bosco w’imyaka 56 wo mu Kagari ka Gashinga, Umurenge wa Nkotsi mu Karere ka Musanze, yanyoye umuti wica udukoko witwa Tiyoda ahita apfa, nyuma yo gukomeretsa umugore we w’imyaka 45 amutemye mu mutwe.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB, yabwiye urubyiruko rugororerwa I wawa ko bagombye kuba baragejejwe imbere y’inkiko ariko bahawe amahirwe yo kwikosora no gukorera igihugu.