Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Habitegeko Francois yabwiye Kigali Today ko ubuyobozi butarangaranye abaturiye uruganda rwa Cimerwa bakomeje kwangirizwa n’uru ruganda, ahubwo hari byinshi birimo gukorwa harimo no kubarura abaturage n’imitungo yabo.
Abatuye ahitwa i Sovu mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, mu gace kahariwe inganda, binubira kuba batanga amafaranga yagenewe abanyerondo b’umwuga, nyamara bo bakaba batababona, kuko utewe n’abajura agatabaza, adashobora kubona abamutabara.
Abatuye mu Midugudu imwe n’imwe yo mu Murenge wa Minazi mu Karere ka Gakenke, bavuga ko bakigowe no kubaho mu icuraburindi, riterwa no kuba batagira umuriro w’amashanyarazi, aho bibasaba gukora ingendo zitaboroheye, bajya gushaka serivisi zikenera ingufu z’amashanyarazi, gusa bahawe icyizere cy’uko icyo kibazo gikemuka (…)
Perezida wa Sénégal Macky Sall yatangiye uruzinduko mu Rwanda, aho biteganyijwe ko kuri uyu wa Mbere aza kwitabira Inama Mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’Abagore mu Iterambere.
Ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye ku meza Perezida wa Hongiriya, Katalin Novak n’abandi bayobozi bari kumwe mu ruzinduko bagiriye mu Rwanda.
Umubiri w’Umusirikare w’u Rwanda uherutse kwicirwa muri Santrafurika, aho yari mu butumwa bwo kugarura amahoro, wagejejwe i Kigali kuri iki Cyumweru tariki 16 Nyakanga 2023.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru burashishikariza abafite ubushobozi gushora imari muri aka karere, kuko hari amahirwe menshi baheraho bakagera ku iterambere.
Mu ijoro rishyira itariki 03 Nyakanga 2017 ni bwo mu Kagari ka Muganza Umurenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, havuzwe inkuru y’umwana w’uruhinja watawe mu musarani wa metero umunani z’ubujyakuzimu akurwamo agihumeka.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB), buhamagarira abashoramari bakorera mu Ntara gutinyuka bagashora amafaranga mu mishinga yo kubaka n’inganda, kuko hari amahirwe arimo gutangwa.
Ku wa Gatandatu tariki 15 Nyakanga 2023, Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri yungutse intore z’Imana zigizwe n’umupadiri umwe n’abadiyakoni 10.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Lt Gen Mubarakh Muganga, yahuye ndetse agenera ubutumwa inzego z’umutekano ziteguye koherezwa mu Ntara ya Cabo Delgado, iherereye mu majyaruguru ya Mozambique.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yagaragaje uburyo indangagaciro zirimo ubupfura, ubushishozi, kunga ubumwe, ubutwari n’ubwitange ziri muri nyinshi urubyiruko rushobora kubakiraho, rukabasha urugamba rw’iterambere n’umutekano by’Igihugu.
Imirenge, Utugari n’Imidugudu yitwaye neza kurusha indi mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2022-2023 yo mu Karere ka Gekenke, yabishimiwe inahabwa ibihembo, abahayobora ndetse n’abaturage biyemeza gukomereza mu mujyo wo gukora cyane barangwa n’ubufatanye.
Perezida Kagame ku wa Gatanu tariki 14 Nyakanga 2023, yakiriye Rt Hon. Patrice Trovoada, Minisitiri w’Intebe wa São Tomé na Príncipe uri mu Rwanda hamwe na Madamu we, Nana Trovoada, mu ruzinduko rw’akazi rwo gushimangira umubano w’Ibihugu byombi, mu nzego zirimo ubucuruzi n’ishoramari.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu muri Village Urugwiro, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye itsinda ryo mu muryango Segal Family Foundation, nyuma yo gusoza inama rusange yawo yaberaga i Kigali.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gicumbi, yagaruje ibikoresho bitandukanye byibwe abarimu b’abanyamahanga bakomoka mu gihugu cya Nigeria, bigisha muri kaminuza ya UTAB, birimo telefone ngendanwa na za mudasobwa.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Nyakanga 2023, Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwerekanye abantu batandatu bakekwaho kwiba ibirimo amatelefone mu ngo z’abaturage.
Bamwe mu bahinzi b’urutoki mu Karere ka Gatsibo barifuza ko hakorwa ubushakashatsi bugamije kurandura indwara ya kirabiranya kuko ngo iye kubaca ku bitoki aribyo bakuragamo ibibitunga ndetse n’iterambere ry’imiryango.
Nkuko Kigali Today igenda ibagezaho amwe mu mateka y’inkomoko y’inyito z’ahantu hatandukanye kugira ngo abantu barusheho gusobanukirwa n’amateka y’igihugu cy’u Rwanda yabakusanyirije inyito y’amateka y’izina “Kitabi”, aho abazi amateka y’iri zina bahamya ko ryiswe ako gace biturutse ku itabi ryaheraga, rikahacururizwa.
Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda (RDF), Brig Gen Ronald Rwivanga yabwiye Urubyiruko ruba mu mahanga ko Leta ya Congo Kinshasa iramutse ibyifuza, RDF yakwihutira kuyifasha kugarukana umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Mu rwego rwo gukemura ikibazo cy’urusaku rukabaije ku baturage ruva ku bikorwa by’iterambere bihuza abantu benshi, Minisiteri y’Ibidukikije yashyize ahagaragara amabwiriza agaragaza ingano y’urusaku ntarengwa n’amasaha rumara ahahurira abantu benshi.
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Alfred Gasana, aratangaza ko kugira ngo umutekano n’amahoro birambye bigerweho, hakenewe abapolisi bakumira ibyaha, bubahiriza amategeko, banatanga ibisubizo by’ibibazo abaturarwanda bafite.
Abaturage 200 bo mu murenge wa Kinigi na Nyange mu karere ka Musanze, bashyikirijwe intama 200 kuri uyu wa kane tariki 13 Nyakanga 2023 hagamijwe kubafasha kwifasha ubwabo bikemurira ibibazo bimwe na bimwe.
Abapolisi 501 bari bamaze ibyumweru 50 mu mahugurwa mu kigo cya Polisi cya Gishari, kuri uyu wa Gatanu tariki 14 Nyakanga 2023 basoje ayo mahugurwa, bakaba bagiye guhabwa ipeti ryo ku rwego rw’aba Ofisiye bato (Assistant Inspector of Police /AIP).
Inama y’Abaminisitiri yateraniye muri Village Urugwiro iyobowe na Nyakubahwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku wa Kane tariki 13 Nyakanga 2023, yafatiwemo ibyemezo bikurikira:
Madamu Jeannette Kagame yatangaje ko ibikorwa by’umuryango Segal Family Foundation, byatumye benshi bagera ku nzozi zabo, bagashobora gukora ibikorwa bifatika bibateza imbere.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gahara, Mwenedata Olivier, afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kirehe, akekwaho icyaha cyo kurigisha Amafaranga y’u Rwanda 5,000,000 yari agenewe kugura imodoka y’Umurenge.
Mu Kagari ka Kaguhu Umurenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, haravugwa inkuru y’urupfu rw’umwana w’umuhungu basanze amanitse mu mukandara we, mu muryango w’igikoni cy’iwabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu mugoroba tariki ya 13 Nyakanga 2023, ayoboye Inama y’Abaminisitiri irimo kwiga kuri politiki z’iterambere ry’Igihugu, mu gihe ingengo y’imari nshya 2023/24 yatangiye gushyirwa mu bikorwa.
Mu Karere ka Gicumbi Umurenge wa Byumba Akagari ka Nyarutarama Umudugudu wa Rugarama kuri uyu wa kane tariki ya 13 Nyakanga 2023 inkongi y’umuriro yibasiye ikigo cy’amahugurwa cy’idini ya Islam Gicumbi yangiza ibintu bifite agaciro ka miliyoni 3.