Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yakiriye mu biro bye Ambasaderi w’u Bushinwa mu Rwanda, Wang Xuekun, tariki 30 Kamena 2023, baganira ku gukomeza guteza imbere umubano usanzwe uranga ibihugu byombi.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), rwatangije umushinga w’itegeko rizemerera uru rwego kugira imikorere yihariye, irushoboza gufata imyanzuro ikomeye ku giti cyarwo.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yabwiye Inteko ko Leta y’u Rwanda ikeneye Amafaranga y’u Rwanda arenga Miliyari 400 yo gusana ibyangijwe n’ibiza, byibasiye cyane cyane Intara y’Iburengerazuba mu ntango za Gicurasi 2023.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, Banki ya Kigali yagiranye amasezerano y’ubufatanye n’Umushinga witwa Hinga Wunguke w’Ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere (USAID), hagamijwe gutanga igishoro n’ubumenyi ku bahinzi n’abongerera agaciro umusaruro.
Mu Rwanda hatangijwe Ihuriro ry’abagore bakora mu bigo bitandukanye by’imari, n’iby’ubwishingizi bikorera mu Rwanda (Women in Finance Rwanda), kugira ngo babone ahantu bahurira bahugurane, banafatanye.
Abanyeshuri 35 baturuka mu bihugu 10 byo ku mugabane wa Afuruka, kuri uyu wa Gatanu tariki 30 Kamena 2023, basoje amasomo bamazemo umwaka ajyanye n’ubuyobozi (Police Senior Command and Ataff Course), yatangirwaga mu Ishuri Rikuru rya Polisi y’u Rwanda.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ngororero yemeje ingengo y’imari nshya isaga Miliyari 33Frw, izakoreshwa hibandwa ku bikorwa byo gusana ibyangijwe n’ibiza, no guteza imbere ubuhinzi nk’umwuga utunze benshi mu baturage b’ako karere.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango RPF-Inkotanyi, Gasamagera Wellars, yasabye Abadepite baturuka mu Muryango RPF-Inkotanyi, kujya bakorana ubushishozi, bagatora amategeko ajyana n’umuco w’Igihugu ndetse n’indangagaciro zacyo.
Umuryango Nyarwanda w’abagore bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga (Rwanda National Association Deaf Women/RNADW), washyizeho ikigo gifasha abagore n’abakobwa bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, kwiga ururimi rw’amarenga no kurwanya ihohoterwa bakorerwa mu Karere ka Nyamasheke.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku munsi Mukuru wa Eid Al Adha, Umuyobozi w’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC), Sheikh Salim Hitimana, yavuze ko abayisilamu bose byari biteganyijwe kubajyana gukora umutambagiro mutagatifu muri uyu mwaka, bose bagiyeyo, nubwo hari ibibazo byari byagaragayemo.
Polisi y’ u Rwanda ifatanyije n’Umujyi wa Kigali hamwe n’Ihuriro ry’Imiryango ishingiye ku kwemera (Rwanda Interfaith Council/RIC), ku wa Kabiri tariki 27 Kamena 2023, bafunze zimwe mu nsengero zisakuriza abaturanyi bazo.
Abasirikare barenga ibihumbi bitatu (3,000) bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF), barimo aba Ofisiye bakuru, aba Ofisiye bato n’abafite andi mapeti, basoje imyitozo ihanitse igenewe abarwanira ku butaka (Advanced Infantry Training/AIT) bamazemo amezi atandatu.
Murekatete Triphose wari umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro wirukanywe na Perezida wa Repubulika, hamwe n’Inama Njyanama bakorana, yahererekanyije ubushobozi na Mulindwa Prosper umusimbuye, ashimira abaturage bamutoye.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) dukesha iyi nkuru, byatangaje ko Kuri uyu wa Kane tariki 29 Kamena 2023, Perezida wa Republika, Paul Kagame ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame bari mu ruzinduko muri Seychelles, bitabiriye ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 47 y’ubwigenge bw’iki gihugu.
Nkuko Kigali Today igenda ibagezaho inkomoko n’inyito z’ahantu hatandukanye mu Rwanda kugira ngo abantu barusheho kumenya amateka ndetse banayabungabunge , yabakusanyirije amwe mu mateka asobanura inkomoko y’izina ‘Kigali’.
Abagize urugaga ruhuza amadini n’amatorero rushinzwe ku kubungabunga ubuzima (RICH), baratangaza ko buri mwemeramana agomba kumenya ko kuboneza urubyaro, uretse kuba ari gahunda ya Leta, ariko ari n’iy’Imana.
Leta y’u Rwanda yatangaje ko ifite ikibazo ku mwanzuro w’Urukiko rw’Ubujurire rw’i Londres mu Bwongereza, uvuga ko u Rwanda atari igihugu gitekanye gishobora kwakira abasaba ubuhungiro.
Abaturage bo mu Murenge wa Nyarugunga mu Karere ka Kicukiro, bashyize ahagaragara gahunda yo kubaka imihanda y’imigenderano bikorera ubwabo, mu rwego rwo gutanga umusanzu wabo muri gahunda ya Guverinoma yo kubaka ibikorwa remezo, ikazatwara Miliyoni 258Frw.
Rutagarama Appolo yarwanye urugamba rwo kwibohora avuye ku rugerero yiyemeza kuzamura imibereho y’abanyarwanda binyuze mu kubagabira inka, ubu akaba amaze koroza abantu 216 biganjemo abatishoboye.
Itsinda ry’abanyeshuri15 basoje umwaka wa mbere muri INES-Ruhengeri mu byishimo, nyuma y’uko bashinze Kampani ikora Protokole, biturutse ku gitekerezo bagize cyo gucunga neza buruse, mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo birinda ibishuko byugaruje bamwe mu rubyiruko.
Mulindwa Prosper, wagizwe Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rutsiro mu itangazo ryo ku itariki 28 Kamena 2023 ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe rimugira Umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Rutsiro nyuma y’uko Njyanama y’ako karere isheshwe, yavuze ko yatunguwe n’inshingano nshya yahawe.
Mu gihe mu Rwanda hari abakene bagiye bafashwa mu rwego rwo kugira ngo bave mu bukene bukabije ahubwo bagasa n’abumva ko bari mu cyiciro gikwiye gufashwa igihe cyose hamwe n’abana babo, hari n’abagiye bazamuka babikesha Girinka na VUP.
Umuhanzikazi Shengero Aline Sano umaze kumenyakana nka Alyn Sano akaba umwe mu b’igitsinagore bari kwigaragaza cyane mu muziki w’u Rwanda, yashyize hanze album ye ya mbere yise ‘RUMURI’.
Intumwa yihariye ya Perezida wa Koreya y’Epfo, Sung Min Jang, yagejeje kuri Minisitiri w’Intebe Dr Edouard Ngirente, ubutumire bwa Perezida w’icyo gihugu, Yoon Suk Yeol bugenewe Perezida Paul Kagame, bumutumira mu nama iteganyijwe kuba umwaka utaha izahuriza hamwe ibihugu bya Afurika na Koreya y’Epfo.
Abahanga mu miterereze ya muntu bagaragaza ko umwarimu wigisha abana bato, cyane abo mu mashuri y’incuke n’amashuri abanza bakwiye kwirinda kubahana bakoresheje ibihano bibabaza umubiri ndetse n’amagambo mabi.
Umuyobozi w’Akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza, Murekatete Juliet, avuga ko abaturage 38% aribo bamaze kwishyura ubwisungane mu kwivuza, umwaka wa 2023-2024 ariko hakaba hari ikizere ko imibare ikomeza kuzamuka mu minsi ya nyuma y’uku kwezi.
Imam wa Islam mu Ntara y’Iburasirazuba, Sheikh Kamanzi Djumaine, arasaba abayisilamu na bagenzi babo bahuje imyemerere ndetse n’abo batayihuje, kwishimana aho kurengera imbibi z’Imana bijandika mu bibi kuko biyirakaza.
Ku wa Gatatu tariki ya 28 Kamena 2023, Abayisilamu bo mu Rwanda no ku Isi bizihije Umunsi Mukuru w’Igitambo uzwi nka Eid al-Adha, isengesho muri Kigali rikaba ryabereye kuri Kigali Pelé Stadium i Nyamirambo, Abayisilamu bibutswa gusangira n’abakene.
Mu rugo rw’umugabo witwa Ntakirutimana hatahuwe Litiro 1,200 z’inzoga z’inkorano, zikaba zari mu ngunguru n’amajerekani, zihita zimenwa.
Imbogo yatorotse Pariki y’Igihugu y’Ibirunga, yagaragaye mu rugo rw’umuturage witwa Nyirandabaruta Athalie, yamaze kuraswa irapfa.