Abantu batandukanye bamenye Pasiteri Théogène Niyonshuti bavuga ko bazamwibukira cyane ku bikorwa by’urukundo yakoraga, ndetse n’inyigisho zisekeje yajyaga atanga yigisha ijambo ry’Imana.
Nyuma yuko ibiza by’imvura yaguye mu ijoro ryo ku itariki 02 rishyira 03 Gicurasi 2023, bisenyeye abatuye Akarere ka Burera binahitana abantu umunani, Leta y’u Rwanda ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, ikomeje gushaka umuti w’icyo kibazo ahateganyijwe kubakira imiryango 119 muri ako karere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro buvuga ko abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere bafite uruhare runini mu bikorwa by’iterambere ry’Akarere n’abaturage muri rusange. Ibi byagaragarijwe mu gikorwa cyo gusoza imurikabikorwa ry’ibyagezweho n’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Kicukiro mu mwaka wa 2022-2023.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yibukije Intagamburuzwa IV ko indangagaciro zishingiye ku gusigasira umuco no gushyira hamwe, zikenewe cyane kugira ngo iterambere rirambye ry’Igihugu rishoboke.
Mu Turere dutandukanye tw’Itara y’Iburasirazuba, umuganda usoza ukwezi kwa Kamena wibanze ku guhanga imihanda no gusiba ibinogo mu yangiritse, kubaka ibikumba rusange no gusiza ikibanza ahazubakwa ishuri.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), irahamagarira abakozi ba Leta guhora bazirikana ko bafite uruhare runini mu kwihutisha iterambere ry’Igihugu, bagashyira mu bikorwa ingamba zihuriweho zigamije kubaka umuco w’imikorere, harimo kunoza umurimo batanga serivisi nziza.
Imvura yaguye mu ijoro tariki 23 Kamena 2023, yasenyeye imiryango itanu mu mujyi wa Gisenyi, ubuyobozi bw’Umurenge wa Gisenyi buvuga ko byatewe n’abakoze umuhanda bagafunga inzira z’amazi, bigatuma ayobera mu nzu z’abaturage.
Mu mvura yaguye mu ijoro rishyira itariki ya 24 Kamena 2023, inkuba yakubise umwana w’umukobwa w’imyaka 15 witwa Tuyubahe, wo mu Kagari ka Muhabura, Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze ahita apfa.
Abanyamadini n’amatorero baravuga ko hari abatinya kuvuga ku buzima bw’imyororokere uko bikwiye kubera ko bafatwa nk’ibirara muri sosiyete, bitewe n’uko amagambo bisaba ko akoreshwa, ari amwe adakunze gukoreshwa ahandi.
Abayobozi b’ikigo StarTimes gicuruza kikanasakaza ibijyanye n’amashusho, tariki 22 Kamena 2023 basangiye n’abana b’imfubyi barererwa mu kigo SOS Rwanda kiri mu Murenge wa Kacyiru mu Karere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali, mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 35 ishize iki kigo cya StarTimes gishinzwe.
Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, Gen. James Kabarebe, ari muri Mozambique aho yasuye inzego z’umutekano z’u Rwanda ziri mu Ntara ya Cabo Delgado, ibarizwa mu majyaruguru y’iki gihugu.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zirwanira mu kirere, Lt Gen Jean-Jacques Mupenzi, kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Kamena 2023, i Warsaw muri Pologne, yakiriwe na mugenzi we Brig Gen. Ireneusz Nowak.
Abahinzi mu Karere ka Bugesera bavuga ko telephone zigendanwa zabafashije kumenya amakuru ajyanye n’ubuhinzi, gusaba inyongeramusaruro no kuyishyura bituma batongera kurara ihinga.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Mozambique, Filipe Nyusi n’abaturage b’iki gihugu muri rusange, ku ntambwe bateye yo kwambura intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe abahoze mu mutwe wa Renamo.
Mu Murenge wa Buruhukiro mu Karere ka Nyamagabe, inkuru iri kuhavugwa cyane kuri uyu wa 23 Kamena 2023 ni iy’uko hari umusekirite w’uruganda rw’icyayi wishyikirije RIB avuga ko yishe umuturage, amurashe.
Bamwe muri ba rwiyemezamirimo by’umwihariko abo mu bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bakimara kumenya amakuru y’ikurwaho ry’imisoro ya gasutamo ku binyabiziga bikoresha amashanyarazi, batangiye gutekereza uburyo bashobora kubyaza ayo mahirwe umusaruro, baza ku isoko ryo mu Rwanda bagamije gufatanya (…)
Umuyobozi w’akarere ka Rulindo Mukanyirigira Judith, yagaragaye aboha ikirago bishimisha abagore bo mu cyaro bibumbiye mu matsinda akora ubukorikori bunyuranye mu kagari ka Barari Umurenge wa Tumba.
Imiryango 400 yo mu Karere ka Gakenke yiganjemo iyari ituye mu bice by’amanegeka, igiye kubakirwa umudugudu uzuzura utwaye Miliyari zisaga umunani z’Amafaranga y’u Rwanda.
Guverinoma y’u Rwanda ku wa 22 Kamena 2023, yasinyanye amasezerano na Vivo Energy yo kugeza mu Mujyi wa Kigali bisi zirenga 200, zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zikoresha amashanyarazi.
Amakuru y’urupfu rwa Pasiteri Théogène Niyonshuti wiyitaga ‘Inzahuke’ yamenyekanye mu masaha y’urukerera kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Kamena 2023, saa cyenda za mu gitondo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Huye burasaba abafatanyabikorwa bakorana n’abaturage mu buryo ubwo ari bwo bwose, gukora ku buryo n’isuku yinjira mu byo batoza abo bakorana.
Leta y’u Rwanda yasohoye Itangazo rinenga Raporo y’Itsinda ry’Impuguke z’Umuryango w’Abibumbye (ONU). Ibikubiye muri iryo tangazo biri muri iyi nyandiko yashyizwe hanze n’Ibiro by’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda ku wa Kane tariki 22 Kamena 2023.
Amazina y’ahantu hatandukanye hirya no hino mu gihugu agenda afite inkomoko yayo n’icyatumye ahitirirwa ndetse ugasanga buri gace izina ryihariye inyito yaryo ku buryo udashobora gusanga hari izina ry’ahantu hitiranwa n’ahandi.
Bamwe mu bagize nyobozi y’umudugudu wa Rugogwe mu kagari ka Nturo umurenge wa Rwaza Akarere ka Musanze, bafatiwe mu gishanga gicukurwamo Zahabu saa yine n’igice z’ijoro ryo ku rishyira itariki 20 Kamena 2023, aho bamaze gushyikirizwa inzego z’umutekano.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze biganjemo ab’amikoro macye, bavuga ko bagiye kurushaho kugira uruhare rufatika mu kurengera ibidukikije, baca ukubiri no gutema amashyamba, babikesha Amashyiga avuguruye arondereza ibicanwa.
Mugihe abarema isoko rya Rwimiyaga bifuza kubakirwa isoko rinini ryahuriramo abacuruzi bose ndetse n’iry’ibiribwa ryatangiye kwangirika rigasanwa, ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko butarabona ubushobozi ariko nanone bukavuga ko buzegera abikorera bakaba bafatanya.
Tariki 14 Gicurasi 2023 mu masaha ya ni mugoroba ni wo munsi ababyeyi n’abana bavukana n’umwana w’ umwaka umwe witwa Neza Eliola batuye mu murenge wa Gahanga, Umudugudu wa Kagasa mu karere ka Kicukiro batazigera bibagirwa mu buzima bwabo kubera ibyago bahuye nabyo bigahungabanya ubuzima bwabo.
Itsinda ry’abana b’ababyinnyi babigize umwuga ryo muri Uganda ‘Ghetto Kids’, rikomeje gukora amateka nyuma yo kwitabira iserukiramuco rikomeye rya Tribeca mu mujyi wa New York.
Ikiraro cya Bukeri cyambukiranya umugezi wa Mukungwa kigahuza Akarere ka Nyabihu na Gakenke, cyongeye kuba nyabagendwa nyuma y’amezi akabakaba abiri gifunze kuko cyari cyangije n’ibiza.
Abantu bane bakomerekeye mu gikorwa cyo guhosha amakimbirane hagati y’Umugabo witwa Mbarushimana Jean Pierre n’umugore we, bo mu Karere ka Musanze.