Tariki ya 11 Nyakanga buri mwaka Isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga wo kwita ku baturage. Uyu munsi Umuryango w’Abibumbye (UN) urahamagarira abatuye Isi kwimakaza uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugore n’umugabo.
Inyubako iherereye i Gikondo ahasanzwe habera Imurikagurisha (Expo) ikaba ikoreramo ikinyamakuru imvaho nshya, kuri uyu wa kabiri tariki ya 11 Nyakanga 2023 yafashwe n’inkongi y’umuriro.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ibarurishamibare mu Rwanda NISR, cyagaragaje ko igipimo cy’ihindagurika ry’ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 13,7% mu kwezi kwa Kamena 2023 ugereranyije na Kamena 2022.
Ubuyobozi bw’umuryango wita ku bidukikije (APEFA), burasaba abaturage bahawe amatungo magufi mu Turere twa Ruhango, Nyanza, Gisagara na Kamonyi aho uwo mushinga ukorera, kwihutira kuyagarura mu miryango yabo, kuko bayahawe ngo abateze imbere atari ayo kugurisha.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana avuga ko uyu mwaka wa Mituweri, Leta izishyurira abatishoboye 180,631 bavuye ku basaga Miliyoni ebyiri kubera ko bamwe babashije kwiyishyurira kubera gahunda zitandukanye zibakura mu bukene.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda) cyatangaje Iteganyagihe ry’iki gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Nyakanga 2023, rigaragaza ko imvura izagwa ku matariki ya 11 na 12 henshi mu Burengerazuba n’Amajyaruguru, ahandi ntayo.
Umukozi w’Akarere ka Gatsibo uyobora ishami ry’Ubuhinzi, Ubworozi, Ibidukikije n’Umutungo kamere, Dr Nsigayehe Ernest, avuga ko imashini zihinga, zigasya, zikanazinga ubwatsi bw’amatungo (Baler Machines), bari bakeneye uko ari eshatu zamaze kubageraho kandi bizeye ko zizakemura ikibazo cy’ibura ry’ubwatsi ku kigero cya 75%.
Minisiteri y’Uburezi iratangaza ko Leta igiye kwishingira ibikorwa byose byari byaratangiye kubakwa ku mashuri kubera ko kuba bidahari bigira ingaruka ku ireme ry’uburezi.
Nyuma y’uko Papa Francis yashimye ubutwari bwaranze Ababikira bane b’Abakalikuta biciwe muri Yemen ku itariki ya 4 Werurwe 2016, yashyizeho Komisiyo ishinzwe kureba ko bashyirwa mu rwego rw’Abatagatifu.
Umusirikare w’u Rwanda wari mu butumwa bw’amahoro bwa UN muri Santrafurika (MINUSMA), yitabye Imana tariki ya 10 Nyakanga 2023, nyuma yo kuraswa n’abitwaje intwaro mu Majyaruguru y’icyo gihugu.
Abakorera mu Gakiriro k’i Masoro mu Murenge wa Ndera, aho ugabanira n’uwa Kimironko mu Izindiro, bavuga ko kahiye hafi ya kose kuko mu mitungo y’abagakoreragamo bagera muri 15 hasigaye iya babiri gusa.
Minisitiri w’Umutekano mu Gihugu, Alfred Gasana, avuga ko hari abahora bakubita urutoki ku rundi bashaka guhungabanya umutekano w’u Rwanda, ariko bidashoboka mu gihe Abanyarwanda bashyize hamwe mu kuwurinda.
Imwe mu mirenge igize akarere ka Rulindo, izwiho kugira amazina agaragaza amateka yaranze ako gace, aho bifatwa nk’ibimenyetso ndangamateka n’ubukungu bw’akarere ka Rulindo.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr Abdallah Utumatwishima, yasabye urubyiruko rw’u Rwanda ruba mu mahanga ndetse n’inshuti zarwo, kugira inyota yo kumenya amateka y’Igihugu cyabo kuko ari iyo soko yo gusobanukirwa ahazaza hacyo n’icyo kibifuzamo, cyane ko ubu bisanga.
Urubyiruko rukoresha imbugankoranyambaga rugera ku 150 kuri uyu wa 9 Nyakanga 2023, rwakoze urugendo ku Mulindi w’intwari mu karere ka Gicumbi rusobanurirwa amateka yo kubohora u Rwanda.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo yatangaje ko kubera imirimo yo kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Nyabarango II, hari igice cy’umuhanda Giticyinyoni-Nzove-Ruli-Gakenke gifunze, kuva tariki 10 Nyakanga 2023, kuko kizarengerwa n’amazi bikabangamira abakoresha uyu muhanda.
Abaturage batuye mu Murenge wa Rubavu Akagari ka Gikombe mu Mudugudu wa Gafuku, bavuga ko mu ijoro ryakeye tariki 10 Nyakanga 2023, harasiwe umujura wari umaze kwambura abaturage no kubakomeretsa.
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Bahamas, Philip Davis, byibanze ku guteza imbere ubufatanye bw’u Rwanda na Bahamas.
Koperative y’Abatwara Amakamyo (United Heavy Truck Drivers of Rwanda/UHTDRC), yasobanuriye Polisi ko guhangayika (stress) guterwa n’uko abakoresha babahemba nabi, ari impamvu ikomeye iteza amakamyo gukora imanuka za hato na hato, maze bikaviramo bamwe urupfu cg ubumuga.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze iratangaza ko yataye muri yombi abantu bane, bakekwaho uruhare mu rupfu rw’umusore witwa Habimana bakamuta mu buvumo.
Ikigo k’Igihugu gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA) cyatangaje ko cyakumiye ku isoko ry’u Rwanda umuti w’abana uvura inkorora witwa ‘NATURCOLD’ nyuma yo gukekwaho kwica abana 12 mu gihugu cya Cameroon.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango RPF Inkotanyi, Wellars Gasamagera kuri uyu wa gatandatu tariki 7 Nyakanga 2023 yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’uturere n’intara, Abakomiseri n’abandi banyamuryango baturutse mu nzego zitandukanye, abasaba kwimakaza gutanga serivise nziza ku baturage bayobora.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, arasaba abantu kwirinda ubusinzi ariko by’umwihariko abagore bakabugendera kuko ngo hari abagaragara bagenda bandika umunani mu muhanda.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro, bwashimiye abafatanyabikorwa babafashije mu mihigo y’umwaka wa 2022/2023 mu bikorwa bitandukanye.
Mu Mudugudu wa Kabingo uherereye mu Kagari ka Kimina mu Murenge wa Kivu, itorero Seirra rihujuje ishuri ry’imyuga, none n’urubyiruko rwari rwarataye ishuri rwiyemeje kuzaryigamo.
Abayobozi b’Intara y’Amajyepfo baravuga ko bazakomeza kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana, kandi bazagera ku ntego bifashishije ubukangurambaga bwatangijwe na Polisi y’Igihugu.
Nyuma y’uko bamwe mu bahinzi borozi bahuguwe ku gusigasira ubutaka n’urusobe rw’ibinyabuzima (Agro-ecologie), barashishikariza bagenzi babo kugana iyo gahunda kuko itanga umusaruro ugaragara.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda (Traffic Police) iraburira abatwara ibinyabiziga, abana n’ababyeyi, isaba ko habaho imyitwarire idasanzwe ijyanye no kwirinda impanuka mu gihe cy’ibiruhuko.
Mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi mu Rwanda, no guharanira ko abana barushaho kubona uburezi buboneye, abarimu bagera ku bihumbi 40, ni bo bahawe akazi mu myaka mike ishize.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriwe ku meza mu musangiro wo kwizihiza ibirori bya yubile y’imyaka 50 y’ubwigenge bwa Bahamas.