• Musanze: Umusaza yaturikanywe na gerenade arapfa

    Bazirake Laurent w’imyaka 75, wo mu Kagari ka Kabeza Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze, yitabye Imana nyuma y’uko aturikanywe na gerenade yo mu bwoko bwa Stick.



  • Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya yakiriwe na mugenzi we w’u Rwanda

    Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya (KDF), Gen. Francis Ogolla uri mu ruzinduko mu Rwanda, ku wa Kabiri tariki 27 Kamena 2023, yakiriwe ndetse agirana ibiganiro na mugenzi we w’u Rwanda, Lt Gen. Mubarakh Muganga.



  • Bamwe babatijwe

    Bamwe mu bagororerwa Iwawa bahawe Amasakaramentu abandi bagarukira Imana

    Kuri uyu wa 27 Kamena 2023, Musenyeri Anaclet Mwumvaneza, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Nyundo yagiriye uruzinduko ku kirwa cy’Iwawa anatura Igitambo cya Misa, yaherewemo n’amasakaramentu y’ibanze abagera kuri 84 bagororerwa kuri iki kirwa.



  • Bishimiye kuba indege ya RwandAir yageze i Paris

    Kompanyi y’Indege z’u Rwanda (RwandAir) yashimiwe n’abantu b’ingeri zitandukanye nyuma yo kohereza indege yayo ku mugabane w’u Burayi, ikazajya ikora ingendo hagati ya Kigali mu Rwanda na Paris mu Bufaransa, inshuro eshatu mu cyumweru.



  • Inzu yahoze ari iy

    Amazu ya Leta arenga 1000 ntakoreshwa

    Iyo urebye hirya no hino mu gihugu, ubona amazu ya leta adakorerwamo ndetse amwe muri yo asa n’ayabaye amatongo. Mu bugenzuzi bwakozwe n’inzego za Leta zitandukanye zirimo Urwego rw’umuvunyi n’ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Guteza Imbere Imiturire (RHA), byagaragaye ko Leta ifite amazu yose hamwe 49,937 ariko muri yo, agera ku (…)



  • Perezida Kagame ategerejwe nk’umushyitsi w’imena muri Seychelles

    Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, ategerejwe nk’umushyitsi w’imena muri Seychelles, mu kwizihiza ibirori by’umunsi Mukuru w’ubwigenge uteganyijwe ku ya 29 Kamena 2023.



  • Abadepite ba Burukina Faso basuye Inteko Ishinga Amategeko y

    Abadepite ba Burukina Faso basuye Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda

    Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Hon Mukabalisa Donatille, yakiriye Abadepite baturutse mu Nteko Ishingamategeko y’inzibacyuho ya Burkina Faso, bazamara iminsi itandatu mu Rwanda bareba zimwe muri gahunda za Leta uko zishyirwa mu bikorwa, kugira ngo nabo bibahe isomo ry’ibyo bazakora mu gihugu cyabo.



  • Igitera cyari kimaze iminsi kibangamiye abaturage cyishwe

    Inyamaswa yitwa ‘Igitera’ yari imaze iminsi ibangamiye umutekano w’abaturage, yiciwe mu Karere ka Gakenke, abiganjemo abagore cyari kimaze iminsi gisagarira, biruhutsa impungenge n’ubwoba bari bamaranye iminsi babitewe n’iyo nyamaswa.



  • Kenya: Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bamaganye itegeko ryo kongera imisoro

    Abaturage bo mu gihugu cya Kenya batavuga rumwe na Leta batangaje ko batishimiye itegeko ryasinyweho na Perezida wa Kenya William Ruto ryo kongera imisoro.



  • Umuhanzikazi Simi

    Umuhanzikazi Simi yavuze ko kuba umubyeyi ari kimwe mu byiza byamubayeho

    Simisola Bolatito Kosoko, uzwi nka Simi mu muziki, akaba n’umwe mu bahanzikazi bakundirwa ijwi rye ku mugabane wa Afurika, yahishuye ko imyaka ibiri ishize abaye umubyeyi yamubereye iy’ibyishimo mu buzima.



  • Isoko rya Gisenyi ryabonye icyangombwa gituma rirangira kubakwa

    Bishimiye ko isoko rya Gisenyi ryabonye icyangombwa

    Ubuyobozi bwa sosiyete ya RICO yahawe isoko rya Gisenyi, butangaza ko bwishimiye kwakira icyangombwa cyo kuryubaka, rikarangira mu gihe gito.



  • Ibiyobyabwenge bigira ingaruka mbi ku buzima bw

    Menya amoko y’ibiyobyabwenge n’ingaruka bigira ku buzima bw’umuntu

    Ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge ni ikibazo gikomereye ibihugu byose by’Isi bihuriyeho, kigahangayikisha n’abayituye. Umuryango mpuzamahanga washyizeho umunsi wo kurwanya ibiyobyabwenge uba tariki ya 26 buri mwaka, hagamijwe gufasha abatuye Isi kubireka, kuko byangiza ubuzima bwa muntu.



  • RwandAir yatangiye ingendo zerekeza i Paris nta handi ihagaze

    Ikompanyi y’Igihugu y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandaAir, kuri uyu wa 27 Kamena 2023 yatangiye gukora ingendo ziva i Kigali zerekeza i Paris mu Bufarannsa idaciye mu kindi gihugu. Ibi bikubiye muri gahunda y’iyi kompnyi yo kwagura ibyerekezo binyuranye yerekezamo idahagaze, by’umwihariko ku mugabane w’u Burayi.



  • Abanyeshuri ba Les Poussins bari bitwaje inkunga zitandukanye

    Ishuri rya Les Poussins ryahaye imfashanyo abahuye n’ibiza

    Abanyeshuri n’abarezi b’ishuri ryigenga ryitwa Les Poussins basuye banaremera abaherutse kwibasirwa n’ibiza bo mu Murenge wa Rugerero, mu Karere ka Rubavu, Intara y’Iburengerazuba.



  • Bahamya ko ‘Ushirikiano Imara’ ibongereye ubumenyi mu gucunga umutekano

    Abasoje imyitozo ya Ushirikiano Imara, imaze ibyumweru bibiri ibera mu Rwanda, baremeza ko ubumenyi ibasigiye ari ingenzi mu kubungabunga umutekano, w’ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).



  • Itariki yo kwizihirizaho Umunsi mukuru w’Igitambo ‘AL ADHA’ yamenyekanye

    Ubuyobozi bukuru bw’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda (RMC) bwatangaje ko umunsi mukuru w’igitambo (EID AL ADHA) uzaba kuwa Gatatu tariki 28 Kamena 2023.



  • Dusabemariya Immaculée w

    Imbamutima z’umukecuru watwaye igikombe mu irushanwa ry’igisoro

    Umukecuru witwa Dusabemariya Immaculée w’imyaka 64, niwe watsinze irushanwa ry’igisoro (kubuguza)mu bagore, mu marushanwa Umurenge Kagame Cup ku rwego rw’igihugu mu marushanwa yabereye mu Ngoro Ndangamurage i Huye, maze ahembwa ibihumbi 200FRW n’igikombe.



  • Barashima kuba ibizamini bya DNA bisigaye bikorerwa mu Rwanda (Ubuhamya)

    Laboratwari y’u Rwanda y’ibimenyetso bya gihanga byifashishwa mu butabera, (Rwanda Forensic Laboratory/RFL) yatangiye gukora ibizamini byo kwerekana isano hagati y’abantu n’abandi (ADN/DNA) muri Werurwe 2018, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bw’icyo Kigo. Kugeza ubu ikaba itanga ibisubizo byizewe kuko ikoresha abakozi (…)



  • Gahanga: Abanyamuryango ba FPR bo muri Rwabutenge barishimira iterambere begerejwe

    Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Kagari ka Rwabutenge mu Murenge wa Gahanga bahuriye mu Nteko rusange y’Umuryango FPR Inkotanyi tariki 25 Kamena 2023, barebera hamwe ibyagezweho, bafata n’ingamba ku bisigaye.



  • Bamuhaye ibikoresho binyuranye

    Musanze: Akarere kemereye ubufasha umugore wabyaye impanga eshatu

    Ku mugoroba wo ku itariki 22 Kamena 2023, Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Musanze ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Kamanzi Axelle, yasuye umubyeyi witwa Nyiranzabonimpa Julienne uri mu bitaro bya Ruhengeri, nyuma yo kubyara impanga z’abana batatu.



  • Minisitiri Gaspard Twagirayezu aganiriza abitabiriye iyo nama

    U Rwanda rwabashije guhangana n’ibibazo Covid-19 yateye mu burezi

    Ibi ni ibyagarutsweho mu nama y’iminsi ibiri yahuje bimwe mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba, igamije gusangira ubumenyi mu kwihutisha imyigire y’abana mu myaka itatu ya mbere y’amashuri abanza, no kurebera hamwe uko ibihugu bihagaze mu gukemura ingaruka zatewe na Covid19 mu rwego rw’uburezi.



  • Pasiteri Théogène Niyonshuti uherutse kwitaba Imana

    Pasiteri Théogène Niyonshuti azibukirwa ku ki?

    Abantu batandukanye bamenye Pasiteri Théogène Niyonshuti bavuga ko bazamwibukira cyane ku bikorwa by’urukundo yakoraga, ndetse n’inyigisho zisekeje yajyaga atanga yigisha ijambo ry’Imana.



  • Burera: Bashyikirijwe imifuka 1000 ya Sima yo kubakira abasenyewe n’ibiza

    Nyuma yuko ibiza by’imvura yaguye mu ijoro ryo ku itariki 02 rishyira 03 Gicurasi 2023, bisenyeye abatuye Akarere ka Burera binahitana abantu umunani, Leta y’u Rwanda ku bufatanye n’abafatanyabikorwa batandukanye, ikomeje gushaka umuti w’icyo kibazo ahateganyijwe kubakira imiryango 119 muri ako karere.



  • Abayobozi basuye ibikorwa bitandukanye by

    Kicukiro: Abafatanyabikorwa bashimiwe uruhare rwabo mu kuvana abaturage mu bukene

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro buvuga ko abafatanyabikorwa mu iterambere ry’Akarere bafite uruhare runini mu bikorwa by’iterambere ry’Akarere n’abaturage muri rusange. Ibi byagaragarijwe mu gikorwa cyo gusoza imurikabikorwa ry’ibyagezweho n’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Kicukiro mu mwaka wa 2022-2023.



  • Urubyiruko rwibukijwe ko iterambere ritashoboka hatabayeho gushyira hamwe

    Urubyiruko rwibukijwe ko iterambere ritashoboka hatabayeho gushyira hamwe

    Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, yibukije Intagamburuzwa IV ko indangagaciro zishingiye ku gusigasira umuco no gushyira hamwe, zikenewe cyane kugira ngo iterambere rirambye ry’Igihugu rishoboke.



  • Babumbye amatafari yo kubakira abatishoboye

    Iburasirazuba: Umuganda wibanze ku bikorwa by’iterambere ry’abaturage

    Mu Turere dutandukanye tw’Itara y’Iburasirazuba, umuganda usoza ukwezi kwa Kamena wibanze ku guhanga imihanda no gusiba ibinogo mu yangiritse, kubaka ibikumba rusange no gusiza ikibanza ahazubakwa ishuri.



  • Abakozi ba Leta bibukijwe kunoza umurimo batanga serivisi nziza

    Abakozi ba Leta bibukijwe kunoza umurimo batanga serivisi nziza

    Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), irahamagarira abakozi ba Leta guhora bazirikana ko bafite uruhare runini mu kwihutisha iterambere ry’Igihugu, bagashyira mu bikorwa ingamba zihuriweho zigamije kubaka umuco w’imikorere, harimo kunoza umurimo batanga serivisi nziza.



  • Hari n

    Rubavu : Imvura yasenyeye imiryango itanu

    Imvura yaguye mu ijoro tariki 23 Kamena 2023, yasenyeye imiryango itanu mu mujyi wa Gisenyi, ubuyobozi bw’Umurenge wa Gisenyi buvuga ko byatewe n’abakoze umuhanda bagafunga inzira z’amazi, bigatuma ayobera mu nzu z’abaturage.



  • Musanze: Inkuba yakubise umuntu umwe ahita apfa

    Mu mvura yaguye mu ijoro rishyira itariki ya 24 Kamena 2023, inkuba yakubise umwana w’umukobwa w’imyaka 15 witwa Tuyubahe, wo mu Kagari ka Muhabura, Umurenge wa Nyange mu Karere ka Musanze ahita apfa.



  • Basanga buri wese akwiye kugira uruhare mu buzima bw

    Banga kuvuga ku buzima bw’imyororokere batinya uko bafatwa muri sosiyete

    Abanyamadini n’amatorero baravuga ko hari abatinya kuvuga ku buzima bw’imyororokere uko bikwiye kubera ko bafatwa nk’ibirara muri sosiyete, bitewe n’uko amagambo bisaba ko akoreshwa, ari amwe adakunze gukoreshwa ahandi.



Izindi nkuru: