Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yasabye abahoze mu mitwe yitwaje intwaro ikorera muri Congo, kubungabunga umutekano basanze, yibutsa abafunguwe ku bw’imbabazi za Perezida wa Repubulika kwirinda kuzitesha agaciro.
Kuri uyu wa gatanu Banki ya Kigali yamuritse ubufatanye na PREV Rwanda Ltd hagamijwe gushyigikira gahunda yo kubungabunga ikirere no gukumira ibyuka bicyangiza.
Sosiyete y’u Rwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere, RwandAir, ku bufatanye na Ambasade y’u Rwanda muri Qatar, yahaye ibihembo abafanyabikorwa bayo mu by’ingendo muri icyo gihugu, mu rwego rwo kwishimira umusaruro iyi sosiyete imaze kugeraho muri uyu mwaka.
Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso yageze mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Nyakanga 2023 mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu.
Minisitiri ushinzwe ibikorwa by’Ubutabazi, Marie Sonange Kayisire, arasaba abayobozi kuba urugero rw’abo bayobora kuko ari byo byafasha guhindura imyumvire y’abaturage, bakarushaho kwiteza imbere no kugira ubuzima bwiza.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Bizimana Jean Damascène, atangaza ko harimo gutekerezwa uko Itorero ryajya rikorerwa mu buryo buhoraho ku rwego rw’Umudugudu, kugira ngo birusheho korohereza ibyiciro n’inzego zose z’Abanyarwanda kugerwaho n’inyigisho z’uburere mboneragihugu.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Malizamunda, yakiriye Ambasaderi wa Qatar mu Rwanda, Misfer Faisal Al-Shahwani, bagirana ibiganiro ku kongerera imbaraga ubufatanye mu bya gisirikare.
Leta y’u Rwanda n’igihugu cy’u Budage byatangije ikigega cya Miliyoni 16 z’Amayero (asaga Miliyari 20Frw), kigamije kuzamura imibereho y’abaturage bakennye cyane bo mu turere 16 two mu ntara zose.
Perezida wa Repubulika ya Congo, Denis Sassou Nguesso, ategerejwe mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri atangira kuri uyu wa Gatanu tariki 21 kugeza kuya 22 Nyakanga 2023.
Abahoze mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Congo bari bafungiye ibyaha byo guhungabanya umutekano w’Igihugu, bafungurwa ku mbabazi za Parezida wa Repubulika, Paul Kagame, banenze mugenzi wabo witwa Ntabanganyimana Joseph watorotse, ubwo bari bageze mu kigo cya Mutobo.
Kuri uyu wa Kane, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yazamuye mu ntera Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda DCG Felix Namuhoranye amuha ipeti rya CG (Commissioner General).
Abakobwa barenga 50 batsinze neza ibizamini bya Leta kurusha abandi, bagiye gufashwa kongererwa ubumenyi buhambaye mu ikoranabuhanga (Cording), hagamijwe kurushaho kongera umubare w’abana b’abakobwa bari muri urwo rwego.
Mu murenge wa Busogo mu karere ka Musanze, umushoferi yarokotse impanuka aho ikamyo yari atwaye yabuze feri igwa mu muganda Musanze-Busogo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buvuga ko hari abana babiri bakoreye ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza mu nzu y’ababyeyi iherereye mu bitaro bya Nyamata nyuma yo kubyara imfura zabo.
Ambasaderi uhoraho w’u Rwanda mu muryango w’Abibumbye, Claver Gatete yagaragaje ko u Rwanda rutewe impungenge na raporo iherutse gusohorwa n’impuguke ku bibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC.
Umunyarwenya Kevin Darnell Hart uri mu Rwanda kuva ku wa Kabiri yasuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali ku Gisozi, mu guha icyubahiro abahashyinguwe.
Perezida Paul Kagame yishimiye gusohokana n’abuzukuru be ku munsi wabo w’isabukuru y’amavuko bizihije ku wa Gatatu tariki 19 Nyakanga 2023.
Ikipe y’igihugu ya Handball y’abatarengeje imyaka 19 yerekeje muri Espagne aho igiye gukorera imyitozo y’iminsi itegura igikombe cy’isi kizabera muri Croatia.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 19 Nyakanga yakiriye Fidele Sarassoro intumwa idasanzwe ya Perezida wa Côte d’Ivoire Alassane Ouattara.
Umuyobozi wa UN Women, Sima Sami Bahous, uri mu Rwanda aho yitabiriye inama ya Women Deliver, ku wa Gatatu tariki 19 Nyakanga 2023, yasuye ibikorwa bya Isange One Stop Center ku Kacyiru.
Imibiri 10 y’abana barohamye muri Nyabarongo ku wa 17 Nyakanga 2023, bashyinguwe mu cyubahiro, nyuma y’iminsi ibiri bashakishwa.
Ambasaderi w’Igihugu cy’u Buyapani mu Rwanda, Fukushima Isao, asanga guhosha imvururu haharanirwa kubaka amahoro arambye bidashobora kugerwaho, hatabayeho ubufatanye buhuriweho n’inzego zinyuranye. Avuga ko biri mu by’ingenzi igihugu cye gishyize imbere, by’umwihariko mu gace n’u Rwanda ruherereyemo.
Tuyisenge Cassien w’imyaka 29 y’amavuko wo mu Murenge wa Kibungo, Akarere ka Ngoma akora imitako itandukanye mu duti tw’imishito twavuyeho mushikake, akazi yahanze nyuma y’uko ako yakoraga gahagaze kubera COVID-19.
Madamu Jeanette Kagame yaganiriye na mugenzi we w’u Burundi, Angeline Ndayishimiye watumiwe mu nama Mpuzamahanga yiga ku ruhare rw’abagore mu Iterambere (Women Deliver), irimo kubera mu Rwanda.
Abaturage 53 bo mu Murenge wa Munyaga Akarere ka Rwamagana bajyanywe mu bitaro by’Ikigo Nderabuzima cya Munyaga nyuma yo kunywa ubushera bidasembuye bikekwa ko bwari bwahumanyijwe.
Abantu b’ingeri z’itandukanye bagenda mu muhanda n’amaguru mu mujyi wa Kigali bavuga ko ubukangurambaga bwakozwe n’umuvugizi wa Polisi y’igihugu CP John Bosco Kabera asaba abatwara ibinyabiziga kubahiriza uburenganzira bw’abanyamaguru igihe bageze ahabugenewe kwambuka umuhanda “Zebra crossing” bwatumye nta muntu ukigongwa (…)
Anatolie Nyiramukondo utuye mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Kibeho, Akarere ka Nyaruguru, yishimira ko icyayi kimuha amafaranga nyamara yaremeye kugihinga kubera kwiheba.
Imibiri 10 y’abana bari bamaze iminsi itatu barohamye mu mugezi wa Nyabarongo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, yabonetse yose, ikaba ishyingurwa mu cyubahiro, kuri uyu wa 19 Nyakanga 2023, nyuma yo kurohorwa bamaze kwitaba Imana.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Edouard Ngirente, yakiriye mu biro bye intumwa z’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari (IMF), bagirana ibiganiro byibanze ku bufatanye bwari busanzweho, banaganira uko iki kigega kizunganira u Rwanda mu gusana ibyangijwe n’ibiza.
Abashinzwe uburinganire mu Ngabo, Polisi n’Urwego rushinzwe Igorora mu Rwanda (RCS), barashishikariza abakobwa kwinjira muri serivisi zikorwa n’izo nzego, kugira ngo buzuze byibuze 30% by’abantu b’igitsina gore mu myaka itanu iri imbere.