Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi wa Dipolomasi mu ishyaka Chinese Communist Party, riri ku butegetsi Bushinwa Liu Jianchao, n’intumwa ayoboye mu ruzinduko barimo mu Rwanda.
Urubyiruko rugizwe n’abasore n’inkumi 20 rwuriye indege ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 26 Nyakanga 2023, rwerekeza mu gihugu cya Portugal, ahagiye kubera ihuriro mpuzamahanga ry’urubyiruko ku rwego rw’Isi, ryateguwe na Kiliziya Gatolika.
Ikamyo ya Bralirwa yakoze impanuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Nyakanga 2023, ifunga umuhanda aho imodoka nto zabaye zishakiwe indi nzira.
Guhera ku wa Kabiri tariki ya 25 Nyakanga 2023, Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana n’abagize Inama y’Umutekano itaguye y’Intara, batangiye gusura abaturage muri gahunda yihariye yiswe Mobile Governance.
Umusore w’imyaka 27 wo mu Kagari ka Buruba, Umurenge wa Cyuve Akarere ka Musanze, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Sitasiyo ya Muhoza, aho yafashwe yihishe nyuma y’ibyumweru bitatu ashakishwa ngo akurikiranweho icyaha yakoze cyo gukomeretsa se bikomeye, amukubise ibuye mu mutwe.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko umuturage yaguye mu kirombe, aho yacukuraga amabuye y’agaciro mu buryo butemewe.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr. Ernest Nsabimana, yagaragarije Inteko Rusange ya Sena zimwe mu ngamba Leta y’u Rwanda yashyizeho mu gukumira no guhangana n’impanuka zibera mu muhanda kugira ngo zigabanuke.
Caporal Musabyimana Dative wamaze imyaka ikabakaba 20 ari umusirikare mu mitwe yitwaje intwaro mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yavuze uburyo yabagaho muri ayo mashyamba.
Liu Jianchao ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, mu ishyaka rya Gikominisiti (Chinese Communist Party) riri ku butegetsi mu Bushinwa, ari mu ruzinduko mu Rwanda, rugamije gushimangira umubano w’Ibihugu byombi.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Nsabimana Ernest, mu izina rya Minisitiri w’Intebe, yabwiye Inteko rusange ya Sena ko mu ngamba ziteganyijwe zo gukuraho imbogamizi mu gutwara abagenzi no gukumira impanuka zibera mu muhanda, Leta izongera imodoka mu mihanda ikaba yaramaze gutumiza bisi 305, izigera ku 100 zikazaba zageze mu (…)
Abagabo batatu bagwiriwe n’ikirombe bacukura umucanga, kuri uyu wa Kabiri tariki 25 Nyakanga 2023, umwe ahasiga ubuzima.
Abayobozi b’amwe mu madini n’amatorero baganiriye na Kigali Today bavuga ko hari benshi mu bayoboke babo baguye mu bihe bya Covid-19, bakaba bakomeje gutegura ibiterane byo kubagarura (kubabyutsa).
Impuguke mu bijyanye n’ubukungu irasanga intambara zirimo ihanganishije u Burusiya na Ukraine, ndetse n’imihindagurikire y’ikirere byagombye gutuma Abanyarwanda bahindura imikorere n’imirire, bagahinga ibishobora guhangara izuba n’imyuzure nk’amasaka, ibijumba n’imyumbati.
Izina ‘Kimisagara’ rirazwi mu Mujyi wa Kigali, ingeri zitandukanye zirimo abatwara ibinyabiziga, cyane abamotari, abashoferi b’imodoka ndetse n’abatuye mu mujyi ntawe wabaza Kimisagara ngo avuge ko ari ubwa mbere yumvise iryo zina ry’umwe mu mirenge igize Akarere ka Nyarugenge.
Umunyarwanda Louise Mushikiwabo uyobora Umuryango w’ibihugu 88 bikoresha ururimi rw’Igifaransa ku Isi (Francophonie/OIF), ntabwo azajya gutangiza imikino yawo izakorerwa i Kinshasa muri Repubulika iharanira Demokorasi ya Congo (DRC), n’ubwo Leta y’icyo gihugu yari yamuhaye ikaze.
Abahinzi mu Karere ka Nyagatare barasaba Leta kubafasha ibikoresho byo kuhira ikabishyira mu makoperative yabo bikaborohera kugura byinshi kuko uruhare basabwa barwishyurirwa na koperative bityo buri muhinzi agafata ibijyanye n’ubuso bw’umurima ahinga.
Umuyobozi w’agateganyo wa WASAC Umuhumuza Gisèle yasobanuriye Abasenateri bagize Komisiyo y’iterambere ry’imari n’ubukungu ko ibikoresho bishaje na mubazi zitabara neza biri mubiteza igihombo ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amazi, isuku n’isukura WASAC.
Perezida Paul Kagame muri Village Urugwiro, yakiriye Ambasaderi w’u Budage mu Rwanda ucyuye igihe, Dr. Thomas Kurz, waje kumusezeraho.
Mu Murenge wa Musasa mu Karere ka Rutsiro, haravugwa impanuka y’imodoka yarenze umuhanda igwa munsi y’umukingo, abakozi bane b’Akarere ka Rutsiro n’umushoferi bararokoka.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, avuga ko bishimira ko mu mwaka w’ingengo y’imari 2022-2023 hari inganda 11 zubatswe mu Ntara y’Amajyepfo, zizagira uruhare mu iterambere ry’abahatuye.
Abagore bakorera mu kigo gikorerwarwamo imyuga inyuranye cyiswe ‘Urugo Women’s Opportunity Center’ kiri mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Ibirasirazuba, bavuga ko imibereho yabo imaze guhinduka kuko basigaye bakirigita ifaranga. Ni ikigo gikorerwamo imirimo inyuranye y’ubudozi, ububoshyi ndetse no gutunganya ibikomoka ku mata.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Andrew Rucyahana Mpuhwe, yeguye ku mirimo ye.
Abahinzi mu Karere ka Nyagatare ntibakozwa ibyo guhinga ibishyimbo na soya bisimburanwa n’ibigori ngo kuko imbuto yabyo ihari ishaje cyane kuburyo itagitanga umusaruro bigatuma bahinga ibigori gusa no mu gihembwe cy’ihinga B, gikunze kugwamo imvura nkeya.
Nyuma y’uko hashyizweho ko abantu batazongera gufashwa hagendewe ku byiciro by’ubudehe barimo, hagashyirwa imbaraga muri gahunda zizamura abahabwa ubufasha kwikura mu bukene, ingo zarihirwaga mituweli mu Ntara y’Amajyepfo zagabanutseho ¾, ariko ubuyobozi bwemeza ko abakuwe ku rutonde rw’abayitangirwaga ubu barimo (…)
Ikirangirire muri sinema akaba n’umuhanzi w’Umunyamerika, Jamie Foxx nyuma yo kuva mu bitaro, yasangije abamukurikira ubuzima yanyuzemo agereranya n’ikuzimu.
Muri gahunda yo kurinda abana indwara y’imbasa ikomeje kugaragara mu bihugu bimwe na bimwe bihana imbibi n’u Rwanda, harimo gutangwa urukingo rudasanzwe rw’imbasa, ku bana bakivuka kugeza ku myaka irindwi.
Umuyobozi wa Kiziguro Dairy Cooperative ifite ikusanyirizo ry’amata ahitwa Ndatemwa, Murara Michel, avuga ko imicungire mibi y’umutungo yatumye Koperative ihomba amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyoni enye, bituma aborozi bahagemuraga amata bamburwa.
Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano, Gen. James Kabarebe, yagaragaje ububi bwo kwiremamo ibice, ndetse ko ari ibintu bibi byagira ingaruka ku Banyarwanda bose biramutse bidakumiriwe hakiri kare.
Imirimo yo kubaka Ikigo cy’urubyiruko cya Musanze, kizuzura gitwaye Miliyari 1 na Miliyoni zikabakaba 500Frw, irimo kugana ku musozo kuko igeze kuri 98%.
Kazoza Justin watumije ibirori byo kumwimika nk’Umutware w’Abakono tariki ya 9 Nyakanga 2023, yasabye imbabazi ku makosa yakoze we na bagenzi be bitabiriye ibyo birori.