Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Kayitare Jacqueline, arasaba abayobozi b’amashami mu Karere, gufasha kuzamura serivisi zitangirwa mu Mirenge, mu byiciro by’imiyobirere, iterambere n’umutekano mu rwego rwo kwishakamo ibisubizo.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, arasaba abayobozi mu nzego zitandukanye mu Karere ka Muhanga, kwita no kubungabunga ubumwe bw’Abanyarwanda, kuko ari bo barinzi b’igihango cy’ibyagezweho.
Ababyeyi batuye mu Karere ka Bugesera mu Murenge wa Ntarama, Akagari ka Kanzenze mu Mudugudu wa Cyeru, baherutse gutanga itangazo rinyuzwa ku mbuga nkoranyambaga ndetse n’ahantu hatandukanye, bashakisha umwana wabo w’umukobwa w’imyaka 6 wari watwawe n’umugabo wari waje mu rugo rw’abaturanyi ashakisha akazi.
Perezida Paul Kagame yitabiriye Inama y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yiga ku bibazo by’umutekano muke uranga mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).
Hon. Dushimimana Lambert wahawe kuyobora Intara y’Iburengerazuba tariki ya 4 Nzeri 2023, yavutse tariki 29 Kanama 1971 mu Karere ka Rubavu, yari asanzwe mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, Umutwe wa Sena.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yakiriye mu biro bye Stefan Löfven wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Suède, akaba na Perezida w’inama y’ubutgetsi y’ikigo mpuzamahanga cy’ubushakashatsi n’amahoro cya Stockholm (SIPRI).
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, anagirana ibiganiro na Deborah Calmeyer, umuyobozi akaba n’uwashinze ikigo ROAR Africa, kigamije guteza imbere ubukerarugendo muri Afurika.
Umuyobozi w’ Urwego rushinzwe Kugenzura Iyubahirizwa ry’Ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye hagati y’Abagore n’Abagabo mu iterambere ry’Igihugu, Umutoni Gatsinzi Nadine, kuri uyu wa Mbere tariki ya 4 Nzeri 2023 yarahiriye inshingano zo kuyobora uru rwego.
Abatega imodoka mu buryo bwa rusange baratangaza ko bagikeneye nkunganire ku giciro cy’ingendo, itangwa na Leta kuko ibibazo by’amikoro make byatewe na Covid-19 bigihari, ndetse n’ibindi biciro ku isoko bikaba byarazamutse cyane.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyizeho abayobozi mu nzego za Leta no mu bigo bitandukanye bya Leta nk’uko bikubiye mu itangazo ryashyizwe ahagaragara kuri uyu wa Mbere tariki 04 Nzeri 2023.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Mbazi mu Karere ka Nyamagabe, bwafashe icyemezo cyo gusenya inzu ya Mbonyumukiza Félicien nyuma yo gusanga yarayubakiye hejuru y’imyobo, irimo imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside.
Umuyobozi w’Agateganyo w’Akarere ka Rubavu, Nzabonimpa Deogratias, yatangaje ko babaye bahagaritse ibikorwa byo gucukura umucanga uzwi nk’ibicangarayi bijyanwa mu nganda zikora sima, ku musozi wa Nyakiriba, kugira ngo babanze bashake amakuru ku mibiri yahashyinguwe irimo kuboneka iyo barimo gucukura umucanga.
Paruwasi Gatolika Sancta Maria ya Byimana mu Karere ka Ruhango, yageneye impano Perezida Paul Kagame, mu rwego rwo kumushimira ku ruhare yagize mu iyubakwa ry’inyubako nshya y’iyo Paruwasi.
Sena y’u Rwanda yatangaje ko Senateri Ntidendereza William yitabye Imana tariki ya 3 Nzeri 2023, aguye mu bitaro byitiriwe Umwami Faisal, azize uburwayi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko abaturage bambuye ibitaro bya Gisenyi amafaranga agera kuri miliyoni 200 bazayishyuzwa, naho abatishoboye bakishyurirwa na Leta.
Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye abashyitsi banyuranye baje mu Rwanda mu birori byo Kwita Izina abana b’Ingagi, umuhango wabaye tariki ya 1 Nzeri 2023. Barimo icyamamare Idris Elba, Umuyobozi Mukuru wa Balloré Group, Cyrille Balloré n’Umuyobozi Mukuru wa UNESCO, Audrey Azoulay.
Tariki 1 Nzeri 2023 Mu Mudugudu wa Kigarama, Akagari ka Manwari, Umurenge wa Mbazi mu Karere ka Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo, mu rugo rwa Mbonyumukiza Félicien hongeye kuboneka imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside.
Abagabo batanu basanzwe bafite ibirombe by’amatafari akoreshwa mu bwubatsi mu Murenge wa Mukarange, bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Mukarange, bakekwaho gukoresha abana imirimo ivunanye.
Mu mujyi wa Muhanga hatashywe indi Hoteli ya Diyosezi ya Kabgayi, yitwa Lucerna Kabgayi Hotel, ije yiyongera ku yindi Hoteli ya Saint-André Kabgayi na yo imenyerewe mu Mujyi wa Muhanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abayobozi b’amakoperative kurushaho kwita ku mitungo yayo, bakayicunga neza kuko hari ahakigaragara ko abanyamuryango basubiranamo, kubera micungire mibi y’umutungo wabo.
Kompanyi itanga serivisi n’ibicuruzwa by’ubwiza ya Zuri Luxury Ltd, yatanze imfashanyo y’ibikoresho by’ishuri ku bana babarizwa mu kigo cyo kwa Gisimba, gifasha abaturuka mu miryango itishoboye, kikaba kidaharanira inyungu.
Imirenge ya Karama, Tabagwe, Musheri, Matimba, Gatunda na Rukomo, ishobora kubura amazi kubera ihagarara ry’imirimo y’uruganda rw’amazi rwa Condo, bitewe n’amapoto abiri yajyanaga amashanyarazi ku ruganda yahiye, bitewe n’itwikwa ry’ishyamba riri ku musozi wa Rushaki.
Hashingiwe ku byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki 01 Kanama 2023, yashyizeho amabwiriza mashya arebana n’ibikorwa by’imyidagaduro, akaba atangira kubahirizwa guhera kuri uyu wa Gatanu tariki ya 01 Nzeri 2023.
Imibiri 38 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside yabakorewe mu 1994, ni yo imaze kuboneka mu nkengero za Stade Amahoro i Remera, aharimo kubera ibikorwa byo kuyagura no kuyivugurura.
Umubikira Ann Fox wagize uruhare mu ishingwa ry’Ishuri ry’abakobwa rya ‘Maranyundo Girls School’ riyoborwa n’Ababikira mu Muryango w’Abenebikira, yitabye Imana ku wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023 aguye mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal mu Mujyi wa Kigali.
Abayobozi b’Uturere two mu Ntara y’Amajyepfo hamwe n’abahagarariye ihuriro ry’abafatanyabikorwa, bari mu mwiherero w’iminsi ibiri, aho bateganya kurebera hamwe uko bazafasha abo bayobora kwikura mu bukene no kugira ubuzima bwiza.
Mu nama ya Komite mpuzabikorwa y’Akarere ka Bugesera, yabaye ku wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023, wabaye umwanya mwiza wo kugaruka ku mvugo ndetse na gahunda zitandukanye zishyirwaho, hagamijwe kwita ku mibereho myiza n’iterambere ry’umuturage, aribwo hagarutswe kuri gahunda ya Wisiragira n’ibyo ije gukemura.
Iteganyagihe ry’Ukwezi kwa Nzeri k’uyu mwaka, rirerekana ko hazagwa imvura nke ugereranyije n’isanzwe igwa mu mezi ya Nzeri y’imyaka myinshi yarangiye, nk’uko bitangazwa na Meteo-Rwanda.
Mu nama ya Komite Mpuzabikorwa y’Akarere ka Bugesera, yateranye ku wa Gatatu tariki 30 Kanama 2023, ikitabirwa na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Gasana Emmanuel, yibanze ku isuku n’isukura, aho yari ifite insanganyamatsiko igira iti “Bugesera y’ubudasa, isuku rusange ihera kuri njye”, abayobozi batandukanye bakaba (…)
Abagabo batatu bagwiriwe n’ikirombe, aho bacukuraga itaka ryo kubakisha, imirambo yabo ijyanwa mu bitaro bya Ruhengeri.