Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu yavuze ku bayobozi 10 baherutse kuvanwa mu mirimo mu Ntara y’Amajyaruguru, hadakwiye kuvugwa ko batakuweho ahubwo inyito ikwiye kuri abo bayobozi ari “ukwirukanwa”.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwasabye abaturage bawo batuye ahashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga kwimuka mbere y’uko igihe cy’imvura y’Umuhindo kigera.
Muri Kenya, Umupasiteri witwa Victor Kanyari wo mu itorero rya ‘Salvation Healing Ministry’ avuga ko afite amazi y’umugisha azana ubukire mu buryo bw’igitangaza.Avuga ko "Uyanywaho ugahita ugura imodoka".
Itangazo riturutse mu biro bya Mininsitiri w’intebe kuri uyu wa kane tariki 10 Kamena 2023 ryashyizeho Guverineri mushya w’intara y’Amajyaruguru Maurice Mugabowagahunde kuba Guverineri w’intara y’Amajyaruguru naho Nyirarugero Dancille wari Guverineri w’intara y’Amajyaruguru agirwa agirwa Komiseri muri Komisiyo y’igihugu yo (…)
Abashoferi b’imodoka zose zitwara abagenzi rusange bategetswe kujya bacana amatara yo mu modoka kuva saa kumi n’ebyiri z’umugoroba, mu rwego rwo kurwanya ubujura n’ibindi byaha bishobora gukorerwa mu mudoka mu gihe hatabona.
Ahitwa mu Gahanga mu Kagari ka Rugango mu Murenge wa Mbazi mu Karere ka Huye, umugabo wo mu kigero cy’imyaka 25 yatemye abantu barindwi n’amatungo arimo inka ebyiri, mu gitondo cyo kuri uyu wa 10 Kanama 2023.
Ramuli Janvier wari Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, yasezeye ku bo bakoranye mu karere, yizeza ubufatanye Bizimana Hamiss umusimbuye mu nshingano zo kuyobora ako karere.
Padiri Eric Twizigiyimana wo muri Paruwasi Gatolika ya Ngoma, akaba ashinzwe Komisiyo y’umuryango muri Diyosezi ya Butare, asaba abiyemeje kubana nk’umugore n’umugabo kuzirikana ko buri wese agomba kuzana imbaraga ze mu kurwubaka, kuko rutikora.
Uhagarariye amwe mu mashami y’Umuryango w’Abibumbye ‘UN’ muri Niger Louise Aubin, yatangaje ko ibihano byafatiwe Niger nyuma ya Coup d’Etat iherutse kuba muri icyo gihugu, bikomeza kongera umubare w’abakeneye ubufasha bw’ibiribwa n’imiti.
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Lt Gen Mubarakh Muganga ari muruzinduko rw’akazi rugamije gutsura umubano mu bya gisirikare mu bwami bwa Yorudaniya.
Ku mugoroba wo ku itariki 08 Kanama 2023, nibwo ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo risinywe mu izina rya Parezida Paul Kagame, ryirukana mu mirimo abayobozi batandukanye mu Ntara y’Amajyaruguru, barimo abayobozi batatu b’uturere.
Mu gihe ishuri rikuru PIASS ryitegura gushyiraho ishami ryigisha ibyo kurengera ibidukikije no kugena inyubako (architecture), ryamaze gushyiraho laboratwari izajya ipima ubutaka, amazi n’ibiribwa.
Kompanyi ishinzwe kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo ivuga ko hatabayeho ibibazo bya tekiniki, rwatangira gutanga umuriro muri uku kwezi kwa Kanama 2023.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera bagaragaje ko korora amatungo magufi, cyane cyane inkoko no guhinga imboga mu turima tw’igikoni bishobora kuba igisubizo kirambye, muri gahunda yo kurwanya igwingira n’imirire mibi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yatangaje ko mu igenzura abayobozi bamaze iminsi bakora mu Ntara y’Amajyaruguru basanze abayobozi birukanywe batarigeze buzuza inshingano zabo uko bikwiye, kuko ibikorwa bya buri munsi abaturage bakora byubakiye ku irondabwoko n’ivangura, kandi abayobozi bagombye (…)
Mu gihe ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS) ryizihiza isabukuru y’imyaka 53 rimaze rivutse, hari abarirangijemo vuba bavuga ko babangamirwa n’uburambe basabwa iyo bagiye gusaba akazi, nyamara baba barakoze imenyerezamwuga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (RISA), kigiye gutangiza uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kubika amakuru ajyanye n’irangamimerere ryo kuva u Rwanda rwabona ubwigenge, ndetse n’andi yose yari akibitse mu nyandiko ziri mu mirenge yo hirya no hino mu Rwanda. Ni umushinga witezweho (…)
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, ku wa Kabiri tariki ya 8 Kamena 2023 nibwo yasoje uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda.
Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko nyuma y’isesengura rimaze gukorwa rikagaragaza ko bamwe mu bayobozi batashoboye kuzuza inshingano zabo, harimo cyane cyane gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda nka rimwe mu mahame remezo Leta y’u Rwanda yiyemeje kugenderaho, kuri uyu wa Kabiri tariki 8 Kanama 2023, (…)
U Rwanda rugiye kwakira ku nshuro ya mbere inama mpuzamahanga yiswe ‘Africa Smart Cities Investment Summit’, izabera i Kigali ku itariki 6-8 Nzeri 2023, ikazaba igamije kureba uburyo hakubakwa imijyi ibereye Abaturarwanda n’Abanyafurika muri rusange.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yatangaje ko kuba igihingwa cy’ibigori gisigaye ari kimwe mu bihingwa by’ibanze, Leta y’u Rwanda igiye kuziba icyuho cya toni zirenga ibihumbi 200 zigiye gutumizwa mu mahanga.
Abadepite bo mu Nteko ishimategeko y’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, EALA, bavuga ko bagiye gukora ubuvugizi bwongerera igihe cyo kumara mu Gihugu kitari icye ku abaturage ba Tanzaniya baje mu Rwanda cyangwa abanyarwanda bagiye Tanzaniya kikaba cyamara icyumweru aho kuba amasaha 24.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko kongera ubuso buhingwaho ku butaka bwagenewe ubworozi bukava kuri 30% bikagera kuri 70% bizongera umusaruro w’ubuhinzi ndetse n’umukamo w’amata kuko inka zizabona ibyo zirya byinshi.
Sena y’u Rwanda yemeje ko CG Dan Munyuza, Michel Sebera na Kazimbaya Shakilla Umutoni bajya guhagararira u Rwanda mu bihugu by’amahanga nka ba Ambasaderi, nyuma yo kubisabirwa n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 02 Kanama 2023.
Perezida Faustin-Archange Touadéra, yatowe bwa mbere mu 2016, yongera gutorwa mu 2020, ubu yemerewe kuzongera kwiyamamariza manda ya gatatu mu 2025, kuko itegeko nshinga rishya rikuraho umubare wa za manda zemewe k’Umukuru w’igihugu.
Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwagerageje kwikemurira uruhuri rw’ibibazo rwari rufite mu buryo bwose bwashobokaga, kandi ko ibyo ariko bizahora kabone nubwo hari ababifata ukundi.
Mu bakuru b’ibihugu 10 bato mu myaka kugeza ubu, uruta abandi ni Emmanuel Macron w’u Bufaransa ku myaka 46, umuto ni Ibrahim Traoré wa Burkina Faso ku myaka 35.
Umuyobozi w’akarere Gisagara wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habineza Jean Paul yatangarije Kigali Today ko abantu 74 bose bajyanywe mu bitaro kubera Ikigage banyoye bikekwako ko cywnganye isuku nkeya.
Perezida Paul Kagame, yakiriye itsinda riyobowe n’Intumwa yihariye akaba n’Umujyanama mu Rukiko rw’i Bwami muri Saudi Arabia, Ahmed bin Abdulaziz Kattan, baganira ku kunoza ubufatanye.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 7 Kanama 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye ku meza Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar, uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda.