Perezida Paul Kagame uri i New York muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yayoboye Inama y’Urwego Ngishwanama rwa Perezida ruzwi nka ‘Presidential Advisory Council’, mu rwego rwo kungurana ibitekerezo ku ngingo zitandukanye ziganisha ku iterambere ry’u Rwanda.
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango ibinyujije mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe kurengera abana (NCDA), yatangije uburyo bushya bwo gukurikirana abana bakorewe ihohoterwa, ku buryo bwitezweho umusanzu mu gutanga ubutabera busesuye.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kiratangaza ko abana 7% bageze igihe cyo gufata imfashabere ari bo gusa babona igi, naho abana 22% bagejeje igihe cyo gufata imfashabere akaba ari bo babona indyo yuzuye.
Urubyiruko rw’abakobwa rwiganjemo abakiri abangavu, ruvuka mu Mirenge yiganjemo igihingwa cya Kawa, ruraburira abasore baba batekereza kurugusha mu bishuko ko batabona aho bahera kuko akazi bahawe kabafashije kwigira.
Guverineri w’Intara ya Kagera mu Gihugu cya Tanzaniya, Hon. Fatuma Abiubakar Mwasa, uri mu ruzinduko mu Ntara y’Iburasirazuba, avuga ko bagiye kugabanya inzego zose zidakenewe mu mitangiye ya serivisi, hagamijwe korohereza Abanyarwanda bakorerayo cyangwa bifuza gukorerayo ubucuruzi.
Umuryango wa Croix-Rouge y’u Rwanda washyikirije inkunga abaturage bo mu mirenge ya Kanama, Nyundo, Rugerero na Nyakiriba bangirijwe n’ibiza mu ntangiriro za Gicurasi 2023.
Kuba mu mwaka wa 2035 umubare w’Abanyarwanda uzaba wariyongereye kugera kuri miliyoni 18, kandi buri wese ku mwaka akazaba ashobora kwinjiza byibura ibihumbi bine by’amadolari, kugira ngo bizashobore kugerwaho bisaba ko n’amashanyarazi yiyongera.
Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’Ububaruramari (Comptabilité) mu Rwanda (ICPAR), cyatangaje amanota y’abakoze ibizamini ku nshuro ya 24 mu kwezi kwa Kanama 2023, byitabiriwe n’abagera ku 1,155 barimo ababaruramari b’umwuga banini 1050 (biga ibyitwa CPA) hamwe n’ababaruramari bato 105 (biga amasomo yitwa CAT).
Ku wa Kane tariki ya 14 Nzeri 2023, abapolisi 228 basoje amahugurwa y’ibanze y’ibikorwa bya Polisi byihariye (Basic Special Forces course), yari amaze amezi 9 abera mu kigo cya Polisi gitangirwamo amahugurwa yo kurwanya iterabwoba (CCTC), giherereye i Mayange mu Karere ka Bugesera, basabwa kurangwa n’ubunyamwuga.
Ku mugoroba wo ku wa Kane tariki 14 Nzeri 2023, hamenyekane inkuru y’undi muvandimwe muri batatu bashaje kandi bafite ubumuga bw’ubugufi bukabije, André Buhigiro witabye Imana, hakaba hasigaye umwe kuko undi aheruka kwitaba Imana mu kwezi k’Ugushyingo k’umwaka ushize.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yageze i Havana muri Cuba, aho yitabiriye inama y’iminsi 2 y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, bahuriye mu itsinda G77 rigizwe n’ibihugu biri mu nzira y’amajyambere n’u Bushinwa.
Mu tugari twa Mwendo na Rwesero mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge, imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu ijoro tariki 13 Nzeri 2023, yasenye ibyumba by’amashuri bya G.S Mwendo, isenya inzu z’imiryango 12 yari ituye mu mudugu batujwemo na Leta, muri IDP Makaga Rwesero.
Ku wa Kane tariki 14 Nzeri 2023, Minisitiri w’Ingabo Juvenal Marizamunda, yakiriye Ambasaderi wa Pakistan mu Rwanda, Naeem Ullah Khan, bagirana ibiganiro byibanze ku gukomeza umubano mu bya gisirikare hagati y’ibihugu byombi.
Madamu Jeannette Kagame yasabye abakiri bato kwirinda icyabahungabanyiriza ubwenge, kuko ari yo ntwaro ikomeye bafite.
Abaturage bakoresha ikiraro Mirama-Rurenge, kiri ku mugezi w’Umuvumba, baribaza igihe kizakorerwa dore ko hagiye gushira umwaka nta modoka zihanyura uretse abanyamaguru, naho moto n’amagare bigakoresha uruhande rutacitse, bagasaba ko cyakwihutishwa gukorwa kuko cyahagaritse ubuhahirane.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA), tariki 13 Nzeri 2023 cyitabye Komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari ya Leta mu Nteko Ishinga Amategeko (PAC), kugira ngo batange ibisobanuro ku mikorere mibi yagaragaye irimo ibura ry’ifu ya Shishakibondo, amata adahagije muri gahunda (…)
Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside (GAERG), urifuza abafatanyabikorwa bawufasha kubonera akazi urubyiruko rugera ku bihumbi 32 rwarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ruri mu bushomeri.
Mu rwego rw’ubukangurambaga ku isuku n’isukura bwateguwe n’Akarere ka Bugesera guhera muri Kanama, bukazarangira mu kwezi k’Ukuboza 2023, hateguwe amahugurwa ku byiciro bitandukanye, bahereye ku rubyiruko. Ni ubukangurambaga bufite insanganyamatsiko igira iti “Bugesera y’ubudasa: Isuku Hose Ihera kuri Njye”.
Guverineri Dushimimana Lambert wagizwe umuyobozi w’Intara y’Iburengerazuba, yasabye abatuye iyo Ntara n’abayobozi bahakorera, ubufatanye mu kugera ku iterambere n’imibereho myiza y’abaturage.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yasabye Minisitiri mushya w’Ibikorwa remezo, Dr. Jimmy Gasore, gushyira imbere inyungu z’Abanyarwanda kurusha ibindi byose, kubera ko ari zo nshingano z’ibanze.
Isoko ry’ibiribwa rya Musanze rizwi ku izina rya Kariyeri, ryari ryatangiye kubakwa mu buryo bujyanye n’icyerekezo, ryahagaritswe mu buryo butunguranye, bitera benshi urujijo.
Abagize ibihugu bigize isoko rusange ry’Ibihugu byo mu Burasirazuba n’Amajyepfo ya Afurika (COMESA), bashobora gutangira gukoresha uruhushya rumwe rwo gutwara ibinyabiziga (Permis), aho bari hose muri ibyo bihugu.
Urubyiruko rurashishikarizwa gukunda gusenga ariko ntibanibagirwe gukunda umurimo, kuko ngo umujene udasenga asenyuka, udakora bikarusha.
Abarimu 416 bigisha isomo ry’amateka baturutse mu gihugu hose, batangiye amahugurwa abongerera ubumenyi bwo kwigisha amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Imibare y’Umujyi wa Kigali ku miturire igaragaza ko mu ngo 3,131 z’abagomba kwimurwa mu manegeka, izigera kuri 85% ari imiryango ikodesha, mu gihe ingo 15% ari ba nyiri inzu bagomba kwimurwa mbere y’ibihe by’imvura nyinshi.
Ibiyobyabwenge biheruka gufatirwa mu Mirenge yiganjemo iy’igice cy’umujyi wa Musanze, byamenwe ibindi bitwikirwa, mu ruhame mu gikorwa cyabereye ku cyicaro cya Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Musanze, kuri uyu wa Kabiri tariki 12 Nzeri 2023.
Guverinoma y’u Rwanda kuri uyu wa Kabiri tariki ya 12 Nzeri 2023 yashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye na kompanyi Dual Fluid Energy Inc agamije kugerageza ikoranabuhanga rishya rizakoreshwa mu kubyaza amashanyarazi ingufu za Atomike.
Perezida Paul Kagame yakiriye Romuald Wadagni, Minisitiri w’Ubukungu n’Imari wa Benin, akaba n’intumwa idasanzwe, wamugejejeho ubutumwa bwa Mugenzi, Perezida Patrice Talon.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashyize Dr. Jimmy Gasore ku mwanya wa Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, akaba asimbuye Dr. Ernest Nsabimana wari kuri uwo mwanya kuva tariki 31 Mutarama 2022, bivuze ko yari awumazeho umwaka n’amezi arindwi.
Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda watangarije abafite ubumuga bwo kutabona ko wababoneye Bibiliya zanditse mu rurimi rwitwa ‘Braille’, zizajya zibafasha kwisomera aho kumva gusa ababasomera Bibiliya zisanzwe.