Ku mugoroba wo ku itariki 08 Kanama 2023, nibwo ibiro bya Minisitiri w’Intebe byasohoye itangazo risinywe mu izina rya Parezida Paul Kagame, ryirukana mu mirimo abayobozi batandukanye mu Ntara y’Amajyaruguru, barimo abayobozi batatu b’uturere.
Mu gihe ishuri rikuru PIASS ryitegura gushyiraho ishami ryigisha ibyo kurengera ibidukikije no kugena inyubako (architecture), ryamaze gushyiraho laboratwari izajya ipima ubutaka, amazi n’ibiribwa.
Kompanyi ishinzwe kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo ivuga ko hatabayeho ibibazo bya tekiniki, rwatangira gutanga umuriro muri uku kwezi kwa Kanama 2023.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera bagaragaje ko korora amatungo magufi, cyane cyane inkoko no guhinga imboga mu turima tw’igikoni bishobora kuba igisubizo kirambye, muri gahunda yo kurwanya igwingira n’imirire mibi.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, yatangaje ko mu igenzura abayobozi bamaze iminsi bakora mu Ntara y’Amajyaruguru basanze abayobozi birukanywe batarigeze buzuza inshingano zabo uko bikwiye, kuko ibikorwa bya buri munsi abaturage bakora byubakiye ku irondabwoko n’ivangura, kandi abayobozi bagombye (…)
Mu gihe ishuri rikuru ry’Abaporotesitanti (PIASS) ryizihiza isabukuru y’imyaka 53 rimaze rivutse, hari abarirangijemo vuba bavuga ko babangamirwa n’uburambe basabwa iyo bagiye gusaba akazi, nyamara baba barakoze imenyerezamwuga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (RISA), kigiye gutangiza uburyo bw’ikoranabuhanga bwo kubika amakuru ajyanye n’irangamimerere ryo kuva u Rwanda rwabona ubwigenge, ndetse n’andi yose yari akibitse mu nyandiko ziri mu mirenge yo hirya no hino mu Rwanda. Ni umushinga witezweho (…)
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina, ku wa Kabiri tariki ya 8 Kamena 2023 nibwo yasoje uruzinduko rw’iminsi itatu yagiriraga mu Rwanda.
Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko nyuma y’isesengura rimaze gukorwa rikagaragaza ko bamwe mu bayobozi batashoboye kuzuza inshingano zabo, harimo cyane cyane gusigasira ubumwe bw’Abanyarwanda nka rimwe mu mahame remezo Leta y’u Rwanda yiyemeje kugenderaho, kuri uyu wa Kabiri tariki 8 Kanama 2023, (…)
U Rwanda rugiye kwakira ku nshuro ya mbere inama mpuzamahanga yiswe ‘Africa Smart Cities Investment Summit’, izabera i Kigali ku itariki 6-8 Nzeri 2023, ikazaba igamije kureba uburyo hakubakwa imijyi ibereye Abaturarwanda n’Abanyafurika muri rusange.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yatangaje ko kuba igihingwa cy’ibigori gisigaye ari kimwe mu bihingwa by’ibanze, Leta y’u Rwanda igiye kuziba icyuho cya toni zirenga ibihumbi 200 zigiye gutumizwa mu mahanga.
Abadepite bo mu Nteko ishimategeko y’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba, EALA, bavuga ko bagiye gukora ubuvugizi bwongerera igihe cyo kumara mu Gihugu kitari icye ku abaturage ba Tanzaniya baje mu Rwanda cyangwa abanyarwanda bagiye Tanzaniya kikaba cyamara icyumweru aho kuba amasaha 24.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko kongera ubuso buhingwaho ku butaka bwagenewe ubworozi bukava kuri 30% bikagera kuri 70% bizongera umusaruro w’ubuhinzi ndetse n’umukamo w’amata kuko inka zizabona ibyo zirya byinshi.
Sena y’u Rwanda yemeje ko CG Dan Munyuza, Michel Sebera na Kazimbaya Shakilla Umutoni bajya guhagararira u Rwanda mu bihugu by’amahanga nka ba Ambasaderi, nyuma yo kubisabirwa n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki ya 02 Kanama 2023.
Perezida Faustin-Archange Touadéra, yatowe bwa mbere mu 2016, yongera gutorwa mu 2020, ubu yemerewe kuzongera kwiyamamariza manda ya gatatu mu 2025, kuko itegeko nshinga rishya rikuraho umubare wa za manda zemewe k’Umukuru w’igihugu.
Perezida Kagame yagaragaje ko u Rwanda rwagerageje kwikemurira uruhuri rw’ibibazo rwari rufite mu buryo bwose bwashobokaga, kandi ko ibyo ariko bizahora kabone nubwo hari ababifata ukundi.
Mu bakuru b’ibihugu 10 bato mu myaka kugeza ubu, uruta abandi ni Emmanuel Macron w’u Bufaransa ku myaka 46, umuto ni Ibrahim Traoré wa Burkina Faso ku myaka 35.
Umuyobozi w’akarere Gisagara wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Habineza Jean Paul yatangarije Kigali Today ko abantu 74 bose bajyanywe mu bitaro kubera Ikigage banyoye bikekwako ko cywnganye isuku nkeya.
Perezida Paul Kagame, yakiriye itsinda riyobowe n’Intumwa yihariye akaba n’Umujyanama mu Rukiko rw’i Bwami muri Saudi Arabia, Ahmed bin Abdulaziz Kattan, baganira ku kunoza ubufatanye.
Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki 7 Kanama 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye ku meza Perezida Andry Rajoelina wa Madagascar, uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda.
Komisiyo y’Umutwe w’Abadepite ishinzwe Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije isanga ikwiye kubaza Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, uburyo Minisiteri ayobora (MININFRA) iteganya korohereza abashoramari mu bikorwa byo kubaka amacumbi aciriritse.
Inzego z’umutekano mu Murenge wa Muhima mu Karere ka Nyarugenge, zataye muri yombi umunyamahanga witwa Rosemary Niziima uturuka mu gihugu cya Uganda washakanye n’Umunyarwanda, akaba akekwaho gutwika abana be n’amazi ashyushye.
Perezida wa Madagascar, Andry Rajoelina uri mu ruzinduko rw’akazi rw’iminsi itatu mu Rwanda, yunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, avuga ko yagize kubatekerezaho mu buryo bwihariye.
U Rwanda na Madagascar kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Kanama 2023, byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu bijyanye n’ubucuruzi n’ishoramari, n’amasezerano y’ubufatanye hagati y’inzego z’abikorera.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alice Kayitesi, arasaba ababyeyi kujya bazirikana kugaburira abana babo igi buri munsi ryiyongera ku ndyo yuzuye, nk’uburyo bwo kubarinda kugwingira.
Kuri uyu wa Mbere tariki 07 Kanama 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye, mugenzi we wa Madagascar Andry Rajoelina uri mu ruzinduko rw’iminsi itatu mu Rwanda.
Abahiritse Ubutegetsi muri Niger bafunze inzira yo mu kirere, ku buryo muri iki gihugu nta ndege ivuye mu mahanga ishobora kuhinjira, nyuma yo kwikanga igitero gishobora guturaka mu mahanga.
I Kibeho mu Karere ka Nyaruguru, hari abahinzi bavuga ko batifashisha ishwagara nk’inyongeramusaruro kubera ikibazo cy’ubushobozi, n’ubwo basigaye bayigura kuri Nkunganire.
Buri zina rya buri gace mu Rwanda riba rifite inkomoko yaryo ndetse amwe muri ayo mazina usanga afite igisobanuro n’impamvu yitiriwe aho hantu.
Umuryango w’abakoresha amazi mu Karere ka Gatsibo uvuga ko utewe impungenge n’ikamary’amazi y’urugomero rwa Rwangingo kuko amazi ngo ageze hejuru ya 90% akama bakifuza ko bishobotse hakubakwa urundi rugomero rwunganira urusanzwe.