Impuguke mu by’ubukungu zivuga ko intambara zirimo kuba mu bihugu bikungahaye ku bikomoka kuri Peterori bigira ingaruka ku bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere ndetse n’ibidafite ubwo butunzi, bigatuma n’ibiciro by’ibikomoka kuri Petrero bizamuka.
Amateka y’u Rwanda, arimo n’ay’ivanguramoko, usanga agaruka kenshi mu nkuru nyinshi ari izo ku rwego rw’urugo, umuryango mugari no ku muntu ubwe.
Kuri uyu wa kane tariki 12 Ukwakira 2023, ubushinjacyaha bwahawe umwanya wo gukomeza gusobanura ibyo abaregwa bakurikiranyweho.
Ikigo gitwara abagenzi cyizwi nka Jali Transport cyazanye imodoka nshya 20 ziyongera ku zo bari basanganywe, mu rwego rwo kunoza akazi kabo ko gutwara abantu n’ibintu mu mujyi wa Kigali.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko ihagarikwa ry’umushinga w’ubworozi bw’inkoko, mu Mudugudu w’ikitegererezo wa Kinihira ryatewe n’uko bakoreraga mu gihombo, kubera ihenda ry’ibiryo byazo n’abakozi bazitagaho umunsi ku wundi.
Perezida Paul Kagame yabonanye n’itsinda riturutse mu Kigo LG Corporation, riyobowe n’Umuyobozi Mukuru wacyo, Kwang Mo Koo, baganira ku byo bafatanyamo n’u Rwanda mu bucuruzi.
Umwana w’umuhungu w’imyaka itatu n’igice y’amavuko, yaguye mu bwiherero abukurwamo yamaze gushiramo umwuka.
Zimwe mu mpamvu zagaragaye zituma ahacururizwa inzoga zo mu bwoko bwa ‘Liqueur’ hatagomba kunywerwa inzoga nuko usanga abenshi bajya kunywera yo baba banze kubahiriza amasaha yagenwe yo gufungiraho utubari ducuruza inzoga.
Buri mwaka (Nzeri n’Ukwakira) hafatwa amezi abiri yo guhagarika uburobyi mu Kiyaga cya Kivu kugira ngo amafi n’isambaza bishobore kongera kororoka, nyuma y’amezi 10 abakora akazi ko kuroba bataruhuka.
Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Bizimana Hamiss asaba abakora umwuga wo gutanga serivisi za notariya (notariat) bikorera ku giti cyabo, kubahiriza amategeko, ubunyamwuga n’ubushishozi mu kazi na serivisi baha abaturage, kuko bifite uruhare runini mu kugabanya amakimbirane harimo n’ashingiye ku nyandiko.
Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA), yizeza abahawe ingufu z’imirasire bakabona zidakora, ko bashobora kwitabaza Ikigo cyayo gicuruza umuriro w’amashanyarazi(UDCL), cyangwa ibigo byatanze izo ngufu, kugira ngo zisimbuzwe izikora neza.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, ku wa 11 Ukwakira 2023, yakiriye Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Isao Fukushima, bagirana ibiganiro bitandukanye.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss, arashimira uko Abanyarwanda bakomeje kubafata mu mugongo no kubaba hafi, muri iki gihe igihugu cyabo cyinjiye mu ntambara mu buryo butunguranye, kubera ibitero by’umutwe wa Hamas wagabye kuri Israel.
Madamu Jeannette Kagame mu butumwa bwe ku munsi mpuzamahanga w’umwana w’umukobwa, yerekanye ko agaciro k’umukobwa ari ntagereranywa, nk’uko tubikesha urubuga rwe rwa X.
Umujyi wa Muhanga uherereye mu Ntara y’amajyepfo ni umwe muri itatu yunganira Kigali ukaba witezweho kuzaba ari Umujyi w’Ubucuruzi ukomeye mu myaka 27 iri imbere. Biteganyijwe ko abatuye Akarere ka Muhanga muri rusange bazaba icyo gihe bariyongeyeho 45%; ibituma hazubakwa ibikorwaremezo bitandukanye ndetse n’izindi ngamba (…)
Joshua Tuyitakire, wagize igitekerezo yise “Gospel Club” yasobanuye ko abantu babyumvise nabi bakabyita akabyiniro k’abarokore nyamara agamije guhuriza hamwe abantu bakaganira, bagasabana babyina indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana.
Abaturage b’Akagari ka Kanyoza, Umurenge wa Matimba, barifuza guhabwa amazi meza kuko babangamiwe no gukoresha amazi y’Akagera dore ko uretse indwara abatera ngo rimwe na rimwe bahahurira n’inyamanswa zihungabanya umutekano wabo.
Mu gihe usanga hirya no hino abataka amazi n’amashanyarazi basubizwa ko muri 2024 bizaba byarabagejejweho, binajyanye n’intego ya gahunda ya NST1, nta gihamya y’uko bizabageraho bose ufatiye ku bipimo by’abo bimaze kugezwaho kugeza ubu.
Inzego zitandukanye zifite aho zihurira no kurwanya ihohoterwa, zahuriye mu mahugurwa yo kunoza imikorere. Ayo mahugurwa azamara ibyumweru bitatu, yatangiye tariki 10 Ukwakira 2023, akaba agamije kongera ubumenyi no kunoza imikorere n’imikoranire mu gutanga serivisi inoze ku bagana Isange One Stop Centre.
Bamwe mu bageze mu zabukuru mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bahura n’ikibazo cy’ubwigunge kubera kutagera ku bo bifuza no kudasurwa ndetse n’ubukene bukabije kuko barya badakora.
Raporo zitandukanye zo mu bigo bya Leta nubwo inyinshi ziba zigenewe Abanyarwanda, ariko usanga ziba zanditse mu ndimi z’amahanga (Icyongereza cyangwa Igifaransa), ibintu bitavugwaho rumwe.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) ifatanyije n’abikorera b’imbere mu Gihugu no hanze, baritegura imurikagurisha Nyafurika ry’ingufu z’amashanyarazi (Africa Energy Expo), ngo rizasiga Abanyarwanda bose bacaniwe muri 2024.
Ikigo Meteo-Rwanda kivuga ko mu gice cya kabiri cy’uku kwezi k’Ukwakira 2023 (kuva tariki ya 11 kugeza tariki ya 20), mu Rwanda hateganyijwe imvura irenze urugero rw’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gihe.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Eduard Ngirente, yakiriye itsinda rya gatatu ry’abakozi ba Kongere ya Amerika bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi irindwi, mu rwego rwa gahunda y’ubutwererane mu bumenyi n’umuco.
Nta gihe kinini gishize umutwe wa Hamas ukoze ibyo abenshi batatekerezaga ubwo yoherezaga ibisasu bya rutuka ku gihugu cya Isiraheli bihitana abatari bacye ndetse na byinshi birangirika. Ariko se byagenze bite ngo Hamas itinyuke gukora Isiraheli mu jisho, kandi ari igihugu kizwiho kugira ubutasi bukomeye? Ese uyu mutwe wa (…)
Abaturage bo mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Ngororero, bangirijwe ibyabo no gukora umuyoboro w’amashanyarazi ajya gucanira umuhanda wa kaburimbo, baravuga ko bamaze imyaka hafi itatu bangirijwe imitungo yabo ariko bakaba batarishyurwa.
Ibura n’ihenda ry’amata, ibirayi n’ibindi biribwa ni inkuru igaruka kenshi mu biganiro binyuranye muri rubanda. Uretse ibyo, hanavugwa cyane ukuntu amasoko yo hanze acura ay’imbere mu gihugu, hakanagarukwa ku kuba ibikorerwa mu Rwanda bihenda cyane ugereranyije n’ibiva mu mahanga.
Kaminuza y’u Rwanda (UR)imaze gutangaza ko umuhango wo gusoza amasomo ya kaminuza ku banyeshuri bayo uzwi nka graduation wari uteganyijwe mu minsi icumi iri imbere wimuriwe mu kwezi gutaha. Ni imipinduka iyi kaminuza ivuga ko zije zitunguranye bitewe n’impanvu zikomeye ariko yavuze ko itatangariza rubanda. Gusa ngo ni mu (…)
Mu ijambo Madamu Jeannette Kagame yagejeje ku bitabiriye inama ya kane, y’ihuriro ry’abagore b’abayobozi ibera mu gihugu cy’u Burundi, kuva tariki ya 9 Ukwakira 2023, yagaragaje ko kuboneza urubyaro bituma umuryango ugira iterambere rirambye.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, aranenga abafatanyabikorwa b’Uturere (JADF) bashora amafaranga mu baturage, ariko wagenzura ugasanga bakomeza gukena kandi bagafashijwe kwikura mu bukene.