Perezida wa Koperative ‘Nyereka Ibiganza’ yibumbiyemo abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bo mu Karere ka Huye, Felix Karangwa, avuga ko bifuza ubufasha burimo n’ubushobozi bwo kugura imashini ziboha.
Inama 15 y’Abaminisitiri bafite ingufu z’umuriro w’amashanyarazi mu nshingano mu bihugu bya Tanzania, u Rwanda n’u Burundi, yemeje ko uyu mwaka ugomba kurangira urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusumo rutanga umuriro kubera ko imirimo yo kubaka isa n’iyarangiye, hakaba hasigaye iyo kugerageza imashini ziwutanga.
Tariki 01/10/1990 - tariki 01/10/2023: Imyaka 33 irashize hatangiye urugamba rwo kubohora u Rwanda. Icyo gihe mu masaha y’igitondo, nibwo isasu rya mbere ryumvikanye ku mupaka wa Kagitumba, mu yahoze ari Perefegitura y’Umutara mu Karere ka Nyagatare.
Tariki ya 29 Nzeri 2023 mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Nkungu hatashywe irerero ryitezweho kunganira ababyeyi mu burere bw’abana babo. Ababyeyi bafite abana bato b’incuke muri uyu Murenge bavuga ko aya mashuri aje ari igisubizo ku bana babo batari bafite uburyo bwo kubona aho biga hafi y’ingo zabo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye indahiro z’abayobozi baherutse guhabwa inshingano nshya, agira impanuro atanga zibaherekeza muri ako kazi bagiye gukora.
Ahitwa Ryamakomari-Ruhango mu Murenge wa Kigali, Akarere ka Nyarugenge, habereye impanuka mu ma saa tanu zo kuri uyu wa Gatanu tariki 29 Nzeri 2023, imodoka irangirika cyane, ku bw’amahirwe uwari uyitwaye ararokoka.
Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe ku itariki ya 27 Nzeri 2023 ryashyizeho Umuyobozi Mukuru mushya w’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) asimbuye Clare Akamanzi wari umazeho imyaka itandatu, gusa akaba yarigeze no kuyiyobora mbere. Igihe yari amaze muri izi nshingano, hari byinshi RDB yagezeho ariko hari (…)
Imirimo yo kwagura ibitaro bya Butaro byihariye ubuvuzi bw’indwara za kanseri, irimo kugana ku musozo aho ubu habura iminsi micye serivisi ziyongereyemo, zigatangira kubitangirwamo.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Matsiko Gonzague, yasabye aborozi gutangira gutegura ibikorwa remezo no guhinga ubwatsi bw’amatungo kuko tariki ya 12 Nzeri 2024 nta nka izaba itororewe mu kiraro.
Abaturage bambukiranya imipaka by’umwihariko mu Turere twa Rubavu na Rusizi, bagiye kuzajya bafashwa mu bibazo by’amategeko bakunze guhura nabyo, mu gihe bambutse bagiye gushaka imibereho mu buryo butandukanye.
Imvura y’Umuhindo yaguye kuva tariki ya 1 kugeza tariki 28 Nzeri 2023, yahitanye ubuzima bw’abantu 20 abandi bagera kuri 58 barakomereka, inangiza ibikorwa remezo bitandukanye.
Abagabo n’abagore 92 batahutse mu Rwanda bavuye mu mitwe yitwara gisirikare, ibarizwa mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), nyuma yo guhabwa amahugurwa y’imyuga n’ubumenyingiro, ku wa Kane tariki 28 Nzeri 2027, bashyikirijwe ibikoresho bijyanye n’ibyo bize, aho bavuga ko bagiye kubyubakiraho (…)
Nyuma y’uko imvura yaguye ku gicamunsi cyo ku wa Gatatu tariki 27 Nzeri 2023, yangije byinshi mu Turere twa Nyamagabe, Huye, Gisagara na Nyaruguru, muri Nyamagabe by’umwihariko umuvu wayo ugatwara umwana wavaga ku ishuri, ubuyobozi bw’ako karere bwasabye abarimu kutazongera kurekura abana imvura ikubye cyangwa irimo kugwa.
Umugenzuzi Mukuru w’Ihame ry’Uburinganire n’Ubwuzuzanye, Nadine Umutoni, avuga ko kwimakaza ihame ry’Uburinganire byihutisha iterambere ry’Igihugu n’umuryango kandi ntawe usigaye inyuma, bituma abanyarwanda bose bagira amahirwe angana kandi bagakoresha ubumenyi n’impano zabo mu kwiteza imbere bikagabanya imvune zo gukorera (…)
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Utumatwishima Abdallah, arahamagarira urubyiruko rwo mu Karere ka Musanze gutinyuka bakabyaza umusaruro amahirwe Leta ikomeje kubegereza, mu gihe mu ibyiruka rye ngo batigeze bayabona.
Kuri uyu wa kane tariki 28 Nzeri 2023, Perezida Paul Kagame yakiriye Oscar Kerketta wari uhagarariye u Buhinde mu Rwanda.
Tariki 28 Nzeri 2023 u Rwanda rwizihije umunsi mpuzamahanga wa Demokarasi usanzwe wizihizwa tariki 15 Nzeri buri mwaka. Uyu munsi mpuzamahanga wizihirijwe mu nteko Ishingamategeko.
Nk’uko bimaze kumenyerwa mu Rwanda, buri wa gatandatu w’icyumweru gisoza ukwezi, hirya no hino mu gihugu hakorwa umuganda rusange uhuza abaturage n’abayobozi.
Mu minsi ishize humvikanye inkuru z’abavuga ko Umujyi wa Kigali waciye amahema, akorerwamo ibikorwa bitandukanye ndetse n’ibirori birimo ubukwe n’ibindi. Ariko mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku itariki 21 Nzeri 2023, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa, yavugaga ko icyari kigambiriwe ari ukugira ngo abantu (…)
Minisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), yashimiye umuryango Humanity &Inclusion (HI) wafashije abaturage barenga ibihumbi 26, mu turere twa Gasabo na Rutsiro kureka ibikorwa byo guhohotera abandi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari bahawe moto nk’inyoroshyangendo, kuzamura igipimo cy’imitangire ya serivisi bakarusho kwegera umuturage, nk’uko Politiki ya Leta ibiteganya.
Mu gitaramo cyiswe ‘Tujyane Mwami’, cyabaye ku nshuro ya mbere ariko kikazajya kiba buri gihembwe, cyateguwe n’abahanzi b’indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana, barimo James & Daniella, Danny Mutabazi, Josh Ishimwe, Musinga Joe, ndetse na True Promises cyabereye kuri Dove Hotel ku Gisozi, ku Cyumweru tariki 24 Nzeri (…)
Mu biganiro Perezida wa Sena y’u Rwanda, Kalinda François Xavier yagiranye na Ambasaderi wa Pakistan mu Rwanda, Naeem Ullah Khan tariki 27 Nzeri 2023, byibanze ku bufatanye hagati y’Inteko Zishinga Amategeko n’uburyo bwo kuzamura ubucuruzi hagati y’ibihugu byombi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, yakoze impinduka mu buyobozi bw’inzego zimwe na zimwe z’Igihugu.
Imodoka nini yo mu bwoko bwa Isuzu FRR yari itwawe n’umunyamahanga, iturutse mu Karere ka Gicumbi yerekeza mu mujyi wa Kigali, yakoze impanuka, aho yagonze ibyuma by’ikiraro irakirenga ibihagamamo hagati.
Ambasaderi wa Zimbabwe mu Rwanda, Charity Manyekure, yatangaje ko ashaka guhuza Akarere ka Rubavu n’umujyi wa Mutare muri Zambabwe, bakajya bakora mu bucuruzi n’ibindi.
Mu ijoro rishyira itariki ya 26 Nzeri 2023, abajura binjiye mu nzu icumbikamo abanyeshuri babiri biga muri INES-Ruhengeri mu Kagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza Akarere ka Musanze, biba ibikoresho byabo bitandukanye birimo imashini ya Laptop, imyambaro n’amavarisi.
Abafite inzu ahazwi nko kwa Dubai mu Mudugudu w’Urukumbuzi mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, barasaba gufashwa kuzisuburamo kubera ko kuba batazirimo birimo kubagiraho ingaruka n’imiryango yabo.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rurasaba abaturage kwirinda guhishira ibyaha by’ihohotera, kuko bibyara ibindi byaha bishobora no kuviramo uwahohotewe kwicwa cyangwa kwica.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Isanzure(RSA) rwagaragarije Umujyi wa Kigali uburyo amashusho ruhabwa n’ibyogajuru azaworohereza gufata ibyemezo bihamye, harimo n’uburyo bwo kumenya hakiri kare abubaka mu kajagari.