Perezida mushya wa Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, Umurungi Providence, kuri uyu wa Mbere tariki 6 Ugushyingo 2023, yarahiriye kuzuzuza inshingano nshya yahawe, umuhango wabere mu Rukiko rw’Ikirenga.
Ubushinjacyaha bwatangaje ko bwashyikirijwe dosiye ya Emmanuel Gasana wahoze ayobora Intara y’Iburasirazuba nyuma akaza gutabwa muri yombi.
U Rwanda rurateganya kongera serivisi zisaga 200 ku zisanzwe zitangirwa ku rubuga Irembo, rutangirwaho serivisi za Leta zitandukanye, ibyo bikaba bizaba mu mwaka utaha wa 2024, aho Abanyarwanda nibura Miliyoni eshanu basabwa kujya mu ikoranabuhanga, kugira ngo bashobore gukoresha urwo rubuga rw’Irembo nk’uko byatangajwe na (…)
Inteko rusange y’Umuryango RPF Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, yateranye maze isimbuza abayobozi batakiri mu nshingano baherukaga gutorwa muri 2019.
Mu gihe bivugwa ko abafite uburwayi bwo mu mutwe bagenda biyongera mu Rwanda, aboherejwe gufasha abafite bene ibyo bibazo mu bigo nderabuzima barinubira kuba bajyanwa mu zindi nshingano, ntibabashe gukora ibyo basabwa.
Urugomero rwa Muvumba Multipurpose Dam, rwatekerejwe kubakwa mu Karere ka Nyagatare mu mwaka wa 2015, ubu noneho hatangiye imirimo yo gusiza aho ruzubakwa, rukaba rwitezweho igisubizo mu kongera umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi binyuze mu kuhira imyaka n’amazi y’amatungo ndetse rukazanatanga umuriro w’amashanyarazi.
Nyuma y’uko hagiye hagaragara imyitwarire idasanzwe iranga bamwe mu bageni basezerana mu murenge bakanga kumvira ibyo basabwa gusoma bikubiye mu isezerano ndetse abandi bakagaragara basa n’abatebya kandi bafashe ku idarapo ry’igihugu Kigali Today yabakusanyirije amakuru avuga ku myitwarire ikwiriye kuranga abagiye gusezerana (…)
Abaturage bafite imirima yegereye urugomero rw’amashanyarazi rwa Mukungwa II ruherereye mu Karere ka Musanze bavuga ko bamaze imyaka irenga 10 basaba Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ingufu (REG) kubaha ingurane z’ibyabo byangijwe, dore ko ibyo basabwaga byose babitanze, ariko ntibahabwa iyo ngurane.
Umuhanzikazi Alyn Sano yagaragaje ko abahanzi bari kuzamuka uyu munsi bafite amahirwe yo kuba hari ibikorwa bibashyigikira mu kuzamura impano zabo bitandukanye n’inzira bo banyuzemo kugirango babe bageze ku rwego bariho uyu munsi mu muziki.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, ari i Yaoundé muri Cameroun aho yitabiriye Inama ya 44 y’Abaminisitiri bo mu bihugu bikoresha Igifaransa (Francophonie/ OIF).
Akarere ka Rulindo kamaze gutaha ikiraro cyo mu kirere, gihuza Umurenge wa Burega na Cyinzuzi, aho kije ari igisubizo nyuma y’uko mu gihe cy’imvura, umugezi wa Rusine wajyaga wuzura abaturage bakabura uko bambuka.
Muri gare zo mu Mujyi wa Kigali, hiyongereyemo imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange zikoreshwa n’amashanyarazi, umugenzi akishyura amafaranga 500 aho yaba ajya hose muri Kigali.
Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN), yatangaje ko harimo kurebwa uko habaho amavugura ku musoro winjizwa, amwe muri yo akaba agamije gushyigikira urwego rw’Ubuzima.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 04 Ugushyingo 2023, ahagana saa mbiri, imodoka y’uruganda rukora ibinyobwa (Skol) ifite plaque nimero RAF486C yo mu bwoko bwa Minibus, yasekuye inzu z’abantu babiri, abari bazirimo bararokoka.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr François Xavier Kalinda, yasoje uruzinduko rw’iminsi ine yagiriraga muri Repubulika ya kiyisilamu ya Pakistan. Ni uruzinduko rwasinyiwemo amasezerano ashimangira ubufatanye hagati y’Inteko Zishinga Amategeko z’ibihugu byombi.
Umuryango w’Abanyarwanda batuye mu Misiri, ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 03 Ugushyingo 2023, bakiriye ndetse baha ikaze CG Dan Munyuza, Ambasaderi mushya uhagariye u Rwanda mu Misiri.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buvuga ko nubwo bukomeje kongera imihanda, hari abantu bakererwa kugera iyo bajya kuko batayikoresha, ahubwo ngo barushaho gutsimbarara ku yo basanzwe bamenyereye.
Mu gusoza inama mpuzamahanga ya 23 ku bukerarugendo yari iteraniye i Kigali, u Rwanda rwashimiwe kuba rwarayakiriye neza, by’umwihariko Umuyobozi wa WTTC, Madamu Julia Simpson ashimira Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame. Hanatangarijwe Chairman mushya w’ikigo cyateguye iyi nama ndetse n’igihugu kizakira iy’ubutaha.
Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), yatangaje ko igiye gukemura ibibazo bikigaragara muri serivisi z’Ubuvuzi bw’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome, yitabiriye ihuriro rya 20 rya gahunda y’ubucuruzi ihuza Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’ibihugu bya Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara izwi nka AGOA, African Growth and Opportunity Act.
Kuva tariki ya 01 kugeza kuri 31 Ukwakira 2023, kwari ukwezi ngarukamwaka kwahariwe ibikorwa by’urubyiruko rw’abakorerabushake, aho byakorwaga hirya no hino mu gihugu.
Abarenga 400 bafite ababo bitabye Imana bashyinguwe mu irimbi ry’i Rusororo, basomewe Misa muri Kiliziya Gatolika y’i Kabuga, nyuma habaho no guha umugisha imva z’abo bitabye Imana.
Abantu bivugwa ko ari abahebyi (abiba amabuye y’agaciro) bateye mu kirombe cy’amabuye y’agaciro, mu Murenge wa Nyarusange, mu Kagari ka Rusovu, Umudugudu wa Rukurazo mu ma saa yine za mu gitondo cyo kuri uyu wa 03 Ugushyingo 2023, birukana abakozi ba Kompanyi icukura amabuye y’agaciro ya EMITRA Ltd, banakomeretsamo bane.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu (MINUBUMWE), Dr Bizimana Jean Damascène, arashima umusaruro uva mu Itorero ry’Igihugu, aho yemeza ko bamwe mu bitabira Itorero baza baseta ibirenge, rikarangira batabishaka.
Banki y’u Rwanda itsura Amajyambere (BRD), iramenyesha abikorera ko bahawe inguzanyo y’Ikigo cy’Abafaransa gishinzwe Iterambere (AFD), ingana n’Amayero Miliyoni 20 (ararenga Amanyarwanda Miliyari 25), akaba yanyujijwe mu kigega cy’Ishoramari mu bidukikije cyitwa ’Ireme Invest’.
Leta y’u Rwanda ibinyujije mu kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubwikorezi (RTDA), irimo kuvugurura no kwagura umuhanda Rubengera-Muhanga, aho urimo gukorwa mu byiciro bitatu, ukaba witezweho guteza imbere abawuturiye.
Kutabonera igihe ubushobozi bwo kugoboka imbabare mu buryo babyifuza, byatumye umuryango utabara imbabare mu Rwanda, Croix Rouge, utangira urugendo rwo kwigira, wiyemeza gushyiraho ibikorwa biwinjiriza amafaranga.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwafunze abayobozi barindwi bakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’ingurane, Leta yari yagenewe abaturage bo mu Karere ka Rulindo, ijyanye n’ibyangijwe ubwo hubakwaga umuhanda Rwintare-Gitanda-Muvumo mu mwaka wa 2021-2022.
Perezida Kagame kuri uyu wa Kane tariki 2 Ugushyingo 2023, yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Tanzaniya, Samia Suruhu Hassan n’itsinda bari kumwe mu Rwanda, aho bitabiriye inama mpuzamahanga ku bukerarugendo (WTTC).
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurirmo(MIFOTRA) isaba abakoreshwa amasaha y’ikirenga batayahemberwa, kuyitungira agatoki kugira ngo ibafashe guhabwa ibyo bemererwa n’amategeko.