Guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023 mu Rwanda hatangiye Inama y’iminsi ine y’ihuriro ry’inzego z’imitegekere y’Igihugu mu muryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth).
Abatuye mujyi wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu batangaza ko bashima Leta y’u Rwanda, yaborohereje kubona icyangombwa cyambukiranya umupaka bitabagoye, kuko igiciro cyacyo cygabanyijwe cyane.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, yakanguriye abanyamakuru gutanga kandidatire mu matora ateganyijwe, yo kuzuza inzego z’ubuyobozi bwa Leta, haba mu kuyobora Akarere cyangwa gushyirwa mu yindi myanya idafite abayobozi.
Perezida Paul kagame, yabitangaje mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ugushyingo 2023, ubwo yakiraga indahiro z’abacamanza n’Umunyamabanga Mukuru wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha barimo Consolée Kamarampaka, Umunyamabanga Mukuru wungirije wa RIB.
Mu Kagari ka Rwambogo, Umurenge wa Musanze Akarere ka Musanze, haravugwa inkuru y’abagore babiri bafunzwe, nyuma yo gufatirwa mu gipangu biba umunyeshuri w’umunyamahanga wiga muri INES-Ruhengeri, witwa Nelson Fredericko Angelo.
Abantu bakoresha Terefone na Mudasobwa ‘Computer’ bagirwa inama y’uburyo bwo kwicara bemye kugira ngo bitangiza amagufa y’ibikanu n’urutirigongo.
Bubinyujije mu Itangazo ryasohowe n’ibitaro bya Nyarugenge, byagaragaje ko byanenze imyitwarire y’umukozi ushinzwe umutekamo kuri ibi bitaro washyamiranye n’umuturage waje agana ibitaro.
Umugabo wo mu Murenge wa Rugendabari mu Karere ka Muhanga, afungiye kuri RIB Sitasiyo ya Mushishiro mu Murenge wa Mushishiro, azira gukubita no gukomeretsa mugenzi we akeka ko amusambanyuriza umugore, nyuma yo kubasangana iwe mu rugo.
Perezida Paul Kagame, yishimiye ibihe byiza by’umugoroba yagiranye n’umwuzukuru we, witwa Amalia Agwize Ndengeyingoma.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, ari kumwe na Madamu Kayisire Marie Solange, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), bakiriye Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Eric Kneedler, aherekejwe na Jonathan Kamin, Umuyobozi w’Ikigo cya Amerika gishinzwe iterambere (…)
Mutungirehe Annonciate wo Kagari ka Gikundamvura Umurenge wa Karama avuga ko amaze amezi ane akuwe ku rutonde rw’abahabwaga inkunga y’ingoboka kubera ngo gutanga amakuru ku bitagenda mu bitangazamakuru nyamara ubuyobozi bukavuga ko ibyo bitamubuza guhabwa ibigenerwa abandi ahubwo inkunga yayikuweho bitewe n’amabwiriza mashya (…)
Mu Kagari ka Sahara, Umurenge wa Busogo, Akarere ka Musanze, haravugwa inkuru y’umugabo witwa Nganizi, ushakishwa nyuma yo gutoroka amaze gusambura inzu yabagamo akagurisha amabati, inzugi n’amadirishya.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amasoko ya Leta (Rwanda Public Procurement Authority/RPPA) kivuga ko Abanyarwanda n’ibigo bikorera mu Rwanda, bihabwa amahirwe mu gihe isoko ryatanzwe rifite agaciro k’amafaranga atarenze Miliyari ebyiri.
Umudugudu w’Icyitegererezo uzwi nka Kagano IDP Model Village uri kubakwa mu Murenge wa Muzo mu Karere ka Gakenke, uzatuzwamo imiryango iri hagati ya 300 na 400 harimo iyari ituye mu manegeka, iyangirijwe ibyayo n’ibiza n’indi bigaragara ko ikeneye ubufasha byihuse. Byitezwe ko niwuzura bamwe mu babarizwa muri ibyo byiciro (…)
Abaturage bo mu bice byiganjemo ibyo mu Mujyi wa Musanze batewe impungenge n’imihanda ya kaburimbo yatangiye kwangirika, bakavuga ko mu gihe hatagira igikorwa hakiri kare ngo ibyo bikorwa remezo bisanwe, byarushaho kwangirika mu buryo bukomeye.
Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo ushinzwe Imibereho y’Abaturage muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Kayigana Godfrey, arasaba abaturage kugira uruhare mu kwiteza imbere aho guhora bateze amaramuko kuri Leta kuko ahubwo yo ifite inshingano zo gukora ibikorwa binini bibafasha kugera ku iterambere rirambye.
Mu Karere ka Gicumbi haravugwa bamwe mu bashinga amashyirahamwe bagamije gucamo Abanyarwanda ibice, hakavugwa n’itsinda ryiyise ‘Abasuka’ rikorera mu Murenge wa Giti. Iby’iri tsinda byagarutsweho mu nama y’ihuriro ry’ubumwe n’ubudaheranwa, ahanatangijwe gahunda y’ibiganiro bya Ndi Umunyarwanda, aho yitabiriwe n’ubuyobozi (…)
Mu mujyi wa Musanze, ku muhanda Musanze - Rubavu, hafi y’ibiro by’Akarere n’ibiro by’Intara y’Amajyaruguru, hari inyubako ya Hoteli imaze igihe kinini yangirika. Ni inyubako nini cyane, izitije amabati, aho abazi igihe yatangiye kubakirwa, bavuga ko imaze imyaka igera mu icumi, imirimo yo kuyubaka ikaba yarahagaze.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo bwatangiye umushinga wo kubaka inyubako nshya y’ibiro by’Akarere, dore ko aho gakorera hafatwa nko mu manegeka.
Bimwe mu bibazo byagaragajwe n’abafite ubumuga bwo kutabona, ni uko bagihura n’imbogamizi z’abantu bamwe na bamwe bataramenya Inkoni yera bitwaza bigatuma babahutaza, kuko baba batitwararitse ngo bamenye ko uyitwaje afite ubumuga bwo kutabona.
Inyubako 39 zifite ubuso bwa meterokare ibihumbi 80, ni zo Leta ikodeshereza inzego zayo ku mafaranga y’u Rwanda asaga Miliyari cumi n’esheshatu ku mwaka. Nubwo Leta ikodesha izo nyubako zose, ariko hirya no hino mu gihugu hari inyubako za Leta zigera ku 1025 zidakoreshwa ngo zibyazwe umusaruro.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaje ko abantu badakwiye guheranwa n’ibihe by’agahinda n’ibibatandukanya by’amateka y’ahahise, ahubwo hakibandwa ku bifitiye abaturage akamaro mu gihe kizaza.
Kuri uyu wa gatanu tariki ya 10 Ugushyingo 2023, CG Rtd Emmanuel Gasana wahoze ari guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, yaburanye ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo maze ubushinjacyaha bumusabira gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera uburemere bw’ibyaha akekwaho, kwica iperereza no kuba yatoroka Igihugu.
Umuhanzi Nizzo wahoze mu itsinda rya Urban Boyz rikaza gutandukana yatangaje ko we na bagenzi be bari mu biganiro byo kongera kugarura itsinda ryakunzwe na benshi.
Noel Portnow wahoze ari umuyobozi wa Grammy Awards, yarezwe mu rukiko ibyaha byo gufata ku ngufu umwe mu bahanzikazi, nyuma yo kumunywesha ibiyobyabwenge mu 2018.
Ikigo gishinzwe amasoko ya Leta (Rwanda Public Procurement Authority/RPPA) kirizeza abaturage bakoreraga ba rwiyemezamirimo ntibabahembe, ko bitazongera kubaho kuko nibatishyurwa, uwahaye uwo rwiyemezamirimo isoko ari we uzabihembera.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), John Mirenge, yakiriye abahagarariye umuryango w’Abanyarwanda batuye i Abu Dhabi muri icyo gihugu, abasaba gukomeza guharanira gusigasira isura nziza y’u Rwanda.
Ubushinjacyaha bwasabiye CG (Rtd) Emmanuel Gasana gufungwa iminsi 30 y’agateganyo, nyuma yo kwemeza ko kubera ibyaha akurikiranyweho ashobora gutoroka cyangwa gusibanganya ibimenyetso.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yatangarije abitabiriye inama y’Ishoramari ku Mugabane wa Afurika, uko u Rwanda rwashyizeho amahirwe n’uburyo bwo korohereza abifuza kurushoramo imari.
Uwahoze ari Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, CG Rtd Emmanuel Gasana, yamaze kugera mu cyumba cy’iburanisha cy’Urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare kugira ngo aburane ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.