Imodoka y’ikamyo yahutaje moto abantu babiri bari bayiriho barakomereka mu mpanuka yabereye ku muhanda ujya ahitwa ku Ihanika mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza tariki 16/07/2012.
Abapolisi 30 bo ku rwego rwa ba ofisiye baturutse mu Rwanda, u Burundi, Sudani y’Amajyepfo na Somaliya bari mu mahugurwa azamara amezi abiri, biga ku kunoza akazi mu gucunga umutekano.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania yagonze Rav 4 yari itwaye Bishop Rwandamura Imana ikinga akaboko ntiyagira icyo aba ariko abandi babiri bari kumwe na we mu modoka bava i Rubavu barakomereka byoroheje.
Umuryango w’abanyeshuli biga mu ishuli rikuru ry’abalayiki b’abadivantiste rya Kigali (INILAK), ishami rya Nyanza uri mu gahinda batewe n’urupfu rwa Muteteri Léonille witabye Imana mu ijoro rya tariki 15/07/2012 aguye mu bitaro byitiriwe Umwami Fayizali.
Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare,Yusuf Murangwa, aratangaza ko ibarura rusange riteganyijwe mu kwezi gutaha ntaho rihuriye no kubarura abazize Jenoside yakorewe Abatusi mu 1994, kugira ngo hatabaho gutanga imibare itari nyayo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke burasaba abaturage kwirinda impanuka zikunze kubera mu kiyaga cya Kivu gihuza aka karere n’uturere twa Rusizi, Karongi na Rubavu ndetse na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC).
Umusirikare w’Ingabo z’U Rwanda uherutse kwitaba Imana ubwo yari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani yashyinguwe mu cyubahiro mu irimbi rya gisirikare i Kanombe tariki 13/07/2012.
Mu biganiro bagiriye i Addis Ababa muri Ethiopia, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame na Perezida wa Kongo, Joseph Kabila, bemeje ko bashyigikiye ko habaho umutwe w’ingabo mpuzamahanga mu kubungabunga umutekano mu burasirazuba bwa Congo.
Umusore witwa Manirakiza Emmanuel yapfuye azize pisine yo kuri Hotel Lapalisse i Nyandungu mu mujyi wa Kigali, ubwo yarohagamamo arimo koga, ku cyumweru tariki 15/07/2012.
U Rwanda rwanze kwakira abarwanyi 29 bo mu mutwe M23 bari bazanye n’abarwanyi barindwi bahoze muri FDLR baje baherekejwe n’ingabo z’umuryango w’abibumbye zishinzwe amahoro muri Congo (MONUSCO) hamwe n’itangazamakuru ryo muri Congo.
Umuyobozi w’ihuriro ry’imitwe ya Politiki yemewe mu Rwanda yasabye urubyiruko rwarangije amahugurwa y’icyiciro cya gatanu kuri politiki n’imiyoborere myiza kuzavamo abayobozi beza b’ejo hazaza bubaka kandi baharanira guteza imbere igihugu cyabo n’Abanyarwanda muri rusange.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, aherekejwe na Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga, Louise Mushikiwabo, bageze Addis Ababa muri Ethiopia mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki 15/07/2012 aho bitabiriye inama rusange ya 19 y’umuryango w’Afurika yunze ubumwe (AU).
Imodoka yo mu bwoko bwa Jeep Toyota Rav 4 yavaga i Kigali yerekeza i Karongi yataye umuhanda mu ikorosi ry’ahitwa mu Rugabano yiryamira mu mugende tariki 14/07/2012 saa 17h30 maze kuyikuramo bimara iminota 20 izindi zitabasha gutambuka.
Bamwe mu bagore bakora imirimo ya Leta ndetse n’ababavugira mu karere ka Muhanga barasaba ko uburenganzi bw’umugore wabyaye bwajya bwubahirizwa akajya abona ikiruhuko gito cyo konsa umwana.
Hakizimana Felicien w’imyaka 26 yagwiriwe n’igiti cyo kumanikaho insinga z’amashanyarazi ahita apfa kuwa gatandatu tariki 14/07/2012, ahagana mu masaa tanu za mugitondo.
Mu murenge wa Mururu ho mu karere ka Rusizi barishimira ibyo bagezeho birimo kubaka amashuri, korozanya, guhuza ubutaka, isuku n’ibindi; byatumye uva ku mwaka wa 17 mu mirenge 18 igize aka karere, ukagera ku mwanya wa gatatu.
Akagali ka Nyanza niko kegukanye umwanya wa mbere mu gikorwa cyo kwesa imihigo y’umwaka wa 2011-2012 ku rwego rw’umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza, mu muhango wabaye tariki 13/07/2012, ugamije kumurikira abaturage ibyagezweho ku bufatanye bwabo n’ubuyobozi.
Abana n’ababyeyi barerera ku ishuri ribanza ryo ku Muhima, mu mujyi wa Kigali, bavuga ko batewe ubwoba n’amadayimoni ari misarani y’icyo kigo, yiyereka abana akabarigisa cyangwa akabagirira nabi, iyo bagiye mu bwiherero. Ariko ubuyobozi bw’icyo kigo bukabihakana bwivuye inyuma.
Umugabo witwa Bikorimana Fabien aratangaza ko yaburiye irengero irengero umugore we, nyuma y’uko baherukanaga mu gitondo cyo kuwa Kane tariki 12/07/2012, umunsi atangaza ko yamuburiyeho.
Ministiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, atangaza ko gahunda ya Leta yo guha urubuga abikorera mu gushora imari mu ikoranabuhanga, biri mu bizafasha u Rwanda kugira iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga.
Umuzamu w’ikigo cy’ishuri ryisumbuye Indangaburezi, Vedaste Gakumba, yakubiswe n’abanyeshuri batatu yari yangiye gusohoka mu ikigo kuko nta mpushya bari babifitite, bimuviramo kujyanwa kwa muganga.
Abagore bo mu murenge wa Cyanika mu karere ka Burera bibumbiye mu ishyirahamwe “Abaharanira Amahoro” biyemeje gukangurira abantu batandukanye igikorwa cy’ubumwe n’ubwiyunge kugira ngo nabo babashe kwishyira hamwe biteza imbere.
Imodoka ya taxi minibus itwara abagenzi yagonganye na FUSO mu murenge wa Nyakiriba, mu karere ka Rubavu mu ma saa tanu za mu gitondo tariki 13/07/2012 abantu batanu bahita bitaba Imana abandi 14 barakomereka.
Hari uturere twaranzwe no guhiga imihigo idafatika mu gihe utundi twananiwe gukora iganamigambi rihamye; nk’uko bigaragara muri raporo y’abari bashinzwe gukora igenzura ku mihigo mu turere.
Abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga bo mu bihugu bigize akarere k’ibiyaga bigari basinye amasezerano yo gushyiraho ingabo zo guhashya imitwe yitwaza intwaro ihungabanya umutekano mu burasirazuba bwa Congo.
Mu nama yiga ku ikoreshwa ry’umutungo kamere n’ibiribwa ku isi, Perezida Kagame yatangaje ko hacyeneye ubufatanye bw’abashoramari mu kuzamura ibihugu bikiri mu nzira y’iterambere mu gukoresha neza umutungo kamere n’ubuhinzi kugira ngo abaturage bashobore kugira imibereho myiza.
Akagari ka Mucyimba ni ko kaje ku isonga mu imurikabikorwa ry’umwaka 2011-2012 ry’utugari icyenda rugize umurenge wa Rugabano, akarere ka Karongi. Uwo muhango wo kumurika ibikorwa by’umurenge (open day) wabaye tariki 12/07/2012.
Sena y’u Rwanda yemeye umushinga w’itegeko rishyiraho ibigenerwa abanyapolitiki birimo amafaranga yo kwakira abashyitsi, koroherezwa mu ngendo ndetse no kubona amacumbi kuri bamwe; byiyongera ku mishahara bahabwa izazamuka guhera muri uku kwezi kwa Nyakanga.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Gatsibo hamwe n’izindi nzego zifite ibyo zikora muri ako karere ziramurikira abaturage ibyo zibagezaho mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa uburyo bagera kubyo bifuza mu iterambere n’imibereho myiza.
Abaturage batuye umurenge wa Butare mu karere ka Rusizi barasaba inzego zibishinzwe ko zabakura mu bwigunge baterwa no kutumva radiyo cyangwa ngo barebe television dore ko nta muriro w’amashanyarazi bagira.