Ntawugashira Hamisi bitaga Muzehe yarashwe mu rukerera rwo kuri uyu wa gatatu tariki 01/08/2012 ubwo yari acyuye ibyo yibye. Uyu mujura yari acumbitse mu mudugugu wa Nyagacaca, akagari ka Ruyenzi, umurenge wa Runda.
Abaturage ndetse n’imwe mu miryango irwanya ihohoterwa mu karere ka Ngoma iravuga ko itumva impamvu hari abafungwa bazira ihohotera rishingiye ku gitsina nyuma bagahita barekurwa.
Inteko rusange y’Umutwe w’Abadepite yemeje ivanwaho ry’ibirego ku bayobozi bose barimo abo muri Ministeri y’imari n’igenamigambi, abari abayobozi cyangwa n’ubu bakiyobora muri Ministeri y’ibikorwaremezo, EWSA n’ibindi bigo bashinzwe imyubakire y’urugomero rwa Rukarara.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda asanga raporo zitandukanye zirimo izitunga agatoki u Rwanda guteza umutekano mucye muri Congo atari ikibazo; ngo ikibazo kizaba igihe Abanyarwanda bazumva ko kugira ngo babeho bazabikesha inkunga ziva mu mahanga.
Mu nama yahuje abaturage b’umurenge wa Bushekeri n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke kuri uyu wa mbere tariki 30/07/2012, abaturage bahaye akarere impano y’isuka y’umujyojyo.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mushisiro mu karere ka Muhanga, Sixte Mungarakarama, yitabye Imana ku wa gatandatu tariki 28/07/2012, umunsi yagombaga kwizihizaho isabukuru y’amavuko ye.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge 8 ku 10 igize akarere ka Nyanza mu Ntara y’amajyepfo barakora ihererekanyabubasha mu muhango uteganyijwe kuba kuri uyu wa kabiri tariki 31/07/2012 ku biro by’imwe mu mirenge itandukanye yo muri ako karere.
Ubucamanza bwagize umwere umunyamakuru wa Radio Huguka washinjwaga kuvuga amagambo arimo ingengabitekerezo ya Jenoside. Urubanza rwasomwe ku mugoroba wa tariki 30/07/2012 mu rukiko rwisumbuye rwa Muhanga.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga basabwe kuba kuba intumwa z’u Rwanda no gutwara ubutumwa bunyomoza abavuga ko u Rwanda rutera inkunga umutwe wa M23 urwanya Leta ya Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Umunyamakuru w’ikinyamakuru The Chronicles, Idrissa Byiringiro Gasana, yitabye bwa mbere urukiko rw’ibanze rwa Kacyiru kuri uyu wa mbere tariki 30/07/2012, kubera ibyaha akurikiranyweho byo gusebya Leta, ariko we yatangaje yabikoreshejwe ku gitugu.
Ministiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, arasaba abayobozi bose bo mu nzego z’ibanze, guhera kuri ba Guverneri b’intara n’umujyi wa Kigali kugeza ku bahagarariye imidugudu kuguma mu duce bayobora igihe cyose.
Umugabo witwa Tuyishime Emmanuel yahungiye mu gihugu cya Tanzaniya nyuma y’uko umugambi yari afite wo kugurisha abana babiri b’abakobwa umupfubanye.
Itegeko rirengera rikanakurikirana ababuriwe irengero, niryo ryonyine u Rwanda rwanze gusinya mu masezerano agera ku icyenda y’Umuryango Mpuzamahanga y’uburenganzira bwa mutnu.
Mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 29/07/12, imodoka ya Mini-bus yari itwaye abagenzi 18 yakoze impanuka irenze gato ahitwa ku Kivumu mu karere ka Muhanga ubwo yavaga mu karere ka Nyanza igana mu karere ka Musanze.
Abagize inteko ishinga amategeko, umutwe wa Sena, bifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Mukura mu karere ka Huye mu gikorwa cy’umuganda wabaye tariki 28/07/2012.
Abaturage bo mu kagari ka Rukara, umurenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, bavuga ko gukuriraho u Rwanda imfashanyo nta Munyarwanda n’umwe bikwiye guhangayikisha kuko ntacyo bizatwara u Rwanda.
Abapolisi b’u Rwanda batanu bazamuwe mu ntera kuwa gatanu tariki 27/07/2012 nyuma yo kumara amezi arindwi n’igice bari mu mahugurwa mu kigo cyitwa General Service Unit Training School cyo muri Kenya.
Umuboyozi w’Intara y’Uburengerazuba, Kabahizi Celestin, yifatanyije n’abatuye akarere ka Rusizi mu gikorwa cy’umuganda rusange ngarukakwezi cyabereye mu mudugudu wa Karushaririza akagari ka Burunga,umurenge wa Gihundwe tariki 28/07/2012.
Imodoka y’Ikamyo ifite purake BU A 3146 A yavaga Uganda yerekeza i Burundi ihetse imifuka ya Sima yageze mu kagari ka Munini umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango irahirima igwira uruhande rumwe rwayo ku mugoroba wa tariki 27/07/2012.
Sosiyete y’itumanaho mu Rwanda MTN yakoze umuganda ngarukakwezi wo kubagarira ibiti mu kibaya cya Nyandungu mu mujyi wa Kigali, mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 94, Nelson Mandela wakuyeho ingoma ya ba gashakabuhake muri Afurika y’Epfo amaze avutse.
Venuste Nsengiyumva arwariye ku bitaro ba Kibungo, nyuma y’uko umugore we yamutemaguye mu mutwe ariko ntapfe tariki. 26/07/2012, ubwo yari amusanze asinziriye.
Urubyiruko rw’Abanyarwanda baba mu mahanga bagiye kujya mu mahugurwa y’ibyumweru bibiri i Gako, guhera kuwa Mbere tariki 30/07/2012. Amahugurwa yateguwe na Minisiteri y’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda.
Umugore witwa Riziki Musabyimana amaze amezi agera kuri 11 atwite inda ariko kugeza uyu munsi umwana ataravukira amezi icyenda nk’abandi. Akavuga ko atazi n’icyateye uko gutinda.
Urubyiruko rw’amatorero atandukanye ruturutse mu bihugu bitandatu by’Afrika ruteraniye mu mahugurwa y’ibijyanye n’imiyoborere myiza mu karere ka Rusizi ku cyicaro cy’itorero angirikani ari naryo ryayateguye.
Ikamyo yari itwaye risansi ivuye muri Uganda yakoze impanuka igeze ahitwa mu Kigoma urenze gato mu gasantere ka Rukomo igonga umukingo maze icikamo kabiri ihita ikongoka imodoka zibura uko zitambuka.
Hagiye gushyirwaho imirongo ngenderwaho igamije kwerekana uburyo Ihuriro ry’Abana rishyirwaho, imiterere n’imikorere yaryo hakurikijwe inzego z’imiyoborere y’igihugu kuva ku mudugudu kugera ku karere.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, yabonanye n’impuguke zakoze raporo ku ntambara ibera muri Congo kuri uyu wa gatanu tariki 27/07/2012 aziha ibisobanuro bifatika binyomoza ibyo izo mpuguke zari zashinje u Rwanda.
Amakuru aturuka muri minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu mu Rwanda MINALOC aravuga ko abayobozi b’uturere twose tw’u Rwanda bari mu mwiherero ukomeye wahejwemo itangazamakuru.
Abaturage b’umurenge wa Cyato mu karere ka Nyamasheke bishimiye igikombe begukanye ku nshuro ya kabiri nyuma yo kuza ku mwanya wa mbere mu kwesa imihigo ku rwego rw’akarere mu mwaka wa 2011-2012.
Umubare w’abagore bari mu nzego z’ubuyobozi ntuhagije kwemeza ko ireme ry’uburinganire ryubahirizwa mu gihe abo bagore badahabwa ibindi bikenerwa mu kazi; nk’uko Depite Aphonsine Mukarugema ukuriye Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Nteko Ishinga amategeko (FFRP), abitangaza.