Ikompanyi ikora ibijyanye n’ibikorwa remezo, NPD-COTRACO, irasabwa kongera ibikorwa ikora no kubirangiriza igihe amasezerano iba yagiranye n’abakiriya bayo.
Biteganyijwe ko Perezida Kagame azasura akarere ka Nyagatare tariki 06/07/2012 akanafungura ku mugaragaro uruganda Easter African Granite Industries rukora amakaro ruherereye ahitwa Rutaraka mu murenge wa Nyagatare.
Ku bufatanye n’abatwara abangenzi ndetse n’Ikigo cy’Igihugu ngenzuramikorere (RURA), Umujyi wa Kigali washyizeho uburyo bwo gutwara abagenzi, wemeza ko buzakemura ikibazo cy’ibura ry’imodoka mu masaha amwe n’amwe.
Umuryango Dothan Revival Ministries wihaye intego yo kubiba inyigisho z’urukundo, amahoro, Ubumwe n’Ubwiyunge mu rubyiruko mu rwego rwo kurukangurira guhashya icyakurura amacakubiri mu Banyarwanda.
Abagize itsinda rya Ministeri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) bamaze iminsi ibiri basuzuma akarere ka Karongi kageze gashyira mu bikorwa imihigo y’umwaka wa 2011/2012 baratangaza ko ako karere gahagaze neza n’ubwo igihe cyo gutanga amanota rusange kitaragera.
Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro i Juba mu murwa mukuru wa Sudani y’Amajyepfo (UNMISS) n’umuryango w’Abanyarwanda bahaba, bifatanyije n’u Rwanda mu kwizihiza umunsi w’Ubwigenge no kwibohora ku nshuro ya 18, tariki 01/07/2012.
Ikamyo itwara ibikomoka kuri peteroli yo muri Tanzaniya y’ikompanyi AAA yahiye ifunga umuhanda Gisenyi-Kigali amasaha abiri n’igice kuri uyu wa gatatu tariki 04/07/2012 saa ine n’igice za mu gitondo.
Abari mu butumwa bwo kugarura amahoro i Darfur muri Sudani (UNAMID) bifatanije n’Abanyarwanda mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rubonye ubwigenge, n’isabukuru y’imyaka 18 rumaze rwibohoye.
Umubiligi witwa Julien Nyssens wabaye mu bategetsi bitwaga Administrateur de Territoire mu gihe cy’ubukoloni mu Rwanda yasohoye igitabo kivuga ku Rwanda hagati y’umwaka w’1948 kugeza mu mwaka w’1961.
Ambasade ya Leta zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, tariki 03/07/2012, yizihije isabukuru y’imyaka 234 igihugu cyayo kimaze kigobotoye ingoyi ya gikoloni. Ambasaderi wayo yashimiye u Rwanda umubano wihariye ibihugu byombi bikomeje kugirana.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ari kumwe n’umufasha we, Jeannette Kagame, kuri uyu wa 03/07/2012 bagiriye uruzinduko ku kigo cy’amashuri cy’abakobwa cya Gashora Girls Academy riherereye mu karere ka Bugesera.
U Rwanda na Turukiya byasinyanye amasezerano y’ubufatanye mu iterambere, harimo gushyiraho za ambasade mu bihugu byombi, kurwanya iterabwoba n’ibyaha byambukiranya ibihugu, ndetse n’ishoramari mu nzego zitandukanye.
Bamwe mu bakozi n’abayobozi b’uturere barasaba ko gahunda ya decentralization y’ingengo y’imari ya Leta yakwihutishwa ikagezwa no ku mirenge kugira ngo uturere tubone umwanya wo gutekereza ibindi bikorwa by’iterambere.
Umusazi uri mu kigero cy’imyaka 29 yuriye ipoto y’amashanyarazi mu kagari ka Musamo, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango mu ma saa kumi n’imwe z’igitondo tariki 03/07/2012 kumukuramo birananirana aza kuyimanukamo saa tatu n’igice.
Rukundo Fréderic, umuyobozi ushinzwe amasomo mu rwunge rw’amashuli ya Nyagasozi rwubatse mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza yakinguye ibiro bye asangamo inyandiko idasinye ihembera ingengabikerezo ya Jenoside.
Vedaste Munyagisenyi w’imyaka 22 afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Mageragere kuva tariki 01/07/2012 akekwaho kwica Silas Tegejo w’imyaka 32 na we wakoraga akazi k’ubukarani amukubise igitiyo mu mutwe kubera amakimbirane bari bafitanye.
Abagabo batatu baturutse mu mujyi wa Bury St. Edmunds mu Bwongeleza, baje ku magare mu rwego rwo gukusanya inkunga yo kugura ibikoresho by’imikino byo mu mashuri b’abana babana n’ubumuga, bageze i Kigali ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki tariki 02/07/2012.
Uko iminsi igenda yicuma niko abana bari hagati y’imyaka 12 na 15 bagenda biyongera mu mujyi wa Rusizi. Bavuga ko bata imiryango yabo baje gushaka amafaranga mu mujyi.
Prof. Byanafashe Deo wigisha amateka muri kaminuza nkuru y’u Rwanda avuga ko bimwe mu byatumye ubwigenge bw’Abanyarwanda butagerwaho neza, ariko uko bwashyizwe mu maboko y’abayobozi batari biteguye kubukoresha.
Mu gihe cy’icyunamo cy’iminsi 100, mu karere ka Gatsibo hakozwe ibikorwa byinshi bifata mu mugongo abacitse ku icumu rya Jenoside birimo gusana amazu yari yarangiritse, kuboroza no kubakira abadafite aho kuba,byatwaye amafaranga miliyoni 10.
Mu kwizihiza isabukuru y’ubwigenge n’iyo kwibohora, Abaturage bo mu murenge wa Gishyita mu karere ka Karongi bongeyeho agashya bavuga ko babohotse no mu myumvire none ubu bakaba baragezweho n’iterambere ritari ryarigeze riharangwa mbere ya 1994.
Abaturage basabwa kuzatanga amakuru y’ukuri ku bibazo bazabazwa mu ibarura rusange ry’abaturage ryegereje kugira ngo intego yaryo igerweho nk’uko byateganyijwe, mu rwego rwo kuzamura imiberehomyiza n’iterambere by’abaturage.
Umusore w’Umunyekongo w’imyaka 18 y’amavuko witwa Patrick Cyubahiro yahohotewe n’abasirikare ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo bamushinja kuba Umututsi ukomoka mu Rwanda.
Mu karere ka Nyanza bahimbaje isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rumaze rubonye ubwigenge n’imyaka 18 rumaze rwibohoye basaba abaturage kurushaho kwihesha agaciro muri byose; nk’uko Murenzi Abdallah umuyobozi w’ako karere yabisabye.
Abaturage b’i Rwamagana bitabiriye ibirori by’umunsi w’Ubwigenge wizihirijwe rimwe n’uwo kwibohora bashimangiye ko nta Munyarwanda n’umwe wakongera kwemerera uwo ari we wese gusubiza u Rwanda mu mateka y’imiyoborere n’imibereho mibi byaruranze.
Ijambo Perezida Kagame yavuze ku munsi wo kwizihiza imyaka 50 y’ubwigenge, hamwe n’imyaka 18 ishize u Rwanda rwibohoye, ryibanze ku guha inshingano Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko, kugira ngo mu myaka 50 iri imbere igihugu kizabe cyageze ku ntera ishimishije.
Imiryango ibanye neza irasabwa gutanga ubuhamya mu bikorwa bitandukanye bikorerwa mu midugudu cyane cyane umuganda n’akagoroba k’ababyeyi kugira ngo ihohoterwa ribera mu ngo ricike.
Perezida wa IBUKA, Dr. Jean Pierre Dusingizemungu, avuga ko kuba abadafite ubushobozi bwo kwishyura imitungo y’abandi bangije mu gihe cya Jenoside bazakora imirimo nsimburagifungo (TIG) ntacyo bizamarira abacitse ku icumu.
Abaturage 15,748 bo mu turere twa Nyamasheke na Rusizi nibo bagezweho n’ubuvuzi bwatangwaga n’inzobere mu kuvura indwara zitandukanye zo mu bitaro bya Gisirikari mu gikorwa cyiswe army week cyashojwe tariki 30/06/2012.
Itsinda rishinzwe gusuzuma uko imihigo yashyizwe mu bikorwa mu turere rirashima akarere ka Burera kubera ko imihigo myinshi mu yo kari karahize karayishyize mu bikorwa, imike isigaye akaba ariyo igomba kongerwamo ingufu.