U Rwanda kimwe n’ibindi bihugu bya Afurika byitabiriye imikino Olympique, rwitabiriye imurikabikorwa ryiganjemo umuco ryabereye ahitwa Hyde Park ku wa gatanu tariki 03/08/2012.
Umuyobozi w’akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, aratangaza ko hari ibikorwa bimwe na bimwe akarere kari kahize mu mihigo bikaba byarazaririye kubera gutenguhwa na barwiyemezamirimo cyangwa abafatanyabikorwa batashyize mu bikorwa ibyo biyemeje.
Depite Rwabuhihi Ezekias akaba n’umunyamuryango wa FPR-Inkotanyi mu karere ka Karongi aratangaza ko amahanga atagomba gukangisha u Rwanda imfashanyo kubera ibirego bidafite ishingiro ko u Rwanda rufite uruhare mu bibazo by’Abanyekongo.
Mu mpera z’ukwezi kwa Nyakanga 2012, hujujwe ibiraro bitandatu byubakiwe bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi batishoboye batoranijwe mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu murenge wa Mukingo mu karere ka Nyanza biyemeje ko isabukuru y’imyaka 25 FPR- Inkotanyi imaze ishinzwe isiga ibasigiye isura nziza y’abanyamuryango nyabo.
Abarimu batoranyijwe kuzakora mu gikorwa cy’ibarura riteganyijwe muri uku kwezi kwa Munani mu karere ka Nyamasheke, barizeza ko bazuzuza inshingano bahawe neza, nk’uko babyiyemereye mu gusoza amahugurwa bari bamazemo iminsi, kuri uyu wa Gatandatu tariki 04/08/2012.
Ndakaza Gerald, umwarimu wigisha mu ishuri ribanza rya Joma ry’i Gitwe, yibwe umushahara wose yari amaze guhembwa anatabwa muri yombi n’inzego z’umutekano, ubwo yari yagiye kwigera ijisho ikimansuro mu Ruhango, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 03/08/2012.
Abanyamadini bo mu karere ka Kayonza barasabwa kubaka insengero nziza kandi zigezweho, bakajyana gahunda y’akarere yo gusukura umujyi wa Kayonza, nk’uko nitangazwa n’umuyobozi w’aka karere, John Mugabo.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Rwamagana zataye muri yombi umugabo ufite imashini ikora amafaranga. Hanagaragaye amafaranga y’amahimbano mu bantu barenga batanu muri aka Karere.
Dr. Habumuremyi yabwiye abari muri uwo muhango ko kwizihiza umunsi w’umuganura bishushanya gahunda za Guverinema y’u Rwanda. avuga ko zikubiyemo kwimakaza ubutabera, iterambere ry’ubukungu, imibereho myiza y’abaturage n’imiyoborere myiza.
Amazu akorerwamo ubucuruzi bunyuranye ari imbere ya Banki y’ubucuruzi y’u Rwanda (BCR), yahiye ku mugoroba wo kuri uyu wa gatanu tariki 03/8/2012, azize intsinga z’amashanyarazi zo mu bikoni. Utubare tubiri twadutsemo iyo nkongi y’umuriro turitana bamwana.
Ndayisaba Aimable, umukozi wa COGEBANQUE ari mu maboko ya polisi y’u Rwanda kuri station ya Kigabiro akekwaho kurigisa amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni esheshatu (6,400,000 Rwf) yari yahawe ngo ayakoreshe mu kazi kuwa gatatu tariki 01/08/2012.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyepfo yasuye abaturage bo mu murenge wa Save mu karere ka Gisagara bakoze amaterase aherereye hejuru y’igishanga cya Rwasave nyuma bakamburwa na rwiyemezamirimo. Yabijeje ubufasha ngo icyo kibazo gikemuke.
U Rwanda ni cyo gihugu kiza ku mwanya wa mbere ku isi mu bihugu bifite abaturage batekanye. Mu mwaka wa 2011 Abanyarwanda basaga 92% bemeje ko bumva bafite umutekano usesuye; nk’uko bigaragara mu bushakashatsi bwakozwe n’ikigo Gallup Inc.
Utugari umunani tugize umurenge wa Rwankuba mu karere ka Karongi, tariki 02/08/2012, twamurikiye abayobozi ibikorwa tumaze kugeraho mu mihigo y’umwaka 2011-2012. Hamuritswe ibikorwa bijyanye n’imibereho myiza, ubukungu, ubuzima, iby’ubuhinzi n’ubworozi harimo na Girinka.
Urubyiruko rwo mu murenge wa Nyamiyaga rwibumbiye mu makoperative aterwa inkunga na Global Fund ibicishije mu Nama y’Igihugu y’urubyiruko, rutunga agatoki abayobozi babo bafatanyije n’ubuyobozi bw’umurenge gutanga isoko ryo kubaka ibiraro by’ingurube ku buryo budakurikije amategeko.
Zambia yirukanye ku butaka bwayo umupadiri w’Umunyarwanda witwa Viateur Banyangandora azira kuba yarigishije mu misa ko abaturage bamwe ba Zambia ari abakene mu gihe abandi bakomeza gukira.
Minisiteri y’imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDMAR) yatangaje ko igiye kwagura inkambi ya Kigeme icumbikiye impunzi z’Abanyekongo kugira ngo iyi nkambi ibashe kwakira izindi mpunzi zigicubikiwe by’agateganyo mu nkambi ya Nkamira.
Twagiramungu Innocent ufite imodoka ya taxi minibus ararira ayo kwarika nyuma yuko icyuma cyo muri gare cyakubise reservoire y’imodoka ye maze lisansi y’ibihumbi 70 irameneka yose.
Muri kongere ya 6 y’umuryango AVEGA Agahozo yabereye mu karere ka Huye tariki 02/08/2012, umuryango IBUKA wasohoye itangazo ryamagana raporo y’Umuryango w’Abibumbye (ONU) ivuga ko u Rwanda rutera inkunga M23, umutwe urwanya ubutegetsi bwa Leta ya Kongo
Abayobozi bo mu Ntara y’Amajyaruguru barasabwa gukora neza igenamigambi rijyanye na gahunda yo gutura mu midugudu kugira ngo hatazabaho urwitwazo ko kuba iyo ntara igizwe n’imisozi miremire byatumye abaturage badatura mu midugudu uko bikwiye.
Ihuriro ry’abamotari 6000 bakorera mu Ntara y’Uburasirazuba ryatangiye igikorwa cyo kubakira abakene amazu mu mudugudu w’icyitegererezo ahitwa Kitazigurwa mu Murenge wa Muhazi Akarere ka Rwamagana, inyubako ebyiri zizatwara amafaranga asaga miliyoni 10.
Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza burasaba abafatanyabikorwa b’ako karere mu iterambere gufatanya kugira ngo haboneke amafaranga miliyoni 150 yo gusana ikigo nderabuzima cya Mukarange.
Urwego rw’umurenge mu karere ka Kayonza rukoramo abakozi barindwi gusa bagenerwa umushahara, mu gihe bagombye kuba abakozi 11; nk’uko Leta y’u Rwanda yateganyije imyanya y’ubuyobozi ku rwego rw’umurenge.
Ministiri w’ubutabera, Tharcisse Karugarama, avuga ko niba abanyeshuri bo muri Amerika n’Ubwongereza basuye u Rwanda batarangijwe n’amakuru mabi basoma kuri internet, bashobora kuvuguruza abavuga nabi u Rwanda mu bihugu by’iwabo.
Sebuka Ildephonse w’imyaka 23 utuye mu karere ka Gakenke yanze ingurane y’amagare abiri ku ngorofani ye kuko bidashobora gukora akazi kamwe. Iyo ngorofani akoresha mu gutwara imizigo ifite ipine y’imodoka yo mu bwoko bwa tagisi.
Abanyekongo bari bavuye mu myigaragambyo imbere y’ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi bahuye n’umusore muri gareyamoshi bagatangira kumwita Umunyarwanda batangira kumukuramo amataratara (lunette) no kumwaka ibyo afite.
Umunsi w’umuganura wizihizwa tariki 1/08/2012 ku rwego rw’akarere ka Nyanza wizihirijwe mu murenge wa Busasamana kuri stade y’ako karere bagerageza kwigana nk’uko wizihizwaga mu Rwanda rwo hambere.
Umugabo witwa Kamusoni bavuga ko arwaye mu mutwe mu mujyi wa Rwamagana yabwiye Kigali Today ko abaganga bamubwiye ko bazamuca ukuguru kuko inkende yamurumye ikamwanduza indwara avuga ko ari kanseri.
Gatera Stanley, umuyobozi w’ikinyamakuru Umusingi, ari mu maboko ya polisi kuva kuri uyu wa gatatu tariki 01/08/2012 azira inkuru y’igitekerezo yasohotse mu kinyamakuru ayobora. Gatera ashinjwa ko iyo nkuru igaragaramo ivangura.