Umubare w’abagore bari mu nzego z’ubuyobozi ntuhagije kwemeza ko ireme ry’uburinganire ryubahirizwa mu gihe abo bagore badahabwa ibindi bikenerwa mu kazi; nk’uko Depite Aphonsine Mukarugema ukuriye Ihuriro ry’Abanyarwandakazi bari mu Nteko Ishinga amategeko (FFRP), abitangaza.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) n’Ikigega kigamije gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside batishoboye (FARG) bisobanuye imbere y’inteko ishingamategeko ku iyubakwa ry’amazu agera ku bihumbi 11 bubakiye abatishoboye, amwe muri yo akaza kugaragaza ibibazo.
Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) imaze kurekura imishahara y’abakozi 110 b’akarere ka Rwamagana yari yarafatiriye, bakaba bashobora kuyihabwa ku makonti yabo ari muri Banque Populaire kuko abari bafatiriwe imishahara ari ab’iyi banki gusa.
Ubwo Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyentwari, yasuraga abaturage bo mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza tariki 25/07/2012 bamupfunyikiye agaseke bise ko ari ako kumuha umuganuro ku musaruro w’ibyo bejeje muri uyu mwaka wa 2012.
Bamwe mu bitabiriye imurikagurisha ribera mu Rwanda ku nshuro ya 15 barasaba ko hakwiye gushakishwa uko hajyaho gahunda y’imodoka zerekeza mu mayira ajya ahabera iri murikagurisha i Gikondo ngo kuko akavuyo k’imodoka nyinshi kabangamira abaryitabira.
Umuterankunga Cooperate Out Of Poverty –Rwanda (COOP-RWANDA) aravugwaho imikorere mibi mu karere ka Nyabihu ubwo yatangaga ihene mu murenge wa Bigogwe ubuyobozi butari bwashimye.
Ku gasongero k’umusozi wa Kinyamakara uri mu murenge wa Kigoma mu karere ka Huye ngo hashobora kuba ari ahantu hatagatifu kuko abashaka gusenga ariho bihererera maze bakabwira Imana ibibari ku mutima byose, kandi ngo barasubizwa.
Abayobozi bakuru b’urwego rw’umuvunyi bitabye komisiyo ya politiki, ubukungu, uburinganire n’iterambere ry’umugore mu Nteko Ishinga Amategeko, tariki 24/07/2012 batanga ibisobanuro kuri raporo y’umwaka wa 2010-2011 baherutse gusohora ivuga ku bibazo biri muri kaminuza nkuru y’u Rwanda (NUR).
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda, kuri uyu wa gatatu tariki 25/07/2012, yasuye ibikorwa by’umushinga FHI Raods 360 mu karere ka Rusizi mu rwego rwo kumenya niba koko inkunga uhabwa ikoreshwa ibyo yagenewe.
Abantu 10 barokotse impanuka y’modoka itwara abagenzi yagonze icyapa kiri hagati mu muhanda ugisohoka muri gare yo mu mujyi wa Butare werekeza i Kigali, ndetse n’imodoka yari yikoreye imizigo yo mu bwoko bwa Daihatsu mu gitondo cya tariki 24/07/2012.
Ikamyo ya rukururana ifite puraki numero T 613 CA yari itwaye ingano yaguye ahitwa kuri poids lourds i Rwamagana mu ijoro rishyira tariki 25/07/2012 irangirika bikabije ku buryo abazi uko imodoka zikorwa bavuga ko izasubira mu muhanda bigoranye.
Itsinda ry’Umuryango w’Abibumbye zakoze raporo yashinje u Rwanda gufasha umutwe wa M23 wigometse ku butegetsi bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo ryaje kumva uruhande rw’u Rwanda, nyuma y’aho rurishinjirije kubogamira ku ruhande rumwe.
Umwe mu bahagarariye Huguka asbl, Kabagwira Pelagie, yitabiriye ikiganiro cyari kigamije gushakira hamwe uko amakimbirane ari hagati ya Huguka n’abakozi bakoreraga radiyo yayo yakemuka mu bwumvukane babifashijwemo n’umukozi w’akarere ka Muhanga ushinze abakozi n’umurimo.
Impunzi z’Abanyekongo zikomeje guhungira mu Rwanda zigiye kujya gucumbikirwa mu nkambi ya Nyabiheke iri mu karere ka Gatsibo kuko inkambi ya Kigeme yari isanzwe izakira yarangije kuzura.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Louise Mushikiwabo, aratangaza ko ibibazo by’umutekano Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ifite bitazacyemurwa no guhohotera abaturage b’Abanyarwanda bari yo.
Abantu batanu barohamye mu kiyaga cya Cyohoha ya ruguru mu ijoro rishyira tariki 24/07/2012 ubwo barimo kwambutsa inzoga za magendu zo mu bwoko bwa Amstel Bock amakaziya 40 bari bakuye mu gihugu cy’u Burundi rwihishwa.
Uyu munsi tariki 24/07/2012 kuva saa kumi kugera saa kumi n’imwe z’umugoroba minisiteri y’ubucuruzi n’inganda iraza kwakira ibibazo byose birebana n’ubucuruzi mu Rwanda kandi minisitiri n’abo bafatanya bya hafi barabitangira ibisubizo.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Sheikh Hassan Bahame, arasaba abakarani b’ibarura rusange bo muri ako karere kutazatatira igihugu n’akarere by’umwihariko mu murimo bahawe bakubahiriza indahiro.
Ambasaderi w’Ubuholandi mu Rwanda, Frans Makken, asaba abazigisha porogaramu zo gukemura amakimbirane mu karere k’ibiyaga bigari kuzajya bibanda ku ngero zijyanye n’imitere bwite y’igihugu cyangwa agace runaka, kurusha gutegereza ibisubizo biva mu mahanga ya kure.
Minisitiri w’ububanyi n’amahanga mu Rwanda, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda rwubaha uburenganzira bw’abafatanyabikorwa mu kugenera u Rwanda inkunga ariko ngo birakwiye ko bagendera ku makuru nyayo.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, atangaza ko nta ruhare na rumwe u Rwanda rufite mu ntambara zikunze kuba muri Kongo ngo ahubwo ibyo bibazo biterwa n’umuryango mpuzamahanga (international community) utumva ngo inashake igisubizo cy’ibyo bibazo.
Mu muhango wo gufungura ku mugaragaro ishuri rikuru rya gisirikare ryigisha abasirikare bari mu rwego rw’aba-officiers bakuru, Perezida Paul Kagame yavuze ko ishingwa ry’iryo shuri rigomba guha abasirikare bakuru amahirwe yo gushimangira imikorere y’igisirikare cy’u Rwanda.
Inteko ishinga amategeko n’urwego rw’umuvunyi bemeye gufatanya mu gukemura ikibazo cy’ibirarane by’abahoze ari abakozi ba Leta mbere ya 1994.
Inama y’umutekano yaguye y’akarere ka Nyanza yabaye tariki 23/07/2012 yashyize mu majwi amasosiyete atwara abagenzi mu gice cy’umujyi w’aka karere kuba lifuti zitanga zituma abana bakiri bato bajya mu burara ndetse bamwe bagasiba ishuli nta mpamvu.
Mu muhango wo gufungura ku mugaragaro amahugurwa y’abarezi bazakora ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire mu karere ka Nyamasheke wabaye kuri uyu wa mbere tariki 23/07/2012, abakarani b’ibarura basabwe kuzaharanira gushaka amakuru nyayo ku baturage.
Bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze mu karere ka Nyagatare bahagaritswe by’abagateganyo umwe asezererwa burundu nyuma y’aho itangazamakuru rigaragarije ko muri ako karere mu murenge wa Tabagwe hakigaragara amazu ya nyakatsi.
Umuyobozi ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Rukomo wo mu karere ka Gicumbi, Ntuyenabo Jean de Dieu, yeguye kumirimo ye.
Kuri uyu wa mbere tariki 23/07/2012 ku kigo cy’amahugurwa cya TTC kiri mu murenge wa Rubengera hateganyijwe amahugurwa y’abazakora ibarura rusange ry’abaturage n’imiturire riteganyijwe tariki 16-30/08/2012.
Mu nama yahuje bamwe mu banyamuryango ba FPR Inkotanyi, biyemeje kwizihiza iyi sabukuru bongera imbaraga mu gukemura ibibazo by’akarengane no gufasha abaturage batishoboye kugira ngo basezerere ubukene.
Abanyeshuri batandatu bajyaga mu biruhuko mu mujyi wa Kigali bavuye mu karere ka Musanze bakomerekeye ku buryo bukomeye mu mpanuka y’imodoka ya KBS yabereye mu kagali ka Rusagara, umurenge wa Gakenke kuwa gatandatu tariki 21/07/2012.