Abanyamabanga nshigwabikorwa b’utugari tugiza akarere ka Nyamagabe bahawe mudasobwa zo mu bwoko bwa ‘laptop’ zo kwifashisha mu kubahiriza inshingano zabo no kunoza neza akazi bakora.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Cyrille Turatsinze, kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 21/07/2012, yatawe muri yombi na Polisi y’igihugu akekwaho kwaka ruswa abahatanira amasoko atangwa n’iyo Minisiteri.
Abaturage bafatanyije n’ubuyobozi bw’umudugudu wa Gakenyeri B, akagali ka Nyanza, Umurenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza barasaba uwabona wese umugabo witwa Kanani Abdoul w’imyaka 30, ushinjwa gusambanya umwaka w’imyaka ine, guhita amuta muri yombi cyangwa agatungira agatoki inzego z’umutekano zimwegereye.
Umurambo w’umugabo witwa Léopord Bigaruka watoraguwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 21/07/2012, yaraye yishwe mu ijoro ryo kuwa Gatanu rishyira kuwa Gatandatu azize ko yaba yari umucuraguzi.
Abapolisi, abasirikari n’abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe indege za gisivili (RCAA) bagera kuri 26, bashoje amahugurwa y’iminsi itanu yari agamije kubongerera ubumenyi mu gucunga umutekano ku bibuga by’indege, kuri uyu wa Gatanu 20/07/2012.
Umusore witwa Valens Uwumuremyi niwe wegukanye igihembo mu marushanwa y’abatanga servisi za MTN mobile money mu Rwanda, muri gahunda iyi Sosiyete y’itumanaho ivuga ko igamije guteza imbere ikoranabuhanga.
Imiryango 45 yo mu kagari ka Kagina, umurenge wa Runda; yabanaga ku buryo butemewe n’amategeko, yasezeranye kuri uyu wa Gatanu tariki 20/07/2012, inakangurirwa gutahiriza umugozi umwe.
Umwarimu witwa Gilbert Bizimana wigishaga ku ishuri ryisumbuye rya Mushubati, afungiye kuri polisi ya Nyamagana akarere ka Ruhango guhera tariki 19/07/2012 aho akekwaho gutera inda umwana bareraga, umugore we abereye nyina wabo.
Amakimbirane yari amaze iminsi hagati y’umugabo witwa Samuel Sinaruhamagaye n’umugore we Annonciathe Nyiramahirane, ashingiye ku buharike, yahagurikije inzego zose z’ubuyobozi n’abaturage, nyuma y’uko byari bitangiye guteza ikibazo mu murenge.
Abayobozi muri Ministeri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) bahakanye igihombo cy’amafaranga arenga miliyari imwe na miliyoni 695 agaragazwa muri raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari yo mu w’2010, yari yaragenewe kugura ifumbire n’imbuto ariko akaba yaraburiwe irengero.
Ibiro by’akarere ka Kayonza byafashwe n’inkongi y’umuriro mu gitondo cyo kuri uyu wa gatanu tariki 20/07/2012 ariko nta bintu uwo muriro wangije kuko bahise bawuzimya utaraba mwinshi.
Amabuye adasanzwe afite forume ya mpande enye akagira uburebure bugera kuri metero eshatu kandi aconze neza wagirango n’abantu babikoze yavumbuwe ku gasozi kari mu kagari ka Butambamo, umurenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, arashimira Bill Clinton wahoze ari Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku bw’uruhare yagize mu kongera kubaka u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994.
Abanyamakuru 13 ba radiyo Huguka ikorera mu karere ka Muhanga ntibavuga rumwe n’ubuyobozi bw’iyo radiyo kubera ko ngo badahabwa ibyo bemererwa n’amategeko nk’abakozi, gukatwa imishahara ndetse no kwirukanwa mu buryo ngo butubahirije amategeko.
Abanyarwanda bafite amikoro aciriritse barakangurirwa gutangira kwishyira hamwe bakubaka amazu bahuriyemo agerekeranye mu rwego rwo kurondereza ubutaka kuko ikibazo cy’ubutaka gikomeje kuba ingorabahizi.
Byiringiro Gasana Idrissa ukorera ikinyamakuru The Chronicles umaze iminsi ibiri afunzwe avuga ko yabeshyeye inzego zishinzwe umutekano n’ubutabera bw’u Rwanda ko ahohoterwa, kugira ngo agenzure koko niba itangazamakuru mu Rwanda rihutazwa, nk’uko yagiye abyumva.
Bamwe mu bakozi b’akarere ka Rwamagana bahemberwa muri Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) ngo bashobora kurega Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) kuko iyi banki yafatiriye umushahara wabo w’ukwezi kwa Kamena uyu mwaka ku mpamvu batumvikanaho.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, arasura ibikorwa by’amajyambere mu turere twa Kayonza na Rwamagana kuri uyu wa kane tariki 19/07/2012.
Abarwanyi 11 ba FDLR baturutse mu mashyamba ya Kongo muri zone ya Karehe, Mwenga na Uvira mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo bageze mu nkambi ya ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Abakirisitu basaga 40 basengera mu itorero ryitwa Inkuru Nziza ryo mu murenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bataye pasitori witwa Sezibera Fenias mu rusengero barigendera tariki 15/07/2012.
Abaturage batuye umurenge wa Rilima mu karere ka Bugesera barinubira ko bamaze hafi amezi atatu batabona amazi meza bigatuma bavoma ibiyaga bifite amazi arimo umwanda mwinshi.
Abayoboke 16 b’itorero ry’Abagorozi bafungiye kuri polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 16/07/2012, bashinjwa kutajyana abana mu ishuri, kutavuza imiryango yabo, no kudakora umuganda.
Impunzi zigera kuri 13 zakiriwe i Kagitumba kuri uyu wa gatatu tariki 18/07/2012 zivuye mu nkambi ya Nakivale zabagamo mu gihugu cya Uganda.
Maire Auxiliatrice Bucyensenge afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Remera mu Mujyi wa Kigali kuva tariki 16/07/2012 akekwaho kwiba amayero 400, amadolari 446, ibihumbi 13 by’amafaranga y’u Rwanda na camera ebyiri bya shebuja witwa Rashid H. Khan.
Moto yo mu bwoko kwa TVS yagongeye abantu babiri ahitwa Butete mu kagari ka Gisovu, mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera tariki 17/07/2012 saa 18h15 umwe muri bo avunika akaguru kw’ibumoso.
Mu gisirikare cy’u Rwanda habaye ivugurura ryakozwe na Perezida wa Repuburika akaba n’Umuyobozi w’Ikirenga w’ingabo z’iguhugu,Paul Kagame, nk’uko Brig. Gen. Joseph Nzabamwita, Umuvugizi w’Ingabo, yabitangaje mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Kabiri tariki 17/07/2012
Iyari santarali Bumara iri muri Paruwasi ya Rwaza muri Diyosezi Gaturika ya Ruhengeri, tariki 15/07/2012 yabaye Paruwasi yitiriwe “Bikira Mariya Umwamikazi wa Kibeho”. Iyi Paruwasi iri mu murenge wa Rwaza mu karere ka Musanze.
Imodoka y’ikamyo yahutaje moto abantu babiri bari bayiriho barakomereka mu mpanuka yabereye ku muhanda ujya ahitwa ku Ihanika mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza tariki 16/07/2012.
Abapolisi 30 bo ku rwego rwa ba ofisiye baturutse mu Rwanda, u Burundi, Sudani y’Amajyepfo na Somaliya bari mu mahugurwa azamara amezi abiri, biga ku kunoza akazi mu gucunga umutekano.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Scania yagonze Rav 4 yari itwaye Bishop Rwandamura Imana ikinga akaboko ntiyagira icyo aba ariko abandi babiri bari kumwe na we mu modoka bava i Rubavu barakomereka byoroheje.