Nkurikiyinka Fabien, wo mu murenge wa Cyeza mu karere ka Muhanga, amaze imyaka 68 atarashaka umugore kubera ko yabaga mu nzu ya Nyakatsi, abona ko atari akwiriye kuyishakiramo umugore.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Muhanga baravuga ko bakwa ruswa kugira ngo bubake mu midugudu maze utayitanze agasenyerwa cyangwa ntiyemererwe kubaka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bwatangarije abayobozi bagize inama yaguye y’umutekano mu Karere ka Nyagatare ko Umujyi w’Intara y’Uburasirazuba ugiye kuba Nyagatare aho kuba Rwamagana nk’uko byari bisanzwe.
Ubuyobozi bw’akarera Ruhango buratangaza ko hari abanyeshuri bata amashuri bakajyanwa mu mirimo ivunanye irimo kurinda umuceri, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kwikorezwa ibintu bivunanye n’ibindi.
Itorero ry’Abadiventisiti b’umunsi wa 7 ryo mu mujyi wa Nyamagabe ryahaye amazi meza umudugudu wa Nyentanga utuwemo n’abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi uherereye mu kagari ka Kigeme ko mu murenge wa Gasaka.
Akarere ka Gasabo katashye ruhurura igezweho kubatse mu murenge wa Kacyiru akagali ka Kamatamu, nyuma y’uko iyari ihari yari imaze igihe isenya amazu y’abayituriye, ikaba yarigeze no kwica abana babiri.
Abana babiri bari munsi y’imyaka 12 bakomoka mu karere ka Gakenke bahagurutse mu Gakenke mu cyumweru cyarangiye tariki 23/06/2012, bagiye gusura abavandimwe babo ariko batazi neza aho batuye bibaviramo gusaba akazi mu nzira kugira ngo bucye kabiri.
Ministiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda asobanura ko mu gihe u Rwanda rufite amahoro rutateza impagarara muri Kongo nk’umuturanyi warwo, kuko kwaba ari ukwisubiza inyuma mu mutekano n’iterambere rwari rugezeho.
Gahunda y’ibikorwa by’ingabo z’igihugu yiswe ARMY WEEK, biri kubera mu turere twa Rusizi na Nyamasheke igamije gukiza abaturage indwara zirenze ubushobozi bwabo no kubageza ku iterambere rirambye.
Mbonigaba Jean Damascene ukora ku Bitaro Bikuru bya Nemba mu karere ka Gakenke yatoraguye amafaranga ibihumbi 308 mu bwiherero mu cyumweru cyarangiye tariki 23/06/2012 maze ayasubiza nyirayo.
Mu gihe u Rwanda rwitegura inama mpuzamahanga ibanziriza kwizihiza isabukuru y’imyaka 50 y’ubwingenge,Umuyobozi w’ikigo gishinzwe imiyoborere (RGB), Prof. Anastase Shyaka avuga ko u Rwanda rufite isomo ku miyoborere myiza na Demokarasi ruzasangiza abashyitsi bazarusura.
Raporo y’Umuryango w’Abibumbye irasabira ibihano abantu 14 bagira uruhare mu guhungabanya umutekano muri Congo harimo abayoboke ba FDLR umunani. Bashinjwa ubusahuzi bw’amabuye y’agaciro no gukora ibikorwa byo guhohotera abaturage.
Mu kwitegura isabukuru y’imyaka 50 u Rwanda rumaze rubonye ubwigenge, impugucye muri politiki, abarimu muri kaminuza n’abandi bafite amateka akomeye, tariki 30/06/2012, bazitabira inama izabera mu nzu y’inteko Nshinga amategeko yiga ku iterambere ry’u Rwanda na Afurika muri rusange.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, avuga ko ubutumwa bwiza bwamamaye buvuye i Gahini mu karere ka Kayonza bwabaye imbuto nziza ku mibanire y’Abanyarwanda n’Abanya-Uganda.
Jim Clancy, umwe mu banyamakuru babonye ibihembo byinshi kubera gutara amakuru aho bikomeye nko mu bihe by’intambara na Jenoside, atangaza ko mu kazi yakoze n’ahantu henshi yakoreye Jenoside yo mu Rwanda iri mu byamushavuje.
Abantu bataramenyekana bitwikiriye ijoro bajya gusiba amazima y’Abatutsi baroshywe mu mugezi wa Nyabarongo mu gihe cya Jenoside. Ayo mazina yari yanditse ku rwibutso ruri ku mugezi wa Nyabarongo mu murenge wa Rugendabari mu karere ka Muhanga.
Raporo y’Umuryango w’Abibumbye kuri Congo yashyizwe ahagaragara nta ruhare rw’u Rwanda igaragaza mu ntambara ibera muri icyo gihugu, nubwo hari hashize iminsi ibitangazamakuru bivuga ko u Rwanda rushobora kuba rufasha abarwanyi ba M23.
Abakozi b’urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda, tariki 23/06/2012, basuye abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Bisesero babagezaho inkunga y’inka 4 n’amafaranga ibihumbi 300 byo kurihira abantu 100 ubwisungane mu buvuzi.
Amakuru mashya aravuga ko umuyobozi wa FDLR, Straton Musoni, yakoreshaga telefoni yo mu biro bya Minisitiri w’Ubutabera w’igihugu cy’u Budage, mu kuyobora ibikorwa by’inyeshyamba za FDLR, muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Umuyobozi w’karere ka Gakenke, Nzamwita Deogratias, arasaba ihuriro ry’abafatanyabikorwa b’akarere (JADF) gukora ibikorwa bifatika cyane cyane ibihundura imibereho y’abaturage, kuko akarere ka Gakenke kari mu turere 10 twa nyuma mu gihugu mu kugira abaturage bakennye.
Abayobozi b’inzego z’ibanze barakangurirwa kugira imikoranire myiza n’itangazamakuru n’imwe mu nzira yafasha abayobozi gukemura ibibazo no gukosora amwe mu makosa arebana n’ubuyobozi n’abaturage.
U Rwanda, u Burundi na Repuburika iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), bigiye gufatanya kubaka urugomero rw’amashyanyarazi rushya rwa Rusizi ya Gatatu binavugurure izari zisanzweho, arizo Rusizi ya Mbere n’iya Kabiri.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali buvuga ko butazagabanya ibiciro by’imva mu irimbi rya Rusororo kubera ko gushyingura mu buryo bwa kijyambere bihenda kuko byangiza ibidukikije; kandi ko i Rusororo atariho honyine hashyingurwa.
Kubera itandukaniro rinini rishingiye ku bukire hagati y’abatuye Kigali, Ministiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, yasabye ubuyobozi bw’umujyi gukuraho icyo cyuho, hibandwa ku gutanga iby’ibanze biranga umujyi ku batuye icyaro.
Nyuma yo kumurika uko ingengo y’imari y’umwaka ushize yakoreshejwe, tariki 20/06/2012, abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu bemeje ingengo y’imari y’umwaka 2012/2013 ingana na miliyari 11, miliyoni 675, ibihumbi 880 n’amafaranga 787.
Kuri uyu wa kane tariki 21/06/2012, umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana yatangaije ku mugaragaro imurikabikorwa ry’ibikorwa binyuranye by’iterambere n’imibereho myiza bikorerwa muri ako karere.
Inzu ya Kankindi Constance w’imyaka 77 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Butansinda, akagali ka Butansinda, akarere ka Nyanza yatwitswe n’abagizi ba nabi bimwe mu byo atunze bihinduka umuyonga ubwo yari yagiye gutera intabire y’imyumbati.
U Rwanda rukomeje gahunda yo kwiyamamariza kuzahagararira umugabane wa Afurika mu Kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe Umutekano ku Isi, mu matora azaba mu Ukwakira 2012.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Louise Mushikiwabo, aremeza ko Leta Congo nta bushake ifite bwo kurangiza ibibazo ifite, akanihanangiriza iki gihugu gukomeza guhohotera Abanyarwanda, nk’uko baherutse kubikorera abagera kuri 11.
Prof. Esron Munyanziza, umwarimu wa kaminuza nkuru y’u Rwanda wa azize urupfu rutaramenyekana yashyinguwe tariki 20/06/2012 mu irimbi ry’i Ngoma mu karere ka Huye.