Abagize inteko ishinga amategeko n’abaganga baturutse mu gihugu cya Haiti bari mu ruzinduko rw’iminsi itanu mu Rwanda, bashimye imikorere ya Polisi y’u Rwanda mu bikorwa byo kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (GBV).
Minisitiri ufite impunzi mu nshingano ze, Gatsinzi Marcel, kuwa kabili tariki 08/05/2012, yakinguye ku mugaragaro ubwiherero 14 bwa kijyambere bwubakiwe impunzi z’Ababanyekongo ziba mu nkambi ya Kiziba iri mu karere ka Karongi, Intara y’Uburengerazuba.
Mu gitondo cya tariki 08/05/2012 impunzi 2816 z’Abanyekongo zituye mu gace ka Kibumba zahungiye mu Rwanda zinyuze ku mupaka muto wa Gasizi mu karere ka Rubavu ariko mu masaha ya saa cyenda zitangira gusubira iwabo.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, ni umwe mu bayobozi bakuru 700 bazitabira ihuriro rya 22 rizaganira ku bukungu bw’isi muri Afurika, rizateranira i Addis Abeba muri Ethiopia, guhera tariki 09 kugeza 11/05/2012.
Imishinga n’ibikorwa bikorerwa mu magereza yo mu Rwanda, byagize inyungu ingana na miliyoni zirenga 356 z’amafaranga y’u Rwanda, nk’uko bitangazwa n’umuyobozi w’ikigo gishinzwe Amagereza mu Rwanda (RCS), Paul Rwarakabije.
Imodoka ya kompanyi “GAGAA” itwara abagenzi yavaga i Burundi yerekeza muri Uganda, yishe umwana w’umukobwa imugonze, mu mpanuka yabereye mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango.
Imitungo y’abatuye ahazubakwa Ikibuga cy’ndege Mpuzamahanga cya Bugesera igiye kubarurwa, ariko ubuyobozi bugasaba amasosiyete yatsindiye iryo soko kuzirinda amarangautima mu gihe cyo kubarura imitungo y’abaturage.
Minisitiri ufite impunzi mu nshingano ze, Gatsinzi Marcel, ateganya gasura inkambi ya Kiziba iri mu karere ka Karongi, intara y’uburengerazuba kuri uyu wa kabiri tariki 08/05/2012.
Ikamyo bw’ubwoko bwa Fuso yagonze inzu y’ubucuruzi iri muri gasentere ka Gakenke mu karere ka Gakenke mu ijoro rishyira ku cyumweru tariki 06/05/2012 inzu isenyuka imbere.
Mu gitondo cya tariki 07/05/2012 mu mujyi wa Nyanza humvikaniye induru nyinshi zikomeye nyuma y’uko umushumba waje agemuye amata muri uwo mujyi atsindiye miliyoni imwe y’amafaranga y’u Rwanda muri tombola yiswe New Gaming Africa.
Ishuri rya Gisirikare ryo muri Nigeria riri mu Rwanda mu gihe cy’icyumweru, mu rwego rwo kwigira ku bunararibonye bw’igisirikare cy’u Rwanda, mu bikorwa byarwo bitandukanye birimo guhosha amakimbirane no kubungabunga amahoro ku isi.
Impunzi z’Abanyekongo zimaze guhungira mu Rwanda zagaragarije Guverineri wa Kivu y’Amajyaruguru, Julien Paluku, ko zitizeye igaruka ry’umutekano vuba mu duce zaturutsemo ku buryo zafata icyemezo cyo gutahuka.
Ku gicamunsi cyo kuwa gatandatu tariki 05/05/2012 muri pariki ya Nyungwe urenze gato ahitwa muri Kamiranzovu ugana Kuwinka habereye impanuka y’imodoka ebyiri ariko nta muntu n’umwe wakomeretse.
Niyigira Fred utuye mu Mudugudu wa Mwendo mu Kagari ka Nyarupfibire mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyagatare ashinjwa kwanga gusaranganya ubutaka.
Minisiteri ishinzwe guhangana n’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yafashe icyemezo cyo gutanga telefone mu turere twose tugize u Rwanda kugira ngo ahabereye ibiza bishobore kumenyekana mbere y’igihe abahuye nabyo bitabweho mu buryo bwihuse.
Mu nama rusange yahuje abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi taliki 05/05/2012, umuyobozi mukuru w’uwo muryango, Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa abanyamuryango ko inama nk’iyi ari umwanya wo gusuzuma aho u Rwanda ruvuye n’aho rugeze mu rwego rwo gufata ingamba zo kugera ku bindi bateganya kugeraho.
Minisiteri y’Urubyiruko, Ikoranabuhanga n’Isakazabumenyi irizeza abana b’impfubyi birera bo mu karere ka Nyaruguru ko izakomeza kubaba hafi mu bibazo bahura nabyo byo kubura ababyeyi babaha uburere n’ubundi bufasha bw’ibanze.
Imwe n’imwe mu mirenge yabuze abayihagararira, kuko itegeko ry’itora rigena ko Komite y’abafite ubumuga bahagariraye abandi mu murenge, igomba kuba igizwe n’abafite ubumuga barindwi kandi barangije amashuri y’isumbuye.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye kuwa Gatatu w’iki cyumweru mu karere ka Gatsibo, yangije amazu 12 na hegitare esheshatu z’imyaka mu murenge wa Remera, umwe mu yigize aka karere.
Kuva mu cyumweru gishize, nibura impunzi 1000 z’Abanyekongo zinjira mu Rwanda ku mupaka wa Goma-Gisenyi buri munsi zihunga imirwano ishyamiranyije ingabo za Leta ya Congo n’inyeshyamba zigometse ku butegetsi muri Kivu y’amajyaruguru.
Nation Media Group (NMG), ikigo cy’itangazamakuru cyo muri Kenya cyatangaje ko kigiye gutangira guhugura abanyamakuru bo mu Rwanda no muri Sudani y’Amajyepfo, bityo gahunda ikaba igeze mu bihugu 5 byo muri Afurika.
Ministeri y’Umutekano hamwe n’iy’Ubutegetsi bw’igihugu zatangije ikigo kiri ku Cyicaro gikuru cya Police, kikazajya gihugurirwamo abantu b’ingeri zitandukanye ku myitwarire myiza n’indangagaciro (Ethics Center).
Ikibazo cy’imwe mu mirenge yo mu karere ka Ngoma cyo kutagira abakozi bashinzwe irangamimerere, cyatumye abana bavuka n’abantu bitaba Imana batakibarurwa.
Ihuriro ry’abashoramari b’u Rwanda na Nigeria rirateganya guhura n’abayobozi bafata ibyemezo mu nama izabera Lagos muri Nigeria taliki ya 9-14 Gicurasi mu nama y’ubukungu igomba kujyana guhindura imitekerereze y’abashoramari n’abafata ibyemezo hamwe n’abanyabihugu baba mumahanga mukorohereza no kwihutisha ishoramari mubihugu (…)
Abakozi bo mu bitaro bikuru by’akarere ka Rwamagana barinubira ko minisitiri w’Ubuzima yabahagarikiye agahimbazamusyi kubera amakosa yakorwaga mu bitaro, ariko abakozi bayateje akabimurira aho ako gahimbazamusyi gatangwa.
Abakozi ba Ambasade ya Amerika mu Rwanda basuye infungwa zo muri gereza ya Mpanga iri mu karere ka Nyanza, tariki 03/05/2012, bashimye uko zibayeho muri rusange.
Mu nama y’umunsi umwe yahuje abanyamuryango ba Zigama CSS bagizwe n’abasirikari, abapolisi n’abakozi b’urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) basabye ko iyi banki yagabanya inyungu ku nguzanyo ibaha, ndetse ikanabaguriza mu buryo bworoshye.
Buri tariki ya gatatu Gicurasi, isi yose yizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Ubwisanzure bw’Itangazamakuru. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka igira iti “Ubwisanzure bw’Itangazamakuru bufite ingufu zo guhindura imibereho y’abantu.”
Muberuka Fulgence na n’ubu arakishyuza akarere ka Gatsibo amafaranga yakoresheje yubaka podium Perezida Kagame yavugiyeho ijambo ubwo yasuraga akarere ka Gatsibo muri 2010 hamwe n’amafaranga y’ibyumba 14 by’amashuri yubatse muri 1999.
Abaturage bo mu tugari twa Murama na Buhanda mu murenge wa Bweramana, akarere ka Ruhango, babangamiwe cyane n’amazi yuzura mu muhanda ahitwa Rurongora maze bakarara imihana kuko baba babuze uko bambuka umugezi.