Kuwa gatandatu tariki 03/11/2012, mu rwunge rw’amashuri rwitiriwe umwamikazi w’amahoro rwa Cyanika (Groupe Scolaire Notre Dame de la Paix de Cyanika) riherereye mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe hatangijwe ku mugaragaro itorero ry’igihugu.
Uruganda rwa Bralirwa ruturanye n’abaturage basenyewe n’umugezi wa Burehe mu karere ka Rubavu, rwabageneye inkunga ya miliiyoni 29 z’amafaranga y’u Rwanda azabafasha kubona ibikoresho byo kubaka mu kandi gace bimuriwemo ka Kanembwe.
Imiryango 192 yangirijwe n’ibiza byabaye muri iki cyumweru dusoza, mu karere ka Rubavu, yashyikirijwe ubufasha bw’ibikoresho byo mu rugo n’iby’isuku bifite agaciro ka miliyoni 15, ku byatanzwe muri Rusizi na Rubavu.
Abarwanyi bane b’umutwe wa FDLR bagaze mu Rwanda bavuye mu mashyamba ya Congo, aho bari bamaze imyaka 18. Bakigera mu Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 02/11/2012, batangaje ko bari barambiwe kubeshywa ko bazagaruka FDLR imaze gufata ubutegetsi.
Ahitwa kuri Sprite rwagati mu mujyi wa Muhanga hamaze kumenyekana nk’iseta abashaka abafundi n’abahereza babo bajya kubashakiraho. Mu gitondo usanga bakubise buzuye ariko begera umuntu uje bakeka ko akeneye abakozi.
Itsinda ry’abasore batatu bo mu murenge wa Musambira nibo begukanye umwanya wa mbere, mu marushanwa y’imiyoborere myiza yabaye ku rwego rw’akarere. Amarushanwa yari ahuje amatorero n’abahanzi ku giti cyabo icyenda.
bungirije bashinzwe imibereho myiza y’abaturage gukora bagamije guhindura imibereho myiza y’abo bashinzwe kuyobora.
Ubuyobozi bw’ihuriro ry’imitwe ya politiki yemewe mu Rwanda (NFPO) bwasabye abagize imitwe ya politiki inyuranye gukoresha neza imbuga za internet z’amashyaka yabo, harimo gutanga amakuru ya politiki ku gihe, ndetse no kwitondera inkuru batangaza.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu kagari ka Kigoya, umurenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke, kuri uyu wa gatanu tariki 02/11/2012 bijihije isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ivutse boroza bagenzi babo amatungo agera ku 124.
Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 FPR-Inkotanyi imaze ishinzwe, kuri uyu wa 02/11/2012, mu karere ka Rwamagana habaye isiganwa ku maguru no ku magare ryitabiriwe n’abasore 54 n’abakobwa 24.
Gahimano Alexis w’imyaka 28 yarasiwe mu kagari ka Nyakabuye mu murenge wa Byimana ku gicamunsi cya tariki 01/11/2012 ubwo yafataga umupolisi ashaka kumwambura imbunda.
Hashize iminsi 2 abanyamahanga batuye mu Rwanda bakorerwa ibarura rigamije kubaha ibyangobwa bizaborohereza gutura mu Rwanda nta rundi rwikekwe.
Abakozi ba Mituweri ya Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) bari mu muryango FPR-Inkotanyi, tariki 01/11/2012, bijihije isabukuru y’imyaka 25 uyu muryango umaze ushinzwe babijyanisha no gufasha abarwayi b’abakene barwariye mu bitaro bikuru by’iyi Kaminuza.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) n’urugaga rw’abikorera (PSF) bemeza ko icyuho cyo kubura abakozi n’ubukungu buri ku kigero cyo hasi mu Rwanda biterwa ahanini no kutagira abakozi bafite ubumenyingiro buhagije.
Abantu hafi 10 baguwe gitumo n’ubuyobozi barimo kunywa inzoga mu masaha y’akazi tariki 01/11/2012 mu kagari ka Nyarusazi ho mu murenge wa Bwishyura akarere ka Karongi.
Minisitiri w’intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arasaba abashinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kubwitaho kuko bimaze kugaragara ko buri henshi kandi bukaba bwagirira abaturage n’igihugu akamaro.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Kabahizi Celestin arasaba abaturage batuye akarere ka Nyamasheke gukoresha neza ubutaka bwabo baburinda isuri kuko ari bwo butunzi fatizo bwabageza ku iterambere rirambye.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro bwasezeranyije imiryango 101 yabanaga mu buryo butemewe n’amategeko ku wa gatatu tariki 31/10/2012.
Inama y’abaminisitiri yabaye taliki 31/10/2012 yifatanyije n’Abanyarwanda babuze ababo mu turere twa Kicukiro, Rusizi, Rubavu na Rutsiro kubera ibiza byabibasiye bitewe n’imvura yaguye taliki 30/10/2012.
Uwahoze ari Perezida wa Nigeria, Olusegun Obasanjo akaba yarabaye n’umuhuza hagati ya CNDP hamwe na Leta ya Congo muri 2009 avuga ko iyo imyanzuro yafashwe mu mishyikirano yahuje impande zombi ishyirwa mu bikorwa nta ntambara iba iri muri Congo.
Umuryango wa Birabura Jean Marie Vianney ugizwe n’abantu 10, wari utuye ahitwa ku Kinamba mu kagari k’Amahoro mu murenge wa Muhima, ubu nta hantu ufite ucumbika nyuma yo kugwirwa n’inzu bitewe n’imvura yaguye mu ijoro ryo kuwa kabiri tariki 30/10/2012.
Habonetse imirambo y’abantu batatu bishwe n’imvura yaguye mu karere ka Rusizi ku mugoroba wa tariki 30/10/2012.
Abaturage bo mu murenge wa Musange mu karere ka Nyamagabe bamaze umwaka bari mu kizima nyuma y’uko urugomero bari barikoreye bafatanyije n’ishuri ryisumbuye rya Musange rwangiritse.
Ubwato Perezida Kagame yahaye abo ku Nkombo bumaze kujya mu myenda isaga miliyoni z’amafaranga y’u Rwanda kubera imicungire mibi.
Niyihaba Thomas wari usanzwe ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Rugabano ubu ni we Munyamabanga Nshingwabikorwa mushya w’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi.
Amashyirahamwe abiri yita ku burenganzira bwa muntu akorera muri Afurika y’Epfo ariyo Southern Africa Litigation Centre (SALC) na Consortium for Refugees and Migrants Rights South Africa (CoRMSA) arasaba Leta y’icyo gihugu gusubira ku cyemezo yafashe cyo guha ubuhunzi Kayumba Nyamwasa.
Imvura yaguye mu ijoro rishyira tariki 31/10/2012 yahitanye abantu 13 ndetse inangiza ibintu byinshi mu turere twa Rubavu na Rusizi two mu ntara y’Uburengerazuba.
Ubwo yatangizaga inama yiga ku bukungu bw’Afurika iri kubera i Kigali kuva tariki 30/10/2012, Perezida Kagame yongeye kugaragaza ko Abanyafurika aribo bagomba kugena iterambere n’imibereho yabo kurusha uko bayitegereza ku bihugu byateye imbere.
Abakuriye amasosiyete acukura akanacuruza amabuye y’agaciro mu Rwanda (RMIF), baremeza ko rufite amabuye y’agaciro menshi kandi meza, bitandukanye n’abavuga ko rucuruza amabuye ava hanze yarwo.
Umurenge wa Bwishyura wo mu karere ka Karongi wafashe icymezo cyo gutema ibiti bishaje byabaga ku muhanda no kubiteza cyamunara, kugira ngo birinde impanuka zashoboraga kubiturukaho muri iki gihe imvura igwa ari nyinshi.