Impunzi zakuwe mu byazo n’intambara yahuje ingabo za Leta ya Congo n’ingabo z’umutwe wa M23, kuwa Kane taliki 15/11/2012 zigahungira mu Rwanda, zivuga ko zidashaka kujya mu nkambi ya Nkamira kuko bizeye ko amahoro agiye kuboneka iwabo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, arasanga amahugurwa abayobozi b’inzego z’ibanze bamaze igihe bahabwa arimo kugenda agaragaza umusaruro, mu kubaka inzego z’ibanze.
Akagali ka Kamashashi gaherereye mu murenge wa Nyarugunga, mu karere ka Kicukiro, kifatanyije n’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 25, umaze ushinzwe, mu birori byahuje abanyamuryango n’incuti zawo.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenocide (IBUKA) mu karere ka Karongi uratangaza ko gutinda kw’imanza z’abangije imitungo ari imwe mu mpamvu zituma aka karere kataragera ku bumwe n’ubwiyunge 100%.
Itsinda ry’abanyamuryango b’umuryango RPF-Inkotanyi bakora mu kigo k’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) 30 bari bahagarariye abandi, basuye impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme bazizaniye inkunga.
Abagororwa ndetse n’abacungagereza bakora imirimo y’ubwubatsi bo muri gereza ya Musanze, tariki 15/11/2012, bigishijwe uburyo bwo kuvanaho isakaro ndetse na prafond bya asibesitosi, kuko byagaragaye ko bigira ingaruka mbi ku buzima bw’umuntu.
Bahereye kuri gahunda umuryango FPR-Inkotanyi wabagejejeho, abatuye akarere ka Bugesera bemeza ko ubukungu bwabo bwazamutse babikesha uwo muryango.
Twagirayezu Modeste 29 warashwe ku rutungu na Uwambajemariya w’imyaka 16 warashwe mu mutwe barwariye mu bitaro bya Gisenyi kubera bakomerekejwe n’amasasu sarasiwe muri Congo mu ntambara ishyamiranyije ingabo za Leta ya Congo n’umutwe M23.
Ikigo cyazobereye mu gukora ubushakashatsi ku isi yose cyitwa Gallup cyatangaje ko ku isi yose cyasanze Abanyarwanda aribo ba mbere bumva batekanye kandi bishimiye umutekano bahabwa n’igihugu cyabo.
Impunzi z’Abanyecongo 2500 zahungiye mu Rwanda taliki 15/11/2012 bavuga ko badashaka kujya mu nkambi kuko biteguye ko intambara ihuje ingabo za leta ya Congo n’ingabo z’umutwe wa M23 irangira vuba bagasubira mu gihugu cyabo.
Mu karere ka Ruhango hatangiye gukwirakwizwa imfashanyigisho zifasha abaturage gusobanukirwa n’ibisasu kuko bimaze kugaragara ko muri ako karere abaturage bagenda bahitanwa n’ibisasu kubera kutabisobanukirwa.
Abahagarariye imiryango igize ihuriro Young President Organisation(YPO) ry’abashoramari bo mu bihugu bitandukanye byo ku isi, bemereye Perezida wa Repubulika Paul Kagame ko bagiye guhuza ishoramari ryo mu Rwanda (Doing Business in Rwanda), n’abanyamuryango babo barenga ibihumbi 20 ku isi.
Umugabo witwa Giraneza John utuye mu Murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera yarongoye umukobwa witwa Uwimana Jeanne ukomoka mu muryango w’abamwiciye abantu muri Jonoside ndetse anafasha abo muri uwo muryango kwishyura imitungo bangije mu gihe cya Jenoside.
Impunzi z’Abanyekongo 2500 zimaze kwakirwa mu Rwanda nyuma y’imirwano ikomeye ihuje ingabo za Leta ya Congo n’umutwe wa M23 imirwano yadutse mu gitondo cy’uyu munsi tariki 15/11/2012.
Amazu yubakiwe bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bo mu karere ka Ngororero yarashaje ku buryo iyo imvura iguye batabona aho bahengeka umusaya.
Abarozi bibumbiye muri cooperative “KAMU Zirakamwa” yo mu murenge wa Mudende bavuga ko mu mezi ane bamaze guhomba ibihumbi 500 bitewe n’ibyuma rweyemezamirimo yashyize muri iryo kusanyirizo ry’amata bubakiwe ku nguzanyo ya BRD.
Twizerimana Silas uvuka mu murenge wa Muhororo mu karere ka Ngororero yakoreraga sosiyete y’Abashinwa yubakaga umuhanda Ngororero-Mukamira aza kugongwa n’imodoka none amaze umwaka n’amezi ane atarabona ubufasha mu kwivuza.
Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubuzima, Dr Uzziel Ndagijimana, yarasabye rwiyemezamirimo wubaka inyubako y’ibitaro bya Kirehe kumenyesha hakiri kare ikibazo yahura nacyo mu kubaka aho kugira ngo ahagarike akazi.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere (JADF) ryo mu karere ka Gisagara ryasoje amahugurwa y’iminsi ibiri ryatangaga ku bafasha myumvire b’irihuriro bakorera mu mirenge igize aka karere.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe indangamuntu mu Rwanda cyiramagana umuntu uwo ariwe wese ufatira indangamuntu ya mugenzi we kuko nta mpamvu n’imwe yemerera umuturage kubika indangamuntu itari iye.
Umuntu umwe yitabye Imana aguye mu ruzi rw’Akagera abandi babiri barakomereka bazize inkubi y’umuyaga yibasiye akarere ka Bugesera mu ntangiriro z’iki cyumweru.
Abakuru b’amadini batandukanye barututse mu bihugu bigize akarere k’ibiyaga bigali, bateraniye i Kgali aho biga uruhare rw’amadini bahagarariye mu kugarura amahoro no guhuza abaturage batuye muri aka karere.
Komiseri mukuru w’urwego rw’amagereza mu Rwanda, Paul Rwarakabje, arasaba ubuyobozi bwa gereza ya Cyangugu kwicyemurira ikibazo cy’inyubako zishaje kuko abafungiye muri iyo gereza birirwa batanga amaboko hirya no hino mu bikorwa by’ubwubatsi kandi bakabigaragazamo ubuhanga.
Ubwo hahabwaga ibiganiro ku bumwe n’ubwiyunge tariki 13/11/2012, abaturage bo mu kagari ka Kazizi ho mu murenge wa Nyamugari mu karere ka Kirehe batangaje ko icyumweru cyahariwe ubumwe n’umbwiyunge gisanze bariyunze nyabyo.
Mu rwego rwo gushyigikira uburinganire n’iterambere ry’umuryango, mu karere ka Ngororero biyemeje kuzamura umubare w’abagore bagaragara mu mirimo itandukanye itari iy’ubuhinzi, kuko hari abacyitinya bigatuma basigara inyuma.
Minisitiri ushinzwe iterambere mpuzamahanga mu Bwongereza, Justine Greening, arashima intambwe yatewe n’u Rwanda mu kurwanya ubukene, ndetse n’uburyo rukoresha inkunga rubona mu bikorwa by’iterambere.
Polisi y’igihugu igiye kujya ifatanya n’itangazamakuru mu gukumira ibyaha, guharanira uburenganzira bwa muntu ndetse no kwita kuri gahunda zigamije iterambere rirambye ry’igihugu muri rusange.
Abakozi bakorera KPC (Kigali Professional Cleaners), isosiyete ikora isuku muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda, bigaragambije mu gihe cy’amasaha make tariki 13/11/2012 kubera ko umukoresha wabo atabishyuye amafaranga yari yababeshye ko yabashyiriye mu isanduku y’ubwiteganyirize bw’abakozi.
Ku gicamunsi cyo ku wa mbere tariki 12/11/2012, imvura ivanzemo umuyaga n’urubura yasenye amazu 37 mu tugari twa Gihara na Kagina mu murenge wa Runda. Abasenyewe bacumbikiwe n’abaturanyi mu gihe ubuyobozi bukibasabira inkunga y’amabati ku karere.
Perezida Paul Kagame, yagiriye inama ubuyobozi bw’umujyi wa Lagos muri Nigeria ko bwashyiraho amategeko n’amabwiriza bigomba gukurikizwa n’abakora umurimo wo gutwara abantu kuri moto aho kuzica burundu muri uwo mujyi.