Saa munani n’iminota 55 zo kuri iki gicamunsi tariki 19/11/2012, ingabo za Congo zarashe mu Rwanda ku musozi wa Rubavu. Humvikanye amasasu abiri yo mu bwoko bwa mortier ariko hari andi masasu mato akomeje kumvikana.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Sheih Bahame Hassan, yasabye Abanyarwanda kutambuka umupaka ngo bajye i Goma kuko hari Abanyarwanda bamaze kuburirwa irengero batazwi umubare banyerejwe n’ingabo za Congo hamwe n’insoresore ziri muri uwo mujyi.
Abaturage batuye umurenge wa Shingiro, akarere ka Musanze baravuga ko bataye umuco wo gukata icyondo bambaye ibirenge, kubera ko bamenye ko bashobora kwanduriramo indwara nyinshi zituruka ku mwanda.
Abantu bari mu mujyi wa Goma baremeza ko ingabo za Leta ya Congo zahunze uwo mujyi zerekeza Sake. Abandi basirikare ba Congo bari bari ku mipaka ihuza icyo gihugu n’u Rwanda bapakiye ibyabo bigendera mu ma saa saba n’igice.
Polisi iratangaza ko inkongi z’imiriro zimaze kwibasira utubari, utubyiniro na restora mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali, nta sano zifitanye, n’ubwo zose zivugwa ko ziba zaturutse aho batekera.
Kubera intambara ikomeje gusatira umujyi wa Goma, abanyamahanga bakorera muri uwo mujyi cyane imiryango mpuzamahanga batangiye kwambuka imipaka bahungira mu Rwanda; ibi kandi biri gukorwa n’abandi baturage bifashije banga ko intambara yabasanga muri uyu mujyi.
Urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru, batanze ubufasha ku miryango itatu, burimo guhoma amazu, gutanga ibikoresho nka matela, amasabune, amavuta, ibyo guteka, ibikoresho by’isuku ndetse n’ibindi; gahunda yiswe ‘Kuremera’ imiryango ikeneye ubufasha.
Abana bo mu itorero ry’abadivantiste b’umunsi wa Karindwi mu Rwanda mu karere ka Nyanza basuye bagenzi babo barwariye mu bitaro bya Nyanza babashyikiriza inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho by’isuku.
Abaturage batuye mu mujyi wa Goma bafite ubwoba ko uwo mujyi wafatwa na M23 kubera ko ingabo za Leta ya Congo zanze ku rwana ahubwo zisaba abaturage guhunga. Ingabo za M23 zafashe Kibumba iri munsi y’ibirometero 10 uvuye Goma .
Urubyiruko rw’abanyeshuri 20 bo muri kaminuza nkuru y’u Rwanda rwibumbiye mu muryango urwanya ruswa n’akarengane (students Club against Corruption and Injustice) rwahawe ikiganiro n’abakozi b’Ingoro Z’Umurage w’u Rwanda basabwa kugira indangagaciro zishingiye ku muco.
Abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu murenge wa Rusiga mu karere ka Rulindo bahawe indogobe n’ubuyobozi bw’akarere baravuga ko batakizishaka kubera ko batazishoboye kuzorora kandi ntacyo zibinjiriza.
Umusore witwa Jean De Dieu Shyirakera, w’imyaka 25, mwene Bibarimana,na Nyiransabimana batuye umurenge wa Base,akagari ka kamuhwa, avuga ko akeneye gufungwa cyangwa ubuyobozi bukamufasha bukaba bwamujyana i Iwawa.
Ubuyobozi bukuru bw’umuryango RPF-Inkotanyi bwasabye abanyamuryango bawo mu karere ka Kicukiro, kutemera ko intambwe y’iterambere rimaze kugerarwaho mu Rwanda no muri aka karere by’umwihariko, itagomba gusubira inyuma kubera impamvu iyo ariyo yose.
Abanyamuryango b’ingeri zinyuranye b’umuryango wa FPR-Inkotanyi, bemeza ko kwizihiza isabukuru uyu muryango umaze ushinzwe, bisigiye abatishooboye ibikorwa bikomeye byo kubafasha.
Capitaine Wellars Ndahimana ari mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aho yari amaze imyaka 18 aba mu mutwe FDLR, yafashe umwanzuro wo gutaha nyuma yo kubona ko ubuzima yarimo bumugoye kandi nta nyungu azabukuramo.
Amafaranga ibihumbi 500 y’u Rwanda niyo abajyanama b’ubuzima bakorana n’ikigo nderabuzima cya mibirizi, bibumbiye muri koperative ubuzima bwiza mibirizi, bakusanyije yo gushyigikira ikigega cy’Agaciro Development Fund, kuri uyu wa Gatanu kuwa 16/11/2012.
Imfungwa zikora igihano nsimburagifungo mu karere ka Gicumbi zubakiye umuturage wasenyewe n’imvura mu gikorwa cyo kuremera abatishoboye, mu rwego rwo kwimakaza umuco n’amahoro no gushimangira ubumwe n’ubwiyunge.
Abaturage bo mu tugari twa Gisanze na Mataba bakoze umuganda wo kuremera umubyeyi witwa Apollinarie Nyiramashashi uherutse gupfusha umugabo we wacitse ku icumu rya jenoside, mu muhango wo gusoza icyumweru cyahariwe ubumwe n’ubwiyunge.
Impunzi zakuwe mu byazo n’intambara yahuje ingabo za Leta ya Congo n’ingabo z’umutwe wa M23, kuwa Kane taliki 15/11/2012 zigahungira mu Rwanda, zivuga ko zidashaka kujya mu nkambi ya Nkamira kuko bizeye ko amahoro agiye kuboneka iwabo.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, James Musoni, arasanga amahugurwa abayobozi b’inzego z’ibanze bamaze igihe bahabwa arimo kugenda agaragaza umusaruro, mu kubaka inzego z’ibanze.
Akagali ka Kamashashi gaherereye mu murenge wa Nyarugunga, mu karere ka Kicukiro, kifatanyije n’Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 25, umaze ushinzwe, mu birori byahuje abanyamuryango n’incuti zawo.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenocide (IBUKA) mu karere ka Karongi uratangaza ko gutinda kw’imanza z’abangije imitungo ari imwe mu mpamvu zituma aka karere kataragera ku bumwe n’ubwiyunge 100%.
Itsinda ry’abanyamuryango b’umuryango RPF-Inkotanyi bakora mu kigo k’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB) 30 bari bahagarariye abandi, basuye impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Kigeme bazizaniye inkunga.
Abagororwa ndetse n’abacungagereza bakora imirimo y’ubwubatsi bo muri gereza ya Musanze, tariki 15/11/2012, bigishijwe uburyo bwo kuvanaho isakaro ndetse na prafond bya asibesitosi, kuko byagaragaye ko bigira ingaruka mbi ku buzima bw’umuntu.
Bahereye kuri gahunda umuryango FPR-Inkotanyi wabagejejeho, abatuye akarere ka Bugesera bemeza ko ubukungu bwabo bwazamutse babikesha uwo muryango.
Twagirayezu Modeste 29 warashwe ku rutungu na Uwambajemariya w’imyaka 16 warashwe mu mutwe barwariye mu bitaro bya Gisenyi kubera bakomerekejwe n’amasasu sarasiwe muri Congo mu ntambara ishyamiranyije ingabo za Leta ya Congo n’umutwe M23.
Ikigo cyazobereye mu gukora ubushakashatsi ku isi yose cyitwa Gallup cyatangaje ko ku isi yose cyasanze Abanyarwanda aribo ba mbere bumva batekanye kandi bishimiye umutekano bahabwa n’igihugu cyabo.
Impunzi z’Abanyecongo 2500 zahungiye mu Rwanda taliki 15/11/2012 bavuga ko badashaka kujya mu nkambi kuko biteguye ko intambara ihuje ingabo za leta ya Congo n’ingabo z’umutwe wa M23 irangira vuba bagasubira mu gihugu cyabo.
Mu karere ka Ruhango hatangiye gukwirakwizwa imfashanyigisho zifasha abaturage gusobanukirwa n’ibisasu kuko bimaze kugaragara ko muri ako karere abaturage bagenda bahitanwa n’ibisasu kubera kutabisobanukirwa.
Abahagarariye imiryango igize ihuriro Young President Organisation(YPO) ry’abashoramari bo mu bihugu bitandukanye byo ku isi, bemereye Perezida wa Repubulika Paul Kagame ko bagiye guhuza ishoramari ryo mu Rwanda (Doing Business in Rwanda), n’abanyamuryango babo barenga ibihumbi 20 ku isi.