Nyuma y’uko hasohotse amakuru avuga ko terefoni zigendanwa zitujuje ubuziranenge zizwi Ku izina ry’inshinwa zishobora gukurwa ku murongo, abazitunze bo mu karere ka Ngororero batangiye kuzigurisha abandi ngo zitazabahombera.
Ishuri rikuru ryigisha ubuvuzi (KHI) rimaze amezi abiri rikora inyigo yiswe “KHI graduates tracer study”, igamije kumenya icyo abaryizemo bakora n’aho bakora, mu rwego rwo gusuzuma ireme ry’uburezi ryatanze kuva mu myaka 16 rimaze rishinzwe.
Nyuma y’uko umugezi wacaga mu ruganda rwa Bralirwa rukawubakira inyuma y’uruganda wangirije imiryango igera kuri 40 mu kwezi kwa Nzeri, tariki 18/10/2012 wahitanye abana batatu baburirwa irengero ndetse wangiza ibitari bicye.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) hamwe n’akarere ka Rubavu tatiki 19/10/2012 bahuye n’ubuyobozi bwa Diocese ya Nyungo kugira ngo babafashe kubona ahimurirwa urwibutso rwa Nyundo rwangijwe n’amazi.
Itsinda ry’intumwa za rubanda zo muri komisiyo y’ubukungu mu nteko ishinga amategeko zimaze iminsi itanu zumva ibibazo abaturage bafite ku bijyanye n’ubutaka n’imiturire mu karere ka Kayonza.
Ncunguyinka Emmanuel na mugenzi we Nambajimana bose bafite ipeti rya kaporari basesekaye ku butaka bw’u Rwanda ku mupaka wa Rusizi ku mugoroba wa tariki 19/10/2012, nyuma y’imyaka 18 bibera mu mashyamba ya Congo mu mutwe wa FDLR.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasabye urubyiruko rw’abanyeshuri biga muri za kaminuza n’amashuri makuru byo mu Rwanda no mu bihugu bituranyi, kwiga ibibashoboza kwibeshaho, badategereje inkunga y’ahandi, ifatwa nk’intandaro yo gusuzugurwa kw’Abanyafurika.
Bamwe mu baturage baturiye imihanda inyura mu makaritsiye agize akarere ka Gasabo, bagira uruhare rwo gutuma imihanda yabo yangirika bitewe no kudatega amazi y’imvura amanuka mu mazu, nk’uko bitangazwa n’Umuyobozi w’akarere ka Gasabo, Willy Ndizeye.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu by’umwihariko umurenge wa Gisenyi buranenga igikorwa cy’amasosiyete yamamaza ibikorwa byayo akoresheje gusiga amarangi y’ibara ryayo ku mazu aho buvuga biri guhindanya umujyi ndetse bikaba n’uburyo bwo gukwepa umusoro utangwa ku byapa byo kwamamaza.
Ubusanzwe Abanyarwanda bakunze kurangwa n’umuco wo gutabarana, ariko bitewe n’amafaranga uyu muco urasa nkaho ugenda uyoyoka mu duce tumwe na tumwe tw’igihugu.
Inzu abana b’uwitwa Maniraho Joseph basigiwe na se wari utuye ahitwa mu Gahenerezo mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye yatejwe cyamunara hagamijwe kwishyura uwitwa Nyiratabaro Veronika ku bw’urubanza yaburanye na se mbere y’uko yitaba Imana.
Inzego z’umutekano mu karere ka Rubavu zihangayikishijwe n’ikibazo cy’ingabo za Congo zigabije ubutaka butagira uwo buharirwa hagati y’imipaka y’ibihugu bwitwa zone neutre.
Kuri uyu wa 18/10/2012, U Rwanda rwatorewe guhagararira Afurika mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi, muri manda izamara imyaka ibiri. Ako kanama niko gafata ibyemezo bikomeye mu kubungabunga amahoro ku isi yose.
Mu ishuri rya Gisirikare i Gako mu karere ka Bugesera kuwa 18/10/2012 hafunguwe ku mugaragaro imyitozo ziswe Ushirikiano Imara izamara ibyumweru bibiri yitabiriwe n’abasirikare, abapolisi ndetse n’abasivili bo mu bihugu bigize umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba (EAC).
Abayobozi b’indendembo z’itorero rya ADEPR mu Rwanda hose ndetse n’ubuyobozi bw’iri torero barasaba Leta ko yabafasha guca abiyita abahanuzi biyitirira iri torero kandi ataribo.
Uwera Marcelline wo mu Murenge wa Rusatira yishimira jumelage (ubufatanye) bw’umurenge avukamo n’igihugu cy’Ububirigi kuko bwamubashishije kurangiza amashuri yisumbuye na kaminuza, none ubu ni umwarimukazi mu rwunge rw’amashuri Kacyiru II.
Kubwimana Nicolas uri mu kigero cy’imyaka 25, agiye gufungura umuryango nyarwanda ushinzwe kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside witwa “Humura Rwanda”.
Nyuma yo kurangiza manda ye y’umwaka umwe, umuyobozi mukuru wa polisi y’u Rwanda, IGP Emmanuel K. Gasana, yahaye mugenzi we uyobora polisi ya Uganda Lt. Gen Kale Kayihura ubuyobozi bw’ihuriro ry’ubufatanye rya polisi zo mu karere ka afurika y’uburasirazuba (EAPCO).
Minisitiri w’intebe w’Ubwongereza yemeza ko gushora imari mu Rwanda ari ukureba kure kuko ari igihugu kibasha kugera ku ntego zacyo mu nzego nyinshi zijyanye n’ishoramari ku buryo cyanabera urugero amahanga.
Uhagarariye igihugu cy’u Bwongereza mu Rwanda, Ben Llwellyn Jones Obe, kuwa 17/10/2012, yatashye ku mugaragaro ishuri ryigisha imyuga ku kirwa cya Nkombo n’ikigo cyigisha abana bahoze mu mihanda kiri mu murenge wa Gihundwe byubatswe n’umuryango Rwanda Aid.
Mu bipimo ku miyoborere myiza by’ikigega Mo Ibrahim byashyizwe ahagaraga tariki 15/10/2012, u Rwanda ruza mu bihugu birindwi ku mugabane w’Afurika byateye intambwe igaragara mu miyoborere myiza kuva mu mwaka w’i 2000.
Urwego rw’Umuvunyi, kuri uyu wa 17/10/2012, rwatangaje ko rwafashe ingamba mu gukumira abayobozi bitwara nabi mu myanya barimo cyangwa bakoresha nabi imari ya Leta.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame azaganira n’abanyeshuri baturutse mu Rwanda no mu mahanga ku wa gatanu tariki 19/10/2012, ku nsanganyamatsiko igira iti: “Kubaka umurage wo kwibeshaho (building a legacy of self relience)”.
Umuyobozi w’akarere ka Burera arasaba abagabo bo muri ako karere gukunda abagore babo babarinda ihohoterwa iryo ariryo ryose ngo kuko na Bibiliya ibibasaba.
Umuvugizi wa Leta y’u Rwanda, madamu Louise Mushikiwabo aravuga ko u Rwanda rushobora gukurikirana mu nkiko abakozi ba LONI barushinja guhungabanya umutekano wa Congo kandi bazi ko ari ibihimbano.
Mbonabucya Claveur utuye mu murenge wa Kigina mu karere ka Kirehe aratangaza ko nibura buri kwezi haza abajura bakiba ibintu biri mu gikoni none ubwo baheruka baraje bagirira nabi umwana wari mu rugo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 16/10/2012, abapolisi 20 basoje amahugurwa y’iminsi 14 agamije guha abapolisi bakorera ku kibuga cy’indege ubumenyi bukenewe mu rwego rwo kurushaho gukaza umutekano ku kibuga cy’indege.
Umusaza witwa Mushokezi Pascal utuye mu kagari ka Munyarwanda, umurenge wa Ngoma mu karere ka Rulindo arasaba ko yahabwa indangamuntu nk’abandi Banyarwanda ndetse akanubakirwa inzu ngo kuko bamusenyeye nyakatsi ntibamwubakire iyisimbura kandi bari babimwijeje.
Nyuma y’iminsi mike Kigali Bus Services (KBS) ihagaritse ingendo zayo Kigali-Nyanza, imerewe nabi n’uwahoze ari umukozi wayo witwa Mwitende Eliot mbere wakoreraga Horizon nyuma ikamugura kugira ngo ayikorere.
Mu muhango wo kwizihiza ku nshuro ya 15 umunsi w’umugore wo mu cyaro tariki 15/10/2012, uhagarariye inama y’igihugu y’abagore mu Karere ka Huye yatangaje ko muri ako karere nta mwana usigaye mu kigo cy’imfubyi.