Abashoferi b’amakamyo bo muri Congo bavana ibicuruzwa muri Kenya bakanyura muri Uganda no mu Rwanda bishimiye icumbi bahawe mu Karere ka Nyabihu kugira ngo bategereze ko umutekano ugaruka babone kwambuka bajyana ibicuruzwa muri Congo.
Umunyeshuri witwa Natacha Butera w’imyaka 20 wiga muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika muri Leta ya Iowa yarashwe mu ijoro rya tariki 19/11/2012 n’abagizi ba nabi ariko kubw’amahirwe aracyari muzima.
Abaturage batuye akarere ka Rusizi baratangaza ko imihahiranire n’umujyi wa Bukavu ikimeze neza nubwo bafite ubwoba bw’intambara iri kubera muri Kivu y’Amajyaruguru.
Nyuma yo gufata ikibuga cy’indege, umujyi wa Goma nawo umaze kwigarurirwa n’ingabo za M23. Ingabo za Congo zirimo guhunga zikoresheje ubwato zerekeza i Bukavu izindi zerekeje Katindo.
Umunyamerika ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda aratangaza ko aterwa ishema no gukora igisirikare cy’u Rwanda kandi ko yiteguye gutanga umusanzu we mu kubaka igihugu.
Kuri uyu wa 19/11/2012 komisiyo y’ubukungu mu Nteko ishinga amategeko yasuye akarere ka Gicumbi mu rwego rw’igenzura ry’uburyo ingengo y’imari y’umwaka wa 2011-2012 yashizwe mu bikorwa no kurebera hamwe ibibazo byagaragaye n’uburyo bishobora gukemuka.
Abakora akazi k’ubumotari bakiri bato bagera kuri 90% by’abakora aka kazi, nibo bagaragaraho amakosa menshi mu muhanda, mu gihe byibura umuntu umwe ahitanwa n’impanuka ku munsi, nk’uko imibare mishya ya Polisi ibivuga.
Amabanki n’amaduka byo mu mujyi wa Gisenyi mu karere ka Rubavu bifunze imiryango muri iki gitondo cya tariki 20/11/2012 kubera abantu bagize ubwoba bw’amasasu ari kugwa muri uwo mujyi avuye muri Congo.
Umusore w’Umunyarwanda yitabye Imana abandi barindwi barakomereka bazize ibisasu ingaboza Congo zarashe mu mugudugu wa Mbuga Ngari mu karere ka Rubavu ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 19/11/2012.
Perezida wa Repubulika akaba n’umugaba w’ikirenga w’ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame, yasabye abasirikare barangije amahugurwa mu ishuri rya gisirikare i Gako kuzirikana inshingano zikomeye bafite zo kurinda abaturage n’ubusugire bw’igihugu.
Bamwe mu batuye ku gasozi ka Gatonzi mu murenge wa Ngororero ntibishimiye icyemezo cyafashwe n’akarere cyo kuhashyira irimbi rusange. Gatonzi ni umusozi mwiza ubereye ijisho kandi uteyeho ishyamba ryiza, ukaba ukikijwe n’abaturage batuye mu mpande zawo.
Polisi ikorera mu Karere ka Gakenke, kuri uyu wa 19/11/2012 yatangiye gutanga ubutumwa buhamagarira abashoferi n’abamotari gutwara neza birinda umuvuduko no gutwara basinze mu rwego rwo gukumira impanuka.
Saa munani n’iminota 55 zo kuri iki gicamunsi tariki 19/11/2012, ingabo za Congo zarashe mu Rwanda ku musozi wa Rubavu. Humvikanye amasasu abiri yo mu bwoko bwa mortier ariko hari andi masasu mato akomeje kumvikana.
Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Sheih Bahame Hassan, yasabye Abanyarwanda kutambuka umupaka ngo bajye i Goma kuko hari Abanyarwanda bamaze kuburirwa irengero batazwi umubare banyerejwe n’ingabo za Congo hamwe n’insoresore ziri muri uwo mujyi.
Abaturage batuye umurenge wa Shingiro, akarere ka Musanze baravuga ko bataye umuco wo gukata icyondo bambaye ibirenge, kubera ko bamenye ko bashobora kwanduriramo indwara nyinshi zituruka ku mwanda.
Abantu bari mu mujyi wa Goma baremeza ko ingabo za Leta ya Congo zahunze uwo mujyi zerekeza Sake. Abandi basirikare ba Congo bari bari ku mipaka ihuza icyo gihugu n’u Rwanda bapakiye ibyabo bigendera mu ma saa saba n’igice.
Polisi iratangaza ko inkongi z’imiriro zimaze kwibasira utubari, utubyiniro na restora mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali, nta sano zifitanye, n’ubwo zose zivugwa ko ziba zaturutse aho batekera.
Kubera intambara ikomeje gusatira umujyi wa Goma, abanyamahanga bakorera muri uwo mujyi cyane imiryango mpuzamahanga batangiye kwambuka imipaka bahungira mu Rwanda; ibi kandi biri gukorwa n’abandi baturage bifashije banga ko intambara yabasanga muri uyu mujyi.
Urugaga rw’abagore rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru, batanze ubufasha ku miryango itatu, burimo guhoma amazu, gutanga ibikoresho nka matela, amasabune, amavuta, ibyo guteka, ibikoresho by’isuku ndetse n’ibindi; gahunda yiswe ‘Kuremera’ imiryango ikeneye ubufasha.
Abana bo mu itorero ry’abadivantiste b’umunsi wa Karindwi mu Rwanda mu karere ka Nyanza basuye bagenzi babo barwariye mu bitaro bya Nyanza babashyikiriza inkunga y’ibiribwa n’ibikoresho by’isuku.
Abaturage batuye mu mujyi wa Goma bafite ubwoba ko uwo mujyi wafatwa na M23 kubera ko ingabo za Leta ya Congo zanze ku rwana ahubwo zisaba abaturage guhunga. Ingabo za M23 zafashe Kibumba iri munsi y’ibirometero 10 uvuye Goma .
Urubyiruko rw’abanyeshuri 20 bo muri kaminuza nkuru y’u Rwanda rwibumbiye mu muryango urwanya ruswa n’akarengane (students Club against Corruption and Injustice) rwahawe ikiganiro n’abakozi b’Ingoro Z’Umurage w’u Rwanda basabwa kugira indangagaciro zishingiye ku muco.
Abapfakazi ba Jenoside yakorewe Abatutsi batuye mu murenge wa Rusiga mu karere ka Rulindo bahawe indogobe n’ubuyobozi bw’akarere baravuga ko batakizishaka kubera ko batazishoboye kuzorora kandi ntacyo zibinjiriza.
Umusore witwa Jean De Dieu Shyirakera, w’imyaka 25, mwene Bibarimana,na Nyiransabimana batuye umurenge wa Base,akagari ka kamuhwa, avuga ko akeneye gufungwa cyangwa ubuyobozi bukamufasha bukaba bwamujyana i Iwawa.
Ubuyobozi bukuru bw’umuryango RPF-Inkotanyi bwasabye abanyamuryango bawo mu karere ka Kicukiro, kutemera ko intambwe y’iterambere rimaze kugerarwaho mu Rwanda no muri aka karere by’umwihariko, itagomba gusubira inyuma kubera impamvu iyo ariyo yose.
Abanyamuryango b’ingeri zinyuranye b’umuryango wa FPR-Inkotanyi, bemeza ko kwizihiza isabukuru uyu muryango umaze ushinzwe, bisigiye abatishooboye ibikorwa bikomeye byo kubafasha.
Capitaine Wellars Ndahimana ari mu mashyamba ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, aho yari amaze imyaka 18 aba mu mutwe FDLR, yafashe umwanzuro wo gutaha nyuma yo kubona ko ubuzima yarimo bumugoye kandi nta nyungu azabukuramo.
Amafaranga ibihumbi 500 y’u Rwanda niyo abajyanama b’ubuzima bakorana n’ikigo nderabuzima cya mibirizi, bibumbiye muri koperative ubuzima bwiza mibirizi, bakusanyije yo gushyigikira ikigega cy’Agaciro Development Fund, kuri uyu wa Gatanu kuwa 16/11/2012.
Imfungwa zikora igihano nsimburagifungo mu karere ka Gicumbi zubakiye umuturage wasenyewe n’imvura mu gikorwa cyo kuremera abatishoboye, mu rwego rwo kwimakaza umuco n’amahoro no gushimangira ubumwe n’ubwiyunge.
Abaturage bo mu tugari twa Gisanze na Mataba bakoze umuganda wo kuremera umubyeyi witwa Apollinarie Nyiramashashi uherutse gupfusha umugabo we wacitse ku icumu rya jenoside, mu muhango wo gusoza icyumweru cyahariwe ubumwe n’ubwiyunge.