Ubwo basozaga amahugurwa bari bamazemo icyumweru i Nyakinama, tariki 29/11/2012, abayitabiriye bavuze ko amasomo bahawe ku kurinda abana gushorwa mu ntambara no gufasha abashyizwe muri uwo murimo ari ingenzi kuko igihugu kidafite abana nta hazaza kiba gifite.
Inama yahuje ubuyobozi bwa M23 n’uyoboye ingabo z’ibihugu bigize akanama mpuzamahanga mu karere k’ibiyaga bigari (ICGLR) yemeje ko M23 izava mu mujyi wa Gomam tariki 01/12/2012 saa yine za mu gitondo.
Abanyarwanda bane bari bafashwe bunyago na FDLR kugira ngo itaraswa n’ingabo z’u Rwanda zari zayigose bashoboye kugaruka mu Rwanda.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Rusizi yateranye tariki 29/11/2012 byagaragaye ko nta muturage wo muri ako karere ukijya muri Congo akoresheje jeto nk’uko byari bisanzwe bigenda.
Mu gihe habura amasaha ngo umuryango wa FPR-Inkotanyi wizihize isabukuru y’imyaka 25 ku rwego rw’akarere ka Nyamasheke, ubuyobozi bwawo muri aka karere buratangaza ko ari byinshi byishimirwa byagezweho ku bw’uyu muryango.
Abakoresha bafite inshingano zo gutuma abo bakoresha bakunda akazi bakora, babaha ibyo babagomba, bakanabaha agaciro; nk’uko bitangazwa n’Umuryango ushinzwe Imicungire y’Abakozi mu Rwanda (RHRMO).
Inyubako igezweho y’ibiro by’akarere ka Bugesera izuzura itwaye amafaranga miliyari 1, miliyoni 50, ibihumbi 722 na 650, azava ku ngengo y’imari y’akarere ya 2012-2013.
Ministeri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) yatangije gahunda z’ubujyanama no gupima SIDA (VCT) buri munsi ku bigo by’urubyiruko biri mu gihugu. Iyo gahunda yatangiriye ku kigo cya Kimisagara mu mujyi wa Kigali tariki 29/11/2012.
Abaturage bo mu mujyi wa Goma batinye kujya ku kazi tariki 29/11/2012 kubera gutinya ingaruka bashobora guhura nazo nyuma y’uko M23 ivuye mu mujyi wa Goma, abandi bahitamo kwiyizira mu Rwanda ngo babanze barebe aho ibintu byerekera.
Kuri uyu wa kane tariki 29/11/2012, Minisitiri w’ingabo, Gen. James Kabarebe, yasuye akarere ka Rubavu aganira n’abaturage bahungabanyijwe n’imirwano yabaye hagati ya FDLR n’ingabo z’u Rwanda tariki 27/11/2012 mu mirenge ya Bugeshi na Cyanzarwe.
Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki 28/11/2012, abanyamakuru bakoze inkuru mu byiciro bitandukanye, bahawe ibihembo byo kubashimira ko bakoze inkuru zituma habaho iterambere ry’abaturage n’iry’igihugu muri rusange.
Abayobozi ba za serivisi zinyuranye zitangirwa mu karere ka Huye bakoze inama n’ ubuyobozi bw’ako karere tariki 28/11/2012, hagamijwe gufatira hamwe ingamba ku byakorwa kugira ngo hatongera kubaho abantu binubira serivisi bahabwa.
Hamwe na hamwe ngo byagaragaye ko iyo abaturage bakorewe ibintu usanga batabyitayeho bavuga ngo ni imfashanyo ntibagire uruhare mu kubibungabunga cyangwa kubisana iyo byangiritse.
Bamwe mu badepite bagize ihuriro ny’Afurika ry’inteko zishinga amategeko (APNAC) barashima aho u Rwanda n’Abanyarwanda bageze biteza imbere, babifashijwemo n’ubuyobozi bwiza bubacira umusingi bubakiraho.
Abantu 86% by’imbaga y’abitabiriye amatora yakoreshejwe n’ikinyamakuru The Guardian bifuje ko Ubwongereza butahagarika burundu inkunga bwateraga u Rwanda kuko iyo nkunga ihagaritswe byagira ingaruka mbi ku baturage rubanda ruciye bugufi mu Rwanda.
“Urubyiruko ruzima ahazaza heza” niyo ntero y’urubyiruko rw’Abadivantiste b’umunsi wa karindwi ruri mu ngando mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, muri College ya Rwankeri.
Hashize imyaka ibiri abantu bahawe akazi mu kubaka umuhanda wa kaburimbo wa Ngororero-Kabaya-Mukamira bishyuza amafaranga yabo ariko ntibayahabwe.
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga akaba n’umuvugizi wa Guverinoma, Louise Mushikiwabo, atangaza ko u Rwanda rutazemera ko igitero cya FDLR ku butaka bw’u Rwanda gisubiza inyuma inzira y’amahoro yatangijwe n’umuryango w’inama y’ibihugu by’ibiyaga bigari (ICGLR).
Abarwanyi ba FDLR bateye mu Rwanda bagera kuri 250; nk’uko bitangazwa n’umwe mu barwanyi bafashwe witwa Girukwayo Martin wari uyobowe na Majoro Ruhinda bavuye muri Masisi.
Gutoza urubyiruko umuco utarangwamo ruswa biri mu bishishikaje Urwego rw’Umuvunyi, ruri gutegura ibikorwa bitandukanye byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya ruswa; nk’uko bitangazwa n’Umuvunyi Mukuru, Madame Aloysie Cyanzayire.
Ihuriro ry’abanyamakuru baharanira guteza imbere uburenganzira bw’ikiremwamuntu no kurwanya ubucakara, batangaza ko Intara y’Amajyepfo ari yo ivamo abana benshi bajyanwa mu mujyi wa Kigali mu kazi k’ubuyaya, ububoyi no gucuruzwa.
Ingoro yo mu Rukali iri mu karere ka Nyanza yasuwe n’Abadepite bagize ihuriro ry’Inteko zishinga amategeko muri Afurika baje kureba bimwe mu bimenyetso biranga amateka y’u Rwanda rwo hambere mu ruzinduko bakoze tariki 27/11/2012.
Abaturage batuye mu duce abarwanyi ba FDLR banyuzemo ubwo bateraga mu Rwanda tariki 27/11/2012 bavuga ko abo barwanyi baranzwe no gufata abaturage bugwate no gusahura ibyo bahuye nabyo bakabyikoreza abaturage.
Sifa Nsengimana wagize uruhare mu gushinga ikigo Agahozo-Shalom giherereye mu karere ka Rwamagana gifasha abana bagera kuri 500 b’impfubyi za Jenoside yitabye Imana azize impanuka y’imodoka yaberere muri Afrika y’Epfo mu mpera z’icyumweru gishize.
Umushinga Imbuto Foundation wasabye abanyeshuri bitabiriye ibiganiro by’iminsi itatu byateguwe kuva tariki 25-28/11/2012, ko bagomba gukomera ku bupfura, kwiyubaha no guharanira ejo heza habo, bahereye muri iki gihe abanyeshuri bari mu biruhuko.
Igice cy’abikorera mu Rwanda cyongeye kugawa kubera uburyo abakoramo bakira abakiriya, nyuma y’aho ubushakashatsi bwakozwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) bwagaragaje ko kugeza ubu nta kirakorwa kugira ngo serivisi zihatangirwa zanozwa.
Inama mpuzamahanga iteraniye i Kigali, yiga ku iterambere ry’itangazamakuru, igomba gushaka ibisubizo byatuma ibitangazamakuru byo muri Afurika byigenga, bikishyiriraho umurongo bigenderaho, kandi bikavuga ibibera iwabyo, aho kubivugirwa n’itangazamakuru ryo hanze.
Abarwanyi batandatu ba FDLR bitabye Imana abandi babiri bafatwa ari bazima ubwo bateraga ibirindiro by’ingabo z’u Rwanda mu karere ka Rubavu; nk’uko bitangazwa n’umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Br.Gen Joseph Nzabamwita.
Abapasitoro n’abayobozi bakuru mu idini rya ADEPR basaga 350 bagiye kumara icyumweru mu ngando i Nkumba mu Karere ka Burera, aho bazaba bagiye kwisuzuma, bakiyungurura, bagafata ingamba zo gutandukana n’amacakubiri yagaragaye mu itorero mu minsi ishize.
Mu rukerera rwo kuri uyu wa kabiri tariki 27/11/2012, FDLR yateye ibirindiro bibiri by’ingabo z’u Rwanda mu karere ka Rubavu, abarwanyi bane ba FDLR bahasiga ubuzima.