Perezida Paul Kagame ategerejwe mu gihugu cya Nigeria kuri uyu wa gatanu tariki 09/11/2012 mu bikorwa by’ubutwererane bw’ibihugu byombi bushingiye ku burezi, igisirikare n’abashoramari.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda arasaba Abanyarwanda bose gushyira hamwe bakarwanya ibibazo bicyugarije umuryango nyarwanda mu rwego rwo gukomeza kubaka u Rwanda rwiza rw’ejo hazaza.
Ayinkamiye Francine w’imyaka 35 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Mururu mu karere ka Rusizi yibarutse abana batatu b’abakobwa mu bitaro bya Gihundwe ahagana saa moya zijoro zo kuwa 07/11/2012.
Mu minsi mike iri imbere akarere ka Nyamagabe karaba kujuje ibagiro rya kijyambere rigenewe kuzajya rutunganyirizwamo inyama z’ingurube zimenyerewe ku izina ry’“akabenzi”, mu gihe hari amakuru yavugwaga ko bajyaga bazitunganyiriza mu ishyamba.
Guverineri w’intara y’amajyepfo, Munyantwari Alphonse, arahamagarira Abanyaruhango kwiyubakamo umuryango muzima, kuko Abanyarwanda ntibazigera bagira umuryano mugari mu gihe bitahereye mu muryango muto.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu tugari tune tugize umurenge wa Remera mu karere ka Gatsibo, tariki 07/11/2012, bizihije isabukuru y’imyaka 25 uwo muryango umaze uvutse. Ku rwego rw’igihugu isabukuru izizihizwa tariki 15/12/2012.
Rosarie Yambabariye utuye mu mudugudu wa Remera, akagari ka Nyarutunga, umurenge wa Nyarubuye mu karere ka Kirehe, yatwitse amaboko y’umwana we w’umuhungu wiga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza amuziza ko yamusuzuguye akanga gutunganya ibishyimbo bagombaga guteka.
Abasirikare bane bo mu mutwe wa FDLR barimo ba Premier sergent babiri, sergent umwe na sordat umwe bageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere batahutse ku mugoroba wo kuwa 06/11/2012.
Abinyujije ku rubuga rwa Twitter, Perezida Kagame yifurije intsinzi Perezida Obama ariko yongeraho ko yibutsa Abanyafurika gukora cyane mu kuzamura ubukungu no kwikura mu bibazo bafite kuko nta wundi uzabibacyemurira.
Mu rugendo yagiriye mu karere ka Muhanga tariki 03/11/2012, Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi yatangaje ko yatunguwe no kubona ahantu henshi yaciye hahinze insina zidafite icyo zeraho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu n’inzego z’umutekano bahuye n’abaturage batuye mu mirenge ya Busasamana na Mudende, tariki 06/11/2012, bishimira imikoranire n’ingabo z’igihugu ndetse banahumurizwa ko nta mpamvu yo kugira ubwoba kuko barindiwe umutekano.
Umugabo w’imyaka 50 wo mu murenge wa Rugendabari ho mu karere ka Muhanga yahitanywe n’inyama tariki 04/11/2012.
Impuguke zavuye hirya no hino ku isi zemeje ko intambara mu burasirazuba bwa Kongo-Kinshasa iterwa n’ubukoroni ibihugu byanyuzemo, aho guterwa n’u Rwanda, nk’uko raporo z’imiryango mpuzamahanga zagiye zibyemeza.
Umushinga wo guteza imbere ubumenyi n’ubushobozi bugamije gufasha abantu basezerewe mu ngabo n’abandi bafite ubumuga ECOPD) wahaye inkunga y’ibikoresho bitandukanye ingabo n’abafite ubumuga bo mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza.
Ubwo yatangizaga imirimo yo kubaka umudugudu mu murenge wa Rongi, Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yagaragaje ko abaturage bakwiye kumva ko ibyo Leta iri gukora ari ukubarinda ibiza bishobora guterwa n’imiterere y’aho batuye.
Uwizeyimana Louise w’imyaka 38 utuye mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza ahohoterwa nabo mu muryango yashyingiwemo bavuga ko yaje kuca umuryango kuko mu mbyaro enye zose nta muhungu n’umwe urimo.
Modeste Kennedy Hakizimana ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 uba mu Bwongereza asigaye atwara tagisi mu mujyi wa London ariko ngo ntiyakoherezwa mu Rwanda kubera ko yahawe uburenganzira bwo kuguma muri icyo gihugu.
Komisiyo ishinzwe uburezi, ikoranabuhanga n’urubyiruko y’umutwe w’abadepite, yiyemeje gukorera ubuvugizi abiga imyuga n’ubumenyingiro kugira ngo bazageze u Rwanda ku cyerekezo 2020, no ku rugero rw’ibihugu bifite ubukungu buciriritse (middle income generating countries).
Kompanyi ya RwandAir yakiriye indi ndege nshya ya kabiri yo mu bwoko bwa Bombaridier CRJ-900 Next-Generation, mu rwego rwo gukomeza kunoza imikorere yayo; nk’uko byatangajwe n’Umuyobozi wayo, John Mirenge.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere myiza (RGB), kirategura inama izaba kuri uyu wa kabiri tariki 06 -07/07/2012, izaba yiga ku muti nyawo wafasha mu kugarura amahoro muri Afurika.
Umusaza Kagurusu Protais w’imyaka 70 amze imyaka 14 ubuzima bwe abukesha abanyeshuri bo muri ES Kigarama bishyirahamwe bakamufasha kuko ngo ari incike, atagishoboye gukora kandi akaba yibana wenyine.
Mukabunani Christine uyobora ishyaka PS-Imberakuri niwe munyapolitiki wo mu Rwanda watoranyijwe kujya gukurikirana amatora ya Perezida ateganyijwe kuri uyu wa kabiri tariki 06/10/2012.
Bamwe mu baturage batuye umurenge wa Busasamana bavuga ko ibikorwa by’ubusahuzi n’ihohoterwa bakorerwa n’ingabo za Congo bikorwa n’abavuga Ikinyarwanda bacyeka ko ari abarwanyi ba FDLR binjijwe mu gisirikare cya Congo.
Mu ijoro rishyira tariki 04/11/2012, nibwo umusore witwa Ngendahayo Methode ukurikiranyweho kwiba banki y’abaturage ishami rya Musanze yakoreraga yatawe muri yombi, maze ashyikirizwa polisi y’igihugu ishami rya Muhoza aho afungiye.
Abasirikare babiri b’abacomando ba Congo baguye mu gitero bagabye mu Rwanda tariki 03/11/2012 mu murenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu ahitwa Rusura kuri metero 400 winjiye mu Rwanda naho umusirikare w’u Rwanda arakomereka.
Mu Karere ka Karongi kuwa gatandatu tariki 03/11/2012 habereye amarushanwa asoza imyiteguro y’isabukuru y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze uvutse. Umunsi waranzwe n’amarushanwa anyuranye arimo siporo zitandukanye, indirimbo, imbyino n’imvigugo.
Abasirikare bane bo mu mutwe wa FDLR batahutse mu Rwanda tariki 03/11/2012 batangaje ko abayoboke ba FDLR bakomeje kuyivamo kubera ko mu gihe cyose bamaze muri uwo mutwe ntacyo wabagejejeho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Gisagara burashimirwa igikorwa cy’ubushakashatsi batekereje, bwerekana uko imiyoborere ndetse n’imitangire ya service bihagaze kuko ibyavuye muri ubu bushakashatsi bizafasha kuvugurura imikorere muri aka karere.
Abakristo bo mu madini atandukanye akorera mu Karere ka Huye bitabiriye ibiganiro byateguwe na Arise and Shine International Ministries ifatanyije n’abafatanyabikorwa bo muri Leta zunze ubumwe za Amerika bagaragarijwe ko uruhare rwabo mu iterambere ari ngombwa.
Umuryango w’abanyeshuli barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda (AERG) ukorera mu ishuli COSTE-Hanika riri mu karere ka Nyanza yizihije isabukuru y’imyaka 7 imaze ishinzwe muri icyo kigo mu muhango wabaye tariki 03/11/2012.