Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yasuye abakora imirimo ifitiye igihugu akamaro (TIG) mu Murenge wa Gakenke, Akarere ka Gakenke kuri uyu wa kabiri tariki 19/03/2013, aboneraho kubasaba gukorana umurava imirimo bakora kugira ngo bateze imbere igihugu cyabo.
Umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’ibiyaga bigari (CEPGL) wasinye amasezerano y’ubufatanye n’umuryango mpuzamahanga wita ku rujya n’uruza rw’abantu (OIM) mu gufasha akarere korohereza urujya n’uruza rw’abantu n’ubuhahirane.
Ingingo ya 164 y’umushinga w’itegeko rigenga abantu n’umuryango yateje impaka mu gika cyayo cya kabiri gitonesha umugabo ufite abagore benshi ariko batarasezeranye, ubwo abaturage bo mu karere ka Muhanga batangaga ibitekerezo kuri iyi ngingo.
Mu isuzuma ry’aho imihigo y’umwaka wa 2012/2013 igeze ishyirwa mu bikorwa, itsinda riturutse ku Ntara y’Amajyepfo ryasabye abakozi b’akarere ka Kamonyi gutanga raporo zigaragara neza kandi bakazitanga ku gihe, aho kuzikora hutihuti.
Ubwo hasozwaga ibikorwa by’icyumweru cyiswe “Students on field week”, tariki 17/03/2013, Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Isakazabumenyi, Jean Philbert Nsengimana, yashimiye urubyiruko ibikorwa by’indashyikirwa rwagezeho ndetse abashishikariza gukomeza uru rugero rwiza.
Abakristu Gatulika bavuka muri paruwasi ya Byimana batuye mu mujyi wa Kigali bihurije hamwe batura igitambo cya misa, cyabereye muri chapelle ya St Paul tariki 17/03/2013, banungurana ibitekerezo ku musanzu wa buri wese hagamijwe gusana paruwasi yabo ya Byimana.
Ubwo Kigali Today yabazaga umuvugizi w’ingabo za M23, Col Kazarama, aho Gen Ntaganda aherereye, yatangaje ko bakimushakisha mu mashyamba ya Congo nyuma y’uko ingabo ze zitsinzwe taliki ya 16 Werurwe zigahungira mu Rwanda.
Gen Bosco Ntaganda, umwe mu nyeshyamba zikorera mu Burasirazuba bwa Congo, yahungiye mu Rwanda ahita yishyikiriza ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika i Kigali.
Umuvunyi Mukuru, Aloysie Cyanzayire arasaba abaturage kwirinda guhora basiragira mu nzego z’ubuyobozi zitandukanye kubera imanza kuko bigira ingaruka zo gutakaza umwanya wo gukora imirimo yabo kugira ngo biteza imbere.
Mu gihe mu Rwanda twitegura kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w’1994, mu karere ka Nyabihu bavuga ko biteguye neza, kugira ngo ibiteganijwe mu minsi y’icyunamo bizakorwe neza.
Kuri uyu wa 18/03/2013 abakozi 32 bakora imirimo itandukanye mu karere ka Kirehe barahiriye gutunganya neza akazi kabo ka buri munsi bakaba basabwa kugatunganya uko bigomba bakirinda kuba abacanshuro.
Itsinda ryashyizweho na Minisitiri w’Intebe ngo ryige ku bibazo abacitse ku icumu bafite, tariki 15-16/3/2013 ryari mu karere ka Rubavu aho basanze hari amazu yubakiwe abacitse ku icumu rya Jenoside ariko akarere kakayatuzamo abandi bantu batari abagenerwabikorwa ba FARG.
Mu itorero rya Union des Eglises Baptiste au Rwanda “UEBR”, ishami rya Ruhango haravugwa ubwumvikane ni buke hagati y’ubuyobozi kuko bamwe mu barimu bo mu ma makanisa batakivuga rumwe na pasiteri wabo Nkomeje Viateur kuko ngo ashaka kwiharira umutungo wa paruwasi.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mutesi Anita, arasaba abagore bo muri ako karere kudahangana n’abagabo ba bo bitwaje uburinganire.
Nyuma yo guhungira mu Rwanda abari abarwanyi ba Bishop Runiga bakuwe ku mupaka uhana imbi na Congo bashyirwa mu murenge wa Mudende naho uwari umuyobozi wabo akurwa mu Nkambi ya Nkamira ajyanwa ahandi arindirwa umutekano.
Umuyobozi w’akarere ka Burera asaba abaturage bo muri ako karere bashaka kubaka kubikora ari uko bahawe uburenganzira n’ababishinmzwe kugira ngo hagenderwe ku mategeko ajyanye n’imyubakire.
Ingabo 400 zarwanaga ku ruhande rwa Runiga zishyize mu maboko ya Gen Makenga naho abandi 718 bahungira mu Rwanda n’abayobozi babo barimo Runiga, Col Ngaruye, umuvugizi wabo Lt Col Mirindi Seliphin n’abanyapolitiki bagera 15.
Seminari nto yitiriwe Virgo Fidelis iri ku Karubanda mu karere ka Huye, tariki 16/03/2013 yizihijwe yubire y’imyaka 50 imaze ishinzwe. Iri shuri ryizwemo n’abantu bakomeye batandukanye barimo umuyobozi w’intara y’amajyepfo, Munyantwari Alphonse, abadepite batandukanye n’abandi bayobozi banyuranye.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotyanyi bo mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga basuye bagenzi babo bo mu murenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi mu rwego rwo kureba aho akarere ka Karongi kageze mu iterambere ariko banaboneraho guhuza urugwiro bakina umupira w’amaguru baranasangira.
Minisitiri w’ingabo z’u Rwanda, Gen. James Kabarebe, yavuze ko Abanyafurika bagomba kwiyumvamo ko aribo bagomba kwikemurira ibibazo, hashyirwa imbere inyungu z’igihugu n’abagituye.
Bishop Jean Marie Runiga n’ingabo ze batsinzwe n’abasirikare ba M23 yiyomoyeho, yashyize atangaza ko yemeye ko yatsinzwe. ubwo yagezwaga mu nkambi ya Nkamira yatangaje ko agiye kugendera ku mategeko agenga impunzi.
Ishuri rikuru ry’ ubuhinzi rya Kibungo (INATEK) riratangaza ko ritazahwema gushyigikira ikigega agaciro development fund no gushyigikira gahunda za leta ziterambere, nyuma y’uko batanze amafaranga ya mbere muri iki kigega ingana na miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda.
Amakuru agera kuri Kigali Today aremeza ko ingabo zigera kuri 650 zari mu mutwe uyobowe na Bishop Jean Marie Runiga wiyomoye ku buyobozi bwa M23 zamaze kwambuka umupaka w’u Rwanda zihahungira nyum yo gutsindwa mu mirwano yazishyamiranyije n’iza M23 zasigaye ziyobowe na Sultani Makenga.
Ministeri y’ibikorwaremezo (MININFRA) n’umujyi wa Kigali bagaragaje ko guha amazina imihanda no gushyira nimero ku mazu bizafasha abatuye umujyi n’abawugendamo, kurangira no kurangirwa mu buryo bworoshye, umuntu atabanje kuyobagurika.
Ikiciro cya nyuma cy’Abanyasudani y’Amajyepfo bakorera urwego rw’umuryango w’abibumbye rushinzwe kugarura amahoro muri icyo gihugu, bahabwaga amahugurwa mu Rwanda, baravuga ko batunguwe no kubona ko nyuma yo kuva mu bihe bikomeye u Rwanda rwashoboye kwihuta mu iterambere.
Ku mugoroba wa taliki 14/03/2013 abandi Banyecongo 1143 bahungiye mu Rwanda zitinya ko intambara ihuje abarwanyi ba M23 basubiranamo ishobora kubageraho.
Minisitiri w’imicungire y’ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) yijeje impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi y’agateganyo ya Nkamira ko Guverinoma y’u Rwanda iri gukora ibishoboka kugira ngo babone aho bimurirwa hisanzuye ndetse n’umutekano wabo ucungwe neza kurushaho.
Ubukene batewe n’umusaruro mubi wavuye mu buhinzi bwa Soya n’ubw’inanasi, uburyo bwakoreshejwe mu bukangurambaga bwo kwitabira Mituweli ni byo bibazo byaganiriweho mu kiganiro abatuye umurenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi bagiranye n’abanyamakuru tariki 14/03/2013.
Intumwa zo mu gihugu cya Lesotho ziri mu ruzinduko mu Rwanda ziratangaza ko zikuye isomo rikomeye ku Banyarwanda ku bijyanye no kwegereza ubuyobozi n’ubushobozi abaturage kuburyo zigiye kubyifashisha mu guteza imbere imiyoborere yo mu gihugu cyabo.
Ubwo hasozwaga imurikabikorwa ry’iminsi ibiri mu karere ka Kirehe, tariki 13/03/2013, umujyanama mu kigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) yasabye abaturage kwitabira kumurika ibyo bakora kuko ari kimwe mu bigaragaza ko bishimishije ibyo bakora.