Muhoza Charlotte w’imyaka 19 yaje mu mujyi wa Nyanza avuye mu cyaro aburana n’umwana w’imyaka ine abereye nyirasenge buri wese aca ukwe n’undi ukwe maze nyuma baza kubonana ariko barize ayo kwarika.
Intore zo ku Rugerero mu tugari twa Kibuye na Kiniha, umurenge wa Bwishyura mu karere ka Karongi, ziratangaza ko zahiguye imihigo zari ziyemeje ku kigereranyo kiri hagati ya 80 na 100%, ndetse imwe mu mihigo barayihiguye barenza 100%.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Kayonza barasaba ko abayobozi bakuru b’igihugu bari mu mwiherero i Gabiro mu karere ka Gatsibo bazaganira ku biciro by’ubukode bw’ubutaka n’itangwa rya serivi inoze.
Abanyamuryango ba koperative CODRS (Cooperative for Development Realing Silk worms) ihinga boberi mu murenge wa Gatumba mu karerea ka Ngororero barasaba ubuyobozi bwa Leta kubishyuriza ingurane y’ubuhinzi bw’amagweja bwangijwe n’amazi aturuka mu birombe bya sosiyete GMC icukura gasegereti muri uwo murenge.
Abaturage bo mu tugari twa Gisa na Rwaza mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu bavuga ko kuba batuye ahantu hahanamye barasaba kwimurwa kuko aho batuye haabahejeje inyuma mu majyambere.
Handicap International yatangije umushinga “UBUNTU CARE” ugamije gukumira ihohoterwa rikorerwa abana, by’umwihariko abafite ubumuga. Umuhango wo gutangiza ibikorwa by’uwo mushinga wabereye mu karere ka Rutsiro tariki 27/03/2013.
Karehe Bienfait wari usanzwe ayobora umurenge wa Rurembo mu karere ka Nyabihu niwe wahawe kuyobora umurenge wa Karago wari umaze iminsi udafite umunyamabanga nshingwabikorwa. Azatangira imirimo ye tariki 01/04/2013.
Umujyi wa Kigali watangaje ko abantu batuye ahantu hashobora gushyira ubuzima bwabo mu kaga (high risk zone) bazimurwa kandi ntibagire ingurane bagenerwa, uretse guha ubufasha abo bizagaragara ko batishoboye.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza ya Stanford yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bakomeje kuza kuganira na Perezida wa Repubulika Paul Kagame, aho abiga ibijyanye na politiki mpuzamahanga bibanze ku bukungu n’imitegekere y’abanegihugu ndetse n’imibanire y’u Rwanda n’amahanga.
Uwihanganye Emmanuel wari umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Karago mu karere ka Nyabihu yahagaritswe ku mirimo ye kubera kudatunganya inshingano ze tariki 26/03/2013; nk’uko byemezwa n’umuyobozi wungirije w’akarere ka Nyabihu ushinzwe imibereho myiza, Sahunkuye Alexandre.
Imiryango 384 igizwe n’abantu 1634 mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe yashyikirijwe amazi meza yakozwe ku nkunga ya Koreya y’Epfo ibinyujije mu ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku biribwa (PAM), ukaba ushyirwa mu bikorwa n’umuryango w’Abanyakoreya wa Good Neighbors ifatanije na Unity Club.
Umuntu umwe yahitanywe n’igisasu cyo mu bwoko bwa Grenade, naho abandi umunani barakomereka ubwo icyo gisasu cyaterwaga ku isoko rya Kimironko mu karere ka Gasabo mu mujyi wa Kigali ku mugoroba wa tariki 26/03/2013.
Ihuriro ry’abagore Women Foundation Ministries ryo mu karere ka Kayonza, rifite intego yo guteza imbere umuryango nyarwanda rihereye ku mugore n’umwana w’umukobwa, nk’uko bivugwa n’umuyobozi w’iryo huriro Pastor Alice Mignonne.
Abakuriye amadini n’amatorero mu karere ka Nyamasheke baratangaza ko biyemeje gushishikariza abayoboke babo kwitabira gahunda zo kwibuka ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 kugira ngo ibikorwa bizagende nk’uko byateganyijwe.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye abanyeshuri 33 bavuye muri Kaminuza ya Stanford yo muri Reta zunze ubumwe za Amerika (USA) bari baje kwiga uburyo u Rwanda rubayeho, akaba yabasobanuriye ko intambwe rugezeho yo kwiyubaka ruyikesha uruhare rw’abaturage mu kwishakamo ibisubizo.
Abayobozi bakuru mu nzego zose z’ubuyobozi mu Rwanda bazahura ku matariki ya 28-30/03/2013 mu mwiherero wihariye w’abayobozi bakuru b’igihugu uzabera mu ishuri rya Gisirikare bita School of Infantery i Gabiro mu karere ka Nyagatare.
Mu rwego rwo kurushaho kwiyubakira ibikorwa by’iterambere, Guverineri w’intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, tariki 25/03/2013, yifatanyije n’abaturage ba Gicumbi kwagura umuhanda uhuza utugari twa Ruvumu na Karushya.
Imyiteguro yo gushyira kaburimbo mu muhanda uhuza uturere twa Rutsiro na Rubavu igeze kure ku buryo nta gihindutse imashini zizaba zatangiye gusiza mu kwezi kwa mbere 2014.
« …it’s moving … (Biteye ubwoba) ni ijambo ryasohotse mu kanwa ka Angelina Jolie, icyamamare mu gukina filime muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, ubwo yari agisohoka mu muryango w’Urwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, nk’uko umwe mu bakozi b’uru rwibutso bari bamwegereye babitangarije Kigali Today.
Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo, Murekezi Anastase, yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa inzu izaba ari ihuriro ry’imyuga itandukanye bita “agakiriro” mu karere ka Bugesera mu Murenge wa Nyamata.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakiriye umunyamabanga wa Reta ushinzwe ububanyi n’amahanga w’Ubwongereza, William Hague ku mugororoba wo ku wa mbere tariki 25/3/2013, aho basuzumye amasezerano y’ubufatanye mu iterambere asanzweho hagati y’ibihugu byombi.
Urubanza rw’ubujurire bwa Victoire Ingabire Umuhoza, umukuru w’ishyaka FDU-Inkingi uregwa ibyaha birimo ubugambanyi, kugirira nabi ubuyobozi buriho no gutegura ibitero by’intambara k’u Rwanda, rwageze mu rukiko rw’ikirenga, aho ruzaburanishwa guhera hagati mu kwezi gutaha kwa kane.
Save the Children, umwe mu bafatanyabikorwa bita ku bana mu nkambi ya Kigeme, yakoze ubukangurambaga ku burenganzira bw’umwana, ishishikariza impunzi ziri muri iyi nkambi kwita ku burenganzira bw’abana.
Ubwo yari yaje mu karere ka Karongi aho arimo kumva ibibazo by’abaturage, Umuvunyi Mukuru, Cyanzayire Aloyisie, yasabye abaturage kujya birinda imanza aho bishoboka, bakegera abunzi mbere yo kwihutira mu nkiko.
Ubuyobozi bwa World Vision buratangaza ko gukorera mu Rwanda biboroheye kuko gahunda z’ibanze zabo zihuye na politiki Leta y’u Rwanda yashyize imbere, zirimo kwihaza mu biribwa, isuku no guteza imbere urubyiruko muri gahunda zitandukanye.
Abayoboke b’umutwe wa politike PSD mu karere ka Ruhango, barasabwa gukora ibikorwa byose byatuma bihesha agaciro ndetse bakaba intangarugero mu bandi bayoboke b’imitwe ya politike ikorera mu Rwanda.
Angelina Jolie wamenyekanye cyane mu gikina filime ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, aho yageze ari hamwe na minisitiri ushinzwe ububanyi n’amahanga mu Bwongereza, William Hague. Baje muri gahunda yaguye yo guhagarika ihohoterwa rikorerwa abagore n’abakobwa mu Burasirazuba bwa Kongo.
Abasenateri 10 bayobowe na Visi Perezida wa Sena, Bernard Makuza, ku wa gatandatu tariki 23/03/2013 bifatanyije n’abatuye akagari ka Rwanza, umurenge wa Save mu karere ka Gisagara, gukora umuganda baca imirwanyasuri n’imiyoboro y’amazi mu bibanza bizubakwamo umudugudu w’icyitegererezo.
Abaturage biganjemo urubyiruko batuye ku nkengero z’umugezi wa Muregeya ugabanya bo mu turere twa Rutsiro na Karongi babonye akazi ko guterura moto bazirenza ibyuma byatambitswe hejuru y’ikiraro gishaje kugira ngo ibinyabiziga bitakinyuraho. Moto imwe bayiterura ku mafaranga 500.
Abanyarwanda 13 (abagabo 2, abagore 2 n’abana 9) bari barahungiye mu Burundi muri comine ya Cyibitoki batahutse tariki 23/03/2013 ubu bakaba bari mu nkambi ya Nyagatare mu karere ka Rusizi.