Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lt. Gen Charles Kayonga aratangaza ko ingabo z’u Rwanda zikiri ku rugamba kuko hari benshi baba bibwira ko urugamba rw’Ingabo z’igihugu rwarangiriye ku guhagarika Jenoside no kurwanya ingoma y’igitugu. Lt. Gen Kayongo aremeza ko Ingabo z’igihugu zikirwana, kuko magingo aya zifite byinshi (…)
Abarimu bigisha mu ishuri ry’isumbuye rya Gitisi i Bweramana mu karere ka Ruhango bemerewe kwishyurwa kimwe cya kabiri cy’umushahara wabo, nabo basabwa gusubira mu ishuri kugirango amasomo y’abanyeshuri bigishaga adakomeza guhagara mu gihe ibibazo by’imishahara bitarakemurwa burundu.
Ubucuruzi bushya bumeze nka “tombola” bumaze gukurura benshi Karere ka Burera ku buryo aho bukorerwa usanga huzuye abaturage benshi kuruta abahahira mu yandi masoko, ababwitabira bagerageza amahirwe yabo batanga igiceri cya 50 gusa, bamwe bagahomba abandi bakunguka.
Uyu mugoroba tariki ya 27/02/2013 muri Serena Hotel i Kigali harabera ibirori bikomeye bya FESPAD aho abari bubyitabire bari butaramirwe n’abahanzi banyuranye bakomeye mu muziki w’umwimerere bita live guhera isaa moya z’umugoroba.
Guverinoma y’u Rwanda igiye gutangiza gahunda yo guhugura abakozi ba Leta hifashishijwe uburyo bwa kijyambere bw’ikoranabuhanga ngo buzabasha kugera ku bakozi benshi kandi vuba.
Abanyehuye batunguwe no gusurwa kuwa 26/02/2013 batarabimenyeshejwe n’amatorero y’ibihugu binyuranye byitabiriye iserukiramuco rya Afurika ry’imbyino gakondo, FESPAD riri kubera mu Rwanda kuva ku itariki ya 23/02-03/03/2013.
Abagore bari mu ngabo z’igihugu bari baragiye mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur, bagize uruhare mu guhindura uburyo abagore b’Abanya-Darfur bibonaga mu muryango w’iwabo, aho babigishaga kwihesha agaciro no gukora bakiteza imbere.
Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (Rwanda Governance Board-RGB), Dr Felicien Usengumukiza atangaza ko nta terambere rishobora kugerwaho hatabayeho imiyoborere myiza.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) kirishimira umusaruro uva mu kwezi kw’imiyoborere kuko ibibazo by’abaturage bigabanuka bitewe no kubiha umurongo n’icyerekezo cy’uburyo bikemukamo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye abagize Guvernema barahiriye imirimo mishya kuri uyu wa kabiri tariki 26/02/2013, ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, umwihariko mu mikorere yabo, kuko ngo amateka y’u Rwanda n’aho rugana bidahuye n’iby’ahandi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, asaba Intore ziri ku Rugerero muri uwo murenge gukomeza gukora Urugerero badacika intege nubwo bamenye amanota yabo y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye.
Abatuye n’abakorera mu gace ka Nyabugogo, batangaza ko ubu bahangayikishijwe n’ingaruka ry’ivumbi ridasanzwe ryakurikiye imvura idasanzwe yaguye mu mujyi wa Kigali tariki 23/02/2013.
Abitandukanyije na FDLR barakangurira bagenzi babo basigaye mu mashyamba ya Congo gutahuka kuko uwo mutwe nta cyo uzageraho, cyane ko nta n’impamvu ifatika ituma barwana.
Abanyamakuru 30 bo mu Rwanda bakora mu bitangazamakuru bitandukanye bari mu mahugurwa mu karere ka Karongi, yateguwe na Pax Press mu rwego rwo kubongerera ubumenyi bwo gukora inkuru zubaka.
Kuri uyu wa mbere tariki 25/02/2013, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yavuguruye Guverinoma, nk’uko abyemererwa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda uko ryavuguruwe kugeza ubu, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116.
Ubwo hasozwaga icyumweru cy’Abagide, tariki 23/02/2013, Kayumba Bernard uyobora Akarere ka Karongi yashimiye Abagide bakorera mu karere ayobora kubera uruhare bagira mu burere n’uburezi bw’urubyiruko rw’abakobwa ndetse n’iterambere bageza mu karere muri rusange nk’abafatanyabikorwa.
Abakozi b’Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Amazi n’Umuriro (EWSA), bahuguriwe gukemura ibibazo bijyanye n’ibura ry’amazi n’imitangire ya serivisi, nyuma y’uko iki kigo cyakomeje kurangwa n’imikorere itanoze yanagiteje igihombo.
Umukobwa witwa Uwintije Gaudence utuye ku kirwa cya Bushonga, kiri mu kiyaga cya Burera, mu murenge Rugarama, akarere ka Burera, niwe mukobwa wa mbere urangije amashuri yisumbuye, kuva icyo kirwa gituyeho abantu.
Raporo yashyizwe ahagaragara muri uku kwezi kwa gashyantare n’umugenzuzi w’akarere ka Rubavu igaragaza ko hari amafaranga arenga miliyoni 21 ba rwiyemezamirimo bahezemo akarere kandi yagombye gukoreshwa muri gahunda z’iterambere.
Umuyobozi ukuriye ibiro bikuru by’inama y’Abascout mu Rwanda, Tabaruka Jean Claude, arasaba Abascout bo mu karere ka Rutsiro kuba inyangamugayo, kandi ubwo bunyangamugayo bukabageza ku iterambere rirambye.
Mu gihe kingana n’ukwezi Intore ziri ku rugerero mu karere ka Rulindo zikomeje ibikorwa byazo byo kubaka igihugu ariko hari bimwe mu bikoresho zitarabona kugira ngo ibikorwa byabo biyemeje babashe kubigeraho neza.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yagiye i Addis Ababa muri Ethiopia kuri icyi cyumweru tariki 24/02/2013 aho yitabiriye umuhango wo gusinya amasezerano yo kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo no kurwanya ihohoterwa rikorerwa abaturage.
Nyuma yo kubona ko hari bamwe mu baturage b’akarere ka Rulindo bacitse ku icumu badafite inzu zo kubamo, umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimee, arasaba ubuyobozi bw’ako karere gukemura icyo kibazo vuba.
Abagore batatu n’umwana umwe nibo bamaze kumenyekana ko bapfiriye mu modoka yaguye muri ruhurura i Nyabugogo, biturutse ku mvura y’amahindu yaguye mu mujyi wa Kigali ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 23/02/2013.
Minisitiri w’Umutekano, Sheikh Moussa Fazil Halerimana, avuga ko ikibazo cy’amapeti y’Abacungagereza bo mu rwego rwa sous-officiers batagaragaye k’urutonde rw’abazamuwe mu ntera, Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), rukibisuzuma rukazatanga igisubizo mu byumweru bibiri.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yamenyesheje abitabiriye umuganda wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 23/02/2013, ko urugendo rwo kwibeshaho no kwanga gutega amaboko rukomeje kandi hari icyizere, ashingiye ku bwitabire bw’abaturage mu bikorwa bifite inyungu rusange.
Abajyanama b’ihungabana mu karere ka Rulindo, barasabwa kwegera abatuye aka karere bafite ibibazo by’ihungabana. Ibibazo by’ihungabana byiganje muri iyi minsi usanga ari irishingiye ku bwunvikane bucye bwo mu miryango, nk’uko babyivugira.
Félicien Nzayisenga w’imyaka 18 y’amavuko ukomoka mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro, ntari kugaragara mu bice byo hafi y’iwabo nyuma y’uko hari umukobwa utwite inda byavugwaga ko yayitewe na se wa Nzayisenga, ariko nyuma uwo mukobwa akaza kwemeza ko yayitewe na Nzayisenga.
Imiryango 10 ituye mu kirwa cya Bushonga, kiri mu murenge wa Rugarama, mu karere ka Burera, yabanaga bitemewe n’amategeko, yasezeranye byemewe n’amategeko kugira ngo ikomeze ibane neza.
Sendika y’abamotari ikorera hirya no hino mu gihugu (STRAMORWA), ifite intego zo gukomeza gushora imari kugeza bageze n’aho bazashora imari mu by’indege, nyuma yo kuva ku magare bakagatwara moto.