Abakuru b’imidugudu mu karere ka Kayonza ntibazongera gusinya ku byangombwa ahubwo bizajya bitangirwa mu kagari kuko ari rwo rwego ruto rwa Leta rugira kasha; nk’uko bisobanurwa n’umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Mutesi Anita.
Mu gikorwa cyo gusezeranya abagabo n’abagore babanaga nk’abashakanye ku buryo butemewe n’amategeko mu murenge wa Nyamabuye ho mu karere ka Muhanga, umugore yatunguwe no kumva umugabo we avuga ko bagomba gusezerana ivangamutungo muhahano.
Perezida Kagame yakiranye ibyishimo Ambasaderi wa Kenya ucyuye igihe, Mme Rose Makena Muchiri, kubera ibikorwa by’iterambere yagejeje ku Rwanda mu izina ry’igihugu cye, birimo ubuhinzi, uburezi, ingufu, ishoramari n’imibanire myiza ishingiye ku miryango ibihugu byombi birimo.
Itsinda ry’Abanyasudani y’Epfo 27 bari mu Rwanda mu masomo yo kwiga ku buringanire no kubaka amahoro, baratangaza ko bashenguwe n’ibyo babonye ku rwibutso rwa Jenoside rwa Gisozi, byabibukije ibyo nabo babayemo.
Umwana witwa Shukuru uri mu kigero cy’imyaka itandatu y’amavuko, yatowe ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda uri mu Cyanika mu karere ka Burera tariki 19/02/2013 ariko inkomoko ye ntiramenyekana kuko adasobanura neza aho yaturutse.
Batayo ya Gatatu ikubutse mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Amajyepfo, irishimira ko imyaka basize bafashije abaturage guhinga yeze. Bitewe n’ubukene bugaragara muri aka gace ngo abaturage ntibashobora no kwigurira amasuka yo guhingisha.
Ikigo gishinzwe imiyoborere (RGB) hamwe n’Urwego rushinzwe abinjira n’abasohoka, basabye ubuyobozi bw’uturere n’abashinzwe kureberera imirimo y’abafatanyabikorwa batwo mu iterambere (JADF), gukurikirana ibikorwa by’imiryango itagengwa na Leta, kugirango itange umusaruro ugaragara.
Mu gihe cy’iminsi itatu gusa, urubyiruko rwaturutse muri Korea y’Epfo ku bufatanye n’urubyiruko rwo mu karere ka Nyamasheke babashije kuzuza inzu y’umukecuru utishoboye ifite agaciro gasaga amafaranga ibihumbi 600.
Abafatanyabikorwa b’akarere ka Kamonyi batangiye kumurika ibikorwa bya bo mu rwego rwo kumenyekanisha ibyo bakora no kwigira ku bandi mu rwego rwo kunoza imikorere.
Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Gakenke ushinzwe imibereho myiza, Ntakirutimana Zephyrin, avuga ko Abanyarwanda ari bo bafite igihugu cyabo mu maboko kugira ngo bagiteze imbere aho gutegereza ak’imuhana kaza imvura ihise.
Nsabimana Stefano na Ntahontuye bo mu kagari ka Tangabo mu murenge wa Manihira bitabye Imana tariki 19/02/2013 bahitanywe n’umuyoboro w’amazi bifashishaga mu bucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye abaturage bo mu karere ka Nyaruguru guharanira kuva mu bukene (cyane cyane ubw’ibitekerezo), kuko ari uburenganzira bwabo, bikaba n’inshingano z’abayobozi kubafasha gutera imbere, batabikora bagakurwaho icyizere.
Kuva tariki 19 kugeza 21/02/2013 abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyanza bari mu gikorwa cyo kumurikira abaturage ibikorwa bakorerwa bigamije kuzamura iterambere n’imibereho myiza yabo.
Ubwo Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasuraga abaturage b’akarere ka Nyamagabe tariki 19/02/2013, bongeye kumugaragariza ko bamukeneye nk’umuyobozi w’u Rwanda muri manda ya gatatu kuko hari byinshi yabagejejeho.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwagiranye inama n’abavugwaho ubucukuzi butemewe bw’amabuye y’agaciro birangira abavugwaga muri ibyo bikorwa biyemeje kubihagarika no gukumira undi wese wabijyamo.
Umukuru w’Inkeragutabara mu Ntara y’Iburengerazuba, Colonel John Tibesigwa, arakangurira Inkeragutabara zo mu karere ka Nyamasheke gutinyuka zikipimisha ku bushake virusi itera SIDA kugira ngo zimenye aho zihagaze imbere y’iki cyorezo.
Ku wa kabiri tariki 19/02/2013, uhagarariye umuryango w’abibumbye (UN) mu Rwanda, Lamin Momodou Manneh yagiranye ibiganiro na Ministeri y’ingabo (MINADEF), bigamije gukomeza guteza imbere ubufatanye izo nzego zombi zisanzwe zifitanye.
Ubwo yatangiraga uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru, kuri uyu wa 19/02/2013, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame yashimiye abaturage b’akarere ka Nyamagabe intambwe bamaze gutera bagana mu iterambere ndetse n’imibereho myiza yabo.
Bamwe mu bayobozi bakuru mu Burundi bari mu ruzinduko mu Rwanda baratangaza ko bafashe icyemezo cyo kwigira ku Rwanda uburyo rufata abana bari kugororerwa mu magereza.
Bamwe mu basore ndetse n’abagabo bo mu murenge wa Butaro, mu karere ka Burera, bashaka abagore ariko ntibajye gusezerana nabo byemewe n’amategeko kugirango babanze babane nabo barebe niba bahuza.
Usibye ibikorwa by’ubukangurambaga bukorwa mu baturage, intore ziri ku rugerero mu murenge wa Kiyombe mu karere ka Nyagatare zitangaza ko ari ngombwa no gutanga umusanzu w’imbaraga zabo mu kubaka igihugu.
Abaturage bo mu murenge wa Ngeruka mu karere ka Bugesera bashyikirijwe ivomo bubakiwe n’abagiraneza bo mu gihugu cya Canada bitwa Juste Equipage.
Imiryango 45 y’Abanyarwanda 109 bageze mu Rwanda tariki 19/02/2013 banyuze ku mupaka w’akarere ka Rubavu bavuye muri Masisi na Rutchuro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho bari barahungiye.
Abanyasudani y’Epfo 13 bakorera urwego rw’umuryango w’abibumbye ushinzwe kubungabunga umutekano muri Sudani y’Epfo (UNMISS) baragirwa inama yo kwigira ku bihugu byo mu karere cyane cyane u Rwanda, mu bijyanye n’iterambere ry’uburinganire, kuko hari intambwe igaragara imaze kugerwaho.
Minisiteri y’Abagore n’iterambere ry’Umuryango (MIGEPROF), yizera ko kuba u Rwanda ruri mu bihugu bitegerejwe kwitabira inama y’Umuryango w’Abibumbye y’abagore (UN Women) ari imwe mu nzira yo kuganira n’isi ku muti wakemura ikibazo cy’ihohoterwa kuko rikigaragara mu Rwanda.
Abaturage bo mu murenge wa Nyundo bafatanyije n’ubuyobozi batangiye gukora umuganda wo kwiyubakira ivuriro rizuzura ritwaye akayabo ka miliyoni 40.
Abanyamuryango bagera 100 b’ikigo cy’ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) bo mu karere ka Ngoma bahuguwe ku mikorere ya RSSB basabye ko amahugurwa nkayo yagera ku banyamuryango bose kuko benshi batazi imikorere ya RSSB kandi bayibamo.
Abagore bo mu nkambi ya Kigeme icumbikiye Abanyekongo batangaza ko kuzuza inshingano zabo nk’ababyeyi bitaborohera kuko ibyo basabwa kubonera abana babo batabasha kubibona, gusa ngo babashije kubona icyo bakora byakemura iki kibazo.
Umuyobozi w’akarere ka Burera wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Zaraduhaye Joseph, avuga ko imiyoborere myiza atari ugukemura ibibazo gusa ahubwo hagomba no kwigwa ingamba zo kubikumira kugira ngo bitazongera kuba.
Polisi y’igihugu irasaba inzego z’ubuyobozi bwite bwa Leta gushishikariza abaturage gutanga makuru ku gihe kugira ngo Plisi ijye ibona uko ikumira ibyaha bitaraba.