Madamu wa Perezida wa Repubulika, Jeannette Kagame, yasabye impuzamiryango y’abanyarwandakazi Pro-femmes Twese Hamwe, kwitondera ibivugwa ko ihohoterwa mu miryango rikabije cyane muri iki gihe, aho ngo bishobora kuba atari ko bimeze, ahubwo ko ari uko abantu bahagurukiye kuvuga ihohoterwa.
General Pieng Deng Kuol, Umuyobozi w’igipolisi cya Sudani y’Amajyepfo, aratangaza ko kuza mu Rwanda ari icyubahiro kuri we kuza mu Rwanda bimuhesha icyubahiro kuko, mu Rwanda ahafata no kuza mu ishuri aho yigira ibyananiye abandi ko bishoboka.
Umuyobozi Wungirije w’ikigo cy’igihugu gishizwe imiyoborere myiza (RGB), Ambasaderi Fatuma Ndangiza, aratangaza ko mu turere twose yasuye, Karongi ari yo yabashije kumugaragariza ibikorwa bifatika kandi bishimije.
Ambasaderi mushya w’u Rwanda muri Turkiya yagizwe Lt. Gen. Cesar Kayisari, mu gihe Dr. Jeanne D’arc Mujawamaliya yoherejwe mu Burusiya naho Jean Pierre Kabaranga yoherejwe mu Buholandi.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe iterambere mpuzamahanga mu Bwongereza amaze gutangaza ko inkunga igera kuri miliyoni 16 z’Amayero Ubwongereza bwari bwahagarikiye u Rwanda irekuwe ikazoherezwa mu Rwanda ariko ngo ayo mafaranga azanyuzwa mu mishinga ikorana n’abaturage aho kunyuzwa mu ngengo y’imari ya leta y’u Rwanda.
Abayobozi b’akarere ka Kamonyi basabye abakora ubucuruzi mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’imicanga mu birombe bibarurirwa muri ako karere kwitwararika amabwiriza n’amategeko agenga iyo mirimo ngo habungwabungwe umutekano n’ubuzima bw’abaturage bitaba ibyo bagafatirwa ibihano.
Umuyobozi wa polisi ya Uganda, akaba n’umuyobozi w’ihuriro ry’igipolisi cyo mu karere k’Afurika y’Uburasirazuba, Lit. Gen. Kale Kayihura, aravuga ko kurwanya iterabwoba bishoboka, gusa bigasaba ko ibihugu byose bishyira hamwe ubumenyi, imbaraga n’amakuru.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda, nyakubahwa Donald W. Koran yasuye impunzi z’Abanyekongo ziri mu nkambi ya Nkamira mu Burengerazuba bw’u Rwanda aganira nazo ku bibazo bizugarije aho mu buhungiro kandi ashyikiriza ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi UNHCR inkunga ya miliyoni eshatu n’ibihumbi (…)
Minisitiri mushya w’Ibikorwaremezo, Prof. Silas Lwakabamba yatangaje ko imbogamizi agiye kujya ahangana nazo muri Minisiteri ayoboye ari ibikorwaremezo bidahagije nk’ingufu z’amashanyarazi, amazi, imihanda n’imiturire. Ibi byose ngo biterwa n’amikoro make y’Abanyarwanda ariko kandi ngo baranabikeneye ngo batere imbere.
Umubyeyi witwa Yankurije Eugenie wo mu mudugudu wa Rwinyana, mu kagari ka Shyogo, umurenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, yiyemeje kujya akamishiriza abana bafite ibibazo by’imirire mibi mu mudugudu atuyemo. Abo bana ngo azabakamishiriza nta kiguzi asabye ababyeyi babo.
Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda, Lt. Gen Charles Kayonga aratangaza ko ingabo z’u Rwanda zikiri ku rugamba kuko hari benshi baba bibwira ko urugamba rw’Ingabo z’igihugu rwarangiriye ku guhagarika Jenoside no kurwanya ingoma y’igitugu. Lt. Gen Kayongo aremeza ko Ingabo z’igihugu zikirwana, kuko magingo aya zifite byinshi (…)
Abarimu bigisha mu ishuri ry’isumbuye rya Gitisi i Bweramana mu karere ka Ruhango bemerewe kwishyurwa kimwe cya kabiri cy’umushahara wabo, nabo basabwa gusubira mu ishuri kugirango amasomo y’abanyeshuri bigishaga adakomeza guhagara mu gihe ibibazo by’imishahara bitarakemurwa burundu.
Ubucuruzi bushya bumeze nka “tombola” bumaze gukurura benshi Karere ka Burera ku buryo aho bukorerwa usanga huzuye abaturage benshi kuruta abahahira mu yandi masoko, ababwitabira bagerageza amahirwe yabo batanga igiceri cya 50 gusa, bamwe bagahomba abandi bakunguka.
Uyu mugoroba tariki ya 27/02/2013 muri Serena Hotel i Kigali harabera ibirori bikomeye bya FESPAD aho abari bubyitabire bari butaramirwe n’abahanzi banyuranye bakomeye mu muziki w’umwimerere bita live guhera isaa moya z’umugoroba.
Guverinoma y’u Rwanda igiye gutangiza gahunda yo guhugura abakozi ba Leta hifashishijwe uburyo bwa kijyambere bw’ikoranabuhanga ngo buzabasha kugera ku bakozi benshi kandi vuba.
Abanyehuye batunguwe no gusurwa kuwa 26/02/2013 batarabimenyeshejwe n’amatorero y’ibihugu binyuranye byitabiriye iserukiramuco rya Afurika ry’imbyino gakondo, FESPAD riri kubera mu Rwanda kuva ku itariki ya 23/02-03/03/2013.
Abagore bari mu ngabo z’igihugu bari baragiye mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Darfur, bagize uruhare mu guhindura uburyo abagore b’Abanya-Darfur bibonaga mu muryango w’iwabo, aho babigishaga kwihesha agaciro no gukora bakiteza imbere.
Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiyoborere (Rwanda Governance Board-RGB), Dr Felicien Usengumukiza atangaza ko nta terambere rishobora kugerwaho hatabayeho imiyoborere myiza.
Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere (RGB) kirishimira umusaruro uva mu kwezi kw’imiyoborere kuko ibibazo by’abaturage bigabanuka bitewe no kubiha umurongo n’icyerekezo cy’uburyo bikemukamo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yasabye abagize Guvernema barahiriye imirimo mishya kuri uyu wa kabiri tariki 26/02/2013, ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, umwihariko mu mikorere yabo, kuko ngo amateka y’u Rwanda n’aho rugana bidahuye n’iby’ahandi.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, asaba Intore ziri ku Rugerero muri uwo murenge gukomeza gukora Urugerero badacika intege nubwo bamenye amanota yabo y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye.
Abatuye n’abakorera mu gace ka Nyabugogo, batangaza ko ubu bahangayikishijwe n’ingaruka ry’ivumbi ridasanzwe ryakurikiye imvura idasanzwe yaguye mu mujyi wa Kigali tariki 23/02/2013.
Abitandukanyije na FDLR barakangurira bagenzi babo basigaye mu mashyamba ya Congo gutahuka kuko uwo mutwe nta cyo uzageraho, cyane ko nta n’impamvu ifatika ituma barwana.
Abanyamakuru 30 bo mu Rwanda bakora mu bitangazamakuru bitandukanye bari mu mahugurwa mu karere ka Karongi, yateguwe na Pax Press mu rwego rwo kubongerera ubumenyi bwo gukora inkuru zubaka.
Kuri uyu wa mbere tariki 25/02/2013, Nyakubahwa Perezida wa Repubulika yavuguruye Guverinoma, nk’uko abyemererwa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda uko ryavuguruwe kugeza ubu, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 116.
Ubwo hasozwaga icyumweru cy’Abagide, tariki 23/02/2013, Kayumba Bernard uyobora Akarere ka Karongi yashimiye Abagide bakorera mu karere ayobora kubera uruhare bagira mu burere n’uburezi bw’urubyiruko rw’abakobwa ndetse n’iterambere bageza mu karere muri rusange nk’abafatanyabikorwa.
Abakozi b’Ikigo gishinzwe gukwirakwiza Amazi n’Umuriro (EWSA), bahuguriwe gukemura ibibazo bijyanye n’ibura ry’amazi n’imitangire ya serivisi, nyuma y’uko iki kigo cyakomeje kurangwa n’imikorere itanoze yanagiteje igihombo.
Umukobwa witwa Uwintije Gaudence utuye ku kirwa cya Bushonga, kiri mu kiyaga cya Burera, mu murenge Rugarama, akarere ka Burera, niwe mukobwa wa mbere urangije amashuri yisumbuye, kuva icyo kirwa gituyeho abantu.
Raporo yashyizwe ahagaragara muri uku kwezi kwa gashyantare n’umugenzuzi w’akarere ka Rubavu igaragaza ko hari amafaranga arenga miliyoni 21 ba rwiyemezamirimo bahezemo akarere kandi yagombye gukoreshwa muri gahunda z’iterambere.
Umuyobozi ukuriye ibiro bikuru by’inama y’Abascout mu Rwanda, Tabaruka Jean Claude, arasaba Abascout bo mu karere ka Rutsiro kuba inyangamugayo, kandi ubwo bunyangamugayo bukabageza ku iterambere rirambye.