Urubyiruko rurakangurirwa kwirinda gutwarwa n’irari ryo gukora imibonano mpuzabitsina y’imburagihe ahubwo rukarangwa n’urukundo nyakuri kandi rufite intego; nk’uko byatangajwe mu itangizwa ry’icyumweru cy’Urukundo Nyakuri mu Rubyiruko (Week for True Love).
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane tariki 31/01/2013, Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwaramukiye mu gikorwa cyo guhiga abihagarika aho babonye n’abata imyanda mu nzira. Umukwabu wari ugamije kongera guhwitura abantu kwita ku isuku y’umujyi muri rusange.
Minisiteri y’ingabo (MINADEF) na Minisiteri y’umutungo kamare (MINIRENA), kuri uyu wa 31/01/2013, batashye amazu 42 yubatswe n’Inkeragutabara yubakirwa abaturage baturiye umugezi wa Sebeya mu karere ka Rubavu.
Ingingo ivuga ko umunyamakuru ukora itangazamakuru mu Rwanda agomba kuba yararyize yagaragaraga mu itegeko ryo mu 2009 ngo ntabwo izagaragara mu itegeko rishya, bitewe n’uko byaje kuboneka ko hari byinshi yahungabanya.
Docteur Rushanika Christophe utuye mu murenge wa Masoro mu karere ka Rulindo akaba akomoka mu gihugu cya Kongo yahawe ubwenegihugu bw’ubunyarwanda tariki 30/01/2013 mu muhango wabereye mu murenge wa Masoro ho mu karere ka Rulindo.
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda yavuze ko mu mpera z’ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza kwatangiye tariki 22/01/2013 ibibazo byose by’akarengane bigomba kuba byarakemuwe, aboneraho asaba abayobozi bose mu nzego z’ibanze ko bagomba kubicyemura mu maguru mashya.
Guverineri Uwamariya Odetta uyobora Intara y’Iburasirazuba aratangaza ko muri uku kwezi kw’imiyoborere myiza atazongera kwakira ibibazo byinshi mu biro akoreramo, ahubwo ngo ni igihe cyo kumanuka bagacyemura ibibazo aho biri mu Mirenge no mu Midugudu.
Abagore bakora umurimo w’igipolisi basanga umurimo bakora ntacyo ubabangamiraho kuri kamere Imana yahaye umugore, cyangwa mu nshingano bafite zo mu rugo.
Urubyiruko rwo mu mashuri makuru, rurasabwa kubakira imitekerereze yarwo ku ndangagaciro z’ubutwari, ndetse rukaba umusemburo w’imiyoborere myiza.
Intumwa za RDF Command and Staff College (Ishuli Rikuru rya Gisirikare rya Nyakinama) zirashima intambwe akarere ka Karongi kamaze gutera mu nzego zitandukanye harimo ikoranabuhanga, uburezi, ubuzima, ibikorwaremezo, ubukungu n’ibindi.
Tariki 29/01/2013 itsinda rishinzwe gusuzuma no gukemura ibibazo by’imitungo y’abarokotse Jenoside riyobowe n’umuvunyi mukuru wungirije ryakemuye ibibazo bitandukanye mu karere ka Kirehe.
Abayobozi na bamwe mu baturage bo mu karere ka Ngororero barasaba minisiteri y’umuco na siporo kwihutisha igikorwa cyo gushyira mu cyiciro cy’intwari abana 17 biciwe mu ishuri rya CIC Muramba (CIC: Complementalité Intelligence Courage) riri mu murenge wa Matyazo mu karere ka Ngororero.
Umukecuru witwa Harerimana Anna w’imyaka 74 utuye mu murenge wa Nyanza mu karere ka Gisagara yabashije kurera abana 42. Uretse babiri yibyariye, abandi ni abo yatoraguye mu gihe cya Jenoside yo muri mata 1994 na nyuma yaho.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ryigisha abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (RDF Command Staff College), tariki 28/01/2013, basuye akarere ka Gicumbi mu bushakashatsi ku ikoranabuhanga, gukoresha amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba ndetse no kwikoreshwa rya biogaz.
Umukecuru Kasanziki Consilia w’imyaka 61, wari utuye mu mudugudu wa Buhoro, akagari ka Kigembe ho mu murenge wa Gacurabwenge, yishwe mu joro ryo ku itariki 28/1/2013. Umuhungu we muto yemera ko yagize uruhare mu kwica nyina.
Ibaruwa MONUSCO yandikiye ushinzwe kugarura amahoro muri Congo, Hiroute Guebre Sellassie, taliki 21/01/2013 ivuga ko Gen. Masunzu uyobora ingabo za FARDC muri Kivu y’Amajyepfo ari kongerera ibikoresho umutwe wa FDLR no kuwushyira mu duce twegereye umujyi wa Goma.
Amani Kabasha, ushinzwe itumanaho muri M23 avuga ko kuba FDLR ikomeje guhabwa ubushobozi na Leta ya Kongo, nta cyizere cyo kugera ku mahoro muri icyo gihugu no mu karere muri rusange.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) gitangaza ko kuba urubyiruko rwakwiga umwuga w’ubuhanzi atari uguta igihe kuko ubuhanzi bufite agaciro kandi bukaba bubeshejeho neza ababukora.
Abanyeshuli 12 n’abarimu bane baturutse mu ishuli ryigisha abasirikare bo mu rwego rwo hejuru (RDF Command Staff College) bari mu karere ka Karongi mu ruzinduko rugamije kureba aho akarere kageze mu iterambere.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga, Yvonne Mutakwasuku, avuga ko amafaranga miliyoni 350 zanyerejwe mu gikorwa cyo kwimura abaturage mu nkengero z’ahari kubakwa urugomero rwa Nyabarongo ntizirabasha kwishyurwa.
Mu mihigo 85 akarere ka Nyamasheke kahize muri uyu mwaka wa 2012-2013, 17 muri yo yamaze gushyirwa mu bikorwa 100% naho 23 iracyari munsi ya 50%.
Mu ijambo yagejeje ku nteko rusange ya 20 y’abakuru b’ibihugu na Guverinoma bigize Afurika Yunze Ubumwe tariki 28/01/2013, Perezida Paul Kagame yasabye ibihugu by’Afurika gufasha biruseho Guverinoma ya Mali mu rugamba irimo rwo kwisubiza uduce twari twarafashwe n’intagindwa z’abayisilamu.
Umuyobozi w’ishyaka PS-Imberakuri, Mukabunane Christine, aravuga ko amakimbirane yo guhagarikwa ku mwanya we yatewe n’uko yasabwe amafaranga yavanye muri Leta zunze ubumwe z’Amerika akanga kuyatanga.
Umuyobozi w’Intara y’Iburasirazuba yemereye Guverinoma y’u Rwanda ko Intara ayoboye izaza ku isonga mu gukora neza ibikorwa biteganijwe ku rugerero, aho urubyiruko rusoje amashuri yisumbuye ruzakora ibikorwa byinshi bigamije iterambere mu gihe cy’amezi atatu.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Murambi mu karere ka Karongi buratangaza ko buzizihiza Umunsi w’Intwari tariki ya 01 Gashyantare bamurika ibikorwa bamaze kugeraho mu mihigo ya 2012-2013.
Umuyobozi w’akarere ka Burera asaba ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri ako karere kurwanya umuco wo kwaka “Inzoga y’abagabo” kuko nayo ari ruswa mu zindi.
Abaturage bo mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro bakoraga umuhanda uva mu karere ka Rutsiro werekeza mu karere ka Ngororero bahagaritse akazi bavuga ko bamaze amezi atatu badahembwa.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kwita ku bafite ubumuga mu karere ka Gisagara, Minisitiri w’umutekano mu gihugu, Mussa Fazil Harerimana, yasabye buri Munyarwanda kwamagana akato kagirirwa abafite ubumuga kuko bafite ubushobozi nk’abandi.
Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo arakangurira ababakozi kurushaho kwihesha agaciro, birinda imyitwarire yatuma batakarizwa ikizere, haba mu kazi kabo ndetse no mu buzima busanzwe.
Umuryango w’abanyeshuli bacitse ku icumu rya Jenoside (AERG) biga mu ishuli rikuru ry’abadivantiste rya Kigali ( INILAK) ishami rya Nyanza bakaba bibumbiye mu muryango (famille) yitwa Imanzi ku mugoroba wa tariki 26/01/2013 bakiriye abanyamuryango bashya bayinjiyemo muri 2013.